Friday 28 November 2014

GUKIRANUKA KWAWE KURUTA UKW'ABAFARISAYO? UYU MUNSI UHAGAZE UTE? M.Gaudin

Matayo 5:20

Kandi ndababwira ukuri yuko gukiranuka kwanyu nikutaruta ukw'abafarisayo, mutazinjira mu bwami bw'Imana.

Uyu munsi ndashaka kukwibutsa ikintu gikomeye Yesu yavuze, ati Sinaje gukuraho amategeko. uyu munsi ndifuza ko tuvugana, ibijyanye n'abafarisayo, Pawulo yagize ati kubijyane n'amategeko ndi inyanga mugayo. abafilipi 3:5

Nshuti y'Imana , ndakwifuriza guhagarara udatsinzwe n'Uburiganya bwa satani, hariho abantu benshi bibwira ko bari munzira yo gukiranuka, nyamara ugasanga baravuga bati ibyo  mukora ni ubufarisayo.

Abafarisayo kuby'amategeko bari :

Inyangamugayo.
Bageragezaga gukiranuka mu maso y'abantu
Mbese twavuga ko barindaga ubuhamya.

Uyu munsi ndashaka ngo wibaze ugukiranuka ko pawulo yari afite, mbere yuko yakira Yesu, yari abayeho yarakebwe, ndahamya ko nibura muby'amategeko yari inyangamugayo nkuko yahamije, kuko niho yagize ati mbaye nk'uwirata nabarusha. uyu munsi ushobora kuba nawe, wibaza uti ese kuki Yesu yavuze ko abafarisayo dukwiye kubarusha gukiranuka.

Abafarisayo nibo basaga nabitwa ko bakiranuka, buri gihe umuntu iyo ashaka ko ukora neza ntiyavuga ngo urushe abakora nabi, ahubwo ashaka abakora neza ariko bica ibindi akagutegeka gukora ibiruta ibyo. nibwira ko nyuma yo kubahiriza amategeko nkuko wa musore w'Umutunzi ngo Yesu yaramwitegereje maze amaze kumubaza ko yubahirije amategeko, umusore aramubwira ati narayubahirije. Uyu munsi ndashaka ko wibaza uti ese:

Naba ndusha abafarisayo gukiranuka kuburyo nimukira kugukiranuka kubaruseho? Uyu munsi ahari wowe uracyazwi nk'Umusambanyi, nk'Umusinzi n'ibindi bibi byose uracyabikora, Amatageko uracyayica, nonese urumva niba utabashije gukiranukira Imana hari n'amategeko aguhana uzabasha gukorera Imana igihe bakubwiye ngo ukwiye kuyikorera nta mategeko. sishaka kwigisha ko amategeko ariyo azatujyna mw'Ijuru, ahubwo ni igipimo cyiza kigaragaza abantu bakunda Imana. ariko nano ukwiye kwibaza uti: amategeko yagiriyeho bande?

1timoteyo 1:9

kandi tuzi ko amategeko atashyiriweho abakiranutsi, keretse abagome n'Ibigande, n'abatubaha Imana, n'abatari abera n'abatitita kuby'Imana, na bakubita ba se na ba nyina n'abicanyi. n'abasambanyi n'abagabo bendana, n'abanyaga abantu bakabagura, n'ababeshyi n'abarahira ibinyoma, n'Ibindi byose bidahura n'Inyigisho nzima. zihuje n'Ubutumwa bw'ubwiza bw'Imana ihimbazwa,ubwo nahawe.

Kubijyanye n'amategeko no kuyubahiriza, bamwe bagize bati kuva mu bwana twarabyubahirije: bivuze ngo ntiwatutse ababyeyi, ntitwishe, ntitwakoze n'Ibindi byinshi mwabonye haruguru. 

Gusa ibyo byose ntibihagije kuko uwiringira ibyo gusa Imana ntimubona nk'Umukiranutsi, kuberako amategeko ntiyabasha rwose kutweza, kuko naho tutakwica ntibivuga ko mu mitima yacu bitarimo, ijambo ry'Imana ribwira ko ibiri mu mutima aribyo bibi: Kwica, gusambana, n'Ibindi.

Yesu yashaka kubwira abantu ko bakwiye kurenza ibigaragara, bakagera no mumitima, ntibasambane bikava aho bakica no kwifuza kubi ko mu mumitima yabo, ntibice bakirinda n'Ishyari ryo mu mutima
Uyu munsi wowe wasanga n'Imbuto z'Icyaha zikigaragara kuri wowe, utagira n'Umwanya wo kugaragara neza n'Inyuma, ariko ukwiye kuruta abafarisayo. ugakiranuka Imbere n'Inyuma.

Kubwa Yesu tubasha guhinduka rwose, tukaba ibyaremwe bishya, ndakwifuriza kubaho mubuzima, burenze ubw'abafarisayo, kuko kubahiriza amategeko bitagira Yesu Imana ntiyashimye ko bizinjiza abantu mw'Ijuru ahubwo Yashimye Kristo. Ibya mbere niba bitaratwogeje neza, habonetse amaraso abasha kutweza rwose.

Abakarabye mu mariba y'amategeko ntibashize umwanda, ariko biyunyuguza amaraso ya Yesu bakera rwose, Yesu atuma tubaho ubuzima bw'ubahiriza amategeko tutabitewe nuko ariyo duhanze amaso ahubwo nk'Uburyo bwo kwerekana ko abamenye Imana babaho ubuzima bukomeza amategeko!

Ibaze nawe uvuka ko Kristo yagukijije hanyuma ukaba : ugisambana. ukiba, ugituka ababyeyi, ugikora ibyo byose biteye isoni, ndaguhamiriza ko utazaragwa ubwami bw'Imana . kuko ubuntu buduhesha gukizwa bwazanywe na Yesu butwigisha kureka ingeso mbi za kera tukabaho twumvira.

Ubuntu nyabwo ngubu:  TITO: 2:12 Butwigisha kureka kutubaha Imana n'Irari ry'Ibyisi, bukatwigisha kujya twirinda dukiranuka, twubaha Imana mugihe cya none.

Ndabakunda!

Wednesday 26 November 2014

INKOZI Y'IBIBI ISA ITE? ESE BIRASHOBOKA KO KO UMUNTU YITWA UMUKRISTO AKITWA N'INKOZI Y'IBIBI? M.Gaudin

Matayo 13:41

Umwana w'Umuntu azatuma abamarayika be, bateranye ibintu bigusha byose n'inkozi z'ibibi babikure mu bwami bwe, babajugunye mu itanura ry'Umuriro. Niho bazarira bakahahekenyera amenyo.Icyo gihe abakiranutsi bazarabagirana nk'izuba mu bwami bwa se.Ufite amatwi niyumve.

Mubintu bibabaje kandi biteye agahinda, nukubona umuntu witwa ko ari murusengero cyangwa yiyita umukristo ariko ugasanga nanone azwi nk'Inkozi y'Ibibi, umuntu aba inkozi y'Ibibi ryari ?

uyu munsi hariho ibintu bibi, hari ibigenwa n'abantu bikitwa bibi, ariko ibintu byiswe bibi n'Imana nibyo usanga bigira n'Ingaruka mbicyane, kuko hariho ibintu bibi ariko byiswe bibi ku mpamvu zitandukanye. uyu munsi natanga urugero nk'Umuntu utwara imodoka mubihugu bivuga icyongereza, akomeje imyitwarire nkiyo yari asanganywe mubihugu bivuga igifaransa ndahamya ko biba ari amakosa.

ariko icyintu cyiswe icyaha n'Imana niho umuntu aba ari inkozi y'Ibibi, ariko umuntu wakoze icyaha buri gihe iyo yemeye guhinduka cyangwa akihana ntiyitwa inkozi y'Ibibi . Matayo 4:17. icyo gihe aba atangiye ubuzima bwiza bwo kubaho ashimwa n'Imana ndetse n'abantu, ibyo akora ntanakimwe gihanwa n'Amategeko.abagalatiya 5:22-23.

