Thursday 28 July 2016

HUMURA IBYANANIYE ABA PASITORI, ABA BISHOP, ABA APOTLE, N'ABANDI YESU ARABISHOBOYE.

Usomye inkuru ziri mu butumwa bwiza bwa Matayo igice cya 17:14, herekana umugabo waje afite Umwna urwaye igicuri, wari ufite abadayimoni bamukubitaga hasi, maze ngo amuzanira abigishwa ba Yesu ntibabasha kumukiza! gusa ntiyacitse intege ahubwo Yateye intambwe Yegera Yesu ubwe maze amubwira uko byagenze! ati namuzaniye abigishwa bawe birabananira.

Birashoboka ko nawe hari igihe wagiye kureba umukozi w'Imana runaka , bakubwiye wagerayo ukamureba ariko ugasanga cya kibazo cyawe kiracyahari kandi ahari nawe yaragisengeye ariko biranga. Nimvuga ibi ntihagire untera ibuye sinshaka gupfobya abakozi b'Imana bahamagawe, Uwo wasengeye agakira ashobora kuzana undi wamusengera ntakire, nonese ibyo bizatume Imana yitwa inyatege nke? oya ntibikabeho. 

Abaheburayo 5:1-2
Umutambyi mukuru wese Iyo atoranijwe mu bantu, ashyirirwaho gukora ibyerekeye Imana ku bw'abantu kugira ngo ature amaturo, atange n'Ibitambo by'Ibyaha, Kandi abasha kwihanganira abatagira ubwenge n'abayobye , kuko nawe agoswe n'Intege nke.


Ntawakwirengagiza umumaro w'Abakozi b'Imana, abashumba, abavugabutumwa, abahanuzi, abigisha n'intumwa. abo bose bariho kubw'Umurimo w'Imana kugira ngo itorero rya Kristo rikomeze gukurira mu Rukundo kandi rirusheho kurindwa kuko nibo bari bera maso nk'abazaribazwa. Abaheburayo 13:17

Imana ntihamagara abashoboye ahubwo burya uwo Ihamagaye iramushoboza. Rwose hari indwara zirukanwa Imana ikoresheje abakozi bayo, ariko hari n'Izindi ishobora kugukiza usa nuwarambiwe gusenga, yo ubwayo ikakwibwirira ko igukijije. Kuba Imana itoranya abayikorera ntibikuraho ubushobozi bwayo kugira ngo ahari bamwe batazahinduka Imana zabamwe. ahari nawe ushobora kuba uzi abantu basengeye abantu bakazuka ariko yasengera undi ntanakire indwara, ibyo bishatse kuvuga iki?

1. Hari imirimo Ikorwa n'Imana, niba waranyuze mubantu batandukanye bizera wifuza ko wagirirwa neza binyuze muri bo iki ni igihe cyawe cyo kongera kureba Imana. Ibyananiye abana b'abantu ku Mana birashoboka.

2. Imirimo yahawe abo Imana yatoranyije Ntikuraho ko Imana ikiri Imana, abantu bakaba abantu. rimwe narimwe ukwizera kw'abantu kuba guke. usomye neza Ukwizera kwa se w'Umwana kwari guke, ndetse n'Ukwabigishwa kwari guke. ibaze nawe icyajyaga kuvamo cyari iki?

Ndashaka kukumenyesha ko kuba, umushumba yarakumbwiye ko bidashoboka, ukwiye kwegera Imana nayo ikakubwira ko bidashoboka. Rwose ntawiyima umwima ahari. ongera uvuge nka dawidi uti nduburira amaso yanjye kumisozi....Gutabarwa kwajye kuva kuwiteka.

Nibyiza kumenya ko Imana igikoresha abakozi bayo, ariko ni nabyiza kumenya ko nayo igikora umurimo wayo ndetse ari nayo ifite ijambo rya nyuma kuri wowe. Nibyiza kubaha ubuyobozi Imana yaguhaye, nibyiza guca munzira ugomba kubanza gucamo, ariko iyo ibintu bikomeje kwanga, Imana nayo wibuke ko igihari kugira ngo igire icyo Igukorera!

Uyu munsi ushobora kuba wibaza icyo wakora nyuma yo kujya mubyumba, kumisozi, kureba abahanuzi batandukanye, abanyamavuta nabandi, ibyo byose byaranze ndagukangurira kongera kwegera Imana, hari abantu bamwe Imana yitegereza ikabona ko nibasubizwa binyuze mubakozi bayo, batazamenya ko ariyo yabikoze, hanyuma igafunga imiryango, ugasanga ikiganza cyazuye umuntu kinaniwe kugukiza indwara. kugeza igihe wowe uzayishakana umwete wose.

