Monday 30 June 2014

SATANI AFITE IBIMENYETSO BIDUHEZA MU GAHINDA..............ARIKO ABIZERA IMANA BABONA IMBARAGA ZO GUTEGEREZA UMUGAMBI W'IMANA! by M Gaudin


Itangiriro: 37:33

Arayimenya aravuga ati:''Ni Ikanzu y'Umwana wanjye, inyamanswa y'inkazi yaramuriye ntagushidikanya,Yosefu yatanyaguwe na yo'' Yakobo ashishimura Imyenda Ye, akenyera ibigunira,amara Iminsi myinshi ababaye Yiraburiye Umwana we.Abahungu n'abakobwa be bose barahaguruka ngo bamumare umubabaro,ariko yanga kumarwa umubabaro ati"Nzarinda nsanga umwana wanjye i kuzimu nkirira'' nuko se aramuririra.

Buri muntu wese agira ibintu akunda, kandi ahangaho amaso ati iki nicyo kizambera cyiza, yaba ibitekerezo, ibintu cyangwa abantu, hari igihe umubyeyi akunda umwana we nkuko Yakobo yakundaga Yosefu,hari igihe umuntu aba afite icyo yumva ashikamijeho umutima akumva akibuze yamererwa nabi!

Yosefu yakundwaga nase, kumpamvu nyinshi, Rasheli nyina wa Yosefu yakobo yamukoreye Imyaka 14 kugirango amuhabwe nk'umugeni kuko nubwo yari yasezeranye na Labani mbere, labani yaje kubanza gushyingira Leya, Umwana umwe kandi muto mubandi yakundwaga na se cyane. 

Yosefu yagiraga inzozi zikomeye se Yakobo yumvaga yosefu azakomera, kuko yari yararose inzozi zuko izuba n'ukwezi n'inyenyeri bizikubita imbere ye! ibi byose byatumaga Yakobo ashyira umutima kuri uyu muhungu muto, nibyo byatumye amugurira ikanzu nziza iruta izabandi.

buri gihe natwe ikintu dushyizeho umutima, cyane cyane iyo tuzi ko cyatanzwe n'Imana, hari igihe Satani adutera agasa nusibanganyije bya bintu byose twibwiraga ubwo guhera uwo munsi ukaba wafata icyemezo kibi cyo kwiyahura, kurira ntuhozwe,kutita kubo usigaranye,cyangwa kutagira ishimwe.

Mwene Data ahari nawe hari ibintu wamaze kwemeza ko byamfuye mubuzima bwawe, mu mibereho ndetse no mu muryango, kandi rimwe narimwe ukaba ufite n'ibimenyetso bifatika nkuko Yakobo yari afite Ikanzu y'umwana we.

Ndagirango nkubwire umugambi w'IMANA uruta cyane amarira yacu, ndetse ibyo abeshi turira biba bikiriho. mwene Data ndagirango nkumenyeshe ko ibyo uririra Imana ikibifite mu kiganza, ndakwinginze niba hari ibintu wabonaga bitagishobotse, wicika intege ngo ufate ibyemezo bibi. bwira Imana ibikugoye kuko Imana icyo yasezeranije naho cyatinda cyirasohora! kuva ukiriho ibyo Imana yavuze bizasohora utegereze kuko nyuma y'imyaka hafi 18 Yosefu yaje kuba uw'Umumaro kandi abonana na se Yakobo nubwo Iyo myaka Yose yakobo yayimaze yarafashe icyemezo cyo kuririra Yosefu kugeza apfuye. 

Ushobora kuba nawe hari ibyemezo wafashe umaze kubona, ko ubuzima bwawe busa n'uburangiye, ahari uribaza uti ubundi gukizwa byanshobokera, ndakubwira ko Uko biri kose Yesu afite urufunguzo rwa Byose mu Kiganza kandi niba atarashyira Iherezo kubuzima Bwawe wizere ko agufitiye ibyiza! 

Imana yacu iduhe kuba ariyo twishingikirizaho kuko ibasha no kuzura abampfuye, niyo Mana dukwiye kwiringira kurenza kwiringira ibyo yaduhaye! Imana iguhe kuyitegereza kandi iguhe imbaraga zo kumenya ko icyo yavuze ntamuntu wakirwanya ngo akibashe, reka umutima wawe utuze uko biri kose Imana niyo yagukiza! 

ibyo dufite byose n'iby'Imana, ntidukwiye gufata icyemezo cyo kwiyahura kuby'ibyo twahawe dutakaje, ahubwo dukwiye kugira iMbaraga zo gushikama ngo tuzakire ibyiza birushaho kuba byiza!

Ndabakunda!

Friday 27 June 2014

IYO UHUYE N'UMUNTU UGUSABA, CYANGWA URUSHA UBUTUNZI, UKWIYE GUKORA IKI NK'UMUKRISTO? By Gaudin


1yohana3:17-18

Ariko se ufite ibintu byo mw'isi akareba ko mwene se akennye akamukingira imbabazi ze , urukundo rw'IMANA rwaguma muri we rute? Bana bato Twe gukundana urumamo mu magambo cyangwa kururimi gusa, ahubwo dukundandane mu byo Dukora no mu by'Ukuri.

Bene Data isi iratera imbere ndetse izana ibyo abantu bakeneye ndetse irari ryo gutunga no kugwiza ubutunzi rirushaho kwiyongera, kunyurwa bikagenda bishira mu bantu ariko bikaba bibi cyane iyo bigarutse bikaba no mubizera kuzabona Imana!

Ntago nshidikanya ko mu minsi ya none hakiriho abakire n'abakene, kuko Imana bose nibo yabaremye kandi nibo Iha abatunzi gutunga kuko Twese tuvuka twambaye ubusa, ntacyo dufite mu ntoki tukabeshwaho nibyo badupfumbatisha nubwo biba birutanwa.

Ibi bigaragaza ko mw'isi gutunga no gutunganirwa ari amaboko y'Imana kubari mw'isi, mpamanya n'umutima ko Ubutunzi Imana itanga buramburira abakene ibiganza, bukarengera Impfubyi, ndetse bukibuka abampfakazi n'abandi bose bababaye.

Sinibaza ko ushobora gufasha abantu bose kuko nawe hari aho ubushobozi bwawe bugarukira, ariko abo urushije icyo gufasha nibo ukwiye gufasha kuko nta muntu ukwiye gutanga uko adafite, Urugero nti wakwemerera icumbi umuntu nawe urara hanze, ntawe wasezeranya kumuha icyo kurya, nawe umaze insi utarya, ariko wakwemera gusangira n'umuntu mugihe ubonye icyo kurya, ndetse wararana n'umuntu mugihe muri munzu y'icyumba kimwe!