Uyu munsi niba uri murusengero hamwe n'abandi bavuga Imana ukiroga, ugisambana, ukigira urwango, ishyari n'ibindi bibi bisa bityo, ntiwihane wumva iherezo ryawe ari irihe? nibwira ko Imana itera imbuto nziza mu mitima hanyuma umwanzi nawe akaza agatera imbuto ye, uyu munsi wisuzumye ubona ugana mw'Ijuru, nibyo koko ushobora kuba usa nugana yo kuko icyerekezo abandi barimo nicyo urimo ariko niba itike yawe igaragaza ko ugana kurimbuka, naho wagera mw'Ijuru uzasubira aho wakatishirije. uyu munsi niba uri murusengero ukwiye kwihanira kureka, ndetse ukwiye kubana n'Imana cyane kuko iyo tujya ni mw'ijuru iwabo w'ibihumbi, ibuhumbagiza by'abanesheje, abanze gusambana nk'abayozefu, abihannye ubwicanyi nkaba pawulo, abicujije ibyo bakoze bose ndetse nabatakoze nabi na gato nk'aba enoki, ngo yagendanye n'Imana ibihe byose.

Abo bose ni abagabo bo guhamya gukiranuka. Uyu munsi ndashaka kukubwira inkozi y'Ibibi, uko bivugwa n'Imana, kuko naho dufite ibintu byinshi twanga ariko siko Imana ibivugaho, ibyo nshaka kukubwira ntibikuraho ko ukwiye gushakashaka ibyo umwami yashima abefeso: 5:10.

Uyu munsi hariho abantu Imana ivuga ko batazaragwa ubwami bw'Imana, umenye neza ko kuba murusengero bidakuraho ibyaha, ahubwo kwihanira kureka no kubabarirwa ni byo byonyine byagufasha! uyu munsi ndasha ko turebera hamwe ibi bintu  igihe cyose udahisemo kuririra Imana ngo igukureho uwo muvumo utazaragwa ubwami bw'Imana

NTIMUZI YUKO ABAKIRANIRWA BAZARAGWA UBWAMI BW'IMANA? 


1.Gusenga ibishushanyo: uyu munsi hari abasenga ibishushanyo bibajwe! ariko hari n'abasenga ibitabajwe, uyu munsi niba ushaka kureba ibyo kanda hano urebe abantu bikubita hasi baramya ibishushanyo kandi bakitwa ko bavuga izina ry'Imana.

2.Abasambanyi: uyu munsi niba uca inyuma umugore wawe cyangwa umugabo wawe, ugasambana, Imana ubwayo ihamya ko nta bwamibw'Imana uzabona.

3.Ibitingwa, abagabo bendana( Ibyo muri iyiminsi abantu bahaye izina Homosex), ibi nabyo bireze mw'Isi nubwo abantu bataviguha rumwe dukwiye kureba icyo Imana ibivugaho. n'Icyaha Imana yanga urunuka. niba wicaye murusengero rero ntaho batagucira urubanza umenyeko iherezo ryawe n'Umuriro ariko niwihana Imana yiteguye kukubabarira!

4.Abajura: Uyu munsi kwiba byabaye inzira yo gukira vuba, ariko kwiba  ni icyaha kandi Imana yanga urunuka, Yewe nabantu ntibagikunda.

5.Ubusinzi: imana ntikunda ubusinzi pe! uyu munsi ushobora kuba murusengero kandi umaze iminsi mukabari, ukava mukabari uza murusengero, ariko ntibivuga ko uzajya mw'Ijuru, uko biri kose hariho umuriro uzarya abanga kwihana, mugenze wanjye wihane.

6Abatukana: uyu munsi umuntu aragutuka, akakubwira ngo yakinaga, ariko sinzi ukuntu umuntu muzima yakinisha inkota ashaka kuyikujomba, niba utukana ni ugutukana si ugukina! waba nawe utukana kandi ukaba n'umukristo? Oya rwose !

7Abanyazi: Hariho abantu bazi guhuguza utw'abandi, ugasanga n'Umuntu ujyana iby'abandi kungufu, ariko uyu munsi ukwiye kumenya ko Imana itazakwinjiza ahera hayo niba uri umunyazi.

Uyu munsi nakugira Inama yo kumenya ikintu cyose wakorera Umwami wawe, nicyo wakwirinda ubifashijwemo na mwuka wera kugirango ugaragare mu maso y'Imana udafite umugayo. ushobora Kwibaza uti ese birashoboka ko umuntu abaho akijijwe, ariko ndahamya ko bishoboka! ntimwishushanye n'ab'iki gihe abaroma12:2, sinibwira ko igihe cyose waba udashaka kwihana, hari uzagukura murusengero cyangwa mw'Isi ariko nkuko abantu bagenda bagapfa kuko ntamuntu utazapfa, ukwiye gutegura urugendo rwawe hakiri kare, Iminsi umuntu afite ayibaho nkuzapfa, iyo ubyirengagije rugutwara utiteguye. zaburi 49:15

Ndahamya ko ibi atari ubwambere ubyumvise, ariko impamvu bigarutse nuko n'ubu bikikureba: Ufite ugutwi niyumve,  njya nibaza aya magambo Yesu yavugaga ati: ufite ugutwi niyumve, ariko naje gusanga abantu benshi amatwi yacu atangira kubaho igihe tuyakoresheje neza, nibwo atangira kubaho. kuko ikintu kitagufitiye umumaro kiba gisa n'Ikitariho. Uyu munsi amaso yawe niba uyafite urebe, niba ufite amatwi wumve, ndakwingize wihanire kureka, kuko igihe kiribugufi uzaza ntazatinda. kandi azaza aje kugororera buri muntu ibikwiranye nibyo yakoze, ari ibibi cyangwa ibyiza.

sinzi igihe umaze witwa umukristo ariko, sicyo cyangobwa ahubwo igihe watangiririye kubaho nk'abakristo nicyo kizatuma Imana ikubara mubayo. abantu benshi bibwira ko umuntu yaba umukristo akabaho nk'uko yari ameze, Oya hariho Kera mubantu bamenye Imana. harino n'Ubu kandi hariho n'Ibihe bizaza. 

Kera hawe n'Ubu hatandukaniye he? ibaze mu mutima urebe ko hari impinduka, kandi ukomeze urusheho gushakashaka ibyo umwami yashima!

Ese ko uri muntama uri Intama? cyangwa wihindura intama iyo uri kumwe nazo gusa? abameze baryo ntabwami bw'Imana bazaragwa.

Ndabakunda!

Tuesday 25 November 2014

IBYO UMUNTU AREBA YABIVUGA, ARIKO NTIYAHAMYA IBYO ATITEGEREJE! UJYA WITEGEREZA IMANA? M.Gaudin




Zaburi 48:13-15

Muzenguruke Siyoni muwugote,Mubare ibihome byawo. Mwitegereze cyane inkike zawo, Mutekereze inyumba zaho, Kugirango muzabitekerereze ab'igihe kizaza,.kuko Iyi Mana ari Imana yacu iteka ryose, Ni yo izatuyobora kugeza ku rupfu.

Abantu beshi bafite amaso, bigaragara ko banareba kuko iyo hari icyo babonye bashobora no kukivuga, ariko iyo bigeze kukwitegereza usanga abanshi bahinduka impumyi, ndetse ugasanga ibyo bavuga ntibabihamya!

