Sunday 31 August 2014

IMANA YANGA ABAKOZI CYANGWA YANGA ABAKORESHA BABO? NI IKI IMANA IVUGA KUMIBANIRE Y'UMUJA NA SEBUJA! BY (M.Gaudin)

2Ngoma 10:6-7

Maze umwami Rehobowamu agisha inama abasazabahagararaga imbere ya se Salomo akiriho ,arababaza ati"murangira nama ki nzasubiza abo bantu?"

Baramusubiza bati:Nugirira neza abo bantu ukabanezeza, ukababwira amagambo meza, bazakubera abagaragu iteka ryose." ariko yanga inama yagiriwe n'abasaza ajya inama n'abasore yabyurkanye nabo, bamuhakwaho.

Ndabasuhuje nshiti mukundwa n'Imana. Mbanje kubifuriza imbabazi z'Imana kubuzima bwawe, Iminsi yanone usanga abantu benshi bifuza abantu babafasha akazi gatandukanye yaba ako murugo ndetse nahandi mumirimo yaburi munsi dukora.

Ibyo kandi ntawabibuza kuko ntamuntu wigira ngo abeho adakenye abandi, nukuri nababwira ko uko biri kose ukenera uwo kugufata amaboko, kugufasha igihe cyose ucyeneye ugutera imbaraga! ikindi nuko iyo Imana iguhaye inshingano iba izi neza ko ukeneye abantu batandukanye ngo bagufashe kuzuza ya  ntego Imana yagushyiriyeho.

ubu muminsi yanone usanga ntamuntu wifuza gukorera undi, iyo uganiriye n'abantu usanga bagira bati turashaka kwikoresha! nibyo koko ariko nubwo ushaka kwikoresha ushaka gukoresha abandi, kuko ntiwakora byose ngo ubishobore. ni iki gitera abantu kuzinukwa gukoreshwa? akenshi usanga atari amafaranga amake bahebwa kuko hari ureka akazi ka million agafungura iduka ry'ibihumbi ijana, ariko ahenshi usanga banga uko gushirwaho agahato no kubura umutima mwiza mubo baba bafasha imirimo.

ESE HARI UMUKRISTO UKWIYE KUBA UMUKOZI W'UMUNTU CYANGWA UMUKORESHA W'UMUNTU?

Nukuri buri muntu wese yakwibaza ati koko naba ndi umukristo nkakoresha umuntu? ariko icyo kwibaza n'iki, ese uwo muntu ukoresha umufata ute? ingo nyinshi usangamo umukozi Urera abana, ubagaburira, ubamesera, ubasasira, yewe ubabonera umwanya kurenza uwa nyiri ukubabyara. ariko igitangaje mungo zimwe bavuga ngo ni abakristo umukozi agira isahani, igikombe, n'isafuriya bye, akaba adashobora gusangira na sebuja na njyirabuja kumeza amwe! nonese uyu muntu ko wumva yagukunda urukundo rwo kugumana  nawe? ahubwo mu mutima we aba agira ati icyampa ubushobozi sinaba hano hantu.

Kubera iyo mitima yo gukandamizwa, no kubona umukoresha nk'umwanzi bitera nabantu bose bafite imitima yo kwikoresha ikintu cyo kwihorera yewe ukagirira nabi nutarabigukoreye! usanga umuntu yinjira mukazi abantu bakabura aho bajya, yewe yataha bakaruka kuko aba abatwaje uburetwa.

nirihe jambo Yesu abwira abakoresha mu minsi yanone n'ibihe bizaza, Yewe ufite abo ukoresha bagufasha ukwiye kumenya ko ari abantu nkawe ndetse bakwiye ibyiza, kandi ukamenya neza ko Yesu yita kuri buri mwe wese. ntukwiye kwambura umukozi, benshi bajya babara ibyo umukozi yamennye ngo babakate amafranga, nyamara abana bawe baramennye ibiruta ibyo! Mwene Data niba ufite umukozi yaba uwo murugo cyangwa muri ofice, ntukwiye kubana nawe muhujwe n'amafranga ahubwo ukwiye kumenya ko umuntu wese anezezwa no kubona umuntu umuha agaciro. Abefeso 6:9" Namwe ba shebuja abe ariko mugirira abagaragu banyu namwe mureke kubakangisha kuko muzi yuko Shobuja uri mw'Ijuru, atararobanura kubutoni.

Wibaze uti ese ubuzima umukozi wanjye mushyiramo Kristo abushyizemo bya nezeza? maze ugire umutima w'urukundo.

KUKI ABAKOZI BENSHI BAFATWA NABI? 

Buri gihe ukomye urujyo akoma n'ingasire, aha nagirango wibaze uti ese ibyo nkorera unkoresha aramutse abimpaye byagira icyo bimarira?

hariho umusore umwe watinze gushaka kubera kubera Impamvu ze bwite, ariko akaba afite amafaranga menshi pe, igihe cyaje kugera kubera kuba mukazi cyane ashaka umukobwa w'umukozi akanjya aza agakora isuku munzu kuko umusore yabaga adahari, umusore yaba ahari akabyikorera! nuko rero iminsi ya mbere uwo mukobwa akora isuku rwose bishimisha uwo musore pe! hanyuma hashize igihe ngirango abona uwo musore ntajambo amubwira dore ko hari igihe umuntu yibwira ibitandukanye n;ibyundi. 

uti byaje kugenda bite rero? igihe cyarageze umukobwa akajya akubura imyanda ntaje kuyimena agasunikira munsi y'igitanda, imynda yaje kuba myinshi pe! hanyuma umusore nawe aho yari amaze iminsi mukazi ati ariko uriya mukobwa ko ntacyo abaye aho kuba umukozi uwamubaza niba byashoboka ko tubana, umusore arabyiyemeza maze ajya gushaka impeta kuko yabona uko babanye rwose atamwangira kuko numukobwa yabanjye kugaragaza ko yishimiye umusore. nuko umusore arataha ageze iwe, nawe akora akazi yitegura gutumaho wa mukobwa, mwibuke umukobwa yagombaga gukora isuku ari uko umuhungu adahari! 

umuhungu amaze kwitegura, byose muri saloon ho yasanze hera cyane hasa neza, maze agatima karamubwira kandi sasa nandi mashuka mucyumba ariya uyamaranye igihe, nuko afata ayo yari yazanye agezweho yinjira mucyumba, hanyuma asasuye yahindura nuko igitanda cyari giteye, Maze ngo agisunike gake asanga umwanda wose wibera munsi y'igitanda, kubera ko nyiramukobwa yajyaga abikorana ubunebwe, nuko umuhungu akubitwa n'inkuba, nawe urumva icyakurikiye..........!!

Aha Yemwe bakozi mukorera ba shobuja ndagirango mbabwire ko mudakwiye kugorera bashobuja bakibahagarikiye ngo mwirengagize ko Imana ireba buri kimwe kandi yanga ukuboko kudeha. ibaze nawe niba ukora ikintu kuko bakureba, ari uko shubuja aje nibwo woza abana, nibwo ukora rapport, nibwo ukoropa no mucyumba! nonese wumva wowe ubaye umukoresha ibyo ukorera abandi wakwifuza babigukorera? Abefeso 6:5 Namwe mbata mujye mw'umvira ba shobuja bo kumubiri nk'uko mwumvira Kristo, mububashye muhinda imishyitsi mutaryarya mu mitima yanyu. Ntimukabakorere bakibahagarikiye gusa ahubwo mumere nk'imbata  za Kristo mukore ibyo Imana ishaka mubikuye kumutima. 8. KUKO MUZI YUKO UMUNTU WESE IYO AKOZE IKINTU KIZA AZACYITURWA N'UMWAMI NAHO YABA IMBATA CYANGWA UW'UMUDENDEZO"

uko biri kose niba tuvuga ko tuzi Imana dukwiye kwitwara nk'abazi Imana, niba uri umukozi cyangwa umukoresha umenye ko ibyo ukora niwowe bizazanira igihombo. niba tuyoborwa n'Imana tugire ineza. uko biri kose Imana yo ireba ibyiherereye, ariko ijambo ry'Imana nsorezaho rigira riti nuko uzi gukora neza ntabikore bimureye icyaha. kandi icyaha nibwo bugome 1yohana 2:3

Umuntu nakora ibyiza naho ntawamuhemba Imana izamwitura igihe kigeze, mwese mwibuke morodekayi, yewe mwibuke yonatani, iyo ukoze neza naho nawakwibuka wowe ariko abagukomokaho bazagira umugisha kubwawe. wowe komeza ukore neza kuko umubibyi atera imbuto arira ariko akayisarurana umunezero.

Iri jambo urisome niba hanyuma rigufashe gukoeza gukora neza nubwo ubona ntanyungu yako kanya ihari: ukorera abadashima, nabakugaya, YAKOBO 5:7

aho uri hose ukwiye kugira ineza, waba ukora cyangwa ukoresha, inama yagiriwe Rehobowamu nawe niyo uyu munsi ugirwa kugirango ubane nabo uyoboye ndetse n'abagufasha imirimo Imana yaguhamagariye gukora!

NDABAKUNDA!


Saturday 30 August 2014

ESE KOKO NUBWO UDAFITE UKUJUGUNYA MUKIDENDEZI, WOWE URASHAKA GUKIRA? (M.Gaudin)

Yohana:5:6-7
Yesu amubonye aryamye amenya yuko amaze igihe Kinini arwaye, aramubaza ati:"Mbese urashaka gukira".
umurwayi aramusubiza ati: Databuja, simfite umuntu unjugunya mu kidendezi iyo amazi yihindurije, nkiza undi antanga kumanukamo."

Buri muntu kw'isi afite ikintu kimugora, buri muntu agira Intambara zitandukanye n'Izabandi, abantu bararwaye, abandi barakennye, abandi babuze urubyaro, abandi bafite ibibazo bitandukanye, ariko usanga akenshi aho guhanga amaso ku Mana ibasha kudukiza ,abantu bagirana ibibazo nabandi kubera kumva hari icyo abantu bakagukoreye.

Uyu murwayi wari ubabaye, utari ufite umurwaza, agahinda ke nawe ushobora kukumva, ariko ikibazo yari yaracyimuriye kubantu aho kumenya Imana ariyo ibasha kumukiza, yiringiye ko azabona umujugunya mu mazi araheba, niko natwe tujya twiringira ko hari abazatwibuka mu bana ba bantu, ariko nkwibwirire Imana itakwibutse n'ababyeyi bawe bakwibagirwa, niyo mpamvu ukwiye gukura amaso kubantu.

Ibibazo byose Duhura nabyo Imana irabizi, kandi yiteguye no kubikemura, ariko usanga tutayiha umwanya ngo ikore kuko tubanza kurwana no kubona abo tuzi, abakomeye, ababyeyi, umugore cyangwa umugabo abanza akagira icyo akora! nikoko Imana ikoresha abantu, ariko iyo Umuntu ategereje ineza ituruka mu bantu arayibura, ahubwo ukwiye kumenya neza ko Umuntu adafite icyo yakumarira Imana itakwibutse.

Ndibaza ukuntu uyu murwayi yabwiraga Yesu, amubwira inkuru zuko yarwaye, amugayira Imiryango yuko ntamuntu wamwitayeho, amugayira abaturanyi ko ntawa mujugunye mu mazi, yewe akamubwira agahinda ati nushaka nawe utegereze urebe baraza bongere bantange, aho kuba yamubwira ati rwose ndakwinginze ugume hano unyinagiremo kuko ndabona ari wowe ufitiye impuhwe, ahubwo akomeza kumubwira abantu!