Ibaze umuntu udakunda guterana, udakunda inzu y'Imana, uwo iyo akorewe igitangaza binyuze mu muntu ntamenya gutandunya Imana n'abantu.  rimwe narimwe rero Imana ikaba yareka gukoresha abakozi bayo ibyo waje ubitezeho kuko nubwo bahawe ububasha, ariko ntibyemewe ko batekereza nkabasimbura Umwami wabo.

Ndakumenyeshako, Imana Itanga umugisha wayo, igikoresha abakozi bayo ibitangaza, ariko si aho gusa, kuko Imana ubwayo ishoboye no kwikorera, ukwiye kuyizera kuri iyi nshuro, igihe kwa muganga byanze, mubyumba by'amasengesho, Imana iracyahari. wowe uzaze nkuko Hana yagiye i shilo akahasanga Eli, nyamara nubwo eli atamenye neza ikibabaje Hana, Imana yo yarakimenye. kandi iramusubiza. 1samuel 1:9

Ukwiye kwibuka ko icyo abakozi b'Imana bafite bagitanga mw'Izina rya Yesu, iyo Yesu ahibereye birushaho kuba akarusho. nibyiza gusengerwa, nibyiza kurambikwaho ibiganza, ariko cyane cyane nibyiza kumenya ko ibyananiye abantu Yesu aba agifite ijambo rya nyuma, niwe utajya uhindagurika kandi niwe mutambyi utameze nk'abandi. hari ibyo abatambyi b'abantu bakora, ariko ibibananiye ntibivuga ngo Imana nayo yananiwe! ndakwifuriza kumaramaza mukwizera Imana uyu munsi.


Pastor Mutagoma Gaudin
New Jerusalem Church- Kicukiro Kagarama.







Friday 22 July 2016

AMASEZERANO ABIRI AKOMEYE: BAZAKURWANYA, ARIKO NTIBAZAKUBASHA!


Yeremiya 1: 19

"Bazakurwanya ariko ntibazakubasha kuko  ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore."ni ko Uwiteka avuga.

Muri iki gitondo nibajije kumasezerano abiri cyangwa atatu ashobora guhambwa umuntu kandi icyarimwe. Imana ntiterwa ubwoba n'Urugamba ucamo uyu munsi ko izi ko iherezo ryaryo zizarangira utsinze! igutsindishirije.

Kimwe n'undi muntu wese uhamagawe n'Imana mugihe cye ngo ahaguruke ayikorere, munzego zose, ahura n'Ingorane nyishi zizanywe n'Umuhamaro. icyo gihe nibwo abanyamagambo bahaguruka, abakurwanya bakiyongera, abagutega iminsi bakabikora , ahari nawe ubigera ukibaza uti ese ubu ibyo Imana yavuze ni ukuri!

Ndashaka ko tuganira kumasezerano azana n'Isezerano ryo gutera Imbere muburyo bwose, yaba Kubaka urugo, akazi ukora, kuyobora, ubutunzi, n'Ibindi byinshi. burya amasezerano yose agira icyitonderwa kuko hatabayemo kukubwira ibyo uzacamo ntiwazihangana.

1. Bazakurwanya:  nshobora kuvuga iki ukibwira ko byoroshye gusa iyi ni intwaro ikoreshwa na Satani nabamukorera bashaka ko wowe utagera k'umugisha w'Imana. reka nkumbwire ikintu kimwe ntabushobozi abantu bafite bwo kugusenyera ariko bagira ubushobozi bwo kukurwanya byakuviramo kwirwanya! ndashaka kuvuga ko akenshi uzasanga ushaka kugusenyera urugo ahera kuri wowe, ushaka kurwanya umuhamagaro ntahandi yaca ataguciyemo, rero ube maso witegure urugamba bazakurwanya! niba koko ushaka gutera imbere muburyo bw'Umwuka uzahura n'Intambara ariko hahirwa uwihangana akanesha.

Ntibazakubasha: Iri sezerano rya Kabiri Imana iritanga igamije guhumuriza umuntu no kumwereka ko ibyo acamo byose bizarangira afite itsinzi kandi iyo umuntu akomeje kwizera Imana akima amatwi ibimuca intege bitandukanye, Imana iragutsindishiriza! burya urugamba rwose rutsindwa na Morale, mugisirikare iyo badafite morale baratsindwa! morale ituma muririmba itsinzi mukiri mu myitozo, mukumva indirimbo z'Ubutwari muri kurugamba! 