Uyu munsi ushobora kuba ureba ibitangaza byakozwe n'Imana, kuko Imana tuyibonera mukugira neza kwayo kwa buri munsi, yewe iyo uhuye n'abantu ushobora kubivuga, ariko byagera mukubihamiriza abantu ukabura icyo uvuga!

Kuvuga ikintu biroroshye ntibisaba imbaraga cyangwa kuba ukizi neza, niyo mpamvu abantu benshi bavuga ibintu badahagazeho batabasha kubihamya! uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko Uko ubona ibintu utabyitegereje ubisobanura nabi! kandi iyo wihaye gusobanura ikintu utitegereje bituma wizera ibitari byo!

Uyu munsi ndashaka ku kwibutsa ko kureba no kwitegereza bitandukanye, Imana irifuza abantu bitegereza kurenza abarebesha amaso gusa. niba usoma ijambo iryo jambo uribonamo iki? niba ubonye igitangaza ubonyemo iki? Kwitegereza bizana Kwizera Imana kuzuye, naho kureba birangirira mu kuvuga!

Uyu munsi abantu benshi bizera ko Imana iriho kuko bakubitanye nayo mubyo yakoze, ugasanga abantu bavuga ko Imana iriho. ariko abayitegereza baba bafite umwihariko kuko bayimenya kugiti cyabo, ugasanga bafite impamvu zo guhamya batabitewe gusa nuko babibonye ahubwo yuko ba byitegereje! ndashaka kukubwirako ko mubuzima abantu batarushanwa kureba ahubwo barushana kwitegereza! uyu munsi ushobora kuba ureba ahantu ariko kuko utitegereza ntusobanukirwe.

Buri gihe Kureba bitera guhubuka, ariko kwitegereza bitera gushishoza no guhitamo igikwiye, udashingiye kubyo ubona ahubwo ushingiye kubyo witegereje! Ndahamya ko abantu benshi bareba Imana ariko ugasanga ntibayitegereza! aribyo ahanini bibaviramo no kuzayivaho kuko buri gihe iyo umuntu yitegereje abona ibyo abandi batabona!

kwitegereza bishobora kugutera kubona icyaha igihe abandi batakibona, bishobora gutuma ubona imbaraga igihe abandi batazibona, bishobora gutuma umenya umugambi w'Imana no mu makuba naho abandi baba babona bikomeye! ariko uyu munsi ukwiye kwitegereza! ndahamya ko uyu munsi ukwiye gusaba iMpano yo kwitegereza!

Uyu munsi abantu bitegereza nibo bonyine bashobora kubona icyo bazabwira ab'Ibigihe kizaza! uyu munsi umuntu witegereza yereka abandi ikintu batabonye, ariko utitegereza avuga ibyo ahuye nabyo. uyu munsi ndakwinginze ngo witegereze Imana, kandi urusheho kwitegereza ibyo Imana ikora. buri gihe iyo abantu iyo abantu barebesha amaso gusa ntibabasha kwizera Imana , ariko abitegereje rwose babasha guhamya no kurushaho kwizera!

Ndahamya kugeza ubu hari abantu bakireba Yesu, nk'Uko za ntumwa zamubonaga, bamwe baracyamubona nk'umuhanuzi, abandi baramubona nka yohana, eliya n'UBUNDI BURYO Bwinshi ariko abitegereza baramubona nka Kristo Umwana w'Imana isumba byose. baramubona nk'Umwami n'umukiza w'Ubugingo bwabo.

iyo wamwitegereje rero ukura iki: ukuramo kumugira uwawe bwite, Kristo ntaba akiri uwo kuvugwa aba uwo guhamiriza bose kuko uba uzi neza icyo avuze kubugingo bwawe. 

Uyu munsi niba uri umubyeyi niwitegereza uzabona uko urera abana bubaha Imana, niba uri umukobwa uzabona uko wubaka urugo ruzima, niba uri umugabo uzabona uko wakwizera Imana, ndahamya ko uko twitegereza Imana irushaho kutwiyereka mubundi bwiza, Imana ntihinduka ahubwo uko tuyitegereza tugenda tubona ibyo tutari twabonye.

Imana si hariya umaze kubona, ukomeze uyitumbire urabona n'Ibindi, uyitegereze urabona n'ibindi, ubuzima bw'Umuntu buhindurwa no kwitegereza Imana si ukuyibona gusa. Yesaya 42:18-20

Niturushaho kwitegereza tuzakirira aho abandi batabona ubuzima, ubwami bw'Imana ni ubw'abantu bitegereza, bakabona icyo abandi batabona......bamwe bagurisha umurima urimo ubutunzi ngo bashake uwundi....uwitegereza agura ibyo abandi batabona...matayo 13: 44. byose bisaba Kwitegereza ukareba. kubona ahantu hatera ntibivuze ko nta mu maro hafite ahubwo witegereje wasangamo ubutunzi budasanzwe.

Ibyo ucamo ntubirebe gusa ahubwo ubyitegereze ndahamya ko uri bubonemo ishimwe!

Ndabakunda!

Monday 24 November 2014

URUHARE RW'ABUBAHA IMANA, MU KUBAKA IGIHUGU....URUGERO DUHABWA NA NEHEMIYA. M.Gaudin



Nehememiya 2:17

Mperako ndababwira nti" Ntimureba ko tumeze nabi, ko i Yelusalemu habaye amatongo n'amarembo yaho akaba yarahiye? Nimuze twubake inkike y'I Yerusalemu tutagumya kuba igitutsi."

Yesu ntiyasabiye intumwa ze kuvanwa mw'isi ahubwo yabasabiye kuyirindirwamo, uyu munsi nawe hari impamvu utarapfa, ni ukugirango utunganye ibidatunganye. 

werekane kandi Ukore imirimo myiza yatuma abantu bahimbaza Imana. Matayo 5:16



Imana yaremye abantu benshi kandi batandukanye, ibyo buri muntu wese arabizi neza. si ibyo gusa ahubwo yaduhaye no kuvukira mubihugu bitandukanye. nta sezerano riruta guhabwabwa igihugu no kuguhindura ubwoko bukomeye ribaho mw'isi.

Isezerano rya mbere rikomeye twahawe nukuzajya kuba muri y'Amazu Kristo yatubwiye.Yohana 14:2, ibyo imitima yacu ibitegerezanya amatsiko, kandi niyo mpamvu dutacogora kumwizera kuko ubwo yabivuze azanabisohoza kugira ngo Data wo mw'Ijuru yubahirishe Umwana we.

Isezerano rikomeye ryabayeho rigahabwa Sogokuruza aburahamu, ryari isezerano ryo kuzamuha igihugu ndetse n'Urubyaro, uyu munsi umuntu ukiri mw'Isi yakwishimira kubona afite igihugu akomokamo. Yakwifuza kubona urubyaro rwaho akomoka rugwiriye rukangana n'Umusenyi wo kunyanja! nukuri Imana niyo yatumye uvukira mu babyeyi b'abanyarwanda  cyangwa abandi..!

Uyu munsi ushobora kuba usenga Imana ngo ize igutware mw'Ijuru, ariko nayo ikaba itegereje ko ubanza kugirira umumaro  abantu mwahawe igihugu Kimwe. Uyu munsi ndashaka kukubaza nti ese ujya utekereza kugihugu cyawe. waba ukirimo cyangwa uri hanze. ese iyo wumvishe amakuru y'abana batiga, abicwa n'Inzara, ubukene, n'ibindi wumva ubabaye cyangwa kuko wibereye munzu z'abakomeye uterera agati mu ryinyo?