Buri fihe Kwimura Imana bizana no kubona ko abantu aribo bashobora Kwica bakanakiza, ariko siko bimeze, ntago abantu bafite ubwo bushobozi bwo kwica cyangwa gukiza, ahubwo bose ni abakozi buwo bihaye gukorera, yaba Imana cyangwa Satani, gusa muri byose naho yaba Satani ntacyo yagutwara! usomye inkuru za yobu ntahantu uzabona ashinja amakosa Satani, kuko Yari azi Imbaraga Imana ifite zo kumukiza!

uyu munsi niba ushaka ko Imana igira icyo igukorera, ukure abantu mu kanwa kawe, maze ushyiremo ishimwe ry'Imana .Imana ubwayo izamanuka ikoreshe , abantu yewe bo naho batagira icyo bakumarira yakoresha n'inyoni mukirere zikakugaburira. ariko wowe banza umenye ko icyo ushaka kidatangwa n'abantu!

Impamvu yamubajije ati: Mbese urashaka gukira, si uko atabonaga arebye ahubwo yashakaga kumumenyesha ko abantu yakomeje amuregera ataribo bakiza, ahubwo Imana ariyo ikiza, kuko hari beshi bashaka ko abantu babajyana kwa mugaganga ariko badashaka gukira, hari benshi bashaka guhabwabwa badashaka gukira, Yesu rero iyo akubaza nukugirango ukure amaso kubantu maze uyamuhange! ahari nawe umaze igihe ufite ikibazo ariko uracyareba abanto ko hari icyo bakora, nyamara uyu munsi Imana irakubaza iti urashaka gukira? ibindi bisobanuro si ngobwa kuko Imana irusha amaboko abantu, niyo mpamvu yo ubwayo yabakoresha aho kugirango wowe ubahangeho umutima!

Kuki Imana yanga ko duhanga umutima kubyiza cyangwa ibibi abantu badukorera? Imana izi neza ko mu muntu habamo kwimura Imana no kwimika ibigirwamana, niyo Mpamvu igira Ndi Imana ifuha, kandi rero sibyo gusa ntamuntu yifuza gusangira nawe icyubahiro. Ndakwinginze umenye imbaraga z'Imana maze uyihange amaso guhera uyu munsi.

NB:Imana iyo ikinze ntawakingura, kandi yakingura ntawabasha gukinga! Ibyahishuwe 3:7-8

Imana igukinguriye imiryango naho abo mw'isi bose bahaguruka bakarusunika ntirwakwikinga, kandi yarukinze naho bazana ibimashini bimwe byikorera ibindi ntibyarumena! Imana yacu irakomeye!

Ntamuntu numwe rero ukwiye kwijundika ngo ntacyo agufasha, ahubwo ukwiye gutumbira Imana yawe kuko niyo izakwibuka! zaburi 123

Ndabakunda!


Friday 29 August 2014

KERA WABASANGANGA MU TUBARI NO MU MASOKO KUBERA URUKUNDO,NONE USIGAYE WIRUKANA ABIZANYE KUMVA IJAMBO RY'IMANA! (M.Gaudin)

ABAROMA 5:8

Ariko Imana Yerekanye urukundo rwayo idukunda, ubwo Kristo yadupfiraga tukiri abanyabyaha.

Natangajwe niri jambo Bene Data, kuko buri gihe abantu twibwirako Imana ibeshywa ko turi abatagatifu, oya ahubwo niyo mpamvu icyo Kristo yakoze yadukunze Tukiri babi, tukiri abasambanyi, abajura, abicanyi, abagambanyi, abanyarugomo, abanyakamere zose.

ndibuka ntarakizwa uko nari ndi nkibaza nti ese Yesu iyo atankunda icyo Gihe ubu mba narakijijwe, nawe wiyibuke, aho yaje agusanga, iyaba nka polisi igufashe yari kuguha Imbabazi no kukwita icyaremwe gishya? ariko niyo mpamvu urukundo rw'Imana rukomeye cyane ndetse ngo rukomeye nk'urupfu
indimbo ya salomo: 8:6 Uru nirwo rukundo Imana idukunda, namuntu wo kwisi wa gukunda , uko Imana igukunda kuko Yesu yagupfiriye ukiri umunyabyaha.

Mubantu birakomeye ko umuntu apfira umukiranutsi, yewe naho yaba so cyangwa nyoko usanga bigoye ko yagupfira naho waba ukiranuka, ariko Imana yo yerekanye urukundo rwo gupfira abantu bari bakiri ibisambo, abicanyi, abanyarugomo n'abandi...!!!

Wakwibaza urwo rukundo rungana gutyo Imana ikunda abantu bari mwisi, rutagira akagero. urukundo rw'Imana rusumba cyane ibyaha byacu, niyo mpamvu yadukunze tukiri abanyabyaha, ndababwiza ukuri ko idakangwa ngo no kwibombarika, kwambara ijipo ndende cyangwa kutarya ibitunguru no kutannywa amata! abakolosayi 2:23

Imana ntijya itungurwa nibyaha wakoze ahubwo ibabazwa nuko ingaruka zabyo zikugeraho kandi zikaba ariwowe zibabaza cyane! buri gihe Imana ishaka ko tumenya icyiza, yewe ikatwigisha kandi ibikorana ubugwaneza, n'urukundo rwinshi niyo mpamvu tukiriho, ishaka ko ahari twahinduka rwose ntituzatakaze ubugingo bwacu.

Imana nk'umubyeyi itubuza kwiyandarika, nyamara si uko uramutse urwaye sida, Imana yarwara ibyuririzi, OYA ahubwo ni uko ifite agahinda ko uzababazwa uzira kutumvira ikuburira. ariko rero urukundo rwayo narwo ruhora rwiteguye kukwakira iyo uhindukiye Ezekiyeli :33:11

nkuko Imana ikunda abantu bayo bakiri abanyabyaha ishaka ko abari mu murimo wo kuyunga n'abandi baba bafite urukundo rwo gukunda abakiri mubyaha.

Ndibuka kera hajyaga haba ibiterane bikabanziririzwa n'indilimbo, ndetse hakabaho no kugaburira bantu, nako nuyu munsi biracyahari, umuntu w'umunyabyaha abavugabutumwa bamwegerana ineza, bashaka uko bamwumvisha Yesu n'imbabazi agira, bakamutumira murusengero, akava kunzoga n'itabi, maze akigishwa imigenzo n'imihango n'imiziririzo ya Gikristo, akazashyikaho akaba umugabo cyangwa umugore muzima!

ariko rero bamwe bagenda bahindura , ahubwo aho kubwiriza, abataramenya ukuri usanga, abizanye kukumva umuntu mwicaranye avuga ati mw'izina rya Yesu, ubwo kuko yakubonye winjirana umusatsi muremure, yakubonye wambaye akajipo kagufi, aho kugirango akwakire maze azakubwire impamvu yo kwiyubaha, no kwirimbisha imirimo myiza, akakubuza amahoro, ahinda umushyitsi ngo hano hinjiye umunyabyaha! ikibazo si uko aho hinjiye umunyabyaha ahubwo nuko ahasanze abanyabyaha batazi ko nabo Yesu yabakunze nakiri abanyabyaha!

Nshuti bakundwa n'Umwami Yesu, abakiri mu byaha si abo gucira urubanza rwo kubabawa kuko Yesu yarababambiwe ahubwo ni abo kubwirwa ineza yesu afitiye abamwizeye, kandi rero mureke gucirana Imanza mumitima yanyu kuko Imana mwese Ibazi, ndetse bamwe bagira bati ntitumeze nka babanyazi, abasambanyi n'abandi, abo bazi uko Yesu yavuze.

umukobwa umwe yakundaga gusenga, ariko akagira ikigeragezo kimwe cy'abahungu, iyo umuhungu yamuteretaga rwose yagarukaga kwihana arira cyane ati nakoze icyaha, maze abiyita abanyamwuka n'abakiranutsi bamubona bati nareke kwiriza hano, ariko uko biri kose amarira y'umuntu naye bwite, nawe ushobora kuyaguriza undi , niyo mpamvu uwiriza ukwiye kumureka kandi nawe Imana iramuzi. Uko biri kose Imana iracyagukunda naho ukiri umunyabyaha kandi icyo ishaka nuko ukizwa icyo cyaha gihora kikurega imbere yayo. nyamara iyo umuntu akiri mucyaha aba akiri injiji niyo mpamvu Imana ijya itubabarira ubujiji bwacu iyo tuyigarutseho tuyisaba imbabazi 1timoteyo 1:12

niba ukiri mu cyaha uracyari mubujiji, ariko uyu munsi Imana yakubabarira ntukongere kwitwara nk'injiji kubyaha Imana yakubabariye, ndabizi neza ko niba yarakubabariye ubusambanyi wakoze mubujiji, uyu munsi wamenye urukundo rwayo, niba yarakubabariye byabindi byose byari kuza kubuza ubugingo uyiture kuyubahisha no kuyikunda. gusa muri byose urukundo rw'Imana kuri twe ntirukurwaho n'icyah twakoze ahubwo rutugumaho kubera icyo Kristo yakoze ku musaraba yitangira twe tukiri abanyabyaha. abaroma 5:8-11

1yohana 2:1 icyitonderwa(Bana banjye bato ndabandikiye ngo ntimukore icyaha.icyakora nihagira umuntu ukora icyaha,dufite umurengezi kuri Data wa twese, ari we Yesu Kristo UKIRANUKA. Uwo niwe mpongano y'Ibyaha byacu, nyamara si ibyacu gusa ahubwo ni iby'abari mw'isi bose.)

Ndabakunda!


Thursday 28 August 2014

UHORA WIBAZA IMPAMVU ABATUNZI BATAGUHA NGO MUGABANE? UKABACIRAHO ITEKA NYAMARA NAWE NTUNYUZWE NUKO UBAYEHO! (M.Gaudin)

Luka 12: 13-15

Nuko Umuntu  umwe  wo muri iryo teraniro aramubwira ati "Mwigisha Bwira mwene Data tugabane umwandu,"..........15 Aramusubwira ati "Mwitonde kandi mwirinde Kwifuza kose, kuko ubugingo bw'Umuntu butava mu bwinshi bw'ibintu bye."

uyu munsi mvuze ko abantu bakuwe umutima n'ejo hazaza, no gushaka ubutunzi sinaba mbeshye, aho usanga ibyo abantu bararikiriye biruta ibyo bakabaye banafite ndetse kunturwa byabaye ubunebwe, aha ndibwira ko isi igeze mugihe badira bati GET MORE. Uko biri kose ukuri kw'Ijambo ry'Imana ni ukuri kandi rivuga neza ibyo mu minsi nk'iyi aho abantu bazaba bakunda Impiya cyane kurenza, kurenza kubona izabagirira akamaro, abantu bashimishije no gutunga byinshi naho batagira icyo babikoresha!

Muminsi yanone urumva mubacuruzi,muri politike, no mu madini, harimo intambara n'imanza z'urudashira bashaka kugabana umwandu(ibikingi, cyangwa ubutunzi), hariho abavuga bati kuki twe bataduha, hari n'abandi bagira bati reka tubitunge naho ntacyo twaba tubikoresha ariko byitwa ibyacu. mu minsi yanone mu ngo zubakwa, umugore cyangwa umugabo barateganya divorce bikiri kare atari iyindi mpamvu ahubwo kuko buri mwe abara ati ese Dutandukanye nzasaba iki? nonese niba waratekere gutandukana mutarabana ukaba uzi nicyo uzahabwa mutanye urumva ubutane bwatinzwa n'iki? impamvu nuko wakoze imibare yose n'ibintu wumva bitagutunguye! ariko byose biraterwa no gushaka ubutunzi, no kutanyurwa.

Yesu yatanze ikihe gisubizo rero: aha yabaciriye umugani w'umutunzi wari ufite imirima irumbuka cyane, maze akibaza ati ibyo nejeje nzabishyira he? maze ngo yigira Inama yo kubaka ibigega ngo ahunike imyaka ye, maze arangije ati nzabwira umutima wanjye nti noneho tuza, urye unezerwe, maze MURI IRYO JORO, Imana iramubwira uti : wa mupfu we muri iri joro uranyagwa ubugingo bwawe, ibyawe bizaba ibya nde?

21.Ni ko umuntu wirundanyiriza ubutunzi amera atari umutunzi mu by Imana! 