Iwacu ni mw'Ijuru, nubwo ubona hari ibikugoye, uracyarwana n'Ibyaha kandi ugerageza kwibuza inama mbi, ndetse ubayeho wera imbuto z'umwuka wera! reka nkubwire ko ibyo ubona uyu munsi nk'Intambara Imana irazizi, ariko icyo ikubwira ni ukurushaho kuyizera no kuyemerera ikazajya igukomeza umutima muri uru rugendo. tukiri mw'Isi dufashe igihe mu ntambara ni koko abantu bahura na byinshi. ariko ndashaka kuguhamiriza ko Impamvu ubona uca mubikomeye nuko ingororano ari nyinshi! burya irushanwa ryose rikomezwa n'Ibihembo biririmo! 

Ibaze nawe amakipe ahanganye kugira buri mukinyi azahabwe imodoka, ntibihwanye nuko yahanganira ngo bazabagurire inkweto, buri gihe ubutunzi ufite bugomba guhura n'Intambara, gusa icyiza gihari nuko Yesu yadusezeranije ubutsinze nituguma muri we. uyu munsi Kuba hari ibikurwanya si uko Imana yakuretse ahubwo nuko yakugiriye icyizere cy'Uko wahaguruka ukarwanira icyo Imana yaguhaye kugeza ku mperuka.
ndakwifuriza ubutsinzi mw'Izina rya Yesu kandi urwanire mu tsinzi kuko Yesu yaranesheje! 

Imana ikube hafi mu ntambara yose waba ucamo itewe n'Isezerano, wibuke aho Yosefu yaciye, ariko ntibyamubujije kugera kucyo Imana yavuze! Imana irinda Ijambo ryayo ngo irikomze! ntutinye kandi ntukuke umutima wihangane ugeze kumperuka! kandi kumunota wa nyuma uzumva bamamaje itsinzi yawe kumugaragaro mu maso ya Satani n'abadayimoni, ndetse nabakunze kumukorera bose. Imana izatwara intsinzi kandi amaso yawe azabyibonera!

Pastor M Gaudin 
New Jerusalem church





Thursday 21 July 2016

UKURI GUHORA KWIRENGAGIZWA, AMAKURU NYAYO KUMPERUKA Y'ISI : Pastor Gaudin

Ibyakozwe n'Intumwa 1:7
Arabasubiza ati"Si ibyanyu kumenya iby'Iminsi n'ibihe Data yagennye, ni Ubutware bwe wenyine.

Iyo umuntu avuze imperuka, abantu benshi batangira kwibaza umunsi utarabaho aho abantu bavuga bati uzaba ari umunsi wuzuyemo ibyago, gusenyuka kwa mazu maremare ndetse no gutakaza ubuzima kubatuye isi, aho bitazaba bikiryoshye kwicara hafi y'Amazi cyangwa kujya muri parike kureba inyamanswa!

icyo gihe abantu kibatera ubwoba cyane kuburyo iyo habonetse uvuga umunsi w'Imperuka ndetse habaho nabadatinya kugaragaza amatariki n'iminsi ndetse n'amasaha bizabera nyamara ugasanga ibyo bavuze bitabaye! nonese kukba abantu bahanura imperuka ntibe nibyo biyikuraho? Oya ! ahubwubwo bitwereka neza ukuntu uwo munsi uhora wikangwa n'amahanga!

Ntiwikangwa nabatazi Imana gusa ahubwo wikangwa nababa munsengero buri munsi! si igitangaza ariko kuba umuntu uba murusengero yakwibaza ukuntu uwo munsi uzaba umeze ahubwo byaba igitangaza aramutseatabyitayeyo! Kubera iki Yesu yabwiye intumwa ze ko batagomba kwibaza igihe uwo munsi uzazira!

Yagize ati uwo munsi ntamuntu uwuzi keretse data! kandi ati si ibyanyu kubimenya, ibyacu nukumenya ko umunsi w'Imperuka urahari kandi igikuru si umunsi w'Imperuka igikuru ni ikizakorwa kuri uwo munsi! uwo munsi hazabaho kurangira kw'isi n'abayituye muburyo rusange, ariko rero hari benshi uwo munsi uzagera bo bararangije urugendo rwabo kw'isi. ndakubwiza ukuri ko Yesu natinda kugaruka wowe uzamusanganira kuko azagutumaho! 

mwibaze ko uwo munsi ba Pawulo, Petero, nabandi bawutegereje, nyamara ntibigeze bavuga ngo bahanze amaso amatariki runaka ahubwo buri gihe bakoraga nkabajya gucirwa urubanza! hari igihe cy'Urubanza, aho buri wese azamurikira imbere y'Imana ibyo yakoze maze agahabwa ingororano zimukwiriye. mwene Data ndagukangurira kutita ku munsi gusa ahubwo ukita kucyo uzasobanurira umwami Imana!

