Saturday 5 October 2013

IBINTU BITATU BITUMA ABAKRISTO BESHI BAGWA!



Isomero
1.Kutagira Imana mubuzima bwacu 
2.Kutamenya Umwuka Wera
3.Kudasobanukirwa agakiza.

1. Kutagira Imana mubuzima bwacu 

Hari itandukaniro hagati yibyo tuzi nibyo twizera.Kwizera kuza iyo dushyize umutima kubyo tuzi,tukabisubiramo kugeza aho bihindutse ubuzima bwacu bwa buri munsi !
Urugero :umujura usenga agiye kwiba,yizerako Imana yamukiza ,ariko akibagirwa ko Imana ishobora ku muha ibyo akennye !Kubera iki ?kubera ko atabyizeye,si ukuvugako atabizi ahubwo  ntiyabishyizeho umutima,cg abifata nkibyorohsye 
Ariko twagakwiye gufata Umwanya tugatekereza ku Mana!ku ma sezerano yayo,nibwo ijambo twiga,ubumenyi dufite ku Mana buzatubera ubwigiciro !
Namaze imyaka myinshi ndi umukristo ariko ntizera ko Imana yangirira neza,ntago mvuze ko ntari mbizi,ntago bivuze ko ntasengaga,ahubwo sinari nagafashe umwanya ngo ntekereze ku bugira neza bw’Imana.
Ps 46.10

2. Kutamenya Umwuka Wera

Nibahari uwo twibagirwa cyane ni Umwuka Wera ,hamwe ntanubwo bamwigisha;ariko iyo turebye igihe Yesu yasohokaga mu murimo wo kw’isi amagambo yavuze ya nyuma yari muzahabwa Umwuka Wera,abigishwa be ba murangaza akabitsindagira. Ni ubwibone iyo UmuKristu ashatse kubaha Imana ntamwuka Wera,kandi Imana yanga abibone,kwakagomby kwemera ibyo tudashobboye kugirango dusabe Imana noneho nayo ibonereho idufashe,ariko ni twifungirana,ntaho izanyura idufasha ,noneho natwe tuzababazwan’imwitwaro turati dukwiriye gukora twenyine!
kuko ningombwa ko duhabwa,tubatizwa mu Mwuka Wera kugirango tubashe  ubuzima bwa Gikristu!Nitwabushobora atadufashije !
Zecharia 4.6

3. Kudasobanukirwa agakiza.

“Ese wizerako Yesu aje aka kanya wagenda?”
Abakristo benshi ntibabasha gusubiza, kuko batasobanukiwe uko bikwiriye umurimo Kristu yakoze kumusaraba!
Benshi ntago babasha gutandukanaya gukizwa no gukura mubyumwuka!
Gukizwa n’impano y’Imana natanga urugero:Umwami yasabye umwana we gukora umurimo ukomeye,umwna  arangije asaba se ko ya mwugururira abagaragu bafunze kuko yashakaga ko bamubera abavandimwe,nuko se aramubwira ati :”ntakibazo ukwizera wese nzamurekura!”
Nuko bamwe bemera iyo mpano,abandi barayanga ngo ni agasuzuguro!efeso 2.8-9
Dore nuku twakijijwe,dukizwa kuko Yesu yubashye Imana kugeza gupfa,icyo nicyo bita twakijijwe kubwubuntu!bwamwe banga kuko bumva biri bito cyane bitumvikana! Abemeye Yesu abahindura abavandimwe be abanze baguma mu buroko aho satani ategereje kubajyana mu muriro!
Tumaze gukwizwa ntibirangirira aha,twahindutse abana b’Imana(Yohani 1.12) none dukeneye gukura.
Gusoza
Gukura mubuzima busanzwe bisaba guba warahuye nibintu bitandukanye bwikigisha gufata icyemezo gihamye bimwe bikubabaza ibindi bikunezeza!Ibyo byose nibyo bitugira abagabo tukabasha kubaho!
Mubuzima bwagiKristu,niko bimeze naho turageragwezwa,tugahura n’ingorane ariko ibyobyose nibyo bitugira abagabo bo guhamya Yesu!
Uwo murimo uragoye ntamwana w’umuntu wawushoboraniho dukenera Umwuka Wera ,akaduha Imbaraga,akaduhumuriza kugeza tugeze kundunduro.Abakristu bamwe,bahinyura ubundu ariko reba icyo (yuda 4) avuga ko abahinyura agakiza kubuntu bazahura n’ibibazo.Abatinyuka giranuka Kw’Imana ntago bazabona Imana  (heb 12.14)Naho abatiringira Imabaraga z’Umwuka Wera nabacogora. Psa. 37:9

Fata mu mutwe:
Nutinyuka igitinyiro cy'Imana uzabaho uko ubyumva!
Niwirengagiza Umwuka Wera uzavunika birenze uko biteganyijwe!
Nusuzugura ubuntu bwa Yesu,uzatwara imitwaro itari iyawe!

Kora kuburyo Imana Data ,Umwuka Wera na Yesu Kristu babana nawe

@Evangelist Joseph Desire.
https://www.facebook.com/EvJosephdesire
Morocco.