Bene Data Imana niyo itanga ubutunzi, ariko iyo Imitima yacu yarangamiye ubutunzi kurenza ikindi cyose abenshi niho bahinduka abahemu bakambura abandi bagahemukirwa. ese witeguye kubaho mu buzima bunyuzwe n'urwego Imana izanjya ikugezamo?

Abantu banyuzwe nuko Imana yabagize bahorana icyo gutanga: si ndabona umuntu unyuzwe ubura icyo atanga, ahari wakwibaza uti atanga iki? buri gihe umutima wo kunyurwa ntukwereka ko hari ibyo udafite ahubwo ukwereka ishimwe ry'ibyo Imana imaze kugukorera, umuntu rero ufite ishimwe ntashobora kubura icyo aha Imana ndetse ntabura nibyo yatanga biturutse mukiganza cye.

Ariko kutanyurwa nuku, nuko umuntu naho yaba atunze ibya mirenge nku ntenyo, adashobora kubona ishimwe, usanga Niba ari umucuruzi muri matewusi agira ati:


interuro zo kunyurwa zirimo ishimwe:

Mana ushimwe ko nejeje umufuka wose narateye urushyi rumwe.
Mana ushimwe ko wanzamuye nkaba ncururiza i kigali
Mana ushimwe ko wandinze urupfu
Mana ushimwe ko bw'ibyo wakoze.

Interuro zigaragaza kutanyurwa:

Ubuse runaka ko twateye bimwe akaba yarandushije kweza, agafuka mwe gusa koko!!
Yewe njewe sinzi icyo nzira abandi basigaye bajya Dubai kurangura
NUkuri kubaho no kutabaho mbona ari kimwe
umusaza w'abana agira ati ntakiza ndabona kuva mbayeho!

kunyurwa nibyo ufite bibanziriza kuzamurwa muntera, ibaze nawe umuntu udashimye icyo wamuhaye ahubwo akagutuka kubyo utaramuha, niba wazabimuha? niyo ubimuhaye ubimuhana umutima mubi, akenshi umuhima, niyo Impamvu abashakisha ubutunzi munzira mbi bubagwa nabi, ntamahoro bazagira kuko ntibwaha amahoro kuko buri gihe uba wikanga kuba umukene. nyamara Iyo uziko Imana ikura ku cyavu wakamenya yashatse no kukigusubizaho yabikora, maze bigatuma uhora uyiringira uti naho napfa yanzura ngo isohoze ibyo yamvuzeho.

1timoteyo 6:6-10

Imana y'amahoro itweze  kandi idukomeze mugihe gisa n'iki! Imana y'amboko itweseze imyanda yose n'irari ry'uburyo bwinshi. Yesu abahe umugisha

Ndabakunda!

NI KOKO BAMWE BABITERWA N'ISHYARI, KWIREMA IBICE, ABANDI BAKABIKORA KU BW'UMUTIMA UKUNZE! WOWE UBITERWA N'IKI? (M.Gaudin)

Abafilipi 1:15

"Icyakora koko bamwe babwiriza ibya Kristo babitewe n'Ishyari no kwirema ibice, naho abandi bakabivugishwa n'umutima ukunze."

Imana y'amahoro itweze, kandi ihe imitima yacu impamvu nzima zo kuyikorera, Ndagusuhuje mwene Data nshuti y'umusaraba wa Kristo. ibihe byanone inkuru za Kristo zivuzwe henshi, hamwe munsengero, mu mihanda, mu mamodoka, mu masoko, n'ahandi henshi, kuma website ku maradiro naza tereviziyo n'ahandi njye ntakwibuka.

Uyu murimo wo kuvuga Ibya Yesu Kristo no kubibwiriza abantu, ukorwa n'abantu mubihe bitandukanye, ariko nanone nkuko pawulo yavuze usanga impamvu zitandukanye ndetse ugasanga n'igisunikira abantu kubokora gitandukanye! Iminsi ya none hariho isengero nyinshi kandi ibyo byo ndabishima simbigaya kuko n'utubare n'amazu yo kubyiniramo aracyubakwa kandi ntawubigaya, ariko ngarutse ku abo bavugabutumwa batandukanye, Ndashaka kwibaza nawe ngo nkubaze, nti ese niyihe mpamvu igusunikira Kuvuga ubutumwa?

Ahari uri bumbwire uti njye sindi umuvugabutumwa, ariko uko biri kose ugira aho wabwumviye, kandi aho wabwumviye uretse kumva ubutumwa gusa, ahubw uzisanga uri umusaruro w'Imamvu wabwumvishe! ntunyumve nabi ahubwo ndagira twisuzume tumenye tuti ese koko Impamvu intera kuvuga ibya Yesu yaba ari iyihe muri izi pawulo yagaragaje!

Impamvu zimwe pawulo yerekanye ushobora kwibaza niba nawe ariho ubarizwa!

1.bamwe babwiriza ibya Kristo babitewe n'Ishyari:

Nibaza mu mutima wanjye nasanze ko hari igihe kinini tutita kucyo Imana iduhamagarira ahubwo tugakora ibyo tubona bisa naho bigaragara! hari gihe mw'itorero abantu baba bagaragara neza mu maso y'abashumba baba ari abakora isuku hanyuma kubera ishyari ufitiye abandi ugasanga uretse uburirimbyi ukanjya mubashinzwe isuku. 

igihe iyo kigeze abaririmbyi bagatera Imbere bagatangira gusohora Indirimbo nawe ukaba nibyo ugarutsemo, ngaho wabona abavugabutumwa babatumira mubihugu byo hanze uti nzaba n'umuvugabutumwa! ibi byose biba biterwa n'ishyari, ijambo ry'Imana ribwira ko Umubiri wa Kristo ugizwe ningingo nyinshi, kandi ijisho ntirifite agaciro kuruta umunwa ahubwo buri kimwe gikwiye gukora neza kuruwo mubiri. niyo mpamvu rero bikwiye ko ntamuntu wagateje akavuyo mw'itorero kubera kugirira abandi ishyari! 

ubu usanga abantu batifuza Impano zo kwagura ubwami bw'Imana ahubwo bashaka izo kwerekana ko nabo hari icyo bashoboye, maze ugasanga bamwe bageza naho kuba bakwitanga kubera ishyari, ngo abantu batabona ko hari icyo abandi bamurusha! ariko ijambo ry'Imana ribwira neza ko naho nakwitambaho igimbo ntarukundo ntacyo nzunguka.

2.abandi babiterwa no kwirema Ibice:

Iminsi yanone abantu barashaka kuba, aba naba aho kuba abakristo, maze ibyo bituma babaho mubuzima bwo guhangana, usanga isengero bagira bati twe turi abakongomani, abandi bati turi abanyarwanda, abandi bati turi abanyamurenge, abandi bati turi abagande kandi bose bavuga ko bavugira Kristo ndetse babikora mw'Izina rye!

muba nyarwanda usanga hari abavuga bati twe iri torero n'irya abatutsi, abandi bagashimishwa nuko ryaba irya bahutu, ariko ntampamvu yo kwicamo ibice kuko Kristo yapfiriye bose ntavangura yigeze agira ari ku musaraba w'isoni, ntajuru ry'abahutu cyangwa irya abatutsi, kandi kwirema ibice kose si impano y'umwuka wera.

aha uzasanga bamwe bati turi abanyamulenge, nyamara ugasanga, hari itorero bita ko ari irya abasama, abadi bati n'abasita nuko nuko, ariko se koko Impamvu igutera kuvuga Kristo yaba ari iyihe? sinibaza ko Imana yaremye amoko ngo tuyiratane, pawulo abwira abantu ati ntimukirate nkaho hari icyo mufite mutahawe! 1abakorinto:4:7, nukuri kuba umunyarwanda, umugande cyangwa umuzungu ni byiza, ariko ariwowe cyangwa njye ntanumwe wabihisemo, niyo mpamvu tudakwiriye kwirata ibyo twahawe! ahubwo uwirata yirate Yesu.

3.abandi bakabikora kubw'umutima ukunze:

Ndahamya ntashidikanya ko hakiri ingabo nyishi z'Imana zigikorera Imana mu kuri ndetse n'Imitima ikunze, itarobanura kubutoni, aba abenshi bameze nka wa mugore, wabyaye umwana maze mugenzi akamwiba, hanyuma bikabashyira murubanza, aha ababikora kubera ishyari basenya amatorero, bakagabana ibyuma n'abakristo, abandi babiterwa no kwirema ibice bumva habaho i korari igizwe n'abahutu gusa, abatutsi cyangwa abacongomani, maze bakumva ibyo kuribo n'ibyiza, ariko kurobanura kubutoni si byiza.

Amavi yose n'amoko yose azapfukamira Imana, aha nakwingingira ngo intego yawe ye kuba kuvuga ibya Yesu kugirango wigarurire abanyarwanda gusa, abahutu gusa, abatutsi gusa, abanyamurenge cyangwa abasita gusa, ahubwo ugambirire ko wifuza kubona amavi Yose, amoko, indimi, n'ibihugu byose biramya Umwami Yesu.

ndahamya ko aya masaha iyo petero na pawulo birema ibice ntituba twaramenye Imana, kandi ikindi nubwo ubutumwa bwa Yesu bwahereye i Yelusalemu isamariya n'ahandi ubu umunsi wa none bugeze kumpera y'isi aho uwazanye ubutumwa aba yarataye abantu baziranye akabana nabo bataziranye, nawe ndakwifuriza kugera mugihe cyo Kubana n'abambaza Kristo bataryarya kw'isi yose. kandi hose uhawe Ikaze kuko uri mu bwami Bw'Uwiteka Imana ihoraho. 

Nsoza ndakwifuriza kuba maso, no kumenya Impamvu igutera kuvuga ibya Yesu, zishobora kuba zirenze izo pawulo yerekanye ariko buri muntu wese akwiye kumenya ibimutera maze akabona gukomeza icyo akwiye gukora, ikiruta byose Kristo aramamazwa ariko sinakwifuriza kuzavuga uti mwami mwami twakoraga dutya na dutya mw'izina ryawe ngo maze nawe agire ati sinigeze kukumenya. kuko Yesu abantu be abamenyera kumpamvu zibyo bakora si kumirimo bakora!
Abagalatiya 6:4

Ndabakunda

Wednesday 27 August 2014

NUBWO UVUGA IBYA YESU BAMWE BAKABINEGURA, ABANDI BATI TUZABYUMVA UBUTAHA NTIBIBUZA ABAKIZWA GUKIZWA! (M.Gaudin)

1abakorinto 1:18

Ibyakozwe n'intumwa:17:32

Bumvise ibyo kuzuka bamwe barabinegura, abandi bati "Uzabitubwira ubundi"Nuko Pawulo ava muri bo.Ariko abagabo bamwe biftanya nawe barizera.Harimo Diyonesiyo wo mu ba areyopago, kandi n'umugore we witwaga Damari n'abandi hamwe nabo.


Nshuti Bakundwa na Yesu, Ndabasuhuje mw'izina ry'Umwami wacu Yesu, ndizera ntashidikanya ko Imbaraga ze zijya zidukururira kubyo yahamije ngo natwe tuzaragwe ubugingo kubw'Imbabazi ze nyinshi. nibajije iminsi myinshi uko abantu bajya bakira ubutumwa buvugwa, maze bintera kwibaza nti ese koko dukwiye gucika intege kubera abatabwemeye cyangwa dukomere kuko hari bamwe Imana yironkera iyo tuvuze?

