Friday 31 August 2018

HARI UWO UJYA UZIRIKANA ARIKO UKABURA UBURYO

"Hari benshi tuzirikana, ariko hari nabatuzirikana, Aho niho hahishe Surprise Imana idutegurira"

Abafilipi:4:10
Nishimiye cyane mu Mwami wacu kuko na none nubwo byatinze mwongeye kunzirikana, Icyakora mwaranzirikanaga  ariko mwaburaga uburyo.


Mubuzima bwa Buri munsi tubamo, tugira inshuti, abavandimwe, ababyeyi, abashumba nabandi bantu benshi baba mubuzima bwacu badukunda, batwifuriza ibyiza, baba bashaka ko watera imbere, mbese bakabaho biteguye kugufata amaboko ngo babaone icyo Imana ikuvugaho gisohora.

Bene abo bantu ushobora nawe kuba ubabona mubuzima bwawe, bashobora kuba umuryango wawe, inshuti zawe, abakuzi, abo mwiganye, nabandi batandukanye muhujwe n'urukundo bagufitiye. Burya nubwo waba utunze byinshi uko byagenda kose umugisha ukomeye ni abantu Imana yakuremeye ngo bakube hafi, nucika intege bakuzamure, nugira inyota baguhe amazi, abo bose baba ari abakozi b'Imana ishyira mubuzima bwawe ngo nawe ukomeze uyishime.

Pawulo uwo yashimiraga abafilipi, yabashimiraga uburyo bamuba hafi mubihe bitoroshye byo kuvuga ubutumwa, gukorera Imana, bamufashaga ngo akore umurimo  atagira icyo akena, nkuko uyu munsi nawe ushobora kuba warize amashuri hari ugufashije, warakoze ubukwe hari abagufashije, icyo wagezeho cyose byaba nubuyobozi ukeneye abagutora bakaguha ijwi ryabo, abo bose badufasha mubihe bikomeye usanga ariwo mugisha duhura nawo kandi Imana iba yaraduteguriye.

Nubwo wakwihagararaho, ugasa naho ntacyo ukeneye mubantu, ndakumenyesha ko Imana itaduhaye byose, Hari mbyishi mfite byagirira abandi akamaro  Ariko Hari nibindi abandi bafite byangirira akamaro, kuko turi ingingo zigirirana umumaro, Kubaho kwawe ukwiye kumenya ko kwagirira abandi akamaro kandi nkuko kubaho kwabandi gufitiye abandi akamaro.

Ndashaka kukubwira ko ikibazo atari abakwifuriza inabi, ahubwo ukwiye gusenga kugira ngo Imana iguhindure umugisha wa benshi, ariko kandi ihe imbaraga abakwifuriza ibyiza kubigeraho. Abantu bifuza kuduhesha umugisha usanga rimwe na rimwe badafite uko bagira, Usanga ufite umutima wo kurihira abana b'Impfubyi ntabushobozi afite, usanga ufite umutwaro wo kubaka uruswngero nta bushobozi, usanga uwifuza kukubona umeze neza ntaburyo.

Nubwo aba akuzirikana ariko ntaburyo, ndashaka kukubwira ko abafite uburyo bose batakuzirikana, ahubwo ukwiye gusengera abakuzirikana bose bakabona uburyo. Ntakintu kibuza amahoro nko gushaka kugirira neza umuntu ariko ukabura uburyo.

Ndakwifuriza guhuza nabagushyigikira, aho guhura nabaguca intege, ndakwifuriza guhura nabakuvuga neza aho guhura nabagusebya, ndakwifuriza guhura nabagufitiye impuhwe aho guhura nabashaka ko utagira icyo ugeraho. Imana niyo irema, Umugabane Ababyeyi bataguhaye wawuhabwa n'Imana, amashuri badashoboye kukwishyurira ntagutere ubwoba ni benshi bize batarihiww niwabo, abakwanga sicyo ukwiye kwereka Imana, ahubwo ukwiye gusenga Imana Uyibutsa guha umugisha abakwifuriza ibyiza kuko nubwo bacecetse Barakuzirikana,Imana ihe umugisha abatuzirikana, kandi iduhe umugisha ku bw'abo tuzirikana








Gaudin Mission International

Thursday 16 August 2018

KWIHERERANA IMANA BIGUKURA MU KIVUNGE NO KUMVIRANA

Mariko 4:34

Ntiyavuganaga na bo atabaciriye umugani,ariko agasobanurira abigishwa be byose biherereye.


Mbanje gushima Imana ko hari byinshi yahishe abanyabwenge, ikabihishurira abaswa, iyo Imana iza gukorana na banyabwege gusa abantu bari kwibwira ko Imana bayumvisha ubwenge, yewe niyo iza gukorana nabaswa gusa nabwo abantu bamwe bari kuzajya bagira bati biriya n'ibyabaswa.


Kera nakundaga kumva bavuga ngo ibintu by'abarokore nibintu by'abantu batize, ubu rero abarokore barize, bajyaga bavuga ngo abarokore ni abakene, ubu harimo abantu batunze kandi bubaha Imana, none ukurikiranye usanga imvugo yarahindutse ubu baravuga ngo mubarokore harimo amafranga! ababivuga bose kuko atari abarokore kuko batazi amabanga y'Imana byose bambyumvira mu migani.


Abantu benshi baza munsengero, yewe ukabona bumvise ibyavuzwe ariko wakurikirana ugasa sibenshi basobanukiwe, hariho itandukaniro ry'ibyavuzwe nubusobanuro bwabyo. Ibyo tubona cyangwa twumva byose iyo utihereranye Imana ntiwamenya impamvu yabyo, noyo mpamvu kwihererana Imana bitera umuntu kumenya ibihishwe, no kurushaho kumenya ibihe n'umugambi w'Imana mu buzima bwe.