Ibi Imana ibibwira abayubaha, kandi bavuga izina ryayo! umuntu niba avuga ko azi Imana akanga mwene se aba yibeshya kuko ntushobora Gukunda Imana utabonye wanga mwene so ureba aho. Bene DATA usomye muri 2timoteyo :3 :1 hagaragaza iby'iyi minsi ko abantu tuzaba twikunda cyane, dukunda impiya, .........igiteye ubwoba dufite ishusho yo kwera. abantu bari munsengero, aho abakire bategurirwa intebe nziza, naho abakene bakicazwa munsi y'udutebe duto, singaya ko abafite icyubahiro bubahwa, birakwiye ariko ntibikwiye ko abantu barobanurwa kubutoni YAKOBO 2:1-9

aho utuye, aho usengera,aho uca buri munsi uhasanga abo urusha ubushobozi, ndetse naba kurusha, ariko iyo buri gihe ukinze imbabazi zawe kubazikeneye uba ukoze icyaha, ibi ndabibwira abafite ibyiringiro byo kuzasa na Yesu kuko nibo bakwiye kwiboneza!

Torero ry'Imana, birakwiye ko tunyurwa nibyo dufite kugirango tubone uko twibuka abo turusha, wowe utanyuzwe n'inzu yI ICYUMAB KIMWE, ntiwa cumbikira abarara hanze, wowe utanyuzwe n'imyambaro ntuzibuka ko hari abambaye ubusa, niba utanyuzwe n'ibyokurya Imana iguahye ntuzibuka ko hari abishwe n'inzara......uko biri kose Dukwiye kuba ukuboko kw'Imana kurambuye hano mw'isi, kandi Koko kwizera kutagira Imirimo kuba Gupfuye.

Mwene Data usoma ibi, ku muryango w'inzu yawe hari umuntu Umeze nka razaro wifuza ibyo mwasigaje, mumena buri munsi! Uwo ni umwe muri babandi bato. uwo muntu mwicarana ku ntebe ukwiye kumuramburira amaboko ukamwereka ko Imana igikorera mubo yaremye!

UBU MW'ISI ABEJEJE BYIINSHI BAHITAMO KUBIMENA MUNYANJA NGO BITABURA ISOKO BIGAHOMBA......Mugihe hari abantu bishwe n'inzara hirya no Hino.

muzirikane bose, ariko cyane cyane abo muhuje imibabaro ya Kristo, abo bose isi idshyigikiye guhamya Krsito mukenurane mubukene bwanyu, kugirango uri muruhande rwababisha amware atabonye icyo yabanenga!

Ndabakunda!

Monday 23 June 2014

NTITWABATIJWE MW'IZINA RYA ADPR,ZION,RESTORATION, YEWE NTITUZIGERA TUBATIZWA MW'IZINA RYA PAWULO CYANGWA APOLO! From M.Gaudin

Abagalatiya 5:13-15

Bene Data mwahamagariwe umudendezo, ariko uwo mudendezo wanyu ntimukawugire urwitwazo rwo gukurikiza ibya kamere, ahubwo mukorerane murukundo, kuko amategeko yose asohorera mu ijambo rimwe ngiri ngo'' UKUNDE MUGENZI WAWE NKUKO WIKUNDA'' Ariko rero nimushikurana mugaconshomerana, mwirinde mutamarana!

Intonganya ziva he?

Yakobo 4:1 


Mbese muri mwe intambara ziva he, n'intonganya ziva he? Ntibiva ku byo murarikira bibi, birwanira mu ngingo zanyu?

Bene Data nshuti mukundwa na Yesu kuko niwe wadupfiriye ku musaraba.

Mbandikiye iyi nyandiko mbabaza iki kibazi nti Ese intambara muri mwe ziva he? Nti mumfate nabi nkaho njye ntari mw'isi ahubwo nuko Imana ariyo ibaza iki kibazo!

Buri gihe intambara mubantu zizanwa n'ishyari no kutanyurwa, aho abantu babana bareba imbere bati nyuma y'ibi bizagenda bite? aho abari mubuyobozi baba bafite ubwoba bwo gusimburwa ndetse abari hasi nabo bakubita agatoki kukandi bati icyaduha bakavaho! muri bose ntamuntu ufite Impamvu nzima kuko tumenye ko Imana yimika kandi ikimura abami twaturiza aho turi kuko Dawidi yimitswe atiyamamaje! 

Niba Imana yaguhamaye ariyo yahamagaye abandi ntukwiye kubarwanya, kuko iyo ubarwanyije biba bibonetse ko Imana atari yo yaguhamagaye! ubu hari ikibazo mu myumvire y'abantu bati haravuka andi matorero, harazamuka abandi bavugabutumwa, n'ibindi byinshi gusa icyo sicyo kibazo kuko twese umurima duhingamo si Uwacu ahubwo n'Uwimana! ''Ariko buri muntu akwiye kwirinda uko ahingamo''

KUKI DUFITE ISHYARI RY'ABAJE SAA KUMI N'IMWE? NITWE TUZABAHEMBA?

Niba uri umukozi, mu murima w'Imana ukwiye kumenya ko uzahembwa ibyo Imana yagusezeranije kuko Imana niyo imenya ibyo ishingiraho iyo ihamara abakozi mu murima wayo! ntukwiye kwitekereza ibirenze ibyo Imana igutekerezaho kuko ibyo nibyo birema Intambara!usomye aha byagufasha kumva birambuye abagalatiya 6:3-6

Nyurwa nuko wahamagawe, naho waba ubimazemo igihe cyangwa uje vuba si igihe cyo kurema impamvu z'urwango n'ishyari ahubwo n'igihe cyo kunyurwa kugirango nusoza icyo wahamagariwe uzabone ikamba rikwiriye abakozi beza bakiranuka!

ABO BOSE BATEYE IMBUTO ABANDI BARAYUHIRA NTANUMWE UKUZA!

Imana ishobora gukoresha abantu mu gutera Imbuto, ndetse no kuzuhira, ariko Imana yihariye akazi ko gukuza! ikindi kandi nubwo itakoresha abantu ubwayo uwo murimo yawikorera wose ukarangira! kuko mwambera abahamya ko muri mwe hari abarya imboga mwita ko ziimejeje! izo Imana ituma inyoni n'umuyaga zikazitera, ikuhiza imvura yazo....n'icyerekana ko rero Abahawe uwo murimo bakwiye kwirinda uko bawukora kuko ntago aribo kamara, ahubwo kuwukora ukiranutse nibyo bifite icyo bimarira abawuhawe!

Imana ntirwanya ADPR,ZION,HILLSONG,GATORIKA Kuko ayo ni amazina ahuriwemo na ba PAWULO, TIMOTEYO , PETERO, NA YAKOBO........!!!! Ariko biragatsindwa kuba abarwanyi ba Pawulo cyangwa APOLO aho kuba intumwa mu cyimbo cya Kristo!

Itorero ry'Imana Imana irarikunda, kuko turi abo IMANA yacunguje amaraso kandi itorero ry'Imana si yamazu manini,muzi yubatswe n'amabuye y'agaciro ahubwo n'imitima y'abantu baramya Imana mukuri no mu mwuka. ibindi byose Twakora ntarukundo ntacyo byatumarira!

Nubwo bimeze bityo ntibikuraho ko Turi abana b'Imana, ariko uwo mudendezo ntukwiye kwononwa no kwirema ibice, kugirana amashyari, n'ibindi.

