Wednesday 31 May 2017

HUMURA IMANA IGUHAGURUKIRIJE ABAKWIFURIZA INTSINZI!

Zaburi 35:27 

Abakunda ko ntsinda nk'uko bikwiriye nibavuze impundu bishime, iteka bavuge bati "Uwiteka ahimbazwe".

N'ubwo mw'isis abantu benshi batakwishimira ko utsinda bitewe n'ishyari n'ibindi bitandukanye, ndashaka ku kubwira ko bidashoboka ko ubura abakunda ko utsinda uko bikwiiriye. nabonye aho abantu batishimira ibyiza byabagenzi babo, aho abantu bahora bumva wahora hasi, yewe watera imbere bigasa naho bibatunguye, ariko niba gutera imbere kwawe hari abo bitungura ni icyerekana ko bari baragushyize ahantu mu mitwe yabo bavuga bati ntacyo azageraho.

Ni kesnhi abantu bavuze ko utaziga ngo urangize ariko Imana ikunda ko utsinda, ikagutsindishiriza, niyo mpamvu yu munsi ufite ishimwe, hari abavuze ko utashaka none uyu munsi wakoze ubukwe, bavuze ko utazabyara none Imana yarakwibutse, nubwo abenshi batabyishimira ariko nureba iruhande rwawe urahasanga abantu Imana yashyize mubuzima bwawe bishimira ko utera imbere Yego ni bake ariko nibo bingenzi.

Gutera imbere kose kugira abakurwanya, ariko ndashaka kugutangariza ko Imana igiye kuguhagurukiriza abantu bakunda ko utsinda, baziyemeza gukora ibintu bitandukanye kugira ngo bakubone ufite umudali wizahabu, buri gihe Imana ikoresha abantu nkuko na Satani akoresha abantu, ariko ndumva umutima umbwira ko kubera ko wizeye Imana, Igiye kuguhagurukiriza abantu bagushyigikira, kandi watsinda ntibakugirire ishyari, ahubwo bakanezezwa nuko wateye imbere yewe naho wabarusha, kuko Imana iyo iguhagurukirije abantu ntibakubonamo ko bidashoboka ahubwo babonako wakora byinshi no kubarenza nyamara bikabashimisha kukubona utera imbere muburyo bwose.

Ndashaka kukubwira wowe ukiri muto Hanga amaso Imana, iraguhuza nabantu bawe, nimvuga umuntu wawe nturebe ku muryango kuko uzasanga no mu muryango wawe habonekamo abakurwanya, abatakwifuriza ibyiza, abagira ishyari ry'ibyo Imana igukoreye ariko Imana ishobora byose izaguhindurira abantu kandi uzisanga uzengurutswe nabantu bakwifuriza ibyiza, ndetse bakunda ko utsinda nk'Uko bikwiriye. hari abantu bakunda ko dutsinda ariko tugatsinda uko babitekereza, kugira ngo ntitubarushe, ariko ndashaka kubwira ko Imana iguhagurukirije, abantu Niba ubyizeye utangire urebe hira no hino aho kubona abakurwanya uratangira guha agaciro abishimira ko utsinda kuko barahari.

Ndakwifuriza kurushaho gukomeza kwaguka no kumena ko Imana ariyo mugenga wa byose, uko biri kose uyu munsi ushobora kubona udafite intsinzi ihagije, ariko Imana niyo ijya ihuza umuntu n'Umugambi we, aho gukererwa no gutinda kurugamba ukabaho uririmba ishimwe n'itsinzi, ndakwifuriza kugera mugihe cyo kuririmba intsinzi, kuko igihe umaze abantu bavuga ko byanze uyu munsi Imana ikwiyereke, ibintu nibijya mu buryo aho bagusebereje niho bazagusingiriza! 

Ndabakunda!

Tuesday 30 May 2017

IBIMENYETSO BITANU BYEREKANA INTAMBWE ZO GUSUBIRA INYUMA!