Nehemiya yabaga ibwami, kandi yari ameze neza, ntiyari yishwe n'Inzara cyangwa ngo agire icyo abura nk'uko nawe ushobora kuba umeze, ariko kuko atabaga mugihugu cye aza kubaza amakuru y'I Yerusalemu, maze bamuha amakuru atari meza bati inkike zaho zarahiye, umurwa warasenyutse! Nehemiya niko kugira agahinda kenshi ko mu mutima maze ikintu cya mbere yakoze arasenga Nehemiya 1:4

Nyuma yo gusenga,Imana yamuciriye inzira ajya kureba uko bimeze iwabo, maze yiyemeza kongera kubaka ahasenyutse. Abantu benshi bashobora kumva ibintu bagasenga ariko ntibagire indi ntambwe batera! hari uwo wabwira uti mu Rwanda abana ntibiga, akavuga ati nzabisengera! nyamara ntabe yagenda ngo arebe icyo yafasha ngo abana bige n'Ibindi. Igihugu ni umugabane umuntu yahawe akiri mw'isi. uyu munsi buri muntu afite igihugu ndetse habaho no kwerekana urukundo ukunze igihugu ni ukugihangayikira! utabitewe n'uko bagutoreye guhagararira inzego za leta, ahubwo ubitwe n'Ishyaka ry'Uko uri umukozi wubaha Kristo. maze ukicisha bugufi ugasenga! igihugu ntikizakizwa n'abatazi Imana ahubwo kizahemburwa ku bwawe uzi Imana kandi witeguye gukora ibyiza byose ngo igihugu cyawe kireke kuba igitutsi.

ESE IGIHUGU KIBA IGITUTSI RYARI? Igihe cyose abandi bahugiye mukubaka ibihugu byabo naho wowe ukajya guhaha ntutahe, ibaze kwitwa umunyarwanda wambere ukize muri america ariko ugasanga iwanyu hari abantu badashoboye no kurihira abana ishuri, cyangwa kubagaburira! buri gihe abantu baravuga bati nubwo akize ariko akomoka ahantu bakennye! sinzi uko ubyumva, ntamuntu ukubahira ko wasuhukiye mu gihugu cye! uko biri kose uba uri umwimukira! niyo mpamvu abenshi banahohoterwa kuko uba utari iwanyu.

Ariko njyewe nawe turamutse twemereye Imana dushobora kuzana impinduka nziza, mubihugu byacu, ndahamya ko buri munyarwanda, cyangwa umurundi witwa ko ari umukozi w'Imana akwiye kuba ariwe ufite umutwaro w'Igihugu, uko ugisengera Imana iguha n'Uburyo bwo kugira icyo ukora kandi kiza! ariko niba abitwa ko bazi Imana aribo bahinduka ba ntibindeba iherezo ryacu ntiriba ari ryiza!tuba duhisemo gukomeza kuba igitutsi.

Uyu munsi dukwiye kuba aritwe ba mbere bo kwerekana urumuri mubihugu byacu, aha mbibutse ko Yesu yagize ati muri umucyo w'isi, ndakubaza nti ese koko uri umucyo w'isi utabanjirije no mugihugu cyawe, abantu bubaha Imana bakwiye kubera abandi urugero mugukunda ibihugu byabo, ndahamya ko nyuma Yo gukorera Kristo dukwiye kwitangira gukorera Ibihugu byacu. kuko Imana ntiyakuzanye mw'Isi ngo ube ikibazo ahubwo yakuzanye ngo ube igisubizo.

Nehemiya yashoboraga kuvuga ati ese ko ntawashyizeho ngo mbe umuyobozi, abayobozi bajye babikora! ariko buri gihe umutwaro(passion)ufite niwo ugutera gukora mugihe kigukwiye no mukitagukwiye. uyu munsi ukwiye kuba urumuri, 
Matayo 5:14

Muri umucyo w'Isi.umudugudu wubatswe ku mpinga y'Umusozi ntubasha kwihisha. ntawukongeza itabaza ngo aritwikirize intonga,ahubwo arishyira kugitereko cyaryo rikamurikira abari munzu bose. abe ariko umucyo wanyu ubonekera imbere y'abantu, kugira ngo babone imirimo yanyu myiza bahereko bahimbaze so wo mw'Ijuru.

Ndahamya ko iki gikorwa cy'Ubutwari Nehemiya yakoze cyatumye abantu benshi bagarukira Imana, uyu munsi nawe ushobora kuba hari icyo wakorera Igihugu cyawe maze abantu bakagarukira Imana, ushobora kuba utari umuyobozi ariko ufite umutwaro, ntutegereje uzaza kukubwira ko umuturanyi wawe yaburaye ngo ubone kumuha icyo kurya! ushobora kudahera ku kintu kinini ariko ukagira ishyaka ry'Ubwoko bwawe ndetse n'igihugu cyawe.

ndahamya ko Imana yifuza kubona abantu bayubaha bahindura ibintu, muburyo bw'Imikorere, kugira ngo babere abandi urugero. ushobora kugira ishyaka ry'Urubyiruko rw'Iwanyu, ushobora kugira ishyaka ry'abana, abagore n'ahandi kuko igihugu gifite amarembo menshi kandi yose akenewe gusanwa no kubaka! uhere aho Imana ikuyobora maze ufatanye nanjye kubaka igihugu. ndahamya abazabona Imirimo yacu myiza bazaherako bahimbaze Imana. 

Hariho abantu bishimira kugaya, no kumva ko kugira ngo bagire icyo bakora bagomba gukuraho bamwe, uyu munsi ndagirango wibuke ko nehemiya amaze kubaka inkike, yahaye abandi umurimo arigendera, nawe singombwa ko baguha intara ngo uyiyobore, cyangwa bakugire umudepite ahubwo ushobora gukora ibyiza naho waba nta mwanya usa nuwo utekereza wabona! icyangombwa si umwanya uhabwa, ahubwo icyangombwa ni umutwaro ufitiye igihugu.

Yesu agira ati nuko ushaka kuba mukuru abe umugaragu w'abandi, uyu munsi ntukwiye kwibwira ko ibyiza uzakora bisaba ko uriya muntu avaho ukanjyaho, uyu munsi ushobora gufasha mu burezi utari minisitiri w'Uburezi, ushobora gufasha mubuvuzi utari minisitiri w'ubuvuzi, ushobora gufasha urubyiruko kwigirira ikizere utari minisitiri w'Urubyiruko, ariko biragusaba kumenya neza ko Amarembo yasenyutse kandi ushaka ko iwanyu hongera kubakwa!

Uyu munsi turashima Imana ko nyuma ya Genocide yabaye mu Rwanda, hahagurutse ba Nehemiya, uyu munsi abantu bariyunze, uyu munsi igihugu kiragendwa, uyu munsi igihugu ntikikiri igitutsi, muyandi mahanga ari haracyari byinshi byo gukora. buri munyagihugu ahugiye muguteza imbere inkomoko Ye, niyo mpamvu nawe ukwiye kuba uhugiye mu Gukorera Kristo no Gukorera Igihugu. impamvu imana yagushyize kw'Isi nukugira ngo utunganye ibidatunganye. mugandukire abatware batwara nk'Uko ijambo ry'Imana rivuga. Abaroma:13:1-5. 

Mwnage ikibi mukore ibyiza, mushikame mukwizera kuko nta muntu ukora neza utazabihemberwa n'Umwami yaba Imbata cyangwa uw'Umudendezo. inkike zasenyutse ziri imbere yawe, ukwiye kugira icyo ukora, aho kugaya abandi. erekana uruhare rwawe.

Niba koko uvuga ko wakijijwe, ukaba waruhagiwe n'amaraso ya Kristo , ukwiye kuba impumuro nziza ya Kristo, ukwiye kumenya ko Imana yifuza ko uba umucyo mw'Isi, umusemburo w'Ibyiza, ukaba ufite itandukaniro n'abatazi Imana. kandi Imana izaguhembera ko wayikoreye.

Ese uyu munsi hari imirimo waba ukora yatuma abantu bahimbaza Imana ku bwawe? ndahamya ko ukwiye kwisuzuma, Uyu mnsi Imana irifuza kugukoresha nka Nehemiya, ariko biragusaba kuba ufitiye umutwaro igihugu Imana yaguhaye. ndahamya ko izagukoresha kandi izahahindura inshimwe.
Dukomeze gusengera igihugu cyancyu ngo Imana ikomeze kuduha kuba mu mahoro 1 timoteyo 2:1
2 ingoma 7:14

Ndabakunda!





Saturday 22 November 2014

KUNYUNGU ZAWE CYANGWA IZ'IMANA? IBYO UKORA IBIKORERA NDE? M.Gaudin

Yesaya 5:8

Numva ijwi  ry'Umwami Imana riti" Ndatuma nde, ni nde watugendera?"

Uyu munsi ushobora kuba umaze igihe kinini uri munzu y'Imana, uririmba, uhanura, ubwiririza wubahiriza amategeko atandukanye, ariko uyu munsi ndashaka ngo wongere wisuzume wibaze uti ese ibyo nkora mbikora kubwande?

Abantu benshi birashoboka kubaho kubera kwikunda, akabaho akora ibintu byinsho bitandukanye kandi byiza mu maso Ye ndetse no mumaso y'abandi! ariko ugasanga ntabikora kubera Imana ahubwo abikora kubera inyunguze kugiti cye! ariko uyu munsi wowe usoma ubu butumwa ukwiye kwisuzuma, sinkubwiye kureba abandi ahubwo wowe ubwawe ukwiye kumenya ko ibyo ukora ubikorera kugira ngo Kristo ahabwe icyubahiro, cyangwa ari kumpamvu zawe bwite.

Zimwe mu mpamvu zishobora gutuma umuntu aba mu murimo w'Imana agakora ariko adakorera Imana!

Ndahamya ko mwese muzi nk'abantu baba biruka bahigwa n'ibinntu bitandukanye, hanyuma bakaza bagera ahantu abantu bahinga bakanjya mu murima, batagiye guhingira nyiri umurima ahubwo bagiye kuba bahinga ngo bihishe ubahiga!


  • Abantu benshi bihishe mu makorari kubera kwanga kwiyicira ubuhamya.
  • Banga kuba abasinzi kubera ko bitagezweho kuba umusore w'Umusinzi
  • Bakirinda ubusambanyi kubera kwirinda Sida n'Ibindi
  • Bakitanga ngo bamenyekane ko arabanyangeso nziza!
ndakubwiza ukuri ko mubantu bagushima, ariko bibaye ibyo ibihembo byawe biba ibyo mubantu.
Uyu munsi ndashaka kugirango umenye uwo ukorera! uhagarare uhamye uvuge ko ukorera Kristo. Si ikindi nshaka kukubwira uretse kukwibutsa ko umurimo wose udakoranye urukundo rwa Kristo ntukuvuna kuko uba ukora ibyo ushoboye kandi wihitiyemo! ariko nuhitirwamo n'Imana uzabyemera?

Abantu benshi Gukorera Imana bibaryohera iyo ntakintu cy'Umwihariko ibasaba, iyo ntahantu hawenyine igutuma, iyo ntanzira shya ishyize mubuzima bwawe! ariko uyu munsi Imana irifuza kujyana nawe ariko irifuza ko ureka ubuzima bwo Kwikoresha!

hariho abantu bumva bakorera umwami ariko kandi bakanikoresha, ndavuga nti Ibyo Imana igutegeka n'Ibyo nawe wihimbiye, uyu munsi umenya ko umuntu ari mubuzima yihitiyemo iyo abajije Yesu ikibazo gisa nicyo wamutunzi yabajije! Ati mwigisha mwiza nkore kindi kihe ngo ndagwe ubugingo? Mwibuke ko Yesu yamubajije ko yubahiririza amategeko, umusore yamubwiye ko kuva mu buto bwe nta rimwe yica! ahari wowe ushobora no kuba ukiyica ariko Kristo akakubabarira, Imana Yacu ishimwe. 

Uyu musore wakurikizaga amategeko guhera mubuto bwe yajyaga anatanga uko ashaka kandi ashoboye, ariko ikibazo cyaje kuba gutanga uko Yesu agutegeka! Ndahamya ko abantu benshi dutanga uko dushoboye n'Uko duhisemo, ariko iyo bijemo ko tugomba kubikora nk'uko Yesu abidutegeka. Ese uyu munsi ubayeh mubuzima bwo gukora ibyo ukora byitwa ko ubikorera Imana koko ubikorera Imana! cyangwa ni zampamvu navuze hejuru.

Sinzi uko ubikora, sinzi n'Impamvu ibigutera! ishobora kuba ari uburiganya cyangwa iy'Ukuri. Imana ntacyo ihomba kuko pawulo yagize ati ndashima Imana ko mu kuri no muburiganya Kristo aramamazwa! abafilipi 1:15.

Uyu munsi rero wikureho impamvu zose zaguteraga gukorera Imana, usigarane Impamvu imwe y'Umutima ukunze, kandi wemerera Kristo. Yesu ni umukiza kuri bamwe, ariko akwiye no kukubera Umwami guhera uyu munsi. Umwami akwiye kumvirwa no kubahwa biruseho. buri gihe ijambo ry'Umwami rihinduka iteka. uyu mugoroba niwumva ijwi rye ntiwinangire.

Guhera uyu munsi usigeho gukorera mu kwishimisha, no guhaza irari ryawe, no kwishakira icyubahiro gusa, ahubwo wongere wubake ibyo ukora muri Kristo. niho uzahemberwa ibyo wakoze. kuko buri wese akwiye kwirinda uko yubakaho kuri urwo rufatiro!

Kuri mwese mukorera Umwami wacu Kristo mutaryarya mumenye iki:


Komeza uhabere Imana kuko Imana yaguhisemo kuba umuhuza w'abantu nayo kubwa Kristo.
barahirwa abo databuja azaza agasanga bakimukorera batariganya kandi bataryarya mu mitima.

Ndabakunda!


Friday 21 November 2014

FARAWO NA HERODE KUKI BICAGA ABAHUNGU BAGASIGA ABAKOBWA, MURI IYI MINSI ABAHUNGU BACIBWA ITEGE.! . ..M.Gaudin

Kuva: 1: 16 Ni mubyaza abaheburayokazi , mukabona bicaye kuntebe babyariraho, nihavuka umuhungu mujye mumuhotora, ariko naba umukobwa abeho.

Matayo: 2:16 Herode abonye ko yatengushywe na ba banyabwenge ararakara cyane,aratuma ngo bice abana b'abahungu bose bari i Betelehemu no mu misozi yose iri bugufi bwaho, bamaze imyaka ibiri n'abatarayimara, nk'uko yagereranyije igihe yasobanuriwe n'abo banyabwenge.

Uyu munsi ndagirango turebere hamwe ibi byanditswe, ndumva nganirizwa n'Imana kuvuga kubintu bimwe bisa naho ari ukuri ariko bitari mw'Ijambo ry'Imana. uyu munsi abategetsi bo mw'Isi cyane cyane ibihugu bikize birikanga iki? ni iyihe mpamvu umuyobozi yashyiraho itegeko ryo Kwica utwana twuduhungu duto?hanyuma akareka abakobwa.