Abagalatiya 5:15
Ariko rero nimushikurana mugaconshomerana, mwirinde mutamarana!

Intonganya za hato nahato ntizibura mu muryango, ariko mwirinde ntimumarane, Iri jambo ry'Imana itubwira ritwereka ko nubwo yo Idukunda buri gihe muri Twe duhorana amakimbirane ndetse ibyo bibabaza Imana, kuko sicyo yaduhamagariye! yaduhamagariye umudendezo muri Kristo Yesu.

YEWE PAWULO, YEWE APOLO, YEWE  ADPR,EPMER,ZION,RESTORATION, yewe Runaka, Ese niba abantu batangiye kuvuga bati njye ndi uwa ADPR,ZION,APOLO CYANGWA PAWULO! Wikomanga kugatuza, uti maze gukomera??? yewe muvugabutumwa, muririmbyi niba ufite abafata batibuka gukunda Kristo ahubwo bagufasha muntabara y'ishyari n'inzangano ubigira ute?? 

Imana y'amahoro itweze rwose, iduhe kongera kumenya ko umurimo ukiri mugari(hari abishwe n'ubusambanyi, uburozi ibiyobyabwenge n'abataramenya IMANA, ASIA harimo abakiramya ibigirwamana twakaririye abarimbuka tukava mubigawa., dusabe Imana Idukize, kandi iduhe imbabazi maze iduhe imabaraga zo gukiranukira gukora umurimo wayo!

Nsoza ndasoreza kuri iri jambo:

ABEFESO:4:1-16

Ni ibiki uhuriyeho n'abakristo bagenzi bawe?

Abefeso 4:4 

Hariho umubiri umwe n'umwuka umwe, nk'uko mwahamagariwe ikiringiro kimwe cyo guhamagarwa kwanyu. Hariho Umwami umwe no kwizera kumwe n'umubatizo umwe, Hariho Imana imwe ariyo Data wa twese, uri hagati yacu Twese kandi uturimo twese.

uru Rwandiko uzarungereze kubakunda Yesu bose! kandi uzarungereze kubahamagariwe gutera no kuhira imbuto z'Imana! Imana izaguha umugisha kuko bikwiye ko Dushyigikira ukuri kuko nibwo tuzabohoka byuzuye!

Ndabakunda!



Sunday 22 June 2014

YAMUGIRIYE IMBABAZI MUGIHE WE YARI YICIRIYE URUBANZA RWO GUPFA...............NAWE YAKUBABARIRA

1 SAMWELI 12:1-15

5'Maze Dawidi aherako arakarira uwo mugabo cyane. Niko kubwira Natani ati:''Ndahiye Uwiteka uhoraho, umuntu wakoze bene ibyo akwiriye Gupfa''.

Muri kamere ya muntu nta mbabazi zibamo, nubwo twifuza abaziduha ariko iyo bigeze mukuzitanga biratugora cyane! usanga byoroshye gusaba imbabazi ariko kuzitanga bikatubera ihurizo. buri gihe abantu bifuza ibyiza bagirirwa ariko kwibuka ko bakwiye kugira ibyo bifuza kugirirwa bikagorana.

Buri muntu iyo atarafatirwa mu cyuho yumva yabwira abandi ati: mubambwe mubambwe, ndetse byakunda rwose akabibambira, umuntu umwe yarimo umwenda w'umutegetsi, hanyuma abura ubwishyu bimutera kwitura imbereye y'umutegetsi ati nukuri ungirire imbabazi kuko nabuze icyo nkwishyura! hanyuma ababariwe ajya gufata mw'ijosi umukene wari umurimo umwenda ati nyishyura, 

ubuzima bwacu ni ubwo muri iyi, aho kubarira bitatubamo nubwo dukeye kubabarirwa, Dawidi hano bamucira umugani batavuzemo izina rye, ahari iyaba Yaratekereje ati ko najye njya mbikora yari guca urundi rubanza.

KUKI DAWIDI YACIYE UWO MUNTU URUBANZA RWO GUPFA: Rimwe na rimwe natwe iyo bitugezeho usanga kuberako muri kamere muntu nta mbabazi zibamo niko natwe tujya duca Imanza!

Imana kuko iziko nta mbabazi tugira muri twe yarabidutegetse ndetse yongeraho ko Imbabazi zizaguranwa izindi! NIMUTABABARIRA NAMWE NTIMUZABABARIRWA! iki n'ikintu gikomeye Imana yashakaga ko nibura dukururwa n'imbabazi ngo twishakemo kubabarira abandi.

IMANA NIYO YONYINE IFITE IMBABAZI ZO KUBABARIRA ABANTU: Abantu kuko badashobora kubabarira ntibikuraho imbabazi z'Imana kubugingo bwayo iyo bayihanze amaso kuko ni umubyeyi w'Imbabazi, Imana yacu igitangaje aho twakoze amakosa , ibyaha bikomeye tutabasha kwihanganira usanga yo itubabarira! ibaze nawe Umwana wawe yishe, yakuyemo inda, yibye, yasambanye,n'ibindi bibi byinshi....wakwihutira ku mubabarira? Imana kuko ari umubyeyi ibabzwa cyane nuko abana bayo byitukisha mubanyamahanga cyangwa abatayumvira! 

Ababyeyi benshi bafite abana babananiye, ariko usanga aribo bonyine bagifite impuhwe zabo kuko, abaturanyi, abapolisi, aba pasitori, n'abandi bose baba bamaze kurambirwa imyitwarire yabo ariko ugasanga umubyiyi niwe ugifite amarira yo kuririra umwana we! 

nuko n'Imana ihora ituririra, naho natwe twakwiyanga urukundo Imana idukunda rutuma iduhamagara iti bana banjye munyumviye ntimwazarimbuka, ariko murambabaza kuko mutuma abanyamahanga babona urwitwazo rwo gutuka Imana yanyu!

Ababyeyi bakunda abana b;abahanga, bagira ikinyabupfura, b'imico myiza, ndetse babubahisha! ariko igitangaje kubabyeyi nuko iyo Umwana adakora ibyo nubwo bimubabaza ntiyihakana umwana!

ababyeyi benshi nibo bagemurira abana muri za gereza, nibo barwaza abakuyemo inda, nibo barwaza abarwaye SIDA,  nibo bahamba abarashwe ari ibisambo.......Bene Data Imana iruta ababyi bacu ndetse yiteguye kuduha Imbabazi ariko tuyibabaza umutima kuko dushyira urwitwazo kubayituka!

1Samweli 12:13-14 Natani abwira Dawidi ati'' Nuko rero Uwiteka yagukuyeho icyaha cyawe,nturi bupfe. Ariko kuko wahaye abanzi bUwiteka urwitwazo runini rwo KUMUTUKA kubwi cyo wakoze icyo Umwana wawe ntazabura gupfa''

Imana yarakubariye ariko kuko wahaye urwitwazo abanzi b'Uwiteka ku mutuka, ingaruka z'ibyo wakoze ntizikubera umunezero, bamwe barwaye SIDA, Abandi bakomerekeye mubujura, abandi barafunzwe, abandi barapfuye, gusa Imbabazi z'Imana nizo zizazura abapfuye bizeye imbabazi z'Imana kubugingo bwabo!