Abaroma 1: 18-32

1. GUKUNDA IBYO WANGAGA UKIMARA GUKIZWA: Ugikizwa bakwitaga umuhezanguni, bakwitaga nzakagendana, babonaga udakunda ibyaha yewe, banywera itabi aho wicaye ugahaguruka, inzoga byo sinakubwira ntiwicaranga nabazinywa, yewe abakubonye bose batangiye kuguhimba amazima ngaho ngo wabaye Pasitori, wigize umudiyakoni, wabaye nzakagendana, wangaga urugomo n'ibindi byose, wibuke urasanga urakundaga urwenya wirindaga gusebanya n'Ibiganiro bibi, ariko wirebye ubu ushobora gusanga usigaye ku magambo yo mundirimbo gusa waramaze kugwa no gusubira inyuma. nubona ibyo wanganga usigaye ubikunda uzisuzume neza urebe nibantaho wavuye ukangwa.

2. KWANGA IBYO WAKUNZE UKIMARA GUKIZWA: Ukimara gukizwa disi wakundaga gusenga, guterana, wumvaga gutanga icyacumi wabikora bataguhase, yewe witangaga umaramaje, wakunda kugira inama abandi, wakunda gukora ibyiza, ntiwitaga gushimwa n'abantu, ibyinshi wakoraga udashaka ko babiguhembera, umuntu yagushimira ukumva Imana niyo ikwiye gushima, wakundaga kwicisha bugufi, mbega ukuntu wubahaga abashumba bawe, uribuka ukuntu wasomaga ijambo none ubu dore guterana byabaye amateka, ibaze nawe ukuntu ubu usigaye ukunda kugorobereza mu kabari, aho kujya mu materaniro, guca bugufi ubiheruka ubwo ibaze aho wavuye ukagwa maze wihane Imana ikubabarire.


3. KONGERA KWIYEGEREZA INSHUTI MWABANAGA MUKIRI ABAPAGANI: Ibuka ukuntu ugikizwa wabonye izindi nshuti, ibuka ukuntu abo mwasangira bakwise umuntu wa ntakigenda, nuko ubavamo uva mu mudugudu wanyu usezera urungano rwabaga mu byaha wiyegereza abasenga, yewe abo ntamwari muhujwe n'Ubwoko, akarere cyangwa amaraso ahubwo mwari muhujwe n'umugisha wo kumenya Kristo, Dore ubu ngubu kubera gusubira inyuma wisubiriye mu nzaganano, usigaye utekereza uti bariya ni abavandimwe, twariganye, yewe twaraturanye nyamara wibuke ko batarakizwa ukwiye kwihana ukagaruka mu nzira


4.GUTINYUKA IBYAHA BITO N'IBININI: Wirindaga icyaha, yaba gito cyangwa ikinini, wirindaga ubusambanyi, yewe icyo gihe no kwegera umukobwa cyangwa umuhungu wabanzaga gusengera mu mutima, no ubu usigaye wumva ari ibisanzwe, gutangira kugura twa champagne, ukivugisha ngo ni utwo kwakira abashyitsi bawe, nyamara ugikizwa wari wanze imigambi yose ya satani, none dore utangiye kubona ko bimwe atari ibyaha, ariko ukwiye kumenya ko wasubiye inyuma ukihana.


5.KWIBERA UMUHAKANYI: intambwe ya nyuma umuntu wese ageraho ni ukuba umuhakanyi aho noneho ubu usigaye uvuga abakozi b'Imana nabi yewe udasize n'Imana, ubu urwanya ibintu by'Imana, ya maturo watanganga wumva ari ikibazo, buryo umuntu wese wasubiye inyuma ntashobora kumenya agaciro ka maturo n'inkuko Umuntu udakunda igihugu atamenya agaciro k'imisoro, burya abantu bavuye mu murongo bose baharabika ibyo bananiwe kubamo neza, muzumva abantu bavuga nabi itorero si abagihagaze ahubwo ni abigeze gukomera hanyuma bakagwa. ndakwifuriza kwibuka aho wavuye kangwa byatuma wihana ugasubira hafi y'Imana. Imana iracyagutegeye amaboko.

Uwakijijwe wese akwiye kwibuka ko gukizwa ari byiza, Petero we yaravuze ati gusubira mu byaha nink'uko imbwa yaruka hanyuma igasubira ku birutsi byayo, ndakwifuriza kongera no gukomeza Kugira imbaraga zo guhamya Imana kandi ugakora iby'Ubutwari, Hitamo Yesu mwuka wera azagushoboza kubaho ubuzima budahakana ibyo wemeye.

Ndabakunda! 