Buri muntu wese azi icyo umwana w'Umuhungu avuze, kuko n'ababyeyi bacu iyo uganiriye nawe akubwira ko yifuza kubanza umuhungu, sinzi Impamvu ibitera, ariko nayihuza n'Impamvu nzima numva yo mw'Ijambo ry'Imana, nuko abantu bakunda Imana bakunda kubanza icyo yabanjije. bagaheruka icyo yakurikije. ntunyumve nabi ahubwo ndagira ngo wumve icyo Imana yakoze bwa mbere kiguhe kumva icyo tubereyeho kw'Isi. 

Kubaho k'Umugabo si Impanuka, yewe n'Umugore si impanuka, kuko buri mwe Imana yamuremeye umugambi ukomeye agomba kuzuza, ariko uyu munsi wa none mw'Isi yuzuye, urwango, kwikunda, no gushaka kuyoboza abihugu uburetwa,n'Ubwoba bwo gutakaza icyo wari ufite bigatuma wiga mugambi mubi wo guca intege igitsina gabo.

Farawo na Herode batinyaga iki?

Farawo yagiye kubutegetsi hanyuma, abona abisiraheli bagwira cyane rwose, maze ubwoba buramufata ngo aribwira ati aba bantu nitubareka bazaducika tubure abo dukoresha ubukoroni, ni ko kwigira inama mwasomye mu kuva 1:16.

Herode nawe si kure yaho kuko yahiye ubwoba bw'uko Yesu yiswe umwami, hanyuma ahitamo kwica abahungu bose, kuko ntiyari azi uwo ariwe, ahitamo kwica bose.

Aba bose bahuriye kubwoba bwo gutakaza ikintu, uyu munsi abantu benshi bajya muri gahunda zo kugabanya urubyaro si urukundo bakunze abana bavuka, ahubwo n'Ubwoba bwo kubakorera no Kwitanga ku bw'abana! uyu munsi hari abagabo barimo guhabwa Inkingo zo kutabyara burundu mu bihugu bikennye, ariko ibi byose hari ababa babiri inyuma.

Sinzi uko mwe mubibona, ubu mubihugu byose, hari amahirwe menshi ahabwa abakobwa, no mubihugu byacu, uragira gutya ukabona abaterankunga batangije ikigo bakacyita Girls schools??? Kuri iki gihe ntago bakica abahungu muburyo bwo kubakuraho cyane, ahubwo bamenye ibanga ko umuhungu utize ngo ajijuke ntaho ataniye n'umudamu wahejejwe munzu. iki kinyejana harimo harapfa abahungu benshi, muri Africa, Asia, no muri America y'amajyepfo! uyu munsi wakwibaza ikibazo uti ese umugabo niba yitereye ikizere, umugore azamufasha iki?

Imana yabanje kurema umugabo, imuha imirimo agomba gukora, hanyuma ibona ko atari byiza ko aba wenyine, Imuremera umufasha umukwiye! itangiriro 2:18.

noneho Twibaze twese, niba umugore yararemewe kuba umufasha, yafasha nde udahari, yafashe nde utazi gusoma no kwandika, yafashe nde utagira akazi, yafashe nde usuzugurwa? uyu munsi ndagira ngo twibaze iki kibazo: Ese Umugabo yabaho nta mugore? none se umugore yabaho nta mugabo? igisubizo natanga ni nkuko pawulo yagize ati 1abakorinto 11:11" Ariko mu mwami wacu, Umugore ntabaho hatariho umugabo, ni ko n'umugabo atabaho hatariho umugore. nk'uko umugore yakomotse ku mugabo ni ko n'Umugabo abyarwa n'Umugore ariko byose bikomoka ku Mana"

Uyu munsi tumenye ko ibyo bikomoka ku Mana ntihabaho kubikora nkaho dukosora Imana, ibi mbivuge neza, umugabo ntiyahawe kuba umukoresha w'Umugore, aha niho bamwe bibwira ko umugore ntacyo amaze, bitera bamwe kuba bumva nabo bakeneye ubwigenge ndetse rimwe bibashyira mu ntambara yo kurwana n'Inkomoko yabo. uyu munsi ndahamya ko Satani mubintu ashaka gukora Kw'isi no mubihugu n'uguca igitsina gabo ingufu, hakoreshwa uburyo bw'Ishi,uburyo bumwe bwo guca igitsina gabo ingufu n'ugutangirira hasi, abakiri bato kuko ntiwakwica abakuze.

Uyu munsi nabaha ingero zitandukanye aho usanga hariho gahunda nyinshi zizamura abana b'abakobwa, bashiki bajye ntimunyumve nabi ariko abo basigaye nibo bari basaza banyu! igihe cyose igitsina gabo gikuweho, gicishijwe bugufi, havuka ingaruka, kuko abagabo bahora bashaka icyubahiro, ndetse abagore bashaka gukundwa. niko ijambo ry'Imana rivuga. Abefeso 5:22-25

ubuzima umugabo n'Umugore bakwiye kubaho si ukurushanwa cyangwa guhangana, ahubwo ni ukuzuzanya. 

Uyu munsi ushobora kuba wumva abahungu bicwa muburyo butandukanye, ukumva abakobwa barabareka bakabaho, ariko ikibyihishe inyuma si ikindi, nuko umuntu wese ushaka guheza abantu mu bubata yica abahungu bato, kuko abo nibo bazana impinduka hanyuma bashiki babo bakabakomeza kurugamba! buri gihe umugore utari mu mwanya wo gufasha umugabo we ntago aba akwiriye uwo mugabo. uko ni ukuri.

Uyu munsi ushobora kuba ufite umugore ukomeye, ushobora kuba ufite mushiki wawe wabonye amahirwe yo kwiga ahantu heza, ukwiye ku mukunda, cyane ariko nawe mugore ufite umugabo urera abana kuko mwese mutabata, igihe wagiye mu manama n'ahandi...bashiki bajye mumenye umugambi satani afite wo kurimbura ibihugu ndetse ibihugu bimwe bitegetse ibindi kubera iturufu nkiyo.

uyu munsi hariho gahunda yo gusenya imfatiro z'Umuryango, ubu abazungu baradutegeka kwemera ko umugabo ashobora kuba umugore hanyuma natwe kugirango tubone inkunga tugasinya ayo mategeko: kuko usanga tutabisinye inkunga ihagaze inteko nayo yakinga! Yewe dufite ibibazo byinshi ariko tugomba kwemera kubaho mu byo Imana yavuze kuko nibyo bifite umumaro mwishi.


  • Buri muntu wese yakwibaza Impamvu ababyeyi barizwa no kubona abana ba bahungu?
  • Buri muntu wese yakwibaza urugo rutarimo umugabo
  • Buri muntu wese yakwibaza umugore wize ubana n'Umugabo utize.
  • Buri muntu wese yakwibaza Impamvu Imana yashimye kubanza umugabo ikamuremera umufasha hanyuma.
Ibi si mbivuze nkaho nshaka ko Mama umbyara atotezwa, cyangwa agirwa uwo guteka no gukubura, oya ahubwo ndabivuga nk'Umuntu ushaka ko mama abona urukundo rukwiye, ndabivuga nifuza kubona ingo zirimo amahoro. ingo zibyara abana bakura bakunda Imana. ingo z'Umugisha

Aho umugabo akunda umugore we, hanyuma umugore akagandukira umugabo we. umugabo nawe akagandukira Kristo.

ntiturwana n'abafite inyama n'amaraso, ahubwo turwana n'Imyuka. abefeso 6:10

buri muntu afite uko abona ibi mvuze, ariko uko mbibona dukwiye gusubira kurufatiro rwa mbere. kuko ntahantu muri bibiliya hagaragara ko ADAM yafataga EVA nk'umuja, ahubwo yamufataga nk'uko yamuvuze amaze kumubona. Itangiriro 2:23

Ahari uri umudamu, isi yashyize hasi umugabo wawe, ugira amahirwe urasigara, uyu munsi uribaza uti ese nakora iki? kugirango Umugabo wanjye agarukane icyubahiro, basaza bajye babeho(itangiriro 2:4),   Imigani 31:1-23

Buri gihe iyo udafite irishimwe, uba ufite umugayo kuko ikinyuranyo cy'ishimwe ni Umugayo.

