Itangiriro: 37:33
Arayimenya aravuga ati:''Ni Ikanzu y'Umwana wanjye, inyamanswa y'inkazi yaramuriye ntagushidikanya,Yosefu yatanyaguwe na yo'' Yakobo ashishimura Imyenda Ye, akenyera ibigunira,amara Iminsi myinshi ababaye Yiraburiye Umwana we.Abahungu n'abakobwa be bose barahaguruka ngo bamumare umubabaro,ariko yanga kumarwa umubabaro ati"Nzarinda nsanga umwana wanjye i kuzimu nkirira'' nuko se aramuririra.
Buri muntu wese agira ibintu akunda, kandi ahangaho amaso ati iki nicyo kizambera cyiza, yaba ibitekerezo, ibintu cyangwa abantu, hari igihe umubyeyi akunda umwana we nkuko Yakobo yakundaga Yosefu,hari igihe umuntu aba afite icyo yumva ashikamijeho umutima akumva akibuze yamererwa nabi!
Yosefu yakundwaga nase, kumpamvu nyinshi, Rasheli nyina wa Yosefu yakobo yamukoreye Imyaka 14 kugirango amuhabwe nk'umugeni kuko nubwo yari yasezeranye na Labani mbere, labani yaje kubanza gushyingira Leya, Umwana umwe kandi muto mubandi yakundwaga na se cyane.
Yosefu yagiraga inzozi zikomeye se Yakobo yumvaga yosefu azakomera, kuko yari yararose inzozi zuko izuba n'ukwezi n'inyenyeri bizikubita imbere ye! ibi byose byatumaga Yakobo ashyira umutima kuri uyu muhungu muto, nibyo byatumye amugurira ikanzu nziza iruta izabandi.
buri gihe natwe ikintu dushyizeho umutima, cyane cyane iyo tuzi ko cyatanzwe n'Imana, hari igihe Satani adutera agasa nusibanganyije bya bintu byose twibwiraga ubwo guhera uwo munsi ukaba wafata icyemezo kibi cyo kwiyahura, kurira ntuhozwe,kutita kubo usigaranye,cyangwa kutagira ishimwe.
Mwene Data ahari nawe hari ibintu wamaze kwemeza ko byamfuye mubuzima bwawe, mu mibereho ndetse no mu muryango, kandi rimwe narimwe ukaba ufite n'ibimenyetso bifatika nkuko Yakobo yari afite Ikanzu y'umwana we.
Ndagirango nkubwire umugambi w'IMANA uruta cyane amarira yacu, ndetse ibyo abeshi turira biba bikiriho. mwene Data ndagirango nkumenyeshe ko ibyo uririra Imana ikibifite mu kiganza, ndakwinginze niba hari ibintu wabonaga bitagishobotse, wicika intege ngo ufate ibyemezo bibi. bwira Imana ibikugoye kuko Imana icyo yasezeranije naho cyatinda cyirasohora! kuva ukiriho ibyo Imana yavuze bizasohora utegereze kuko nyuma y'imyaka hafi 18 Yosefu yaje kuba uw'Umumaro kandi abonana na se Yakobo nubwo Iyo myaka Yose yakobo yayimaze yarafashe icyemezo cyo kuririra Yosefu kugeza apfuye.
Ushobora kuba nawe hari ibyemezo wafashe umaze kubona, ko ubuzima bwawe busa n'uburangiye, ahari uribaza uti ubundi gukizwa byanshobokera, ndakubwira ko Uko biri kose Yesu afite urufunguzo rwa Byose mu Kiganza kandi niba atarashyira Iherezo kubuzima Bwawe wizere ko agufitiye ibyiza!
Imana yacu iduhe kuba ariyo twishingikirizaho kuko ibasha no kuzura abampfuye, niyo Mana dukwiye kwiringira kurenza kwiringira ibyo yaduhaye! Imana iguhe kuyitegereza kandi iguhe imbaraga zo kumenya ko icyo yavuze ntamuntu wakirwanya ngo akibashe, reka umutima wawe utuze uko biri kose Imana niyo yagukiza!
ibyo dufite byose n'iby'Imana, ntidukwiye gufata icyemezo cyo kwiyahura kuby'ibyo twahawe dutakaje, ahubwo dukwiye kugira iMbaraga zo gushikama ngo tuzakire ibyiza birushaho kuba byiza!
Ndabakunda!