Tuesday 28 October 2014

NIBA IMFATIRO ZISHENYWE UMUKIRANUTSI YAKORA IKI? Zaburi 11:3 M.Gaudin

2Abakorinto:4:8 

Dufite amakuba Impande zose ariko ntidukuka umutima, turashobewe ariko ntitwihebye,turarenganywa ariko ntiduhanwa, dukubitwa hasi ariko ntidutsindwa rwose.

Si ikintu cyoroshye nagato kubwira umuntu ubabaye ngo nakomere, Yewe kuri bamwe bibatera agahinda kurushaho kuko baba bibutse ko basa naho imfatiro zabo zishwenywe rwose. iyo umuntu ari mw'Isi aba yubakiye kubintu byinshi kandi aba afitiye icyizere cyo kubaho neza nta mubabaro nubwo ibyo bimubera ikinyuranyo. uyu munsi nawe waba umeze nka pawulo aho agira ati tubayeho nabi rwose mu bigararagara!!!

Pawulo ati Dufite amakuba Impande zose: Bene Data hari igihe umuntu areba hirya akareba hino aho kubona urukundo rw'Imana satani akakwereka ko amakuba yawe akwiye gutuma uhindukirira intekerezo mbi ariko iki ni cyo Gihe ngo nawe umenye ko aho wari uhanze amaso niba habaye amakuba n'ibyago bitandukanye, ntukwiye gukuka umutima kuko Yesu niwe uri hejuru ya byose.


Arongera ati turashobewe: ndakubwiza ukuri ko abantu benshi uretse kugira amakuba atandukanye mw'isi, bitera abantu kubaho mubuzima bwo gushoberwa satani agerageza kwereka umuntu wagize amakuba menshi ahantu heshi ko ubuzima bwe burushijeho kuba bubi...ibyo bimutera Kwiheba iyo atikomeje mu mwami, hanyuma akabaho mubuzima bwo gushoberwa rimwe na rimwe umuntu akaba yakora n'Ibintu bitari byiza kubera gushoberwa. hari beshi bajya mubikorwa by'ubwiyahuzi kubera ko bashobewe rwose. ariko iyo si Impamvu kuri wowe wamenye Imana. ahubwo Ntitwiheba kuko Ibyiringiro twiringira kuzabona Umwami yesu n'agakizake ntibitwemerera ahubwo bitubera igitsika mutima.

Turarenganywa: Iyi isi nta manza zitabera zirimo yuzuyemo akarengane, aho usanga umuntu abura icyo yabonaga cyari kumugirira akamaro, Aho abantu bazira ubusa aho urupfu ruza rugatwara umubyeyi rukarenganya abana, rugatwara abana rukarenganya ababyeyi....nawe ushobora kuba ufungiwe ubusa, utukirwa ubusa uko biri kose mw'Isi ntihabura akarengane. byagera mu bana b'Imana ho bikaba ibindi kuko isi ntacyo ibafitiye cyiza uretse ibisa n'Ibyo pawulo yavuze hejuru ariko muri ibi byose  Imana ntitureka, ntiduhana ahubwo Ijambo ryayo ritumbwira ko ari Imana izaducira Imanza zitabera mugihe tuzaba duhagaze imbere yayo. abarenganyijwe bazahozwa amarira ndetse bahabwe n'indishyi z'akababaro.

Ikindi kintu gikomeye kibaho mubuzima bwa buri munsi n'uko dukubitwa hasi buri munsi: Sinzi niba nawe bijya bikubaho ariko buri munsi mba mfite intambara zo kurwana, dukubitwa hasi buri gihe, buri munsi haba hari intambara yaho dutuye, abatwanga, satani, abadayimoni.......yewe nuyu mubiri ubwawo usanga dufite intambara inyuma n'Imbere. kuburyo tubaho mubuzima bwo kurwana kandi izi ntamabra zose ziba zigamije ko imitima yacu yarambirwa maze igatuka Imana. ayo majwi abantu bari mu ntamabara barayumva cyane agira ati watutse iyo Mana yawe ukipfira ko n'ubundi ubayeho murugamba rwa buri munsi?

Inkuru nziza nuko Kristo Yanesheje kandi natwe tuzanesha, nukuri nubwo turwana buri munsi ariko turwanira mutsinzi, nikoko usanga dusa n'abahora barwana ariko ni nko gusubiramo umukino kandi ikipe yambere barayihaye amanota ikwiye. ni ukuri tubona ibintu byinshi harimo no gukirana n'Urupfu ariko Yesu yararutsinze ubu ntabubasha rugifite kuko naho rwatugeraho Yemeye kuzabana natwe ndetse no murupfu!!! aho ho twese abariho ntiturahagera ariko dukwiye kumwizera uko abana natwe mubuzima akatubera Imbaraga, no murupfu ariko bizamera. nukuri icyo maze kumenya nuko nubwo turwana dutatsindwa rwose ahubwo turwanira mu tsinzi y'Umwami Yesu kuko we yarwanye mbere yacu kandi aratsinda.

Uko biri kose ushobora kuba ubayeho mubuzima burimo amakuba, imibabaro, kurenganywa, no kurwana bya buri munsi ariko utumbire Yesu wenyine. kuko igihe ipfatiro wari wiringiye mw'Isi zisenywe ukwiye kureba uwazishinze kuko niwe RUFATIRO RUKURU.

Nibyiza kugira ababyeyi, amatungo,abana n'ibindi ariko ntibikwiye gusimbuzwa urufatiro rukuru ariwe Kristo. buri gihe iyo izo zisenyutse haba hari ibyiringiro muri Kristo kuko niwe rutare rukomeye.

nsoze ngira nti ese wakwemerera Yesu uyu munsi kukubera urufatiro? kuko hari igihe izo wubatseho zisenywa!! ndakwinginze uyu munsi niwumva Ijwi rye ntiwinangire! 1petero 2:4-5

ibyiringiro bizima biri muri we: muhumurizanye mubwirana aya magambo y'Uko Kristo yazutse kandi ko urupfu rutamuheranye, abamwiringira bose bazabona mu maso he ndetse n'abapfuye bazazurwa n'Imbaraga z'Iyamuzuye. Mukomerere mu Mwami Yesu

Ndabakunda!!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed