Monday 4 May 2015

IBIBAZO ICUMI UMUNTU USOMA HANO AKWIYE KWIBAZA (MBERE YO GUPFA KWAWE UKWIYE KUBISUBIZA) Pastor M.Gaudin

0.Kuki wabayeho?wavuyehe? uragana he?uri nde? uwaguhamagara wakwitaba? wibona uri nde?
(defining yourself will help you to answer these important question)

1.Ni iki wumva urimo gukora cyaba gifitiye abantu akamaro?
2. Ni iki urimo gukora ariko wumva udakunze?
3.Ni iki wumva ukwiriye kuba urimo gukora?
4. Ni iki wumva ukwiriye kugeraho mbere yuko utabaruka?
5. Ni iki ushaka ko abantu bazakwibukiraho igihe waba umaze gupfa?
6.Ni iki wakora kuburyo abo usize bahemberwa ibyo wakoze?
7.Ni iki wamenye kiguha amahoro iyo uhuye n'Ibibazo?
8.Ni iki gituma wumva ubuzima bwawe waburinda icyaha?
9.Ni iki wabwira abantu uhawe umwanya wo kuvugira munama y'Ibihugu byose byo kw'isi?
10. Ni iki urimo gukora kugira ngo ibyo wibwira bive mu nzozi bijye mu bikorwa?

Buri mintu akwiye gufata umwanya wo gutekereza kubuzima bwe! kuko igihe cyose ubuzima bwawe budafite igisobanuro gihagije ntushobora guha ubuzima bw'abandi agaciro. uyu munsi ukwiye kumenya ko Imana yakuremye mw'ISHUSHO YAYO" ntiyakuremye kugira go uhite upfa, ntiyakuremye kugira wige gusenga no gutamba ibitambo kuko Imana ntihazwa n'amaraso y'amapfizi. Ishaka ko abantu bayimenya bakamenya nicyo yabaremeye.

Nibyiza ubayeho, urahumeka, ukabasdhaka kurya no kunywa. ariko Imana yakuremeye guhindura byinshi, yakuremeye umugambi kandi mw'iza. buri muntu wese yahawe ikintu agomba kuba arimo gukora. nibyo koko ushobora kuba hari ibyo ukora kubera abandi, no gushaka kwemerwa. ariko ukwiye kumenya neza ko Imbere y'Imana uzahahagarara wenyine. ushobora kuba urimo gukora uko ababyeyi bakubwira, inshuti n'abandi kugira ngo wemerwe. ariko ukwiye kwibwira nza ko icyo waremewe gukora ari ingezi cyane.

Imana izahembera abantu ko babayeho mubuzima bufite igisobanuro, Yohana yandika yagize ati bakundrwa ubu turi abana b'Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa icyakora Yesu niyerekanwa tuzasa nawe!  uyu munsi kuba ub\mwana w'Imana byaba byaragize icyo bigutandukanyaho n'abadafite ibyo byiringiro?  niba koko ibyo bibazo biri hejuru wabyishubije ndahamya ko ubuzima bwawe bugiye guhinduka ukabaho mu munezero wo gukora icyo Imana yaguhamagariye.

Gupfa ko abantu twese tuzapfa, niba ubihaka wibuke neza urasanga babandi barapfuye, ndavuga abaturanyi, abavandimwe abakomeye n'aboroheje, ntagitangaza kirimo rero nawe uzapfa! hari amagambo y'Indirimbo shaka kuguha uMWANDITSI YAGIZE ATI:

Ese imiromo yawe yatuma uzukira
Abo wafashaga, barizwa nuko wabasize 
Bagasaba Imana ngo ubagarurirwe?

Gukora cyane, ukavunika sibyo abantu bakwibukiraho, ahubwo kuba uwo Imana yakuremeye nibyo abantu bazakwibukiraho aho niho harimo icyo nakwita Uniqueness kandi ntamuntu wakwibagirwa umuntu uri unique muri iyi isi. ndagusabira ku Mana kugira Wige kubara Iminsi yawe maze utunge umutima w'ubwenge. ibyo bizatuma ubuzima bwawe butangira kugira igisobanuro kuri wowe no kubandi!