Ndabakunda!

Thursday 19 June 2014

IMANA ITUREBERA MURI YESU IKABONA DUSA NAYO, WOWE MUGENZI WAWE UMUREBERA MUKI? UBONA ASA NANDE?

1yohana:2:9 

Imana yaremye isi ntiyarekeraho irema n'ijuru, ntiyaremye umucyo wonyine  ahubwo irema n'umwijima, ntiyaremye umugabo gusa ahubwo Yaremye n'umugore, ntiyaremye ibinti gusa irema n'inyamanswa, yaremye ibintu byishi bifitaniye umumaro gusa si icyo yabiremeye cyonyine ahubwo yabiremye ngo biyihimbarishe ubudasa bwabyo.

abantu benshi bagira ibyo umuntu yakwita ubusitani, bugizwe n'indabyo z'amoko atandukanye kandi zihumura muburyo butandukanye, yewe zikoreshwa ahatandukanye mubihe bitandukanye, zimwe zikoreshwa mu gihe hari umuntu wapfuye izindi zigakoreshwa hari uwabyaye.....ibi byiso utera ubusitani ntabikorera indabyo ahubwo abikora ku mpamvu ze bwite nubwo ubusitani bugirwa n'ubwiza bw'indabyo zitandukanye! rimwe narimwe ururabyo ruba rwiza bitewe naho ruteye kuko nibwo urugeranya n'izindi maze ukarushima, nyamara ubwarwo ruri kumuhanda ushobora kubona ari igihuru gisanzwe!

Uko niko natwe tumeze muri Kristo, ntidusa, ntiduteye kimwe, ntitureshya, ariko tugize ubusitani bumwe aribwo Kristo, ndababwiza ukuri ko nta rurabo rwakabaye rumenya ko ruruta izindi ahubwo nyirararwo niwe umenya ubwiza bwarwo nicyo rukwiye gukoreshwa, Nakwibaza nti Ese ujya wumva uri uri ururabo mubu sitani bw'Imana?

Jyewe nawe nubwo tudasa, dufite ibintu bidutandukanyije yaba ku mubiri cyangwa mu marangamutima, nink'uko indabo zidahuza amabara n'umuhumuro, ariko icyo dukwiye kumenya nuko Yesu ariwe uzi akamaro kaburi mwe muri twe. ntibikwiye rero kwibona nkaho uko usa, cyangwa utekereza, aribyo byatuma wumva abandi ntacyo bamaze, kandi ntanubwo ukwiye guhora abandi amabara batihaye, cyangwa indeshyo batihaye!

Mw'ijuru nta muhutu, nta mututsi, ntamutwa, nta munyarwanda, ntamucongomani, nta muzungu, ntamwirabura, uko biri kose Yesu twese azadufata nk'Indabyo mubusitani bwe! niyo mpamvu ukwiye gushyira hasi urugomo n'imyumvire yose yatuma wibwira ko hari Impamvu zaguha guhohotera abandi keretse Kwemerera satani akayobora ibitekerezo byawe.

iyo umuntu ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, nshima Imana ko Imana ihuza abatari bahuye ariko kubwa Yesu bagahuza, Yesu yatubereye ururimi rumwe, yatubereye inyungu zimwe, Yatubereye indorerwamo zimwe, Buri gihe nurebera mu madarubindi ya Yesu uzabona abantu basa bose, ariko nurebera muyandi y'amoko, y'uturere,amazuru,n'ibindi uzasanga dutandukanye cyane, icyo umuntu ashaka kureba nicyo areba kuko icyo udashaka kureba rimwe ugicaho utazi ko wakibonye! 

urugero ushobora niba ugenda munzira ureba ibyiza nibyo uzabona, ariko niba ureba ibibi uzafunga ijisho rireba ibyiza! kandi nuhitamo kureba neza uzareba neza, gusa buri gihe indorerwamo yawe niba itari Yesu ikintu kimwe uzakibonamo byinshi byishi kandi bidasa! ariko nureba Umuntu muri Yesu uzabona ikintu kimwe ariyo shusho y'Imana isumba byose!

Ibintu biguhamiriza ko ukiri mu mwijima n'ibi:

1.kuba ucyirebera abantu mu ndorerwamo ya kamere
2. kuba wanga mwene so ukavuga ko ukunda Imana utarabona
3.kuba wibwira ko uruta abandi mubusitani bw'Imana
4.kuba udaha agaciro Abo Kristo yacunguje amaraso
5.urwango rwose n'amahane n'ishyari ufitiye abandi
6.Kuba uvuga Imana mu kanwa ariko ukayihanisha ibyo ukora!

Bene Data nubwo twese Twitwa abanyabyaha ariko hari itadukaniro hagati y'abanyabyaha bahunga icyaha, n'abanyabyaha basanga icyaha!

ntibikwiye ko umuntu ujyiye mu mazi aseka uyavuyemo ngo yatose, ahubwo akwiye kumenya ko uvuye mu mazi hakurikiraho kumuka naho uayajyiye hakurikiye gutoha!

uko niko Yesu yadukuye mw'isayo ndetse n'inyanja y'ibyaha, ubu abamwizeye barimo kumuka, naho abatamwizeye barushaho gutota. nubwo abantu bakubonaho amazi kuko uvuyeyo vuba ndabizi neza uko urushaho kujya ku mucyo wa Yesu uzumuka vuba bidatinze! 

Hindukiza amaso yawe urebe mucyerekezo Yesu aguha maze ubeho ubuzima butandukanye uyu munsi.

Ndabakunda!

Tuesday 10 June 2014

ABANYWA INZOGA BAKOMEZA KUNEZEZA IMANA? UBUSINZI NK'ICYOREZO MW'ISI YA NONE N'UMUZI W'UBUSAMBANYI !


1petero 5:8 ''Mwirinde ibisindisha mube maso kuko umurezi wanyu satani azerera nk'Intare ashaka uwo yaconshomera''




Iyo uganiriye n'umuntu ufite imico itandukanye nakwita mibi, kuko uba usanga rimwe narimwe nawe ubwe atayishima ariko wayimubuza akakubaza ati ese ibi nabyo ni icyaha? ibyo rero bintera kwibaza niba abantu ibyo bamaze kumenya ko ari icyaha koko babireka! ariko nanone nemera ko ugusobanukirwa kose cyangwa kumenya ukuri bibohora! ijambo ry'Imana ribwirako ko nibamenya ukuri ukuri kuzababohora ingoyi y'icyaha cy'ubusinzi n'ibindi byose.

Ijambo ry'Imana buri gihe riraducyaha, rikaduhana,rikadutesha ingeso mbi ndetse rikadukosora, ibyo bituma turushaho kubaho mubuzima bwubashye Imana kandi bwiza kuko ntakiza nko kuva mu rwego rw'abasinzi,abajura,abasambanyi ukaba umwe mubigisha abandi iby'ubwami bw'Imana yewe ugatangira kugirira akamaro umuryango igihugu ndetse n'itorero ry'Imana muri rusange.

Yesaya 5:20

Bazabona ishyano abita ikibi icyiza n'icyiza bakacyita ikibi, umwijima bawushyira mucyimbo cy'Umucyo, n'Umucyo bawushyira mucyimbo cy'umwijima. IBISHARIRA babishyira mucyimbo cy'IBIRYOHEREYE, n'IBIRYOHEREYE babishyira mucyimbo cy'IBISHARIRA.

Usomye iri Jambo ry'Imana riduha ishusho yuko abantu bahitamo gucurika ibintu, rimwe narimwe ugasanga isukari bayigeranya n'umubirizi hanyuma umubirizi bakawugeranya n'isukari! ibi ntibiterwa n'ikindi ahubwo biterwa no kwigomeka kubyo Imana yahamije. bisa n'agasemburo gake gatubura irobe ryose .abagalatiya 5:9 . aha rero wakwibaza uti ese inzoga bazibyinira ayahe mazina, usanga kuri iki gihe abantu bagira bati Imitobe Irasharira, naho mitsing iraryoha, ibi si mpagaze kuruhande rw'ibiryohera cyangwa ibisharira ahubwo ndibaza nti ese umenye ko kunya ibisindisha, ubusinzi ari icyaha witeguye Guha ubuzima bwawe Yesu?

Yesaya: 5:22 Bazabona ishyano abiyita intwari zo kunywa Inzoga, bakagira imbaraga zo guturira ibisindisha''

Yesaya 5:11 Bazabona ishyano abazindurwa no Kuvumba ibisindisha ,  bakaba ari byo birirwa bakabirarira inkera, kugeza aho bibahindura nk'abasazi.

Mwene Data ushobora kuba unywa inzoga cyangwa uzi uzinywa, ibi byose byagufasha kumenya ko Imana itabikunda hanyuma ukayisaba imbaraga n'Imbabazi, kuko harimo abantu benshi uretse kuzababuza ijuru, inzoga zabujije bamwe imiryango, akazi, kwirere abana, ndetse bamwe ibisindisha bibahindura nk'abasazi..., ibyo byise biterwa no kwimura Imana mubyo twibwira hanyuma tugatangira gushakira amazina meza ibyaha abantu bakora.

Niba urembejwe n'ubusinzi, cyangwa ufite uwo mu muryango wawe uzi, ndagirango dufatanye gusaba Imana ngo ibohore abantu ingoyi Ya satani yo kuba abasinzi, maze Imana yongere ibashoboze kuba bazima mu mwuka no mu mubiri.

dukwiye kwiyezaho imyanda yose y'umutima ndetse n'umubiri 2abakorinto 7:1

Hariho imyanda y'umutima
Imyanda y'umubiri

Gusa nitwiyezaho imyanda y'umutima, ariryo rari n'akamera iditera gukora ibyaha , n'imyanda y'Umubiri izadushiraho, maze amazina y'urukozasoni aturuka ku myitwarire, impumuro zaho waraye azatuvaho Imana iduhe IAmazina mashya yuzuyemo isezerano.

Ndabakunda!

Monday 9 June 2014

KUBABAZWA KUBW'IKINYOMA GISHYIGIKIWE N'IBIHAMYA BIFATIKA! YESU NIWE MUTABAZI WENYINE



Muminsi yanone mubantu hari umubabaro mwinshi, utewe n'ibintu byinsi ariko cyane cyane, ikinyoma, abantu beshi banditswe mubinyamakuru, abandi barafungwa,abandi baragambanirana, aho usanga ukuri kubantu kwarakamye. igihe cyose uhuye n'ikibazo nk'iki si igihe cyo kwiciraho iteka ahubwo n'igihe cyo kubana n'Imana cyane kugirango ikomeze ikubashishe. kuko isi ifite ibinyoma kandi ibikoresha nk'intwaro Yo kwiba, kwica no kurimbura abakozi b'Imana.

Itangiriro:39:11

Bukeye yinjira mu nzu gukora umurimo we, ari nta Bandi bagabo bo munzu barimo, uwo mugore afata umwenda we aramubwira ati ''turyamane'' Amusigira umwenda we arahunga,arasohoka. Abonye yuko amusigiye umwenda we agahunga agasohoka, Ahamagara abagabo bo munzu ye arababwira ati''dore yatuzaniye umuheburayo wo kudusekana agasuzuguro,yanyegereye ngo aryamane najye ntabarisha ijwi rirenga, maze yumvise nteye hejuru ntabaje asiga umwenda we iruhande rwanjye rahunga,arasohoka''.

Ibintu ukwiye gukora mu gihe cyose ubeshyerwa:

1.Kwirinda kwishinjura imbere y'abantu Bitari ngombwa.

2.Kwirinda kwitotombera Imana mugihe ubeshyewe.

3.Kugukomeza kuba inyangamugayo kugeza igihe Imana izabyerekanira.

4.Gutegereza igihe gikwiye cy'Imana cyo kurengerwa .

5.Kwizera ko icyo Imana yakuvuzeho kirusha imbaraga ibihe byumubabaro.

Buri gihe abantu bajya bibaza bati kuki Imana itaturengera, mu magambo y'Ibinyoma kuki Imana yicecekera? ariko Imana ntijya yibagirwa abagaragu bayo kuko irabiziko naho umuntu yababazwa igihe kinini arengana, niyo ubwayo Imurengera!

abafilipi 1:19 kuko mutahawe Kwizera Kristo gusa ahubwo mwahawe no kubabazwa ku bwe.......Bene Data hari igihe ubabazwa ukibaza uti se Imana ntigica urubanza rukwiriye? ariko Umenyeko Igihe cy'Imana cyo gutabara iyo kigeze, abami babura ibitotsi, bararota, Yewe utekerezwaho uko utatekerezwaga kera!

Ntakintu gikomeye nko guhakana ikinyoma gifite ibimenyetso simusiga! abantu barwana no kwiregura gusa sibyo twakarwanye nabyo kuko dufite utuburanira, Ahuibwo dukwiye Gutegereza igihe k'Imana, kigasohora!

Yosefu ntago yari guhakana kuko ikimenyetso cy'Umwenda cyari gihari, niko no muminsi ya none hari ibinyoma byinshi bifitiwe ibimenyetso simusiga kuko ntakindi Satani akora uretse kubeshya kuko ari we se w'ibinyoma Byose. Muminsi yanone nubwo abantu bibaza kubusambanyi, ubujura n'ibindi ariko hariho Ikinyoma nk'umuzi w'ibyaha byose! 

niba uri mubantu bahanganye n'ibinyoma bifitiwe gihamya si igihe cyo kwisobanura imbere y'abantu ahubwo n'igihe cyo kubwira Imana uti niwowe mpanze amaso ngo uce urubanza ruzima. ntibikwiye guterana amagambo ahubwo ukwiye kumenyako nyuma yo kugeragezwa bikagera aho hari icyo Imana ishaka gukorera ubuzima bwawe!