Ubuzima bwajye natangiye kubaho neza igihe namenye kubana na Yesu twenyine, ibyo abasore bagenzi bajye babona, cyangwa bumvise njyewe nkabanza nkihererana n'Imana, byankuye muruvuganzoka binyegereza aho Imana ivuga nkayumva, aho imburira nkabimenya, aho inkebura nkemera ibyo imbwiye kugira ngo nkomeza kujya mbere.


Ubuzima bw'Ikivunge, ubuzima bwo kumva gusa ntasobanukiwe bwarangiye igihe namaze kumenya kwihererana Imana, nkayisenga nkasoma ijambo, byahinduye ubuzima bwajye, nawe ndashaka kugukangurira kwegera Imana, niwegera Imana nayo Izakwegera kandi izagusobanurira ibyo wumva nibyo ubona ariko udasobanukiwe.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Imana iguhe umugisha


Gaudin Mission International

Tuesday 24 July 2018

IMANA IKUBEREYE AHO UTATUMIWE HUMURA! Pastor G.Mutagoma


1 Samuel 16:10
Nuko yesayi amurikira Samueli abahungu be  barindwi, Maze Samweli abwira Yesayi ati"Aba Si bo Uwiteka yatoranyije, Samweli abaza Yeasayi ati " Abana bawe bose ni aba?"

Mw'isi yo kubyara abake dushoboye kurera, Mw'isi ifite ibyo ishingiraho kugira ngo umuntu bagenzi bemereko nawe yagaragara mu bandi nta pfunwe, mw'isi ifite uko yigabanyijemo aho ndetse n'Ibihugu bimwe byitwa ko byasigajwe inyuma, cyangwa bidakwiye kwicarana n'Ibindi muruhando rw'abafata ibyemezo, Isi yuzuye gusuzugura abo mutiganye, mutareshya, n'Ibindi niyo si Imana igikoreramo ibikomeye, niho Imana igikura bamwe mw'ivu ikabicazanya n'Ibikomangoma, bimwe bitera abantu benshi kwibaza kubandi bamwe bagira bati: Uriya yicaye hariya nka nde? 

Isi yuzuye kurobanura kubutoni, aho n'ababyeyi bashobora kurobanura bashingiye kubintu bitandukanye, aho bagira abati uriya mwana niwe uzana amanota twifuza, niwe mwana mwiza muremure, niwe mukire cyangwa umunyantege nke n'Ibindi abantu bashingiraho begeza abandi inyuma cyangwa Imbere, biteewe n'Impamvu zabo bwite, Ariko Imana ishimwe ko itareba nk'uko abantu bareba.

Iyi nkuru ya Yesayi ushobora kuba uyizi, yari afite abana ariko akagira n'Umuhererezi, reka mvuge ko ari wa mwana wavutse nyuma y'abandi, muri iki gihe yaba yaravutse nyuma ya family planning, kuko birashoboka, hari abana bariho nyamara ababyeyi bari barafashe umwanzuro wo kutongera kubyara, bigasa naho bibagwiririye, ibyo byose bishobora gutera uwo umwana kubaho afashwe bitandukanye n'abandi nubwo atari ikintu cyiza, niko rimwe narimwe dusanga ubuzima bumeze.

Yesayi mubo yahaga amahirwe yo kuzakomera Dawidi ntiyarimo, mubo yahaga amahirwe yo kuzaba intwari ntiyarimo, bigaragarira igihe Samweli yamubazaga abana be, maze akamwereka abana barindwi uwa munani kuko atari umbwa mbere bamwibagirwa mu bintu bitandukanye, nubundi yaramwibagiwe, ariko nubwo so na nyoko bakureka Imana yo ntiyakwibagirwa.( niyo mpamvu yagize ubwo data na mama bazandeka Uwiteka we ntazandeka) zaburi 27:10. 

Imana yawe iragukunda kuburyo itazemera ko urengana, ibi nimbikubwira umenye ko iyo udafite imbaraga zirwana, mw'Isi yuzuye abarenganya benshi, Imana niyo ikurwanirira, mw'Isi yuzuye kwikunda Imana niyo Ikurengera, kuko Imana itareba nk'abantu ishobora kuba hari benshi yagaye wowe urahantu hadakwiye ikaba ikwitegereza, komeza umurava, ukore ibyo ukwiye gukora ukomeze wiringire Imana, yo itanjya ihezwa aho bafatira imyanzuro ndabizi ko izakubera ijwi rikurenganura igihe cyawe kizagera ubone agakiza kayo.

ushobora kuba nawe usa na Dawidi, aho uri ntamuntu wakuvugira, iyo babajije uwahabwa promotion ntawakuvugira, babaza, uwagirirwa neza ntawakuvugira kuko aho uri niho abantu batekereza ko ukwiye kuguma, nkuko Yesaya yatekerezaga ko Dawidi akwiye kuguma aragiye Intama, niko nawe abantu bagutekereza, ariko kuko Imana yawe itanegurizwa Izuru, komeza uyiringire ukore ibyiza, wirinde ibyaha nubwo waba usa nahaciriritse Imana yawe yiteguye kukuzamura mu gihe gikwiye. ndakwifuriza kwibukwa n'Imana muri ibi bihe, mu manama aba udahari, mu birori biba utatumiwe, Imana yakugerera aho utagera komeza uyiringire.

Pastor G.Mutagoma
New Jerusalem Church