Friday 26 May 2017

ESE HARACYABONEKA ABUNGERI BEZA BARAGIJWE UMUKUMBI W'IMANA?

Image may contain: 1 person, standing and suit
Yohana 10:11

Ni njye mwungeri mwiza. Umwungeri mwiza apfira intama ze, ariko uragirira ibihembo, utari Umwungeri bwite kandi n'Intama atari ize iyo abonye isega rije asiga intama agahunga, isega rikazifata rikazitatanya, kuko ari uwibihembo, arahunga ntiyite ku ntama.

Aya ni amagambo Yesu yavuze, ati nijye mwungeri mwiza, kuko ntakorera ibihembo no gushimwa n'abantu ahubwo nkorera Data kandi nziko ibya Data ari ibyanjye, Muri iki cyanditswe ndashaka ku magambo akomeye Yesu yahamije, ubwo yigishaga yavuzemo ibintu nka bine.

1.Umwungeri Mwiza: 

kubantu bazi ibyo korora, umwungeri ni umuntu uragira amatungo kandi akayitaho neza, ntibisaba kuba izo uragiye ko ziba izawe bwite, ahubwo bisaba kuba uri umwizerwa kuburyo nyiri intama yakwizera ukazahura akizera ko utazikomezanya ahubwo uzanjya uzicyura amahoro! burya nyira intama ashobora kuzitaho iyo yabuze umwungeri w'Umwizerwa wahamubera akamukurikiranira ubuzima bw'Intama. mbahaye urugero abantu babaye abungeri kandi bakabikora nk'ibyabo harimo Mose waragiriye sebukwe igihe kitari gito ntaburiganya yakoze ahubwo yahakuye umugisha, urundi rugero ni Yakobo nawe yabaye umwungeri w'ubushy bwa Labani kandi nawe ukubiko kwe kwiza kwatumye imikumbi ya Labani yororoka kugeza igihe yakobo aherewe umugabane kwa Labani.

Umwungeri aba mwiza igihe cyose yahawe ububasha bwo kwita ku ntama nkize,  Ndibuka ko kera twagiraga umushumba w'Inka, ariko Data yajyaga amwizera cyane akahura inka zikirirwa mu mashyamba zirikumwe n'umwungeri, ariko nimugoroba ukabona ziratashye, muri iyi isi iyo abugeri atari beza bazimiza izo baragijwe kandi baragiye.

2.Umwungeri mwiza apfira Intama ze

Witegereje akaga kaba mu mashyamba, ukareba uko intama zirushya, izijya kona mu mirima yabanyamwaga, hari abungeri bamwe bicwa nabantu kubera ko intama zabo zonye, abandi bicwa n'intare n'impyisi bashaka gukiza intama, abandi birirwa ubusa bashakisha ahari ubwatsi bakanezezwa nuko intama zishishe, iyo habaye icyahungabanya intama umwungeri mwiza yitanga mbere. Ndibuka ko igihe inka yabaga ibyariye mwishyamba, umwungeri yashyiraga inyana kubitugu akarwana agira ngo hatagira inyamaswa yakwica iyo nyana cyangwa intama, murebye Dawidi arwana na Goliati yagize ati najyaga nica idubu nkazaka intama, aho kwemera ko ubuzoma bw'Intama bujya mukaga umwungeri mwiza atanga ubuzima bwe, niyo mpamvu burya iyo uragijwe ukaragira neza nawe uhabwa umugabane mwiza kubyo so atunze, Dawidi nubwo yaragiraga intama za se ntiyaragiriraga ibihembo, niyo mpamvu yashyiraga ubuzima bwe mu kaga kugira ngo atazimiza intama n'Imwe.