Uyu munsi ndagukangurira kwakira Kristo neza, umwuka wawe ugahamanya n'Uw'Imana ko uri umwana w'Imana, ndakwinginze ngo utekereze cyane kubana n'Imana neza ugihumeka kandi urusheho kwitegura kugendana nayo ibihe byose. hanyuma umunsi w'Imperuka nugusanga, ijambo ry'Imana rimbwira ko tuzahindurwa tugasa nawe, nyamara abanyabyaha nabakunda kubeshya bakabikora bazaba hanze y'Urugo rw'Isumba byose. uyu munsi uracyafite amahirwe yo gukizwa, kuburira bandi, kurushaho kwitegurira kuzinjira muri rwa rurembo rwiza rw'Imana yacu.

Ndagusabira amahoro, ni koko kubaho bikubere inyungu kandi no gupfa bikubere iyindi , kuko hahirwa abaramira mu mwami, ndetse nabapfira muri we, ndakwifuriza kurushaho kumenya Imana no kuyikorera ukiri muzima , kuko Hariho imperuka ya buri mwe! nubwo burya abantu bose bapfira icyarimwe, buri muntu aba afite urupfu apfuye kugiti cye! kandi buri muntu azahagarara imbere y'Intebe y'Imana ngo atsindishirizwe nuko yizeye Yesu cyangwa nuko yamwihakanye! 

Imana ikugirire neza!

KIMWE MU BINTU BY'AGACIRO UMUNTU YATUNGA GIFITE UMUMARO NGIKI!

Image result for Talking other people
Abantu bafite ibintu byinshi baharanira mu buzima birimo nko kumeneyekana, gutunga byinshi, icyubahiro, kubaka amazina mu buryo butandukanye n’ibindi kandi byose byiza.

Iyo umuntu ashaka umukozi mu kigo cye cyangwa ahandi hantu bimusaba kumumenya. Agomba kuba yarubatse izina ariko mu buryo bwiza.

Si kenshi iyo umuntu agiye kuba ahantu abanza gutekereza inkuru azahasiga igihe azaba ahavuye. Gusa iyo birangiye igihe cye kirangiye hari ubwo yibuka ibyo atakoze byari bikwiye n’ibyo yakoze bitari bikwiye.

Iyo ushaka kumenya umuntu utamuzi urabaza bakakubwira uko bamuzi. Amakuru avugwa ku muntu afitanye isano n’uko bamufata, uko yitwara, uko avuga n’ibyo avuga, uko yambara, n’ibindi byinshi.
Mu bintu bitajya bigaruka mu buzima harimo igihe n’ijambo. Ibi byombi iyo bigucitse ntibigaruka kandi byose biragaruka bikagirana isano n’uko uzavugwa. Isura usigiye abantu niyo ibatera kubona icyo bakuvugaho.

Salomo nk’umuntu w’umuhanga yitegereje isi n’ibiyirimo, areba ibintu bifite agaciro kurenza ibindi, ibyo abantu baharanira byose, arangije afata umwanzuro, yemeza ko kuvugwa neza ari ikintu gihenze cyane.

Salomo yaravuze ubwe ati ‘’biruta amavuta atamye y’igiciro cyinshi.’’
Kuvugwa neza biruta amavuta atamye y’igiciro cyinshi,…. Imigani 7:1

Bibaho ko umuntu ashobora no kukuvuga ibitari byo, wenda yakuvuga neza kandi atari ko kuri, ariko mu buzima bwose ku isi nta cyiza nko kuvugwa neza. Iyo bigeze ku mukristo noneho biba ibindi bindi.
Nubwo abantu baharanira byinshi mu isi ariko kuvugwa neza ni iby’igiciro cyinshi. Hari ighe winjira mu kigo runaka aho umukristo akorana n’abandi wababaza uti mundebere runaka w’umurokore bakaguseka, wagera muri karitsiye (Quartier) runaka ukabaza umukozi w’Imana ukabona abantu barumiwe bakakubwira ibitandukanye.

Iki gihe kirababaza kuko bishobora no gutuma wumva umutu akubwira ati ‘’aho gukizwa nka runaka nabireka’’. Ibi akenshi biterwa n’izina yubatse mu mitima yabo n’ibyo yagiye akora bikabatera kukuvuga nabi.

Umusore ashobora kujya kurambagiza umukobwa yagira uwo abaza akamubwira ati ‘’twara uzaba utubwira, azagutwikira mu nzu, uriya muryango ntibavugirwamo’’, n’ibindi byinshi bidakwiye kuvugwa k’umuntu wahindutse icyaremwe gishya muri Kristo Yesu.
Imana ijye idufasha guharanira kuvugwa neza kuko byo ubwabyo bivuga ubutumwa. Birababaza mu buzima iyo ubwiye umuntu udakijijwe ngo akizwe akajya aguha ingero z’abarokore badafite icyo bamurusha.

