Matayo 26:74
Maze atangira kwivuma no
kurahira ati: uwo munutu simuzi" Muri ako kanya inkoko irabika. Petero
yibuka Ijambo Yesu yari yari yavuze ati "INKO ITARABIKA URI BUNIHAKANE
GATATU" arasohoka ararira cyane.
ndashaka kubamenyesha ko
abantu benshi bameze nka petero, aho umuntu yiringira ugukiranuka kwe, ndashaka
kukwibutsa ko Yesu yari yabwiye Petero ati uri bunyihakane ariko petero
agahakana, ndagira ngo nkubwire ko iyo Yesu agerageje kukwereka intege nke zawe
ugahakana, uba uzamwihakana igihe kimwe kandi ubibwirwa nuko inkoko
ibika.
abantu benshi bafite
amajwi yarusake mumitima aganda abashinja ubugome(icyaha nicyo bugome) wirebye
neza naho abantu batabimenya wowe uzi ibyo wavuganye na Yesu. niyo mpamvu niba
warakoze icyaha ntusabe imbabazi, ufite ijwi rihora rikubwira riti ibuka.
ndashaka rero kwivugira no kubandi mwese mwihannye ariko satani agahora
abazanra amajwi yo kubashinja, mwibuke icyo Yesu yavuze ati Yemwe abarushye
nabaremerewe nimuze musange ndabaruhura.
Yohana 2:1 Bana bato
ndabandikiye ngo mudakora icyaha, nyamara niba hariho ugikoze muri mwe, akwiye
guca bugufi agasaba imbabazi Imana kuko Yesu niwe murengizi w'abari mw'Isi.
Imbaraga zawe ntizamugundira, Satani agerageza kukwereka ko ushoboye kwikiza,
cyangwa ko waba uri inyangamugayo kurusha ariko ukwiye gushyira ubunyangamugayo
bwawe muri Kristo.
Uyu munsi hari ibintu
byinshi ushobora kuba wumva bigucira urubanza, ndetse ukumva warushaho gukora
nabi ariko ibuka ko niwihana Yesu akwakirana urukundo rwinshi. amajwi yose
akubwira ko uri umunyabyaha akakwibutsa ko wahemukiye Imana ukwiye
kuyacecekesha ukibuka ko Yesu yaje mw'isi gushaka icyari cyarazimiye, imbababazi
Yesu agirira abantu be ziruta izo abantu batugirira, kandi naho waba wumva
amajwi akubwira ko utababariwe ayo ni amajwi ya satani.
Mwibuke petero ariwe
wavuze umunsi wa pantekote ati: bagabo bene data ubu ntitwasinze ahubwo Yesu
mwishe ubu niwe ukoze ibi, ibyo wasoma neza
ibyakozwe 2: 14, ndahamya ko nawe
numara kubona umwuka wera ko ijwi rya mwuka wera riruta ijwi rya rusake. Rimwe ryateje
amarira irindi rizana gushira amanga. Ubu nawe uri umugabo wo guhamya Ibyo Yesu
yakoze ndetse n’Imbabazi yakugiriye.
Nuko rero abari muri
Kristo Yesu neza nta teka bazacirwaho ahubwo ubu ni abagabo bo guhamya ibyo
Yesu yabakoreye, kuko iyo abantu bakiri mububata bwose ntambaraga babona zo guhamya
Umwami, ariko abamaze kuvirwa n’Umucyo babasha kwera Imbuto nzima. Ndakwifuriza
kumva Ijwi rya mwuka wera kandi no gukomezwa nicyo Yesu akuvugaho, muri we ibya
kera biba bishize umuntu akaba icyaremwe gishya. Ndabakunda!