Data uzi umuntu wese usoma ibi, ahari abayeho mubuzima bwo kubeshya cyangwa kubeshyerwa, kandi ntaburyo yabihakana keretse kurwanirirwa nawe. Mwami Yesu ufashe buri muntu wese urengana kandi hari ibimenyetso mu maso y'abantu bigaragara nk'umwitero wa Yosefu.

Humura Uko biri kose Imana, izajya idufasha byacu byose, wowe nutayihemukira nayo ntizaguhemukira, Wemerere Yesu akuburanire uko biri kose Ukuri ntiguhishwa Iteka. Yesu abarengere mwese. ZABURI 25:3

Ndabakunda

Sunday 8 June 2014

NI KU BWA YONATANI MEFIBOSHETI YAGIRIWE NEZA! NI KUBWA YESU NATWE TUGIRIRWA NEZA! by M .Gaudin


2samuel 9:1
Bukeye Dawidi arabaza ati: Mbese hari uwasigaye wo mu muryango wa sawuli ngo mugirire neza ku bwa Yonatani?''

Dawidi nta neza yagombaga kugirira umuryango wa sawuli kuko sawuli yarwanyije Dawidi cyane ashaka kumwica insuro nyinshi. ariko ibyo byose Dawidi yirengagiza inabi sawuli yamugiriye ahubwo yibuka ineza Yonatani yagize! maze afata icyemezo cyo kwitura Yonatani niko kubaririza niba hari umuntu wo mu muryango wa Sawuli wasigaye?

Ubundi Imana ntiyakabaye itwibuka, ntiyakabaye itugirira neza kuko turi babi ndetse turwanya umurimo w'Imana igihe kikinini, ariko Imana ntibikora kubwa ba sawuli, ahubwo ibikora ku bwa ba Yonatani. abantu benshi bibwira ko Imana ari Imana itagira imbabazi, ariko siko biri ahubwo Imana Yita kucyo Yonatani Yakoze maze ikatugirira Impuwe.

Sawuli hano agaragaza amateka twagendeyemo kera, aho usanga rwose hari ibyo utakoze neza, sawuli nanone ashushanya ibikorwa bidakwiye kwiturwa ineza. ariko Imana ibikora kubera Yonatani!

Yonatani ashushanya Yesu, ntakintu kiza nko gukora neza, nko gucungura ubuzima bwa mwene so mugihe buri mu makuba, Imana idukiza kubwa yesu, ntidukiza kubwaho dukomoka cyangwa ibyo twakoze ahubwo kubw'umurimo wa Yesu.

Mefibosheti ntacyo yari akwiriye guhebwa,kuko ntiyigeze agirira Dawidi ineza kibwa yontan Mefibosheti asangira n'umwami Dawidi kumeza amwe. niyo mpamvu mwene Data kwiringira umurimo Yesu Yakoze bizaguhesha amahiwe yo kuzasansangira N'Imana mw'Ijuru. Imana igikomeze kandi ikwibutse ko atari kubw'imiryango ukomokamo, cyangwa Imirimo wakoze ahubwo kubera umurimo Yesu yakoze! ibi bitwereka neza ko niba Dawidi azirikana umurimo yonatani yakoze, watekereza ko Imana yareka umurimo Yesu yakoze! 

uyu munsi niba urimo gusoma ubu butumwa, uhe umutima wawe Yesu, maze umubwire uti Data niteguye icyo ukora, umurimo wawe undengere kuri Data wa twese, nkire umujinya w'Imana maze Mana ujye unkiza kubwa Yesu Kristo! Imana niyo iyo kwizerwa kuko ijya idukiza kubwa Yesu Kristo itabitewe nibyo twakoze ahubwo ibitewe nuko Yesu yakoze umurimo ukomeye akitanga kumusaraba, 

Ndabakunda!

Friday 6 June 2014

KUKO UBUPFU BW'IMANA BURUSHA ABANTU UBWENGE , KANDI INTEGE NKE Z'ABANTU ZIRUSHA ABANTU IMBARAGA.


si kubw'Imbaraga ahubwo kubw'umwuka wanjye, nzagukiza, nzagukomeza, nzakurwanirira! uko biri kose Imana ikirisha umwuka wayo! ibyo abantu bita ubupfu 1cor 1:25

1Abami 7:3 Kandi ubwo hariho abagabo bane, b'ababembe bari ku irembo baravugana bati:''Ikitwicaza aha kugeza aho tuzapfira ni iki? ariko twavuga tuti ''twinjire mu murwa'' Kandi inzara iwurimo twawugwamo. Kandi nidukomeza kwicara hano gusa, nabwo turapfa. Nuko noneho nimuze dukeze ingabo z'abasiriya, nibadukiza tuzabaho, nibatwica hose ni ugupfa.

Inkuru z'aba babmbe uzitekereje cyane, wumva ko ibyiringoro byabo byari byashize! babaga hanze y'umurwa kubera ibibembe, ndetse ntibari kubasha kuwusubiramo, nyuma yo kureba Hirya no hino ko ntagutabarwa biyemeza kujya mu ngabo z'abasiriya, bati n'ubundi byose ni ugupfa!

KWIZERA IMANA NI IKI? ushobora gusoma mu abaheburayo 11:1, ariko ukurikiranye iby'aba  babembe wasanga nanone kwizera bisobanuye ibintu bikurikira:

1. n'igikorwa kikomeye umuntu akora kuburyo Imana itahabaye aricyo cyigutera ibyago, muri make nukumenya neza ko nyuma yaho uzitwa ko wacitse kw'icumu!

Niba abraham yaremeye gutanga umwana we, wibaze iyo intama itaboneka, isaka yari apfuye niyo mpamvu agaragazwa nkaho Imana yamuzuye.

ibi byagaragara no kuri aba babembe bafashe icyemezo cyo gusanga ingabo z'abasiriya kandi babizi neza ko amahirwe menshi ari ugupfa, ariko Imana Kuko ari umutabazi naho yaharonse intama, kuko yateje ubwoba ingabo z'abasiriya maze uko ababembe batambutse ingabo zikibwira ko abisiraheli babagambaniye maze barahunga bata ibiryo, n'amafarashi.......!

Imana kugirango igukize ntibiyisaba ibifaru, amasasu n'ibindi, abanzi bawe bazagutera mu nzira imwe ariko Imana nibatatanya bazahunga baciye mu mayira arindwi! uko niko Imana yakirishije abisiraheri indilimbo, Yehoshafati ashyira abaririmbyi imbere maze abo murundi ruhande barasogotana, niko nawe Yesu ajya agukiza.

Ntibiva kumbaraga, abakomeye cyangwa Imiryango ahubwo biva mu mbaraga z'ubushobozi bwayo! ntiwakwibaza ibikeri yateje kwa farawo, inda, n'ibindi.......ibyo byose ni ubupfu bw'Imana burusha cyane Imbaraga abantu kandi ibyo ibikora yitonze kandi igakomeza amaboko yabo yatoranije!

n'Imana ikinga ntihagire ukingura, yafungura ntihagire ufunga, bene Data Kwizera Imana bikiza impagarara kuko uko biri kose ni igihe wibwira ko witanze mu maboko y'abantu Imana ibasha gukora igitangaza, maze ukahabona ishimwe. 