Ndabakunda!






Thursday 20 November 2014

IYO UHANIRWA IBYAHA WAKOZE NTIWARI KUBA UKIBUKWA....NTUKONGERE GUKORA ICYAHA UKUNDI UTAZABONA ISHYANO RIRUTA IRYA MBERE...M.Gaudin

Yohana 5:14

Hanyuma y'Ibyo Yesu amubona murusengero aramubwira ati: :"Dore ubaye muzima, ntukongere gukora icyaha utazabona ishyano riruta irya mbere."

Ahari Imana yagukuye :

-Mu buraya
-mu businzi
-mu bujura
mu bwambuzi
mukutumvira
no mubindi bibi nawe ubwawe uzi! ikwicazanya n'abandi ubu nawe wahindutse icyaremwe gishya kuko uri muri Kristo. ntukibarizwa mukabari, no murumogi, Yewe ufite amaho, hari abo yakijije sida, igituntu, n'izindi rwara nyinshi, Yesu yakoze byinshi ngo ubabarirwe, ariko nawe hari byinshi ugisabwa ni kwita kugakiza wahawe ngo udatembanwa ukabivamo. abaheburayo 2:1

Uyu munsi ndashaka kuvugana nawe, wababariwe ibyaha, wowe uzi ko Yesu yagugucunguye kandi akagukiza ibyago byawe. Ndahamya neza ko niba warakijijwe wakijijwe kubw'ubuntu ntacyo utanze, ubuntu bwa Kristo bwatumye agukiza kandi burakurokora.

Uyu munsi hariho inyigisho nyishi udakwiye guha amatwi, ibyaha byawe byarangije kubabarirwa hanyuma ugasanga ubayeho mubuzima bw'Ibyaha biruta ibyo wakoraga mbere. unyumve neza kuko niba koko Imana yaragukijije uzi icyo wari urwaye, simpamya ko niba umuntu akize indwara yakwifuza kongera kuyirwara! ahubwo rwose yahora asaba Imana ngo imurinde kongera guhura n'ibyo byago.

Buri gihe abantu iyo bagiye kwigisha ku buntu cyangwa (grace) bafata ibyanditswe bimwe bagasimbuka ibindi ariko dukwiye kuba maso tukumva icyo Yesu avuga nyuma yo kutwakira kub'wubuntu, adutegeka kutongera kugenda nk'Uko kera twagendaga, yohana:8 hagaragaza umugore wafashwe asmbana, hanyuma bakamuzana...bamugeza Imbere ya Yesu, bakamubaza bati amategeko ya mose avuga ko ufashwe asambana aterwa amabuye! ibyo koko byari byo ariko Yesu yari azi amategeko kurusha abo bafarisayo, Yesu yagombaga gukemura ibibazo byinshi byari aho icya 1.yagombaga kongera kwerekana ko abacamanza badakwiye guca urwa Kibera
2.Kwerekana ko ariwe ukiranuka
3 Gushyiraho urufatiro rwo gukiranuka kurenza amategeko

aha ushobora kwibaza uti ese koko abafarisayo bari mu kuri? Oya kuko amategeko avuga ko umugabo n'Umugore bafashwe basambanabose bakwiye kwicwa! hanyuma bo bazana umugore gusa, Yesu yagombaga gukemura ikibazo gikomeye cy'abacamanza baca imanza zibera agashyira urufatiro rw'Imanza nzima. gutegeka kwa kabiri 22:22. Yesu ntiyigeze yihanganira uburyarya bw'abigisha mategeko ndetse n'abafarisayo. yagombaga gushyiraho urufatiro ruzima rero.

Ikindi abwira abo bose ati ngaho udafite icyaha muri mwe abanze amutere ibuye, habura numwe bose baromboka baragenda, hanyuma yubura amaso abaza uwo mugore ati ntamuntu uguciriyeho iteka? umugore ati "ntawe," maze Yesu aramubwira ati najye sinkuciriyeho iteka genda ntukongere gukora icyaha.yohana 8:11

Imana y'Imbabazi ihora iri hamwe natwe, akenshi usanga itubabarira ariko abantu benshi bahabwa imbabazi hanyuma ugasanga , basubiye inyuma muri byabindi bahozemo. none se mugenzi wanjye agakiza k'Imana ugafata ute? ndahamya ko Yesu hari byinshi yakubabariye, nawe wakwibuka, ahari byari kuba byaraguhejeje kuburiri, cyangwa byaraguresheje amabuye, ariko ubu warababariwe, kandi waruhagiwe n'amaraso y'umucunguzi wacu Yesu. Igihe n'icy'iki ngo uhe agaciro Imbabazi wagiriwe ariko cyane cyane wirinde utazabona ibyago biruta ibya mbere.

umuririmbyi umwe araririmba ari mu mwuka ati: n'Igitangaza n'igitanga....kuko nahawe agakiza k'ubuntu.....n'igitangaza n'igitanga jye munyabyaha nahawe agakiza! uyu munsi wowe najye turaririmba agakiza twaherewe ubuntu ariko ni ahacu ngo tukarinde, ndetse duhore twiyambaza Umwami.

nonese wakwibaza uti birashoboka ko nabaho ntacumura? igisubizo ni Yego mugihe cyose umutima wawe uciye bugufi ugasaba Imana imbabazi, kandi ukihanira kureka, 1yohana 2:1 uko biri kose Yesu niwe murengeze wacu. kandi ibyaha dukora ajya atubabarira iyo tumuhungiyeho n'Imitima iciye bugufi.

Uyu munsi waba uri umusambanyi, umujura,n'ibindi byinshi bikurega ariko waca bugufi ukakira kubabarirwa, hanyuma ukabana n'Imana amahoro. kuko ntakintu kiza nko kubaho wumva Imana mubanye amahoro. ikikubwira ko mubanye amahoro n'Imana nuko uba wumva Amaraso ya Yesu yaraguhesheje kubaho amahoro. abaroma 5:1

Ndakwinginze rero mu rukundo rwa Yesu ngo wongere uzirikane agakiza wahawe, maze udatembanwa ukabivamo, ukazarimbuka kubera ko wasubiye inyuma. ariko pawulo arandika ati twebwe ntidufite gusubira inyuma ngo  abaheburayo 10:39

Mukomeze ubushizi bw'amanga,kandi mukomeze guhamya ibyiringiro no gushimira Umwami Yesu Imbabazi agirira abantu be! ubuntu bwe bugumwe kuri mwe kandi muhagarare mu mirimo myiza twaremewe muri we. 

Ndabakunda!


Wednesday 19 November 2014

YESU AGUTEGETSE GUTIRA IBINTU BIRIMO UBUSA MUBATURANYI BAWE BAGUTIZA? ESE WOWE WATINYUKA KUBATIRA? M.Gaudin

2Abami 4:3 

Aramubwira ati:"Genda utire ibintu birimo ubusa mu baturanyi bawe bose, ariko ntutire bike.Maze winjire mu nzu n'abana bawe ukinge, utwotuvuta udusuke  muri ibyo bintu byose, ikintu cyose uko cyuzuye ukibike."