Amakuru y’umuntu arivugira agatuma imbaga y’abantu babona ko hari icyo abarusha kuko afite Yesu. Imana itwambike imbaraga tubeho dufite inkuru nziza n’amateka meza.

Friday 15 July 2016

GUTINDA KW'IMBUTO MU BUTAKA NTIBISOBANUYE GUHERAHO KWAYO!

Imbuto yose itewe mubutaka ifata iminsi yo gukurira mubutaka, ahantu hatarebwa n'Abantu, rimwe narimwe ushobora kwibaza uti ese koko irimo gukura? ariko wabyibaza utabyibaza iba irimo gukura, gukeza igihe izazamukira mubutaka abantu bagatangira kuyibona!

ibintu dushobora Kwigira ku mbuto:

imbuto ikurira aho itewe: Cyera tukuri abana hari igihe twashakaga gutera nk'igiti cya avoka, maze kuko twari abana aho watabye imbuto ugahora uyitabururura ngo urebe ko yakuze, bimwe mubintu bitinza imbuto ni uguhora utabururwa reka byite gutyo, abakristo benshi nibagira ahantu bashinga ikirenge yumve ko yahakurira! guhora umuntu ahingurwa hamwe agashingwa ahandi ntibishobora gutuma akura. 

Uyu munsi hari ibyiringiro ko ushobora gukomerera aho uteye nubwo usa numaze igihe uri mubutaka, ariko imbuto niyo iri mubutaka iba ikura! wisuzugura uwo murimo muto , witekereza uti njyewe nta mpano nkiya runaka mfite, ibyo ufite ukomeze wibere mubutaka igihe cyawe nikigera abantu bose bazakubona uhingutse, ndetse rimwe na rimwe ukura abantu bataziko wakuze! reka nkubwire ngo igihe cyawe cyo gukurira mubutaka kirenda kurangira ubundi ukamurikurikira abantu bose.

Imbuto Ikurura abayibonye: Kuva igihe naboneye sindabona imbuto zisanga inyoni, ahubwo inyoni zisanga imbuto, nawe ukwiye kwita kucyo ufite ubona abantu bashobora kugusoromaho aho kwirirwa uzenguruka amatorero ushakisha aho wemerwa, reka nkubwire ko abantu bakwemeye Imana itakwemeye uba urushywa n'Ubusa! ariko ni wera imbuto nziza abantu bose bazaza gusoroma kuri izo mbuto. ni igihe cyawe cyo kwita kucyo ufite icyo kizakubahisha, kizatuma benshi baza bagana aho uri gusarura uburyohe bw'Ibyo ufite.

Imbuto Iryoha Yeze neza: nta kintu cyibiha nko kura urubuto runaka ruteze neza, ibaze nk'amapera, muri iyi minsi abantu benshi ararota agatangira gushaka gushinga itorero, undi akerekwa akava muryo yabarizwagamo, ariko nibyiza kumenya ko Imana ubwayo itaduhamagarira gukora umurimo gusa ahubwo iduhamagarira no kuwukora neza! Mwibuke ko nubwo Yesu yabanye n'Intumwa igihe kinini yazitoje gukora ibitangaza, ariko yagize igihe ababwira ko bagomba kumara igihe bategereje umufasha! burya mugihe cyose utegereje urashishoza, wiga uko bikorwa, umenya imbogamizi ndetse wiga kubaha! biragoye ko umuntu utazi kubaha yazubahwa! icyo ubibye nicyo usarura.

Imbuto Yeze irihungura: igihe cyose imbuto iyo Yeze neza irihungura, aho ivuye ntihasigara amakakama, niko n'Igihe cyose umuhamagaro uri mu muntu umaze gukura rwose, bene uwo iyo asezeye abashumba bamuhesha umugisha bakamukorera ibirorii byo gushyigikira umuhamagaro kuko aba ageze igihe cyo kurushaho kwagura ubwami no gukwiza hose uburyohe! bene uwo abantu bose bazamugana bazasanga aryoshye, kuko imbuto ze zamaze kwera neza!

Ndakwifuriza kurushaho kwera imbuto kugeza igihe abantu bose bazakureba bagahimbaza Imana, nubwo wibwira ko wibagiranye Imana ntiyibagirwa abayo, ahubwo irabakuza naho yabakuriza mubutaka, ariko iyo igihe kigeze irabagaragaza bagahagrara bemye bakamamaza ineza kandi bakera imbuto ndetse nyinshi! cfr(bible).