Pawulo aterura amagambo aravuga, yemeza abantu ibya Yesu w'Inazaleti, abayuda ba babambye habona hanyuma akazuka, ibi rero nubwo byabwiwe benshi icyo gihe siko bose babifashe kimwe, bamwe babifashe nk'ubupfu abandi bati ayo magambo tuzayumva ubutaha, 1Abakorinto 1:18. ibi rero usanga ari urucantege kubantu batazi imirimo Imana ikora, Imana ntikora nk'abantu, aha ndagiranga nkwinginge niba warakijijwe kandi ukaba koko uri umwigishwa wa Yesu, uvuge ibihwanye n'ukuri naho bamwe bakunegura, abandi ntibabihe agaciro uwo munsi, icyo mpamya nuko hari abantu biteguye gukizwa kubw'uwo munsi wavugiyeho Imana.

ubu mu minsi yanone, abantu bagira Impaka ngo ubwo wigishije ntihagire uhaguruka ngo yihane, ugasanga bamwe barakunegura bati ntamwuka, ariko se koko umwuka nuguhagurutsa abantu, uko biri kose dukwiye kureka Imana igakorera kurenza uko twe twashaka gukora. Ijambo ry'Imana riduha uburenganzira bwo kuba messangers(intumwa)

Ibaze nawe baguhaye urwandiko bati urushyire umuntu, warangiza wagerayo ugashaka ko arusoma uko ubishaka, benshi mubavugabutumwa basubiye inyuma kubera kugira impamvu itari ugukunda Imana, intego yawe ntikwiye kuba mega church, ahubwo ukwiye kubwiriza abantu Abo Imana ishatse ko bakizwa akaba aribo bahinduka mega church.

uko biri kose rero ndagira ushyitse umutima hamwe uvuge ubutumwa bw'Imana mugihe gikwiye nikitagukwiye, ahari nubwo bamwe babinegura, abandi ntibabihe agaciro, ntihazabura bamwe bizerana nawe, ikindi kandi naho batambyemera Imana ishimwe ko wowe wagiriwe impuhwe, ukwiye kuvuga ubutumwa ufite Imbabazi nyinshi no kwihangana

Bisa no kugaburira umurwayi udashaka kurya kandi umurwaje wifuza ko akira, ndababwiza ukuri ko abakiranutsi sibo bakeneye, ubutumwa buruhura, nkuko abazima badakeye ibiryo bihembura abarwayi , niyo mpamvu ukwiye kugira umwete wo kwita kubo Imana ifata nk'abarwaye ukanjya ubaha ijambo ry'Imana, bamwe babyanga, abandi babinegura, abandi batabiha agaciro ariko ntihazabura abo Imana yari igambiriye gukiza. si ibyacu kumenya umubare w'abazakizwa cyangwa kumenya ibyo Imana ikora. kuko ibikora nk'Imana.

nyanyagiza imbuto yawe, ku mazi igihe utazi uzabona Imana yarayikujije, ahari pawulo ntiyari azi ko hagira numwe ukizwa akizerana nawe ariko Imana ishimwe ko igihamagara abantu bagakizwa! umubwriza 11:5

Ndabakunda!

Tuesday 26 August 2014

HARI IBINTU IMANA ITAZADUKORERA IY'ISI N'IJURU BISHAJE BITARAVAHO, NUKURI HAHIRWA ABATAKISHWA NO KUBONA IBYO! (M.Gaudin)

Ibyahishuwe 21:4

Izahanagura amarira Yose ku maso yabo, kandi urupfu ntiruzabaho ukundi, kandi umuborogo cyangwa gutaka cyangwa kuribwa ntibizabaho ukundi kuko Ibyambere bishize."


Bene Data tukiri kwisi turacyarira, turacyarizwa n'amakuba yaba aterwa, n'indwara, ibiiza, gutukwa, gufungwa, guhohoterwa, kwamburwa, kurengana n'ibindi gusa icyo naguhamiriza nuko yaba mukuru cyangwa muto, yaba ukize cyangwa ukenye, yaba umukiranutsi n'umupagani, tukiri kw'isi twese amarira niyose!

Hari umuntu mwe yajyaga yifuza kujya muri america cyane, we ngo uko yiyumvishaga yumvaga nagerayo azaba ageze mw'ijuru rye, maze igihe kiza kugera maze ajya muri america, hanyuma koko agezeyo yari avuye mubihugu byacu bya africa bitagira umuriro n'amazi, agezeyo bamujyana muri hoteli, mucyumba cyo hejuru cyane, uko yabonaga mw'ijoro koko ngo umutima ukamubwira uti yewe aha ho ntakubabara ntamarira byose birarangiye! maze mugitondo abyutse akinguye idilisha abona hakurya ariho hari irimbi bahambamo abantu!! maze akubitwa n'inkuba ati burya koko ndacyari mw'isi, ati burya ninaha barahamba bagira amarimbi?

Ahari nawe hari icyo wibwira ushobora kugeraho kikabuza amarira yawe kumanuka, ariko ukiri mw'Isi n'isezerano ry'uko uzajya urira, ngo umwana avuka arira, agakura yitotomba agasaza atanyuzwe, uko niko isi imeze. ariko hariho amahirwe kubemeye Yesu kuko ababera ibyiringiro yuko hariho igihe amarira azahanagurwa kumaso yacu!

Ahari ushobora kubona uguwe neza uyu munsi ukibaza uti ndatuje ndatunganiwe, cyangwa ukabona utameze neza uti naragowe, ariko mw'isi byose, UZABYITE SIKO BIHORA nugera  mumunezero, uzibuke iryo jambo maze wite kubandi no kucyo Imana yavuze, nawe nubabara cyane uzabyibuke maze we kwitotombera Imana ngo ikurakarire kuko Imana yacu izi buri kimwe cyose kitubaho.

abantu benshi ubu basaba kwaguka, no kwagurwa muri byose, nukuri nibyiza, ariko byose dukwiye kubibamo nk'abashyitsi n'abimukira, nukuri nibyiza ko Imana iduha ibyo dukenye, ikaduha amafaranga, amamodoka, n'amazu, abagore n'abagabo, ariko ibyo byose byakabaye bifite agaciro nka yamasahani y'umunsi umwe, USAGE UNIQUE , ntitwibwire ibirenze ibyo, ahubwo tukarushaho kwibaza gakondo yo mw'ijuru!

''Mubanze mushake ubwami bw'Imana no gukiranuka''
ubu abantu benshi bamenye ubwenge bwo gushaka ubwami bw'Imana no gukiranuka batabitewe n'uko aribyo byangibwa ahubwo babitewe no gushaka'' IBINDI BYOSE''

habaho umuntu uba akunda Imodoka cyane, atagira permit , hanyuma agaterwa umwete wo gushaka permit atari uko ashaka permit ahubwo ashaka Imodoka. ndababwiza ukuri kose ko Imana izi impamvu Ukora ibintu byose, nikoko ushobora kuba warabitangiye nawe ushaka ibyiza nka Hana washakaga umwana kubera mukeba, ariko amaze kumubona, amutura Imana. niba nawe hari icyo Umaze kubona ngaho wihe Imana kuko urabizi neza ko Ibyo bizashira ndetse ntibikubuza amarira.

duhabwa igice kandi ikituzuye rwose gitera agahinda n'umubabaro

Dukira indwara haza indi
Tubyara abana, muribo niho hapfamo bamwe
mubyo dutunze niho abajura batubuza amahoro
tuvukira kuzapfa, ndetse ubuzima bukatubera umuzigo kubera icyaha.

Waba wemera Imana cyangwa utayemera hari umuruho abantu bahuje, bahuje amarira, agahinda , gutotezwa, kwiheba ndetse cyane cyane bahuriye ku URUPFU rwa mbere kuko hariho urwa kabiri abantu batazahuriraho kubera guhitamo nabi cyangwa neza( kwizera Yesu cyangwa kumuhakana)

IBINTU IMANA IZAKURAHO ICYO GIHE RERO:

ububabare
umuruho
agahinda
amarira
urupfu

Ba maso rero kugirango utamburwa icyo wahawe kumenya, aricyo kigutera kwitwara nk'Uwacunguwe, umunye ko abanyabwoba,abatizera,abarozi, n'abasenga ibigirwamana, n'abasambanyi, n'abanyabinyoma bose, umugabane wabo uzaba inyanja yaka umuriro n'amazuku arirwo rupfu rwa kabiri. ibyahishuwe 21:8

Abaheburayo 2:1 Nicyo gituma dukwiriye kwita kubyo twumvise, kugirango tudatembanwa tukabivamo.

NDABAKUNDA!


Monday 25 August 2014

MU BANTU NIHO IMANA YAHISHE UBUMANA BWAYO,NIYO MPAMVU IDUSABA GUKUNDANA! By M.Gaudin



Abafilipi: 2:4

Kimwe mubintu Imana yakoze kandi yakoranye ubuhanga ni uguhisha ubumana bwayo mubantu, niyo mpamvu yagize iti tureme umuntu mw’ishusho yacu ase natwe. Itangiriro 1:26. Hari byinshi Imana idahishura mu muntu kuko igihe kitaragera ariko mu muntu Imana yaremye harimo ubutunzi bukomeye kuko hahishemo (uko gusa n’Imana). Byarashobokaga kurema umuntu udasa n’Imana kuko Imana yacu ishobora byose.

Ijambo ry’Imana ritwereka amategeko akomeye kuruta ayandi usanga ayo mategeko atavuga kubaha ahubwo yose atangizwa n’ijambo gukunda  Mariko 12:29-31 .Imana ntiyaremye abantu bo kuyubaha ahubwo yaremye abantu bo gukunda no gukundwa nayo. Buri gihe umuntu arwana no gushaka kubaha, kandi Imana itwereka ko dukwiye kubanza kugira umutima wo kuyikunda hanyuma ibyo bitura kuyubaha.
Muminsi yanone abantu barashaka kubanaho bubahanye aho kugira urukundo rukwiye, kandi Imana iyo ibona aricyo cyari gikwiye yari kubashyiriraho itegeko risumba ayo ngayo ndetse ikabivuga mubundi buryo bwa korohera buri mwe gusobanukirwa. Ariko Ijambo ry’Imana riza rigira riti Ukunde Imana nuko uri kose kandi ukunde mugenzi wawe nkuko wikunda.

Aha kuko Imitima Y’abantu yuzuye ubwibone, urwnganano n’ibindi bibi byishi usanga twibaza ngo ese ubu mugenzi wanjye ninde? Nuyu munsi turacyabyibaza, kuko usanga tutita kuri bose ahubwo twibwira ko amoko yacu, uturere, ibihugu aribo bakwiye ineza n’urukundo rutuvaho gusa ibi nabyo usanga bitakiriho kuko n’abavandimwe basigaye babana babuhana aho kubana bakundanye! Niyo mpamvu wumva umwe ati” twubane!”iri jambo riza risa nirisoza Impaka kuko nyuma yo kwanga kubahana hakurikiraho intambara!
IMANA ISHAKA KO DUKUNDA UBUMANA BURI MURI BAGENZI BACU!

Buri gihe abantu bavuga ko bakunda Imana, ariko Imana ikatwereka ko urukundo tuvuga ari akanwa gusa kuko itumenyesha ko urukundo tuyikunda, Atari rwo kuko twanga abantu bayo tubana nabo buri gihe. Muti ese tubanga dute? Buri gihe twibwira ko dusenga ndetse tukiyiriza ubusa kubwo gukunda Imana no kuyikorera! Ariko se twari twamenya icyo Imana ivuga iyo twiyirije ubusa?

Yesaya 58 ibi biri muri iki gice bigaragaza neza ko Imana ishaka ko niba twibwira kuyikiranukira tukiri mw’isi dukwiye kwita k’ubumana buri muri bagenze bacu tukabakunda tukabaha agaciro ndetse tukabakorera ibyo twumva twakorerwa mugihe twisanze tumeze nkabo!
Ibi rero bigaragazwa n’uko tutizirikana ubwacu, ahubwo tukazirikana n’abandi. Nshuti y’Imana ndakwinginze mu mwami wacu ngo wongere kwibwira ko mugenzi wawe akuruta:
Mugenzi wawe akuruta ate? Akuruta mubyo akeneye: mugenzi wawe akeneye urukundo kukurusha
Akeneye imbabazi kukurusha, akeneye kwitambwaho , akeneye ibyiza byose biva mu kuboko kwawe, ndetse ukwiye kutamuha ibigusagutse ahubwo ukamuha urukundo nk’Urwa Kristo kuko mubyo wakora byose utigana Kristo ntuzagera kucyigero cye!

