Wednesday 30 September 2015

AMAJWI YA RUSAKE MU MATWI YAWE.......AKWIYE GUSIMBURWA N'IJWI RYA KRISTO

Matayo 26:74

Maze atangira kwivuma no kurahira ati: uwo munutu simuzi" Muri ako kanya inkoko irabika. Petero yibuka Ijambo Yesu yari yari yavuze ati "INKO ITARABIKA URI BUNIHAKANE GATATU" arasohoka ararira cyane.

ndashaka kubamenyesha ko abantu benshi bameze nka petero, aho umuntu yiringira ugukiranuka kwe, ndashaka kukwibutsa ko Yesu yari yabwiye Petero ati uri bunyihakane ariko petero agahakana, ndagira ngo nkubwire ko iyo Yesu agerageje kukwereka intege nke zawe ugahakana, uba uzamwihakana igihe kimwe kandi ubibwirwa nuko inkoko ibika. 

abantu benshi bafite amajwi yarusake mumitima aganda abashinja ubugome(icyaha nicyo bugome) wirebye neza naho abantu batabimenya wowe uzi ibyo wavuganye na Yesu. niyo mpamvu niba warakoze icyaha ntusabe imbabazi, ufite ijwi rihora rikubwira riti ibuka. ndashaka rero kwivugira no kubandi mwese mwihannye ariko satani agahora abazanra amajwi yo kubashinja, mwibuke icyo Yesu yavuze ati Yemwe abarushye nabaremerewe nimuze musange ndabaruhura.

Yohana 2:1 Bana bato ndabandikiye ngo mudakora icyaha, nyamara niba hariho ugikoze muri mwe, akwiye guca bugufi agasaba imbabazi Imana kuko Yesu niwe murengizi w'abari mw'Isi. Imbaraga zawe ntizamugundira, Satani agerageza kukwereka ko ushoboye kwikiza, cyangwa ko waba uri inyangamugayo kurusha ariko ukwiye gushyira ubunyangamugayo bwawe muri Kristo.

Uyu munsi hari ibintu byinshi ushobora kuba wumva bigucira urubanza, ndetse ukumva warushaho gukora nabi ariko ibuka ko niwihana Yesu akwakirana urukundo rwinshi. amajwi yose akubwira ko uri umunyabyaha akakwibutsa ko wahemukiye Imana ukwiye kuyacecekesha ukibuka ko Yesu yaje mw'isi gushaka icyari cyarazimiye, imbababazi Yesu agirira abantu be ziruta izo abantu batugirira, kandi naho waba wumva amajwi akubwira ko utababariwe ayo ni amajwi ya satani.

Mwibuke petero ariwe wavuze umunsi wa pantekote ati: bagabo bene data ubu ntitwasinze ahubwo Yesu mwishe ubu niwe ukoze ibi, ibyo wasoma neza 
ibyakozwe 2: 14, ndahamya ko nawe numara kubona umwuka wera ko ijwi rya mwuka wera riruta ijwi rya rusake. Rimwe ryateje amarira irindi rizana gushira amanga. Ubu nawe uri umugabo wo guhamya Ibyo Yesu yakoze ndetse n’Imbabazi yakugiriye.

Nuko rero abari muri Kristo Yesu neza nta teka bazacirwaho ahubwo ubu ni abagabo bo guhamya ibyo Yesu yabakoreye, kuko iyo abantu bakiri mububata bwose ntambaraga babona zo guhamya Umwami, ariko abamaze kuvirwa n’Umucyo babasha kwera Imbuto nzima. Ndakwifuriza kumva Ijwi rya mwuka wera kandi no gukomezwa nicyo Yesu akuvugaho, muri we ibya kera biba bishize umuntu akaba icyaremwe gishya. Ndabakunda!

Friday 4 September 2015

KUMENYA AHO UHAMAGARIRWA KUKO AHO UHAMAGARWA NI HENSHI! by M.Gaudin

Abacamanza 11:7 

Yefuta abwira abakuru b'I galeyadi ati: Mbese si mwe mwanyanze mukanyirukana mu bya data? Ni iki gituma muza kunshaka ubu, kuko mubabaye?

Si igitangaza kubaho mubuzima udakenewe, kuburyo hari igihe naho waba uri mubandi batamenya ko uhari, rimwe narimwe aho umuntu afatwa nk'utaje bitewe n'inyungu bagushakamo! ubwo buzima buri muri iyi si ya none ndetse naho abantu bahungira bashaka kwegera Imana usanga hari ubuzima bwo gushaka inyungu gusa! ubuzima usanga rimwe narimwe abantu bafata abandi nk'ibisheke cyangwa shikarete aho bagushaka kubera uburyohe bakakunyunyuza barangiza bakagucira!

ibi mvuze ndahamya ko buri muntu ashobora kubibona igihe cyose atangiye kumenyekana cyangwa babona hari icyo ashoboye, usanga ntamuntu wifuza ko uba wowe ahubwo ahubwo buri mwe wese aba yifuza kugukoresha nk'umukozi cyangwa igisheke bahekenya, hanyuma amazi yashiramo bakagucira! ibyo byose bituruka ku kuba abantu badaha agaciro abantu ahubwo bakagaha ibyo abantu baribyo.

Yesu ntiyahaye agaciro amato yasanganye ba petero! ahubwo yahaye agaciro petero kuko yari azi neza ko umuntu wese igihe kigeze yakomezwa n'Imana yamuhanze.ibyo byatumaga afata abantu batigishijwe, n'abandi baciriritse n'abandi bose bafite umutima utunganiye Imana yewe nabo azi neza ko ari babi yabahaga amahirwe yanyuma. uyu munsi ufite ukuntu ufata abantu, ahari ujya ubareba ukababonamo inyungu cyangwa ibindi ariko ukwiye kwita ko umuntu ari umuntu mbere y'Ikindi cyose.

Abanyagaleyadi bari bameze nk'abantu bo muri iyi minsi. ni abantu iyo udafite ikintu mutabana, ni abantu bakunda ukize cyangwa ufite ikindi yabamarira, akenshi usanga abantu nkabo badatekereza icyo bamarira abandi, ahubwo usanga bashaka icyo abandi babamarira. igitangaje usigaye usanga n'Amatorero cyangwa amadini ariko ameze! aho usanga ntamutwaro w'Ivugabutumwa uhari ahubwo hari umutwaro w'Inyungu. mbahaye nk'Urugero hari abantu benshi bakorera Imana ndetse bageraho bagakomera nkaba Yefuta! ndahamya ko nawe ushobora kuba uri umwe muri abo, aho ushobora kuba ukenewe ubu! 

umutima wo gukorera Imana ukwiye kuba uturutse murukundo kuko hariho ababikorana umutima ukunze abandi bakabikorana ishyari, igomwa, no gushaka inyungu ariko uko biri kose Kristo akamamazwa! niba hari icyo Imana iguhamagariye gukora ukwiye kumenya aho uhamagarirwa, kuko aho uhamagarwaho ni henshi.

Ndabakunda!