Ahari naweushobora kureba ntaho wamenera, ibibazo ari byinshi,abavandimwe baragutaye hanze, ndakubwiza ukuri ko Imana ariyo yaguha ubufasha ugakomera maze wamara gukomera ugakomeza abandi! 

Ndabakunda!

Wednesday 4 June 2014

IMBUTO ZO KUBIBA NO GUKIRANUKA MUBIGANZA BY'ABAKIRI BATO, 2ABAKORINTO 9:10

Ushobora kwibaza uti New seed generation n'iki? igamije iki? ariko igisubizo n'ijambo rito kandi n'itegegeko twahawe n'umwami yesu ati Ni mugende mubwirize abantu bajye ubutumwa bwiza. hanyuma abazanyizera ntimuzongere kubarebera mu ndorererwamo ya kera! 

Kw'isi abantu abkeneye Ijambo ry'Imana ariko cyane cyane urubyiruko rwo mu minsi ya none kuko Satani nawe ariho areba, usanga urubyiruko rwishi rushorwa mubikorwa byo kwangiza, kwica kunywa ibiyobyabwenge n'ibindi bikorwa bibi.

usanga urubyiruko rwishi ruvuka barwigisha kuramaya ibigirwamana, mwene Data y'urubyiruko ikeneye ubutumwa bwiza, kuko Imbaraga z'urubyiruko zikenewe n'ubutegetsi yaba bubi cyangwa bwiza, zikenewe n'ibyihebe, zikenewe, n'abasambanyi, n'abandi bose bakora amabi. 

nkuko Satani akoresha kandi agakorera mu bantu niko n'Imana ikoresha kandi igakorera mubantu. New seed rero n'inzozi z'uko abakiri bato baterwa inkunga bakiga gukorera Imana n'Imitima ikunze ndetse bakaba Imbuto shya mugihe gisa n'iki.

Ahari wasoma ibijyanye na new seed uri mukuru , ukumva bireba urubyiruko, ariko Ijambo ry'Imana rimbwira neza ko umubyeyi akwiye kwigisha umwana we inzira nziza, bigatumwa umwana ayikuriramo.

abashumba bamatorero ntibakwiye gufata urubyiruko ngo baruheze mu nsengero ahubwo bakwiye kubasohorera gukora umurimo w'Imana, abakiri bato bafite Impano z'ivugabutumwa,bahanuzi,abavuga indimi shya,abakiza indwara,, abigisha n'abandi bafite Impano zitandukanye si igihe cyo kumva bateje ikibazo mu matorero ahubwo n'igihe cyo kumenya ko bakwiye gutozwa hanyuma bakazasigara aho mwari muhagaze muvuga ijambo ry'Imana hatabayemo kuzimya umurimo w'Imana.

2Abakorinto' ''Iha umubibyi imbuto n'imitsima yo kumugaburira ni yo izabaha, ibongerere imbuto zanyu zo kubiba kandi igwize imbuto zo gukiranuka kwanyu''

ibyo twizera:

imbuto zo kubiba
imbuto zo gukiranuka

New seed generation for Jesus , dufite intumbero ko yaba twe cyangwa abatugana twagira imbuto zo kubiba muri twe hagati cyangwa mw'isi. ( ibijyanye n'ibyo abantu bakeye buri munsi, nko kwiga kwivuza, n'ibindi.........)

New seed generation for Jesus, dufite intumbero yo guhanga amaso ku mana ngo Itugwirize imbuto zo gukiranuka, zimwe zibonekera mu kwizera kumaramaje Umwami Yesu Kristo ari we banze n'ibuye ry'ifatizo twubatseho.( imibereho ihindutse muri Yesu Kristo.

more info click: new seed college

ushobora kuba umwe muri twe cyangwa gushyigikira uyu murimo, uwusengera,kugirngo Imana ikomeze iwagure mugihe cya none n'ikizaza.kandi nkusabiye umugisha wowe wumva umutima wawe wiyemeje kudushyigikira muburyo bwose ushoboye.\

Ijambo ry'Imana ribwira neza ko uzatwifuriza umugisha nawe azawuhabwa, nicyo gituma nkusabiye Umugisha wowe wiyemeje kubana natwe, dushobora kutakumenya ariko Imana izahemba abakora neza ntizibagirwa imirimo yawe.

kandi turashimira n'abantu mwese mukomeza kutwereka ko uyu murimo muwushyigikiye, Imana ibahe umugisha mubyo mukora byose, ibagwirize imbuto zo kubiba, ndetse n'izo gukiranuka mu bihe bya none ndetse n'ibizaza

BY M.Gaudin


ABANTU NTIBARUSHANYA IBIBAZO MW'ISI AHUBWO UKWIZERA KWABO NIKO KUBATANDUKANYA!







Abantu babiri bagenze mubutayu igihe kinini bageraho baruha cyane ntamazi, nta biryo, noneho bakomeje kugenda bagera ahantu hari IMVA nyishi zihabyemo abantu. Imirebe yabo kuko yari itandukanye umwe atera hejuru ati ''turapfuye we''

ati hano hantu biragaragara ko iyo abantu bageze hano ko baba ntakintu  basigaranye cya barengera hanyuma bagapfa.

Undi we mugihe abonye ibituro byuzuyeho Imisaraba, aterura Indirimbo ashima Imana cyane ati : Uri Imana Abakwiringiye ntibazakorwa n'isoni, nawe wibaze kuba umwe arira undi aririmba kandi mwese mubonye ibintu bimwe,

maze wawundi waririmbaga asoje abwira mugenzi we ati nshuti yajye wirira: ikigaragara hafi hano haba abantu, kandi nibo baza gushyingura hano, humur tugiye kubona amazi ndetse n'ibiryo muri aka gace''

koko bidatinze haza abaje guhamba, basanga abantu baguye umwuma maze barabajyana bararuhuka, ndetse banywa amazi. uko niko rimwe narimwe tureba ibibi gusa ntitugire amaso yo kwitegereza agakiza k'Imana. ''KWIZERA KWAWE NIKO KWAGUTANDUKANYA N'IMIREBERE YI IY'ISI''


Ibyo utareba byose ntibisonuye ko biba bidahari, yewe n'amakuru make ufite kubintu ntibivuga ko bitabayeho cyangwa bitariho.


Niko nibyo wanga Kwizera ntibikurwaho no kutizera kwawe, ibintu byose utekereza ko bitariho bishobora guterwa nawe ubwawe ndetse bikaba byaterwa nuko ijisho ukoresha ritabasha kureba kure y'izuru ryawe, cyangwa imbere yawe.