UDAFITE UMUTIMA NK’UWA KRISTO NTAZABONA IMANA.

Impamvu ngize nti udafite umutima nk’Uwa Kristo ntazabona Imana, nuko mbizi neza ko Kristo atizirikanye ubwo ngo yumve ariwe wigiriye Impuhwe ahubwo Yemeye gutanga ubugingo bwe ngo ubwacu bukire. Niyo mpamvu abavuga ko bashaka gukurikira Yesu basabwa gutanga byose bakabiha abakene maze bakamukurikira! Nubwo abenshi bigora Imitima, dukwiye kumenya ko Yesu Ibyo yakoze ntacyo twatanze niyo mpamvu dukwiye kuzirikana abandi nubwo nabo ntacyo baba batanze! Ibyo nibyo byerekana urukundo ruzima.

Mumbarire gutanga urugero rugira ruti: aho kuvuga ngo umuntu niwe mukire wa mbere nawe akabyemera nakwemera kuba umukene utungishije benshi, ntituzahemberwa ibyo twabitse tuzahemberwa ibyo dutanga kubwa bene Data.
Nkwibarize nti ese umutima wawe ujya wemeza ibiganza byawe kubirambura abashonje? Ababuze aho barara? Abapfakazi n’Impfubyi? Kuko ntiwavuga ko ukunda Imana utarabona wanga mugenze wawe mubana, muturanye!

Yesu ababarire Imitima yacu aho yirengagije abakene kandi twari dukwiye kubaramburira ibiganza, ndetse atubabarire aho tutitanze uko bikwiye aba mwemeye.


Ndabakunda!

IGITAMBO NTIGITANGWA KUBISAGUTSE UMUNTU, AHUBWO GITANGWA KUBYO USIGARANYE! By M Gaudin


Abaroma 12:1

Bene data nshuti mwese mukunda Umwami Yesu mutaryarya,kuko harimo benshi bavuga ko bamukunda ariko bakabihakanisha ibyo bakora 2timoteyo 3:1-5. Mbandikiye ururwandiko, nifuza kubagezaho ubutumwa Imana yashyize ku mutima, aha naganirijwe cyane kubitambo, cyangwa se ibintu byose twemera gutanga kubw’Imana, hahandi ujya utanga ugategereza ko Imana iguhemba! Matayo 6:1
Muminsi yanone aho abantu buzuye kwikunda, n’ubwibone ntibyoroshye kugira umutima wo gutanga no kwakirana kunyurwa! Ariko ibyo ntibyahindura ijambo ry’Imana ubusa ngo twibwire ko gukiranirwa kw’abantu guhindura icyo Imana yahamije ko ari umugisha. 2bakorinto 9:6-7
Aha wakwibaza uti n’iyihe mpamvu Ijabo ry’Imana rimpatira gutanga cyangwa guha abo itahaye? Niba ariko ujya wibaza nagirango umenye ko Imana yaguhaye ibizi neza ko yakwima wamera nkabandi utajya uha, ariko yagushyiriyeho uburyo bwo kuyikorera ukayikorera muba kene badafite  uko bagira ukayibera ukoboko kurambuye mw’isi. Imigani 22:2 ariko nubwo bimeze bityo ijambo ry’imana ryerekana  ko uwica amatwi ntiyumve gutaka kumukene nawe atazumvirwa igihe kizaza!
Imigani 21:13

Umukene si uwundi, umukene niwo ureba iruhande rwawe ukeneye ubufasha bwawe! Buri gihe isi yuzuye abakene, wareba wasanga nawe uriwe nubwo ukenurwa n’Imana, ariko ukwiye kwibuka ko abo muturane, mubana, baburara wowe umena ibiryo nubwo wakwirengagiza gutaka kwabo Imana izi neza ko haricyo yaguhaye ubarusha!
Sinzi icyo urusha abandi gusa muri bike usigaranye hari ibyo urusha abandi, ahari  ujya uvuga uti nsigaranye iby’iri joro gusa, cyangwa uyu mwaka gusa, ariko ugusaba we ntanikizere kibyo ufite afite, ndakubwiza ukuri ko Imana iba izi neza ko hari icyo urusha abandi.

1abami:17:8-12
Bukeye ijambo ry’Uwiteka rimugeraho riti:”Haguruka ujye i Sarefati h’Abasidoni abe ariho uba,hariyo umugore, w’umupfakazi ni we uri ntegetse kugutunga.” Ageze kw’irembo ry’umudugudu, ahasanga umugore w’umupfakazi utoragura udukwi.Eliya aramubwira ati” Ndakwinginze nzanira utuzi two kunywa mu gacuma.”Nuko umugore ajya kuyazana.akigenda aramuhamagara ati: Ndakwiginze unzanire n’agatsima mu ntoki.”

Na we aramusubiza ati”Nkurahiye Uwiteka Imana Yawe ihoraho, ntagatsima mfite keretse urushyi rw’agafu nsigaje mugiseke, n’uturanguzwa tw’amavuta mu mperezo.ubu dore ndatoragura udukwi tubiri, kugirangonsubire mu nzu nkivugire n’umwana wanjye, ngo tukarye twipfire.”

Iyi mkuru uyisomye neza uraza gusanga:
Ø  Uyu mugore nubwo yibonaga ko ntakintu asigaranye Imana yabonaga hari icyo afite, uko niko natwe tujya twibona iyo tugiye kugira uwo duha kuko tubona natwe dukwiye gufashwa!
Ø  Uyu mugore Yari afite amazi n’agafu, niko natwe bijya bigenda, ndetse usanga amazi byoroshye kuyatanga ariko iyo birenze ibyo bisa nibitubereye umutwaro, kuko akenshi muri kamere muntu dukunda gutanga ibisagutse!

Nawe ahari urireba ukabona ntacyo ufite cyo gufasha, ariko ntakirenze icyo mfite usabwa, urasabwa icyo Imana yitegereza ikabona ufite kandi niyo yabiguhaye, kuko nubwo uyu mugore yumvaga agiye gupfa hari abandi benshi bo bari baramaze gupfa kera kubera Inzara nawe abizi neza! Uko biri kose rero nawe ukwiye kumenya ko Imana itadusaba kubyadusagutse ahubwo idusaba kubyo dufite!
Niyo mpamvu biva kubyo dufite bikagera no kumibiri yacu, kuko Imana ntiyifuza ibitambo by’ibyo dutunze ahubwo nitwe yifuza, ndakubwiza ukuri ko uwo wihaye utasiga ibyo utunze inyuma ahubwo akujyanana nabyo! Niba twihaye Imana koko nibyo dutunze bizaba ibyayo, ariko niba tutitambye ubwacu ibyo dutamba bizageraho bishire.

Nuko ndakwinginze ngo uhe Imana umubiri wawe umutima n’ubwenge, nibwo uzoroherwa no gutanga kubyo utunze, ariko niba ushaka gutanga kubyo utunze, ntuzabishobora keretse numara kubona ibigusagutse.

Ese wowe waba usigaranye iki ngo wipfire? Ese witeguye guhaho abaguteze amaboko babona ariwowe mukire usigaye kw’isi? Uko biri kose Imana Izi ibyo utunze ko hari benshi badafite amahirwe nkayo ufite. Kandi iki nicyo kitumenyesha urukundo rw’ukuri: nuko Yesu yatanze ubugingo bwe ku bwacu, natwe birakwiye ko dutanga ubugingo bwacu ku bwa bene Data .1yohana 3:16

Icyitonderwa: ubu mu minsi yanone hariho gahunda yo gufasha abo ubona bazagufasha niyo mpamvu nabafashijwe aho kugira umutima wo gufasha abandi bibona nk’abari mu mwenda w’ababafashije maze bigatuma imitima yabo ihorana ukwikunda no kwigirira impuhwe bashakisha uko banezeza abagize icyo babafasha! Nibyiza kwitura ineza wagiriwe, ariko nibyiza cyane gufashwa hanyuma nawe ugafasha abandi cyane cyane ko abagufashije hari gihe baba bakigufasha. Twe kuba abafarisayo bashakaga kwitura Imana bakirengagiza Ababyeyi babo, hari benshi bagira bati icyo nari guha ababyeyi cyangwa abavandimwe nagituye Imana. Imana ntikunda ibitambo byo kwikiza ubwawe kuko icyo si igitambo ahubwo n’ibiguzi byo kwishakira inyungu. Birakwiye ko dutambira Imana tukibuka n’abakeneye ubufasha, kuko nawamupfakazi, yasangiye na Eliya kandi nanyuma yahoo ntiyapfa.


Ndabakunda!

Thursday 21 August 2014

IGIHE UMUKUNZI W'IMANA YISANZE MU NGORO Y'IKIGIRWAMANA! ICYEREKEZO CY'UMUTIMA WAWE GIKURURA IMBABAZI Z'IMANA KUBUZIMA BWAWE! By M Gaudin

13_1
2Abami 5:16-19

Usomye iyi nkuru ya Eliya na Namani, tuhasanga ukwiyemeza kwa namani ko ntayindi mana azakorera uretse Uwiteka nyiringabo Imana ya Isiraheli. nubwo yabyemeye ariko yari afite ubundi buzima agomba kubamo busa nubutamwemera kubaho nk'utaramya ibigirwamana.

Mugihe nageraga mugihugu cy'ubuhinde, umutima wanjye wari wariyemeje ko ntazigera ngira aho mpurira n'ibigirwamana, ahubwo nsezeranya Imana ko nzayikorera rwose. ariko rero ubuzima umuntu wese ugeze mubuhinde yisangamo buba butangaje! aho buri kintu cyose bakora umuhango wo kucyereka imana zabo. muri izo mana urugero:

imana y'urugendo: igihe cyose ugiye mundege cyangwa imodoka babanza guterekera, aho hari ibigirwamana bavuga ko ari iby'urugendo.
imana z'ibihingwa, ibyo kurya usanga hari imana baterekerera kubw'ibyo bejeje, aha niho namenye ko Imana yacu igira imbaraga kuko hari igihe abantu barya batanasenze ariko ikabarinda!

Haeiho imana z'ubutunzi, usanga akenshi baziterekerera amazu tubamo, amahoteri n'ibindi,kuburyo ntabuzima buba mubuhinde butari ubwerekeza kubigirwamana. aho usanga buri gikorwa cyose na buri mntu wese afite ikigirwamana yereka ibyo akora. bimwe babimanika ku mazu, mu mamodoka n'ahandi henshi.

Igitangaje nuko baterekera bakageza naho habaho gutambira ibitambo imana y'ubwenge, aha bakaba bagira imana ishinzwe ibitabo n'ibindi.....ibaze rero umukristo ugeze ahantu nkaho bwa mbere. kubera ubwoba bwishi usanga aho uciye ucyaha, utokesha uti mw'Izina rya YESU, Amaraso yawe ambeho n'ibindi, gusa ukimara kwemera Kristo nk'umwami n'umukiza yagushyizeho ikimenyetso cy'amaraso.

UMUTIMA NIWO UMUNTU YIZEZA, AKABARWAHO GUKIRANUKA. Abaroma 10:10
kwizera kumutima niko konyine gushobora kukubesha ahantu hameze nkaho maze kubabwira, aho usengera ibiryo, byaterekerewe bigisarurwa, biri munzira bijya kwisoko,kugeza iwawe ukongera ukabirongesha amaraso ya Yesu kandi ukizeza umutima ko rwose bitunganye.

Kwizeza umutima, bikwemeza neza ko inzu urayemo nubwo bayituye ikigirwamana, ukwiye kuyitura Yesu igihe uyinjiyemo nawe ukaba amahoro, ukahagirira inzozi nziza! kwizeza umutima nibyo byonyine bigutandukanya nibyo abandi bakora kuko Imana ireba umutima cyane.