3.Iyo umwungeri aragirira ibihembo:

Muzabyumva ahantu hatandukanye, umuntu akakuganirira ati umushumba wanjye bambwiye ko yasize intama zonyine, ugasanga nyiri ntama yataye umutwe, igihe cyose umungeri aragiriye ibihembo, agakunda ibihembo kurusha gukunda izo aragiye, biroroshye ko yazita akagenda, umushumba uragiye intama akwiye kuba azikunda ataragirira ibihembo, simvuze ko guhemba abungeri atari ngombwa, ariko ibihembo bya bungeri bikomeye nukubona izo uragiye zishishe zimeze neza, igihe cyose bimeze bityo ntiwirirwa usaba ibihembo kuko ubwazo zigutangira ubuhamya, najyaga mbona ababyeyi banjye bavuga bati nimukama mwisigarize ayanyu, burya abungeri beza batungwa nizo baragiye,iyo zitabatunze baragisha bakazishakira ahari ubwatsi, aho kuzigurisha no kuzibaga, mubintu nabonye mu bantu bakunda korora nuko yabaga intama ye gusa, ntawe numvise abaga intama ze kuko amazi yabuze, ahubwo ajya kuyashaka. uragirira ibihembo asiga intama akazita, niyo mpamvu iyo umwungeri aragirira ibihembo yita ku bye aho kwita kuzo aragiye.

4.Ninde mwungeri bwite? 

Reka mvuke ko abantu bose batumva ibintu kimwe kuri iki kintu, ariko reka nibaze nti ese intama Dawidi yaragiraga zari ize? Dawidi yaragiraga intama za se Yesayi, buriya abana bose ntibafata ibintu kimwe muribuka umugani wumwana wikirara, sishaka kuwutindaho ahubwo ndashaka kukwibutsa ko hari umwana murugo waragiraga asa nuragirira ibihembo byamenyekanye ubwo yabwiraga se ati kuva nabaho nturampa nagasekurume ngo kabage nishuti zajye, nyamara urebye ibirori byose se yabaze ibimasa ishuti zuwo mwana zabaga zihari, ariko yari yifitemo inari jye(selfshness). aho umuntu aba ashaka akantu ke, kanditse ku mazina ye, ariko Dawidi ntiyigeze avuga ati nkeneye agatama kuko yari aziko izo aragiye ari  iza se, kandi iza se nizo ze. ubundi ibya Data nibyo byacu.

Reka ngaruke mu murimo W'Imana, Yesu yaje mw'Isi, aza ari umwungeri mwiza, kandi Yerekanye uko abandi bose bashaka kuba abungeri bagenza, niko kwitegereza Petero ati Ragira intama zajye Yohana 21:15-17, Yesu yabwiye petero nyuma yo kumubaza gatatu ko amukunda! Igihe cyose umwungeri akunda nyiri ntama, agirira neza intama ku bwa nyirazo. kandi iyo umwungeri akunda intama ntazimiza n'imwe muzo yaragijwe, niyo mpamvu uyu munsi wa none Petero yasigiye abandi, niko Pawulo yasigiye Timoteyo nabandi kugeza uyu munsi. gusa muri iki gihe hadutse abantu benshi bashaka kuba abungeri b'Intama z'Imana ariko badakunda Yesu! Igihe cyose ubaye Umwungeri w'Intama z'Imana udakunda Imana, uba ukorera ibihembo.

Muri iyi isi abantu benshi bakorera ibihembo bitandukanye, hari abakorera Icyubahiro, abakorera gushimwa nabantu, abakorera imiryango, abikorera, ariko ukwiye kwisuzuma ukibaza uti ese nkorera ibihembo? nababwiye ko umukozi wese akwiye guhembwa, ariko igihe umukozi aje kugusaba akazi ukabona yitaye ku mushara we gusa uwo mukozi aba ari mubi, Muzumva abashumba basiga intama bavuga ko umushara wabaye mucye, muzumva abagira bati nta nyungu ihari, ariko gukorera Imana ntibyigeze bibura inyungu, kuko igihe cyose umunezero wawe uzaba ari ibyo kurya aho kuba abakizwa uzaba uragirira ibihembo, kandi uragirira ibihembo iyo ibirura bije asiga intama agahunga.