Bene Data Ijambo ry'Imana ritubwira ko Utizera bidashoboka ko yanezeza Imana. (abaheburayo 11:6)
Muri iki gihe usanga Kwizera ari ikintu kigoye abantu batuye isi, aho ubuhakanyi bumaze kuba bwishi kugeza aho umuntu ashaka kwihakana Imana yamuremye. akumva ko itabaho kuko ngo atayireba, ariko ugasanga yahitamo kwizera igishushanyo kitamureba. ''AHO GUHITAMO KURAMYA IKITANDEBA NARAMYA ICYO NTAREBA''Buri gihe abantu bakenera ibintu bifatika,  aho ubona umuntu arema igishushanyo mugiti, agace kamwe akagacana, akandi akagakoramo Imana cyangwa umwuko wo wakwarikisha. ariko ibyo ntibimutere kwibaza icyo akora icyo. 

Kwizera gutuma rimwe narimwe abantu bareba aho isi atareba, ndetse bijya biteza n'impaka kuko ibyo abizera bareba babirebesha Kwizera, ntibashingira kubigaragara ahubwo bizera ko Imana yabaremye ishoboye byose.

KWIZERA KUBONA KURE: Umuntu wese wizeye Imana ntiyibona nkawe ahubwo areba kure nyuma Ye, kuko Abraham Data mubyo kwizera, Imana yamusezeranije abana azaraga igihugu ,  nubwo yari ashaje ntiyibajije byoshi ahubwo yizeye ko nanyuma ye, Imana yamuremera ibyo yamusezeranije.

KWIZERA KUBONA IBYISHIMO MU MARIRA: Abantu bose kwisi ntibarushanwa umubabaro ahubwo usanga barushanwa imbaraga zo Kwizera. kuko usanga abantu biyahura babiterwa n'Impamvu nko KWANGWA, KUBAHO NABI, KWIHEBA.....Usanga mwisi hari abantu bagaragaje kuba abizera nubwo bose bahuye n'ibibazo bimwe ariko kwizera kwabo kurabakomeza.

KWIZERA BITANGA IMBARAGA: Abantu ntibarushanwa imbaraga zo kugira ibyo bakora ahubwo barushanwa kwizera ko Igihe k'Imana iyo gisohoye ntawayikoma mu nkokora, niyo mpamvu mugihe cyo gucika intege usanga bamwe basubijwemo imbaraga.

                                
KWIZERA GUTANGA IBYIRINGIRO BINESHA: Umuntu wese wizeye,aba akomeye umutima kandi agira amahoro yo mu mutima, ijambo ry'Imana ntirihamagarira abantu guhangayikira ikintu icyo aricyo cyose, ahubwo icyo usha ukwiye kugisabira, kukingingira no kugishimira, ibyo byiringiro rero ntibikoza isoni.

Birashoboka umugore,abana,ishuti,n'abavandimwe baba ntacyo babona mu byo ureba, ntibikaguce intege kuko ibyo ureba nibyo bifite agaciro kurenza kugendera kubadafite icyo bareba.

uko gehazi yarebaga siko Elisa yareba, nugira ibyo ubona abandi batareba ntukabareke ahubwo jyusaba Imana iguhe kubyo elisa yabonye maze agasabira gehazi kugira icyo abona. Kutabona bitera kuyobera mu marangamutima y'Ibyo tureba. 

Ndabakunda!

Sunday 1 June 2014

IMANA IRASHAKA UMUTIMA WAWE KURENZA AMABOKO YAWE, KUKO N'ABATAYAFITE IRABAKORESHA! Ibikorwa byiza bituruka mu mutima!



Si isanduka izagutsindishiriza ahubwo n'umutima uyihetse ubasha kugutsindishiriza. Ukwiye kwita ku mutima ugutera gukorera Imana cyane kurusha umurimo ukorera Imana. kuko Imana ikeneye umutima wawe kuko isanduka yo yakwikorerwa n'amafarashi n'ibindi! ariko Imana ikeneye umutima wawe uyu munsi.


''Icyo Imana ishaka ko uba kiruta icyo ishaka kugukoresha''


Nuko Ingabo zigeze  mu rugerero, abakuru b'abisilayeli barabazanya bati'' Ni iki gitumye uwiteka atureka mu maboko y'abafilisitiya? Nimuze tujye kwenda Isanduku y'isezerano ry'UWITEKA , tuyikure ishiro............Kandi abahungu ba eli hofuni na fenihasi, babaga ku isanduku y'isezerano ry'Imana.


Imana irabaza iti mwanyubakira nzu ki? ko isi ari intebe y'ibirenge byanjye ijuru rikaba ubuturo bwanjye! ariko nzatura mu mutima uciye bugufi! uko biri kose Imana ishobora kubaha aho musengera ariko ntijya irutisha urusengero umutima w'urusengeramo naho rwaba rwubatswe na zahabu n'amabuye y'igiciro cyishi!

Imana ntiyigeze yifuza gutura muri kariya gasanduku gato karimo ibisate by'amabuye n'inkoni ya aroni, ibyo byari ikimenyetso cyuko ije kubana n'Imitima yabaheka ibyo bimenyetso. Imana ntiyigeze yifuza ko bayifata nk'Isanduku, urusengero cyangwa ikindi kintu cyose. ahubwo ubumana bwayo bwose ijya ibushyira mubantu bayubaha! usanga rimwe narimwe rero abantu bashakira ubumana, mu rusengero, muri bibiliya,mubuvumo,n'ahandi ariko Imana iracyakeneye Umutima wawe kurusha ibindi.

nibyo koko fenihasi naa hofuni, bari bashinzwe kuba kw'isanduka, ariko buri gihe Imana ihamagaye umuntu gukora Umurimo imurutisha uwo murimo kuko ni muri wowe itura! Imana ntikeneye ko dukoropa urusengero gusa ahubwo ikeneye ko natwe twiyezaho imyanda yose, ntikeye ikindi cyose ikeneye Umutima wawe! 

Benshi baracyatsindwa nubwo bahetse isanduku y'isezerano, biterwa nuko bitaye kubyo bahetse kurenza kwita kumitima yabo! Imana ikeneye abantu batunga Imitima iyinezeza kurenza ikindi cyose. kuko hari igihe abantu batitaye kumurimo wo mu mutima, uwo hanze ntacyo uba ukimaze.

ntacyo bibiliya yakumarira utayisoma kandi ngo wemera guhindurwa nayo, ntacyo indilimbo zihimbaza Imana za kumarira mugihe cyose umutima wawe utitaye kuby'ubugingo. 

Ahari nawe waba wibwira ko isanduku uhetse hari icyo aygufasha! nikoko Imana yayikoresha, ariko igihe cyose umutima wawe utitaye kuby'Imana bizahinduka ikindi kintu kitagukiza. Imana igukeneyeho ubuzima bwejejwe kurenza ubuzima bwo kwikorera iby'Imana. gusa ni wezwa rwose ntakabuza ko bizaba bikwiriye ko Imana ikubitsa ibyasezeranijwe kandi ntuzongera gutsindwa ukundi.

gukora cyane ni byiza, rwose kuba hafi y'isanduka n'ibyiza, kuyihanagura, gutamba ibitambo ariko bigira umumaro munini iyo ubikoze biva mu mutima ukiranukira Imana. naho ubundi Imana ntiyakwemera ko kuyimenya biba nk'ubufindo, Imana itsindishiriza abayikunda kandi bakayubaha!
Ndabakunda!