"usomye inkuru za Namani, yari afite umuyobozi we, kandi uwo muyobozi yasengaga ikigirwamana kitwa RIMONI, hanyuma uko yajyagayo yajyanaga na Namani muri iyo nzu kandi akegamira Namani. maze namani amaze gukizwa, yiyemeje ko atazongera gutambira rimoni ibitambo, abwira Elisa ati: "ariko UWITEKA ajye ababarira umugaragu we uyu muhango.Databuja iyo agiye mu ngoro ya Rimoni kuyiramya yegamye ku kuboko kwanjye, maze nkunama mu ngoro ya Rimoni. iyo nunamye muri iyo ngoro ya Rimoni , Uwiteka ajye abibabarira umugaragu we"

Hari ahantu heshi wisanga uri, ndetse ukunama rimwe narimwe, si igitangaza, kubona umwana agaburira se inzoga, cyangwa amugurira itabi ku muhanda, ariko uko umutima wawe wibwira iyo ugiye kurigura bigutandukanya n'urinywa. ibi ndabibabwira ko hari igihe Imana itunyuza muri ibyo ngo irebe uko twubaha ababyeyi bacu, kunama kwa namani ntibyasobanuraga ko umutima we uramya ikigirwamana.

ariho abantu benshi bagize bati umuntu koko ashobora gupfukama ariko ahagaze mu mutima! ariko ntibikuraho ko igihe cyose Imana itanga ubwenge, ntimujyumve nabi  kuko hari igihe wakwibaza uti ese niba aribyo iyo ba Daniyeli na mishake nabo bapfukama ariko mu mitima yabo bagahagara!

Imana buri gihe izi ibyo twibwira, kandi icyo iguhase gukora nicyo ukora, si ngombwa uko witwaye ko ariko nitwara, ariko Imana izareba mu mitima! mpamyako ba daniyeli bakoze igikwiye mu Gihe gikwiye. kuko hari gihe dukora ibintu twibwira ko ari byiza, ariko habayemo kubura ubwenge ahubwo tukikururira Intambara.

Mwene Data aho bigusaba gushira amanga, Yesu azajya akongorera icyo ukwiye gukora, ariko naho yagusaba kwanga kurokorwa(kwitanga) rwose uzabyemere kuko umutima wawe ariwo avugana nawo, nuramuka ubyirengagije nabwo nibwira ko nta ngororano wazabona. ariko icyo navugiye ibi nuko hari abantu benshi bisanga mubuzima busa nububasaba kubaha kandi babona ko ibyo bagabura bitari byo.

mpamyako igihe cyose Imana ikora ikintu kiyifitiye akamaro, niyo mpamvu no mumibabaro yacu iyo hari icyo yakungukamo itureka tukababara, ariko twe duhisemo kwibabaza atari ibyayo ntacyo bimara, ntitwabihemberwa! kubw'urukundo ukunze Imana, umutima wawe uyu munsi wagambirira mu mutima ko naho abandi baba banywa inzoga utazayinywa, naho abandi basambana wowe, utazabikora!

Impamvu umuntu bafashe kungufu batavuga ngo bamufashe asambana ni iyi he? nuko nta cyemezo aba yafashe cyo kwemera gukoreshwa ibyo! nio mpamvu ukwiye kugambirira mu mutima uti naho bafata ku ngufu sinzemera ubusambanyi, ariko ntuvuge nabonye ntakundi ndabikora! Imana ireba mu mutima kuko hari igihe uvuga ko bagufashe kubera gutinya amaso y'abantu ari ko Imana ibona ko bagufashe kungufu!

Imana izarengera abantu bafite imitima yanga icyaha kuko ntanumwe ukiranuka kuko gukiranuka nukuba ntacyaha kitubaho! kandi byaba kugahato cyangwa kuneza ibyaha biratwanduza. 
nubwo umuntu bafashe kungufu aba atabifitemo uruhare, ariko usanga aba afite ubwo busembwa, ntiyafatwa nkaho akiri isugi! ibi rero bitubere urugero rwiza rwaho Imitima yacu igon=mba kuba ihagaze mugihe icyaha cyiri hafi yacu cyangwa munzira yacu!

1yohana2:1  bana bato ndabandikiye ngo mudakora icyaha, icyakora niba hariho ukoze icyaha dufite umurengezi........ibi bigaragaza ko abantu tubaho mubuzima bwo kwanduzwa, ariko Imana ihora itwejesha amaraso ya Kristo! Kandi dukwiye kwirinda ibyaha by'ibyitumano mugihe cyose tuvuga ko twamenye ukuri.

ariko abakiri mubuzima bugoye nk'ubwo namani yarimo, Dukwiye gusaba imbabazi buri munsi ngo Imana itugirire ineza yayo!

Umugaragu w'Imana Dawidi ati Hahirwa ababarirwa ibyaha byabo ndetse ibicumuro byabo bigatwikirwa" kandi hahirwa Umuntu uwiteka atazabaraho icyaha! abaroma 4:7

Mwene Data uretse ibyaha dukora tuzi, hari n'ibitwanduza byishi tudashobora kumenya uko byakurwaho ariko YESU NI IGISUBIZO KUBA MWIZEJE UMUTIMA. itandukaniro ni uko umutima wawe umuze munsi y'iyo nzu ya Rimoni, uko biri kose Imana izi icyerekezo cy'Imitima yacu cyane nubwo abantu bazi icyerekezo cy'ibirenge byawe! zaburi 84:6-8

Ndabakunda!

Wednesday 20 August 2014

UBWIZA BW'INZU NTIBUBA MUKUYITANGIRA AHUBWO BUBA MUKUYISOZA, UKWIYE KUBARA IGICIRO CYO GUSOZA KURENZA KUBARA ICYO GUTANGIRA! By M.Gaudin


Luka 14:28

''Ninde muri mwe ushaka kubaka inzu y'amatafari ndende, utabanza kwicara akabara umubare w'impiya zayubaka ngo amenye yuko afite izikwiriye kuyuzuza? Kugira ngo ahari ataba amaze gushyiraho urufatiro, akananirirwa aho atayujuje, maze ababibireba bose bagangira kumuseka bati: Uyu yatangiye kubaka inzu ariko ntiyabasha kuyuzuza!

Muri iyi Yanone usanga, hariho ibitekerezo byinshi, bizanwa n'ibintu bitandukanye, aho bimwe biterwa nuko twabonye ariko abandi bagenza, cyangwa aribyo bigezweho! aho umuntu abona abiruka akumva yajyana nabo, abiga akumva yajyana nabo, abubaka amazu akumva yajyana nabo, abakora ubukwe ukumva nawe yahita abukora. yewe wabona nabakurikiye kristo ukumva wajyana nabo!

Ntamuntu umwe ubaho mubuzima bwo kutagira ibyo atangira, ariko abenshi ntibashimirwa gutangira, ahubwo bashimirwa ko basoje neza, nta musirikare baha umudari yuko yinjiye mugisirikare ahubwo bawumuhera ko asohotsemo neza, asoje urugamba!

Isi yanone ibuza abantu kwitekerezaho mbere yo kugira icyo bakora, kuko iyo witekerejeho nibwo umenya Impamvu uriho ndetse birashoboka ko umenya nicyo uzazira, wamugani ngo utazi ikizamwica ntazi Impamvu yo kubaho kwe! nibwira ko dukwiye kuberaho intego kuko dufite igihe gito hano kw'ISI.

Nibyiza gutangira , ariko nibyiza cyane Gusoza kuko nibwo icyo utangije kigenda kigera kumwuzuro wacyo, ariko kubera Impamvu zimwe zirimo Kwikunda, kutazirikana, kutabara igiciro gikwiye cyakuzuza ibyo watangije cyangwa urugendo ugana mo bitera abantu benshi gucika intege n'ibindi bitekerezo bibi byinshi bikaza mu muntu.

Yesu acira abantu umugani ati: ntamuntu wanjya kubaka inzu atabanje kumenya impiya zayubaka.

buri kintu cyose gifite ibintu gisaba kugirango uzabashe kucyuzuza, hari aho bisaba amaranga mutima, hari ibisaba amafaranga, ibyemezo, gukiranuka, kwizera,n'ibindi byinshi, ariko rero sinshaka gutinda kubindi byinshi ahubwo ndashaka kukwibariza nti: ese umaze Gutangira urugendo rugana he? gutangira umurimo umeze ute? kubaka iki mu minsi ya none!

uyu mwanya nifuje kukwibutsa ko ibyo watangiye bitaragera ku musozo, kandi uko biri kose uzi neza urugero rukwiriye kugerwaho: hari ibintu byinshi dutangira ariko umwanzi Satani kuko azi impamvu yo kubaka wabaze impiya zikwiye , azi neza ko igihe umuntu yabaze ibikwiye kubaka byihuta cyane!ariko igihe cyose utabaze igiciro cyo gukurikira Kristo ntimushobora kugerana kure!

usigaje ahangani iki? mu murimo w'Imana watangiye muri wowe? hari abantu benshi nzi barangirije urugendo mu mubatizo ariko si aho bagarukira! 


  • Hariho abantu bagarukiye mu mubatizo, bakarekera aho ariko hari nahandi ukwiriye kugera
  • Hariho abagarukiye mukureka inzoga n'itabi bakumva byararangiye, Oya komeza urugendo
  • Hariho abagarukiye mu kwizera gusa, nyamara kudafite Imirimo myiza kuba Gupfuye
  • Harimo benshi bagarukiye munzira batarasoza urugamba
Yewe ubu no mubuzima busanzwe kubera ko abantu babara gutangira batitaye gusoza, ubu ingo zirasenyuka nyuma ya dinner, na honey moon...........Waba wowe witeguye gusoza ukazagera hahantu hitwa "AKARAMATA" si ho bahera ahubwo ni kumusozo hamwe mutandukanywa n'urupfu! 

Iyo utazi ko hariho ba TOBIYA, NA SANIBALATI, yaba mu mumitima yacu , ndetse no hanze yacu duhura n'ibintu byinshi bituma tutibuka ko hari ibyo twatangiye maze kzabisoza bikazahinduka umugani, n'inzozi kuri twe!

Ntidukwiriye kubaka dusenya, dusambura, ariko iyo utabaye maso, ubu kubera ikintu cyitwa investiment cyateye imbere abantu bimbwira ko bashobora gutangira inzu ebyiri bakoresheje amatafari y'inzu imwe! ariko Ndumva mpatwa kugukubwira ko ibyo watangiye gukora byose bifite agasozi karuta akandi ukwiye kuzahagararaho! Imana ntidusaba gukurikira Yesu Gusa, ahubwo tubwirwa ko urugendo rwacu rutagarukira mu biryo n;imyambaro ahubwo rugarukira murugo kwa Data hamwe hari amazu menshi Kristo yadusezeranije ko agiye kudutegurira!

Uruhare ni urwawe kugirango inzu yawe ikomeze yubakwe, kuko ibaze nawe wakoresheje reservation ya hotel warangiza ugasubika urugendo, sinzi ko icyo cyumba cyagumya kwitwa ko ariwowe wagifashe! Impiya dukwiye kujya tubara rero ni Ukwizera kwa buri munsi. ijambo ry'Imana rigira riti umukiranutsi wanjye azabeshwaho no kwizera ariko nasubira inyuma umutima wanjye ntuzamwishimira! abaheburayo 10:38

Nuko rero aho waba ugeze hose utaragera mw'ijuru ntukwiye gusubika urugendo watangiye kuko Satani ntakangwa n'abatangira kubaka, ahubwo atsindwa nabubaka kandi bakuzuza inkike! niyo mpamvu pawulo agira ati nibagirwa ibi inyuma ngasingira ibi imbere.

hano dukwiye kwibagirwa ko gutangira ari ikintu gikomeye twakoze ahubwo tukahagizwa no gusoza icyo Imana yaduhamagariye gukora! Abafilipi 3:12-16

Ndagirango wisuzume, urebe ibyo wahamagariwe gutangira, inzozi warose, ikintu Imana yaguhamagariye gukora, maze wibaze uti ese aho bigeze ubu niho Kristo abisha! Ibaze urugendo rw'agakiza urimo wibaze uti ese aha niho kwiye kuba ndi? aha uzarushaho kumenya niba koko ugenda ukura cyangwa uguma uko wari ugitangira urugendo rwo kujya mw'ijuru!