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Thursday 14 July 2016

DORE IMPAMVU ZITUMA ABANTU BAGANA IMANA KUVA ISI YAREMWA!

Zaburi 65:3

Niwowe wumva ibyo usabwa, abantu bose bazajya aho uri.

Nsoma aya magambo yanyibukije inkuru z'Umugabo bita Elukana, umugabo wa Hana. ukuntu yajyaga ajya i shilo gutamba ibitambo buri gihe ndetse yabaga ari kumwe nabagore be bombi. umugore we bitaga Hana ntarubyaro yari yarabonye maze, igihe kimwe nawe yiyemeza kwijyana!

Iyo usomye mugitabo cya samweli berekana ukuntu Elukana ariwe wajyanaga abagore be ndetse n'Imigabane yo gutamba niwe wayibahaga! igihe kimwe Hana yigira Inama yo kwijyana i Shilo, ahari igicaniro cy'Uwiteka. nuko agezeyo kuko yari yagiyeyo mubihe bidasanzwe kandi byerekana ko yagiye atarahura n'Umutambyi we atangira gusenga.

Bibiriya yerekana ko umutabyi yabonye Hana hashize umwanya kuburyo yasengaga ijwi ntirisohoke, kubera agahinda no kumara umwanya abwira Imana ye! ibyo byatumye Eli umutambyi ubwe yitiranya Hana n'abagore b'abasinzi kazi kuburyo yamubwiye ati uzagezahe isindwe ryawe! nuko abantu bateye bashobora kukwitiranya igihe cyose ukiri mubibazo, ariko uhumure uko abantu bakubona siko Imana ikubona.

Icyemezo cyo Gusanga Imana nicyo cyemezo gikomeye umuntu yafata, aho kuganyira abantu cyangwa guhora uganya! igihe cyose ibibazo byawe uhisemo kubyereka Imana, udahisemo kwibwira ko abantu bamwe aribo ba nyirabayazana, Imana iragusubiza. Usomye neza berekana ukuntu agahinda kari karishe Hana kubera kutabyara kandi aturanye na mukeba we Penina! 

iyo uhora ureba abafite ibyo bakurusha, ugahora wita ukuntu bagusuzuguye, ugahora witaye ku mubabaro wawe, ntushobora kwibuka ko Imana ariyo Yonyine isubiza ibyo isabwa! Soma aya magambo naje gusanga niba Imana ari yonyine isubiza ibyo isabwa sinkwiye kubabazwa na Oya z'abantu kuko zo ni ibisanzwe.

Imana niyo yonyine isubizwa ibyo isabwa, waba Urimo kuyisaba iki muri iyi minsi? ese ikifuzo cyawe cyari cyaguhagurutsa aho utuye ukajya gusenga? wari wiyemeza kubaho mubuzima utareba abantu ukareba Imana? Imana niyo yonyine isubiza ibyo isabwa! ndaguhwiturira kwerekeza ahantu hasa n'I ishilo maze ugende bucece utagize uwo ubwira nkuko Hana yabikoze, urebe ngo Imana iragusubiza.

Mana koko menye ko ari wowe usubiza ibyo usabwa, ndakwinginze ngo abantu bose basoma ubu butumwa basubizwemo imbaraga, kandi bongere bamenye ko ibyo abantu babahakaniye ari wowe wenyine usubizwa ibyo usabwa! ndakwinginze ngo cya kibazo wabwiye abaganga ntibagire icyo bakumarira, bimwe wahamagaje umuryango ntugire icyo ukumarira, yewe n'abashumba bawe bagufata nk'Umusazi cyangwa Umusinzi, ndakwinginze uhange amaso Imana maze urebe ko itakuzanira agakiza! 

Niba wizeye, ufate akanya keza k'igiciro, maze werekeze umutima wawe kucyo usaba Imana, maze Imana kuko ariyo yumva ibyo isabwa, izagusubirisha ineza yayo nyinshi. kandi ndahamya ko ubuzima bwawe buzahinduka kuko wahisemo kwizera Imana! Ijambo ryayo rizakurutira andi magambo Yose abantu bimbwira kandi uzarushaho kubona ukuboko kw'Imana mubihe byose usigaje kuri iy'isi.

niba utarakira Yesu uyu munsi , ndagushikariza kumwakira kuko niwe wenyine usubiza ibyo asabwa abandi bose bazaguhakanira, bazakubwira ko batanabishoboye ariko muri we Byose Birashoboka! ndakwifuriza umugisha w'Imana mubyo ukora byose, Imana yumve gusenga kwawe muri byose kuko ariyo Mana yumva ibyo isabwa Yonyine!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
pstgaudin@gmail.com

Wednesday 13 July 2016

NINDE MUBYEYI URERERA EJO HAZAZA HEZA?