Hanze aha dufite intama zatatanye, aho usanga abashumba bamwe barasize amatorero, bakigira muri amerika, abandi bagasaba ubuhunzi, abandi bagasenya amatorero barimo ngo bagiye gushinga andi, ariko abo bose nuko baragirira ibihembo. Yakobo,  ntiyigeze ajyana intama za Labani, yatangiye bushya, kandi nta ntambaraga zabaye. abashumba baragirira ibihembo baragenda bakamera nk'inkoko zibundikiye amagi atari ayazo. Buri muntu azahemberwa icyo yakoze, niba hari abo wabwirije, abo wabatije, niba ukomeza kuvuga ijambo ry'Imana urahirwa, wikorera ibihembo ahubwo reka Imana iguhembere icyo urimo kuyikorera. reka kwirwanirira Imana izakurwanirira, ndabizi neza ko ntacyo uzaba Imana irikumwe nawe. naho imitini itatoha ninzabibu ntizere imbuto ntakabuza ko Umwungeri mwiza azakomeza kwiringira Imana.

umungeri mwiza ntaterwa ubwoba n'ibikangisho bya satani, ntaterwa ubwoba nuko ntabiryo, ntaterwa ubwoba ni nzara ni inyota kuko aba azi neza ko muri byose Yesu ariwe umuha Imbaraga.......imigani 24:Nugamburura mu makuba Gukomera kwawe kuba kubaye he? Nsoze mbwira abantu mwese mufite umuhamagaro wo gukorera Imana(kuba abungeri)n'abandi...nti Mukomere kuko Uwabahamagaye azabakomeza kugeza kumperuka. 


Ndabakunda!

New Jerusalem Church




Thursday 11 May 2017

Do I Love Gay People?

Brian Houston
I love and care about people – from all walks of life; people with various beliefs, ethics, perspectives and lifestyles. I care that humanity and some within the Christian church can be so quick to alienate and ostracise others who are different than them; those who live differently, think differently, speak differently.

I also live by my own convictions, and hold to traditional Christian thought on gay lifestyles and gay marriage. I do believe God’s word is clear that marriage is between a man and a woman. The writings of the apostle Paul in scripture on the subject of homosexuality are also clear, as I have mentioned in previous public statements.


Hillsong Church welcomes ALL people but does not affirm all lifestyles. Put clearly, we do not affirm a gay lifestyle and because of this we do not knowingly have actively gay people in positions of leadership, either paid or unpaid. I recognise this one statement alone is upsetting to people on both sides of this discussion, which points to the complexity of the issue for churches all over the world.


I love and accept people on a personal level and if I lived next to a gay couple I would treat them with the same embrace I would any other neighbour because – surprise, surprise – not all my neighbours think like me. Everyone has the right to pursue happiness. I may totally disagree with you on what will bring people true happiness, and I will always teach and preach according to my personal convictions and the teachings of scripture, but I cannot make other people’s choices for them – and quite frankly, I don’t want to. That’s not my job. Even God created humanity with a free will.


The western world is seemingly moving quickly toward gay marriage being universally legalised, so how does that affect us as a church, and how does it affect the various individual members of Hillsong Church? I believe we can quite comfortably continue to function within that environment, presuming we are not forced through legislation to compromise our own convictions. Gay marriage is already legalised in many places where Hillsong Church exists, and we are functioning well and without impediment.
Everyone is welcome at Hillsong church except for known predators, those who are disruptive, or those who have adversarial agendas.


So if you are gay, are you welcome at Hillsong Church? Of course! You are welcome to attend, worship with us, and participate as a congregation member with the assurance that you are personally included and accepted within our community. But (this is where it gets vexing), can you take an active leadership role? No.
This won’t make everyone happy and to some, this stance may even be seen as hypocritical. We are a gay welcoming church but we are not a church that affirms a gay lifestyle.


I began this conversation with, “I love and care about people – from all walks of life; people with various beliefs, ethics, perspectives and lifestyles. I care that humanity and some within the Christian church can be so quick to alienate and ostracise others who are different than them; those who live differently, think differently, speak differently.” Bobbie and I were in an elevator today with a Saudi Arabian woman dressed in Muslim attire. We had a conversation in those few moments and her face lit up with the biggest, warmest smile. As she left we said to each other, ‘what a lovely lady’. Does that mean I now endorse her religion? No it doesn’t, but if she was my neighbour I would definitely invite her over for a cup of tea, or be there for her if she was in need.


I care about people and yes, I do have gay friends. Jesus had many friends that angered the religious and brought him condemnation from many. He endorsed a humble sinner and condemned a self-righteous Pharisee. He would be the same if His time on earth as a man was in our generation, confronted with the social issues we face and are forced to address today.


If God had wanted to condemn the world He would have sent a condemner. But He didn’t, He wanted to save the world so He sent a Saviour. John 3:17.
Love,

Brian
Hillsong,com