Ndabakunda!

Ushaka ko dufatikanya gusenga watwandikira kuri e-mail ikurikira newseed4jesus@gmail.com

Tuesday 19 August 2014

WARI KUBYITWARAMO UTE? IYABA WOWE, IGIHE YESU YAHURAGA N'ABA BANTU, UBUSE WITWARA UTE IYO UHUYE N'IBIMEZE NKABYO?

Abafilipi 2:5

buri muntu wese yakwifuza gusa na Kristo, yaba mu mbaraga, mumimere ndetse n'icyubahiro, ariko akenshi usanga hari uruhande, abantu benshi usanga bitoroha kuba nka Kristo iyo bigiye mu Guca bugufi, kwihangana, kuvugisha ukuri, n'ahandi henshi......

Ariko ighe nibaza kuri iri jambo icyanjemo nuukwibaza nti ese iyo mpura nawa mugore bafashe asambana nari kuvuga iki? abantu benshi niyo baba ari aba pasitori birabagora kumva icyaha cyakozwe n'abandi, naho cyaba gisa nicyo nabo bakoze ariko iyo cyakozwe n'abandi usanga hari imitima myinshi yumva yatera amabuye wa mugore!

wakwibaza uti ese iyo wamugore wari maraya yazaga agasuka amavuta ku mutwe wa yesu agahanaguza amarira n'umusatsi ibirenge bya Yesu, wari kwitwara ute ?buri gihe uko uko abantu bashaka kugaragara mu maso y'abantu bituma basebya abandi, cyangwa bakihutira kunenga abandi. ariko icyo uyu munsi nshaka ku kubwira nukukubaza nti icyo gihe wari gukora iki?

Ese igihe Yesu yajyaga isamariya agahura n'urya mugore ku mugezi, Yesu yabashaga kurondora ibiheshe byose, wari kumuvugisha kandi wamurondoye ubusambanyi? cyangwa nicyo wari kubanzirizaho uti ihane nonaha? ibi byose ukwiye kubyibaza niba koko ushaka kuba umwigishwa w'ukuri wa Kristo.

Ese iyo uza guhura na zakayo, umugabo mugufi wagombye kurira ngo akurebe, atagutumiye iwe, wari nibura kumusuhuza, buri gihe uko guca bugufi byarangaga Yesu, ariko benshi ibihe nk'ibi bisaba ko uhabwa gahunda y'umwaka, aha rero wakwibaza uti umutima wari muri Kristo wari uteye ute?

Ibaze igihe umuntu ahagurutse ati hahiriwe inda yakubyaye n'amabere yakonkeje, ese wari kubasha gusubiza nkuko Yesu yasubije? hari gihe abantu bazana ubuyobe buvuzwe mumaranga mutima tukanga kubavuguruza, ngo tutabakomeretsa ariko Yesu ntiyemeye ko abantu bimbwira uguhirwa kuri mukubyara no konsa ahubwo biri mukumvira Ijambo ry'Imana.

Ibaze iyo ukiza aba bembe icumi hakagaruka babiri gushima! ese wari kwitwara ute ahari ntiwari kubasabira kongera kumugara? ibi byose ndakubaza ngo wibaze hanyuma urebe umutima ukwiye kwigana koko? buri gihe dufite kwitwara ndetse nko kuvuga nka Kristo.

Kuko agira ati ni jye nzira n'ukuri n'ubugingo yahana 14, Bene Data mushobora kuba muzi ingero nyinshi zo muri bibiliya, uko Yesu yitwaye bitubere urugero, mubyemezo dufata, impuwe tugira, kubabarira, kuvugisha ukuri n'ibindi. 

Ndahamanya n'umwuka wera ko igihe cyose ushaka kugenda nka Yesu, mwka w'Imana azagushoboza kuvuga ijambo ryose rikwiye. abayoborwa n'umwuka w'Imana nibo bana b'Imana. abaroma 8:14

Kuba muri Kristo bidutere umutima wo kuba nkawe, kandi mpamya ko icyo witoje kuba cyo aricyo ubacyo, dukwiye kwitoza kubaha Imana kuko aribyo bifite isezerano ry'ubugingo buhoraho! 

Imana y'amaho iduhe imbaraga zo kuba Intumwa za Kristo igihe nk'Iki, kuko isi ikeneye abantu bafite umutima Nk'uwa Kristo kuko umutima wa Kristo niwo wonyine waruhura imitima y'abantu benshi bifuza amahoro atangwa n'Imana. dukwiye kuba intumwa mu cyimbo cya Kristo. niyo mpamvu dukwiye kumva kwitwa umukristo bidakwiye kuba ''agace kumukino mu nkinamico)ahubwo bikwiye kuba ubuzima.

abaroma:12:2 Kandi ntimwishushanye n'ab'iki gihe,ahubwo muhinduke rwose, mugize imitima mishya, kugirango mumenye neza ibyo Imana ishaka, aribyo byiza kandi bishimwa kandi bitunganye rwose''
No muminsi yanone hakewe imyitwarire nk'iya Kristo, itari nk'iyabandi bose kuko muzi neza ko abatagenda nk'uko Kristo agenda batandukanyijwe n'ibyo dusezeranywa. niyo mpamvu ijambo ry'Imana rigira riti ufite ibyo byiringiro yiboneza nkoko Uwo aboneye(KRISTO YESE W'INAZALETI).

Ndabakunda!

Monday 18 August 2014

UKO UZAZA KOSE ABANTU BAGUFITEHO IJAMBO, UKWIYE GUTEGA ISHIMWE K'UWAGUTUMYE, SI UWO WATUMWEHO!


Luka 7:33 

Yohana umubatizza yaje atarya umutsima,atanywa vino, muravuga muti ''Afite Dayimoni'' Umwana w'Umuntu aje arya,anywa, muravuga muti dore''Dore iki kirura cy'umunywi w'inzoga, n'incuti y'abakoresha b'Ikoro n'abanyabyaha. 35Ariko ubwenge bugaragazwa n'abana babwo bose, ko ari ubw'ukuri''

Iyo umuntu wese uhamagawe gukorera Imana mubantu yibajije aho azahera, ikibazo cya mbere yibaza nukuntu abantu bazamwakira! uko bazamufata, uko bazamuvuga kuko ako ntikabura ndetse usanga arirwo rugamba rwa mbere buri muntu wese yibaza.

ibyo bibazo, buri muntu wese arabyibaza, kandi bitera ubwoba, niyo mpamvu abenshi iyo Imana Ibahamagarira gukora cyangwa kwitangira umurimo wayo mu minsi yanone bashyiraho amananiza, bati mwami ntituzi kuvuga ubwa Mose. burya ntakindi uba wibaza uti ese nimpgarara imbere y'abanti b'intyoza nzabigira nte?

Undi aba Yibaza ati, ese ko ndi muto? ibi bimutera kwibaza ukuntu azabigenza nkuko gidiyoni yibajije igihe Imana yamutoranyaga! Bene Data uko biri kose hari igihe abantu benshi babuzwa nuko batekereza abantu bazabibona, uko umuryango uzabyakira, uko inshuti abo mwasangiraga bazabyakira, n'ibindi...

Yohana yaje atarya atanywa, bati afite Dayimoni: Iki si igitangaza kuko hari abantu benshi nzi bavuga ibisa n'ibi muri iki gihe! hariho abantu bafite umuhamagaro wo kuvuga ubutumwa mu mihanda, mu masoko, n'ahandi umuntu yatekereza ko bigoye, ariko abenshi iyo abantu bababonye, usanga bagira bati Disi uriya musore yarasaze'' nye numva ukwiye ahubwo kwibutswa ko umusazi asara akagwa kw'ijambo, aho kumuvuga ukwiye kwibutswa ko niba avuga kwihana wakihanye.

uko biri kose kugirango Satani ace intege abakozi b'Imana ashyiraho amagambo mabi, yatuma uyabwirwa acika intege zibyo akora, iyo utiswe ko wasaze witwa ko uta umwanya, cyangwa wasigaye inyuma, ariko ibyo byose sinibwira ko bikwiye kuguca intege ahubwo ukwiye kurangamira uwagutumye kurenza kwita kubo watumweho kuko nutegereza ko bakuvuga neza, iyo mvura ntizigera ihita ngo usohoke munzu!

Yesu bati iki kirura, umunywi w'inzoga, inshuti y'abakoresha b'Ikoro n'abanyabyaha: akenshi usanga hariho abantu biyita abatagatifu ndetse bakumva bafite impamvu zibagira abacamanza. hariho amatorero menshi Yigisha inzira y'Imana, ariko hakinjiramo umuntu baziko ari umukoresha w'ikoro cyangwa umunyabyaha, ugasanga umuvugabutumwa yabaye iciro ry'Imigani. kugeza aho bamwe bavuga bati ruriya rusengero niho Indaya n'abasinzi basengera! 

Yesu yaje gushaka abakiranutsi? siko Ijambo ry'Imana rimbwira, ahubwo rimbwira neza ko yaje gushaka abanyabyaha ngo aturuhure, Iyo biba gushaka abakiranutsi ntiyari kuva mw'ijuru hariyo abera benshi. ariko umuvugabutumwa watumwe muri abo bashaka umuganga, iyo ahamagaye abantu abandi banga, ntibabura kugira bati uyu we n'ishuti y'abakoresha b'ikoro n'abanyabyaha! ariko Niba hari icyo Imana ikubwira ukwiye kugikora kuko udakorera abantu! kandi abiyita ubwok bukiranutse bagahinyura abandi ujye ubareka wiringire Imbabazi z'Imana. LUKA 18:9-14

Uko biri kose niba warahamagawe nubwo wakumva bigoye, ukibaza uko abantu bazakuvuga, uko bazabifata, ndakubwira ko niba bataravuze neza YOHANA, ntibavuge neza YESU. si wowe bazavuga neza, gusa igifasha umuntu wese uhamagawe, yaba muto, cyangwa mukuru, yaba atazi kuvuga cyangwa intyoza, yaba umugore cyangwa umugabo, akwiye kumenya uwamutumye, no kuba ariwe yumvira cyane kurenza kwibwirako abo watumweho bakuvuga neza.

Gusa nubwo  bimeze bityo siko bihora, habaho igihe kigera bagasasa imyenda bakavuga ko hahiriwe uje mw'Izina ry'Uwiteka, ariko Yesu ibyo ntiyabihaye agaciro kuko yari azi ibiri mu mitima y'abantu. kuko aho bavugaga ibyo basasa imyenda bongeye kugira bati n'abambwe! 

Urugendo rwo gukorera Imana ukwiye kwiteguramo ibyiza, n'ibibi, kuko ntitwahamagariwe ubuzima, wahamagariwe gutanga ubugingo bwacu kubwa bene Data, 1yahana 3:16

Bene Data ubugingo bw'abakozi b'Imana buba mu makuba ariko buri gihe iyo barokotse cyangwa bapfuye bitwa Intwari kuko bitaye kubyo bahamagariwe gukora ntibacibwa intege nibyo bavuzwe, uko bafashwe, n'ibindi byinshi bisubiza abantu inyuma.

niba Dufatanyije guhamagarwa rero mwene Data, ukaba uri umwe mu ngingo za Kristo, ndagirango dufatikanye gusengera abari mukaga ko kurenganywa, gusebywa, no gutukwa hirya no hino,kuko bamwe bakojejwe isoni bagacika intege, bakihakana Kristo. ariko dusenge ngo Imana Yohereze imbaraga zayo kubakozi bayo! 