Sinzi ibibazo ufite ibyo aribyo, ariko icyo nibuka nuko Yesu yagize ati: mbere yo gutura ituro ryawe ukibuka ko hari mugenze wawe mufite icyo mupfa, ubanze ugende wikiranure nawe. bene data mu minsi ya none biratangaje kubona abantu basengana, baririmbana, cyangwa se banaturanye, ywe hari n'ababana munzu, ariko ugasanga buri muntu ni nyamwigendaho.

Uko biri kose twese usanga dushaka igikundiro ku Mana, ndetse ugasanga naho twirengangiza amategeko yayo turashaka kuza imbere yayo. Imana ntiyifuza abantu batazi kubana n'abagenzi  babo kuko muri mugenze wawe niho hari igitangaza cyawe. uko biri kose ushobora gusuzugura umuturanyi wawe kuko adafite amavuta ariko afite utugunguru twavuyemo amavuta!

Ndashaka kuvuga iki hano, buri gihe iyo dusaba Imana, kumpamvu zacu bwite iduha n'Ibyo tuzaha abandi, ariko iba ishaka kumenya ukuntu tubanye n'abandi. uyu munsi uburyo ubanye n'abaturanyi bawe, Imana ikubwiye kugira icyo ubatira ahari ntiwajyayo kuko uri umuhemu: hari abantu bamwe bagurizwa ntibishyure aho kwishyura agahindura amayira! nonese Imana ni gutuma aho uzajyayo? buri gihe ukwiye kwibwira mu mutima ko Imana ntikoresha ibiti cyangwa amabuye, ahubwo ikoresha uwo ushobora kubona ukamusuzugura uyu munsi, nyamara ejo ukamukenera.

Uyu mupfakazi yari afite umugabo wapfuye afite umwenda, hanyuma baza kwishyuza umugore, kuko uko biri kose igihe ufite urugo umwenda wanawusangira n'umuryango, ibyo sishaka kubitindaho, hanyuma Yegera umugaragi w'Imana Elisa ati ndengera: elisa niko kumubaza niba hari ikintu afite maze umugore amubwira ko asigaranye utuvuta, uyu mugire yahawe ikizami cyo kureba uko abanye n'abandi. kuko usanga rimwe narimwe hari abantu bapfusha abagabo cyangwa abagore guhera uwo munsi bakiyangiza.

Ndakubwiza ukuri iyo wikeka mu mutima, naho abantu baba biteguye kugutiza wowe ntiwanjya kubatiza kuko Umutima uba ugushinja ko ubanye nabo nabi, hari abantu benshi bagira ikibazo ariko agatinya gusaba uwo yimye, uyu munsi sinzi uko ubanye n'abaturanyi bawe, sinzi uko ubanye n'abo mwigana, abo musengana, ariko icyo ukwiriye kumenya nuko ibisubizo byawe byose Imana ibicisha mu bantu. uyu munsi rero ushobora kuba hari umuntu utekereza ko utasaba n'amazi, ariko Imana ishobora kuba itegereje ko Umubabarira ngo nawe ubone igisubizo cyawe. nkwibutse ko igisubizo Imana itanaga kiba gisaba ibintu binshi kuko ntikizira umuntu umwe ahubwo kizira abantu benshi.

Aya mavuta, yarokoye abana, ikiza umwenda uyu mudamu, yishyura umwenda, ndetse aranasaguka, ibaze rero abo watiye ibikoresho nabo uko bakwibaza ubahaye ibikoresho birimo ubusa? ndahamya ko uyu mudamu yabahayeho kuko bari banabanye neza. niba ugize umugisha ukwiye no gusangiza abaturanyi bawe. n'abandi mubana kuko Imana iba yagukoreye igitangaza hanyuma ugatanga ishimwe ibyo bituma abantu barushaho kwizera Imana no kuyikorera bataryarya.

Nkibarize ese hari umuntu ujya ucaho ukumva ntiwanamusuhuza? mubapagani hari igihe ujya kumva umuntu arirahiye abwiye mugenzi ngo niyorora inkoko azatunga agaca, kandi ubwo ngo ni abaturanyi, none se nawe wamenye Kristo ni ko ushaka kubaho? uyu munsi umenye ko umugisha wawe uri mubikoresho birimo ubusa mubaturanyi, ariko uko mubanye nibyo bizatuma ugira gushira amanga yo kubatira.

ikindi muri iyi nkuru, hagaragaramo kugeragezwa ngo harebwe ubwibone bwo mu mutima umuntu ashobora kugira, hari abantu bamwe, bakwibaza iki kibazo, uyu mugore yari umugire w'Umuhanuzi, ahari yari akomeye umugabo we akiriho, ariko igihe kiragera Imana imusubiza hasi kugera aho bashaka kumwaka abana kubw'Ingurane y'Umwenda. ariko guca bugufi agatira no mubakene baturanye n'ikimenyetso cyo guca bugufi. uyu munsi nawe ushobora kuba kera wari ukize hanyuma ukaba wumva ibyawe bizamenywa n'Imana gusa.ariko Imana ijya ishyira hanze abantu kuko niba utira anacuma, abantu bose babanza kumenya ko wakennye pe! Ukiga gucira bugufi abakene bifitiye amadebe yashizemo ubuto.

Uko biri kose, sinzi icyo ukuyemo ariko tukiri mw'Isi, abantu bazahora bakeneye abandi, ahari wumvise ntamuntu ukeneye ubu ariko ejo ni wowe, kuko mw'Isi niko ubuzima  bumera. icyo udafite gifitwe n'Undi ariko wibuke ko Uko mubanye bituma Imana irushaho ku kugirira neza, iciye muri we cyangwa mubyo abaturanyi batunze. ubu hateye ibipangu, usanga abantu baturanye bataziranye, ariko iki n'Igihe cyo kongera kumenya agaciro kabantu wisanze bagukikije, abo wisanzemo, aho hantu wisanze si impanuka, kuri wowe byaba impanuka ariko ku Mana ntibyayitungura!

Nongere nkubaze nti ese uwo muturanye yagutiza? cyangwa se watinyuka kujya kumutira?

Icyantangaje nuko uyu mugore yahawe itegeko ryo gutira ibintu kandi bakongeraho ngo ntutire bike! ibyinshi ntibyaboneka mubo hafi gusa ahubwo byaboneka no mubo mudahuje, hari igihe umuntu usanga afite inshuti nke kubera inyungu bahuriyeho, ariko ndakubwira ngo ukwiye kubana n'abantu bose amahoro. kugirango igihe cyo gutira nikigera nawe uzabatire kandi bazagutize.

Ibaze iyo abo bantu bose banga kumutiza, bamurega ubwambuzi, ubusinzi, uburozi n'Ibindi bibi! ayamavuta yari kuyabona? uyu munsi hari ibintu utazabona kubera ko abantu muturanye bagutangira ubuhamya, ibyo ubatira byemeza uko mubanye, uko bakuzi kuko ntawagutiza ikintu atakuziho ubunyangamugayo! 

Imana y'Umwami wacu Yesu ibahe kubonera imbabazi mu maso yayo ndetse ibahe no kubana n'abantu bose amahoro, kuko mu bantu bayo niho yahishe ibisubizo by'abandi. uwo muturanye abitse ibintu birimo ubusa byinshi kandi igihe cyo gutira ndabona cyegerereje ukwiye kubana nawe amahoro.

Ndabakunda!