Muri iyi si ntakintu gishya munsi y'Ijuru. ibyakere byahozeho nkuko bibiliya ivuga, ariko usanga abantu benshi bariho iyo badatoje isi yabato kubaha ibyo bubahaga, no kugenda uko bagendaga birashoboka ko mu minsi iri imbere ibyo wubahaga abana bazaba batakibyubaha! kubera iki?

Impamvu nini ituma abubu birengagiza ibyo bigishwa ni iyihe? nuko ababigisha bavuga ibyo badakora! icyo wigishije umwana akura agenda nkawe! uyu munsi wakwibaza umwana ukuriye mw'Itorero se yararwanaga n'abagenzi be, we namara kuba umuyobozi w'Itorero bizagenda bite? ibaze wowe mushumba urugero uha umukristo ni uruhe? 

Ibaze wowe mubyeyi urugero uha abana ni uruhe? ese koko niba umubyeyi ari umusinzi ntibigoye gusaba umwana kuzaba umuntu muzima? uyu munsi ndashaka kukubaza wowe ufite inshingano yo kwigisha abandi cyane cyane abakiri bato, ubona byoroshye ko bagenda nkuko ugenda? ese wowe mubyeyi niba udaha agaciro ibyo ukora ubona abo ubyaye uzabasigira uwuhe murage?

ibintu bimwe byo gutekerezwaho:

1.Igihe cyose kubaka cyangwa se gushaka bizaba bihabwa agaciro nababirimo, bizakomeza kuba umuco wo kubahwa mubazavuka! uyu munsi ubanye ute n'Umugabo wawe cyangwa umugore? ese ubona abana mwabyaye bakwifuza kuzashaka nkuko washatse? wakwifuriza umukobwa wawe kuzabana n'Umugabo we nk'Uko wabanye na se? wakwifuriza umuhungu wawe kuzabana n'Umugore we nk'Uko wabanaga na Nyina? ibyo ni bimwe mubintu byo gutekereza mubyo dushaka kuraga abazadukomokaho!

2. Kuri wowe muyobozi w'Itorero runaka, wakwifuriza Umwana wawe kuzabana n'Imana nkuko wabanye nayo? wahitiramo umwana wawe kuzabana n'abandi nkuko ubanye nabo ubu? wahitiramo umwana wawe kuzagira intambara nkizo urwana ubu? uyu munsi wa none ukwiye kuba hari urugero utanga kuburyo abakureberaho bakwifuza gukomeza gukorera Imana! ese ubona ukora umurimo w'Ubwitange koko? cyangwa n'Inyungu ? nonese wakwifuriza umwana wawe kuzabaho mubuzima nk'Ubwo urimo uyu munsi?

Nikoko urakangurira abantu kuza mw'Itorero ryawe, ariko ndashaka kukubaza iki kibazo? uramutse uzi ibyo uzi mwitorero ryawe wakwifuza kuribamo? ibaze niba wakwifuriza abo ukunda kurangwa imigambi ufite mumutima! 

3. Abayobozi munzego zitandukanye, uwifuza amahoro ayategura kare akibifitiye ububasha, udashaka kurenganywa ntarenganya, ushaka ibyiza abiba ibyiza uyu munsi! uyu munsi wanone urwego rwose waba urimo ukwiye kugira imbuto nziza ubiba byatuma abakiri bato barushaho kwifuza gukora ibyiza kurushaho kuko waba warerekane ibyiza abandi bakwigiraho!

buri gihe igiti cyose cyera imbuto z'Ubwoko bwacyo! ese ubona ibyo ukora abantu bazasoroma iki? abana bawe, abo uyoboye n'abandi uyu munsi tekereza kuri ejo hazaza! maze wibaze uti ese nyuma yanjye abantu bazarushaho kuba beza cyangwa bazarushaho kuba babi!

abantu bose babi muri iki gihe ni ingaruka yabandi babaye babi ntihagire igikosorwa! hera uyu munsi kugira ngo urage isi ibyiza ndetse n'Umuryango wawe! uyu munsi hariho benshi barwana na Karande cyangwa Imivumo yo miryango! uramenye utasigira abawe umuvumo cyangwa karande!

ndabakunda!


Thursday 7 July 2016

AMAHIRWE YO KUGARAGAZA ICYO USHOBOYE ABONEKERA MU BYANANIYE ABANDI!