Mwami Yesu, Nehemiya 3:36. iri n'isengesho nehemiya yasenze ubwo hari abantu bavuga ko ashaka kugomera ubwami, nyamara Imana yaramutegetse kubaka inkike zayo. Mukomere kandi mushikamwe mwe mwahamagawe n'isumba byose, izajya ibarengera , mu bitutsi no mumagambo y'Ibinyoma. ntimugire uwo mwitura ibitutsi mureke umwami abacire urubanza rukwiye! 

komeza ukore ibyo ukora uzi neza ko aribyo Imana ishima, ntugatinye abagucira Imana, kuko si igihe cyo guca urubanza! 1abakorinto :4:1-5

Ndabakunda.

Saturday 16 August 2014

IKIBI CYATEJWE N'IMANA NTICYAKOSORWA NA SATANI CYANGWA ABAKOZI BE ,AHUBWO BATUMA BIBA BIBI KURUSHAHO! M.Gaudin


Kuva:7:22

"N'abakonikoni b'Abanyegiputa babigenza batyo bakoreresheje uburozi bwabo"

Bene Data Ijambo ry'Imana rigira riti Imana niyo Ikinga ntihagire ukingura, kandi Yakingura ntihagire ukinga.

Maze Iminsi nibaza akamaro k'abakonikoni mugihugu cya egiputa, maze nsanga ntakindi bakoraga uretse kongera kubyago byatewe n'Imana iki gihugu. kuko ntushobora gukemuza ikibazo ikindi ngo maze uvuge ko hari icyo wakoze.

Mose arambura inkoni maze amazi yose ya egiputa ahinduka , amaraso, maze ngo abakonikoni nabo bagenza uko, maze amafi yari yapfuye apfira kimwe, n'ibindi byose. Bene Data ibyo unyuramo, Imana niyo ishobora kugukingurira kurenza kwirukira mubapfumu n'abarozi.

KuKO Buri gihe Satani akemuza ikibazo ikindi aho gukemuza ikibazo igisubizo!

Hariho abantu babaho Imana yarabazibye Inda, kuko iba ibafiteho umugambi wayo bwite 1samuel 1:5. Uwiteka afite Imbaraga zo gukora Ibyo Abana b'abantu batabasha. ariko buri gihe Satani ashyira mu mitima yacu ko hari icyo twakora kugirango tugire icyo duhindura nyamara ugasanga ibyo dukoze byongera ibibi, byongera umunuko, byongera ibyago.ariko ijambo ry'Imana ribwira neza ko Imana ariyo yadukomerekeje kandi ariyo izatwomora!

Hoseya: 6:1 nukuri naho waba ufite ikibazo gikomeye gute, Imana niyo ifite urufunguzo rwa byose, naho abapfumu cyangwa abagushakaho indamu yose ntacyo bagufasha!

REKERAHO KWIRWANIRIRA!

Iminsi yose umuntu agerageje kwirwaniririra mukibazo niho abona ko ikibazi kirushaho gutinda gukemuka, iminsi umaze wiruka, mubapfumu, mubusambanyi, mubujura n'ahandi ngo urebe ko ubuzima bwawe bwahinduka niyo minsi y'umubabaro. ariko ibyo Imana Yemeye ko bikugeraho iba izi neza ko ushobora kubaho wizeye kandi ntiwerekeze umutima wawe mubampfumu.

Bene Data ntidukwiriye kwibwira ko ibyo Imana itakoze twabikosoza ubushake bw'umuntu, kuko Imana niyo Yica kandi Igakiza. ibi nubwo bigoye kubyumva ariko Imana yacu irakomeye ndetse ifite ububasha bwose kukiremwa muntu. ahubwo dukwiye kwibwira ko ko turi ibumba mu kiganza cyayo.

bamwe babona ari ingumba, bagahitamo kugana abapfumu, ntibabaha urubyaro ahubwo babaha ikindi kizakurikirana, uyu munsi wa none usanga bafite ikibazo cya zakarande kubera impamvu imwe, ariyo gushaka gukosora ibyo Imana yaretse ngo bitugereho.

niba wizera ko Imana ariyoyica kandi ikanakiza, wakamenye imbabazi zayo nyinshi zikurehereza kwihana, kuko niyo ubwayo twacumuyeho, ninayo ifite imbabazi zatuma tuyinambaho.Bene Data dukwiye kurushaho kumenya ubudahangarwa bw'IMANA mugihe cyose hari icyo yemeye ko kitugeraho.
;
pawulo we ngo yinginga Imana ishuro irenze Imwe ngo Imukize maze, Iti: ubuntu bwanjye buraguhagije. tureke kwigrwanirira dutegereze Imana izatwomore kuko ariyo yadukomerekeje. 

kuko inshuro nyinshi tujya twibwirako hari icyo dukemura ahubwo tukarushaho kwiyongerera ibyago.

dukwiye gukemura ikibazo cyose dufata icyemezo nk'icyo Hana yafashe ubwo yahitagamookujya Imbere y'Imana i shiro. yewe ntimwirengagize ko nicyo gihe hariho abamfumu nabakonikoni.

Hoseya 6:1

Ndabakunda.

Thursday 14 August 2014

ISHIMWE N'IKIZERE CYO GUTABARWA BITURUKA MU KWIBUKA AHO IMANA YAGUKUYE....BY M.Gaudin


Itangiriro: 32:11

"Kumbabazi zose n'umurava wose wagiriye umugaragu wawe, sinari nkwiriye guhabwaho n'ibyoroheje hanyuma y'ibindi kuko Nambutse yorodani iyi mfite Inkoni nsa, none mpindutse imitwe ibiri."

Amahoro Yesu atanga n'ubuntu Imana itugirira bibe kuri mwe mwese mutegereje gutabarwa kw'Imana mugihe mugeze mubibazo bitandukanye!

Bene Data maze kubona ko rwose Imitima y'abantu, ibuzwa gushima Imana n'ibyifuzo by'urudaca bihora mu mitima yacu, maze kubera ko ibyo imitima irarikiriye biyitera kwiheba tukibagira ko nibyo dutunze twabihawe nayo!

sinshidikanya ko buri muntu wese afite ikifuzo kimugoye, yewe intego zacu n'irari biduhindukira impamvu yo gusenga no kwegera Imana tutabitewe nuko tuyikunze ahubwo rimwe narimwe tuyitewe n'ibintu bitubuza amahoro!

Ariko ndagirango nkubwire ko ntagihe nakimwe Satani azakwereka ko ubayeho neza, ko wabona ishomwe ry'Imana mugihe cyose wibagiwe aho Imana yagukuye. ndetse iyo utabyitayeho bigushyira mu mutego wo kugerageza Imana no gushidikanya kubyo usaba.

Ariko ndagira ngo turebe icyo yakobo yibajije mbere yo gusaba Imana kumukiza mukuru we esawu! yagize ati nukuri Mana wangiriye neza, nambutse yorodani mfite inkoni gusa,  ariko none ubu navuyemo imitwe ibiri. iki kigaragaza ishimwe umuntu aba yibutse bigatuma ubona icyo ushima Imana.


  • Niba wararangije kwiga mbere yo kwitotombera Imana ngo iguhe akazi ukwiye kuzamura ishimwe kuko hari ighe wabayeho udafite ishuri
  • Niba warahinze mbere yo kweza ukwiye kwibuka ko Imana yaguhaye Imbuto
  • Niba hari icyo ugezeho cyaba gito cyangwa kinini ukwiye kuzirikana ko ari ubuntu wagiriwe maze uzarushaho kubona ishomwe.
  • Kandi niba uriho wibuke ko hari igihe utariho, ndetse wibuke ko wavuye mu nda ya Nyoko, wambaye ubusa maze bitume ubona ishimwe ryuko wasanze abantu ntibakwicishe imbeho ngo urware umusonga.
Bene Data Imana ikwiye gushimwa, kuko yakoze byinshi, ntiyahereye kuri bike twari dufite, ahubwo yahereye kubusa. ibyo abantu baheraho badafite Imana naho byaba byinshi birahomba. ariko abafite Imana naho igishoro cy'aba inkoni, iba yaratanzwe n'Imana kuko ntamuntu numwe uzwi urema ibiti mw'ishyamba ducamo inkoni uretse Imana yonyine.

Yakobo yashimye Imana kubw'Inkoni, ashima Imana kubw'matungo,abagore,ndetse n'abana. ibi byose ntibyari gutuma Imana yihangana ahubwo yarushijeho kumukiza kuko yayitakiye ayizeye, ndetse abanje kuyibutsa Imirimo yayo.

Bene Data ntidukwiye guhera kucyo twifuza, ahubwo dukwiye guhera kubyo Imana yakoze maze tukazamura Ishimwe ryayo mu mahanga. Yewe ntidukwiye kumva ibibi byaabaye byatbuza ishimwe kuko Imana yahisemo ko bidakomez akuba bibi kurusha kuko urebye neza wasanga ibibi wahuye nabyo ataribyo bibi byanyuma y'ibindi.

Dukwiye gushima Imana kubwa Kristo Yesu, kuko yadukunze tutari abo gukundwa. kandi yatwitangiye adashingiye kubyiza twamukoreye, niyo mpamvu uko biri kose ntitwamukurwaho nibyo tutarabona, ahubwo turushaho kumwegerezwa n'icyo yakoze bwa mbere yemera kudupfira ku musaraba w'Isoni

rero tukwiye kuzirikana ibyo Imana yakoze, kuko iyo tubizirikanye turushaho kwizera ko Imana ifite ububasha bwo gukora ibirenze cyane ibyo tuyisaba n'ibyo dutekereza. ahari uba warapfuye ariko kuba uriho n'isezerano ry'uko Imana ishobora kukugirira neza igihe icyo aricyo cyose ariko injira mugihe cyo kubanza kubona ishimwe. kuko satani abuza imitima yacu kubona ishimwe mubyo Imana yakoze maze akaduheza mubuzima bw'amaganya no kwiheba.

si igihe cyo kwiheba ahubwo n'igihe cyo kwibuka ibyo Imana yakoze, abibutse ibyo Imana yakoze bagiye batsindishirizwa nayo mubihe bikomeye

Yosuwa na calebu, bibutse Imana yabakuye muri egiputa, yabambukije inyanja itukura n'ibindi bati"Niba Imana itwishimiye tuzabarya nk'umutsima"

Dawidi yibutse uko Imana yabanaga nawe mw'ishyamba aragiye, uko yamushoboje kwica idubu, n'intare arahaguruka ahagarara imbere ya Goliyati, maze Imana irongera itsinda urugamba

Yakobo yibuka uko yambutse yorodani afite inkoni gusa, maze amaze gushima Imana, Imukiza umujinya wa esawu.

Bene Data kwibagirwa ibyo Imana yakoze bishyira mu kaga abayisenga n'abitwa ko bayikorera! kuko buri gihe dufite urugamba rwo kurwana ariko iyo twibagiwe ko Imana ariyo yatsinze, ntidushobora gutsinda.

Igihe n'iki cyo kutiyitirira ibyo Imana yakoze , kuko iyo Imana itwambukije akenshi usanga ibiganiro dutanga, byiganjemo kwivuga ibingwi aho kwerekana ishimwe ry'Imana. ndetse rimwe narimwe tukabwira abantu ngo nuko tutaryamaga cyangwa tutaryaga ngo nabo nibagenza nkatwe natakabuza intsinzi ni iyabo. 

ariko sibyo kuko iyo nyuma Imana ituretse, usanga tuyitakambira ngo mwami ni udukiza tuzagushima.

Ishimwe ryose uyu munsi ufite , numara kurishimira Imana, ndahamya ntashidikanya ko urugamba ruri imbere rwose ruzarwanywa n'Uwiteka kandi azarutsinda.

"Mwami Yesu urinde imitima yacu kwiyirira intsinzi yawe, maze uduhe kuzajya tunesherezwa nawe, bizatuma duhorana ishimwe muri byose, kandi tuzarushaho gutinyuka kuko ntuzigera utureka twenyine. 

www.newseed4jesus.blogspot.in

Ndabakunda!