1Samuel 17:17

Bukeye Yesayi abwira umungu we Dawidi ati"Gemurira bakuru bawe efa imwe y'Ingano zikaranze n'aya marobe y'Imitsima cumi, wihute  ubishyire bakuru bawe mu rugerero.

sinshaka kugutindira mu mateka cyane ya dawidi, ahubwo ndashaka kugira ngo numara gusoma ubihuze n'Ubuzima wibonamo uyu munsi maze ukaba wakwibaza uti ese gutabarwa kwanjye kuzavahe? ahari ujya wibaza uti ese aka kazi nkora gasuzuguritse, ahari nturi mubantu bahamagarwa mugihe bakeneye abantu b'Ibigango, b'abanyabwenge, n'ibindi kuko baba barebesha amaso y'Umubiri ko udashoboye.

Dawidi yari muntu ki?  Dawidi yari umuhungu w'Umuhererezi mu nzu ya se, ikindi yari afite bakuru be beza kandi b'Imbaraga. mugihe Abisiraheli barwanaga abahungu ba Yesayi ba banyambaraga nibo babanjye kugenda, Dawidi kuko yari umusore muto yasigaranye n'ababyeyi, kuko buri gihe umwana muto niwe usigara. mugihe cyo gusigara murugo rero niwe ufasha ababyeyi imirimo.

Niba nawe uri umwana muto Iwanyu wabimenya, kuko burya niwowe umenya inka n'Ibindi iyo wasigaye murugo. igihe cyaje kugera rero akajya agemurira bene se! nkuko bisanzwe abyuka nkabandi maze yerekeza aho bakuru be barwaniraga, ahasanga amakuru adasanzwe aho Goliyati yavugaga ati umugabo naze turwane natsinda turaba abacakara banyu, ayo magabo usomye yose bavuga ibyo byateye Umwami n'Ingabo ze ubwoba cyane.

Amahirwe yo kugaragaza icyo ushoboye abonekera mubyananiye abandi, Buri gihe intambwe yose utera bigusaba kwiyemeza guhangana n'Ibibazo bisa nibikurusha ubushobozi, Dawidi rero yaje kuza asanga abantu bose batinye, maze we afata umwanzuro wo kugerageza! simpamya ko Imana itari kumwe n'Ingabo za Isiraheli kuva kare hose, ahubwo abari kurugamba bose ntibari bayizeye bingana nuko dawidi ayizeye!

reka nkubwire ko Ikibazo cyagutsinze hari uwo wibwira ko atakibasha, Imana ishobora guhagarana nawe igakora ibikomeye. Dawidi yagiye agemuye ahageze ahura n'Itangazo ry'Akazi maze yiyemeza kugapiganirwa! gupiganirwa kwica igihanda n'Ikintu gikomeye. Reka nkubwire ko ufite ikintu cyaniniye abandi aho ukorera, aho wiga, aho usengera, muguhugu cyawe. igihe cyose wiyemeje kugitsinda uzagororerwa!

yewe naho yaba ari icyaha cya naniye abandi ukwiye kwiyemeza ukagitera mw'Izina rya Yesu. nikoko birakomeye ariko hamwe n'Imana ubasha gutsinda urwo rugamba. ndifuza kukubwira ko ntamuntu waguhebere gukora ibintu bisanzwe, Imana ifite intwari zanesheje, dufite abagabo n'Abagore mu bwami bw'IMANA bahora batsinda ba Goriyati, nuko mbere baba batiyambajwe, gusa iyo babonye ubutyo ntibavuga ngo reka turebe uko bigenda, biyemeza kwitanga vuba rwose maze bagakora kugira ngo amahirwe abandi ananiwe kubyaza umusaruro bo bigeragereze!

ndabifuriza kurwana n'Ibibarwanya byose mufite kwizera, yaba ibyaha, ubukene n'Ibindi, ntiwite ku majwi akubwira ko bidashoboka, kuko amajwi menshi yabwiye Dawidi, nyamara we ntiyabumviye ahubwo yumvaga uko biri kose azatahukana itsinzi, kwiyemeza kurwana na Goriyati nubwo abandi baba babinaniwe, buri muntu rero kugira ngo agire urwego agereho bimusaba guhurira ahantu na Goriyati agomba kwica kugira ngo agere kuyindi ntera!. birashoboka ko Goliyati wawe ari ubusambanyi, ubusinzi, ubujuru, amagambo n'Ibindi, maze wabwira abantu uti nyamara ndabireka bakaguseka! ariko wowe ubime amatwi ufate Umwanzu nkuwo dawidi yafashe.

Nyuma Yo gutsinda goriyati wawe, uzazamurwa muntera, uzambikwa imidali ikigeretse kuri ibyo uzahabwa ubugingo buhoraho. iyo umuntu atsinze goriyati we aba agiye kugera kurundi rwego, ukava ku kugemura ibiryo ukagera ku kuba umukuru w'Ingabo!

Pastor Gaudin
New Jerusalem Church