Sunday 28 December 2014

UMUKRISTO AKURAHE UWO BAZABANA AKARAMATA? URASHAKA KUZUBAKA URUGO RW'UMUGISHA? M.Gaudin

ITANGIRIRO 2:18-25
Kandi Uwiteka Imana iravuga iti “Si byiza ko uyu muntu aba wenyine, reka muremere umufasha umukwiriye.”.Uwiteka Imana irema mu butaka amatungo yose n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere byose, ibizanira uwo muntu ngo imenye uko abyita, kandi uko uwo muntu yise ikintu cyose gifite ubugingo, aba ari ryo riba izina ryacyo.Uwo muntu yita amatungo yose n’inyoni n’ibisiga byo mu kirere n’inyamaswa zo mu ishyamba zose, ariko umufasha umukwiriye yari ataraboneka.

Uwiteka Imana isinziriza uwo muntu ubuticura arasinzira, imukuramo urubavu rumwe ihasubiza inyama,urwo rubavu Uwiteka Imana yakuye muri uwo muntu, iruhindura umugore imushyira uwo muntu.Aravuga ati “Uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye, Ni akara ko mu mara yanjye, Azitwa Umugore kuko yakuwe mu Mugabo.”.Ni cyo gituma umuntu azasiga se na nyina, akabana n’umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe.Kandi uwo mugabo n’umugore we bombi bari bambaye ubusa, ntibakorwe n’isoni.

Dusomye neza muri iki gice, dusobanukirwa uburyo bukwiye abantu bakwiye kwitwara mugihe cyose bumva bafite ibyifuzo byo gushinga urugo. umuntu wese utarashaka kandi witwa ko ari umukristo yakabaye ahugijwe n'Umurimo w'umwami Imana imuha gukora. hanyuma igihe cyose Imana iba izi neza ibyo dukeneye. aha unyumve neza sinkubuza kubenguka no kubengukwa, ariko ndabaza nti ese uhugiye mubiki?

Adamu yari ahugijwe no kubana n'Imana yewe ibyo byari binamunejeje, Imana yonyine niyo yashoboraga kumenya ko Adamu hari ikintu abura, Hanyuma iramusinziririza imuzanira umuntu maze atangira  kuvuga byinshi.

Hari abantu bavugishwa amagambo menshi n'abantu Imana itabazaniye,ukmara kumubwira amagam amagambo asa nayo adamu yavuze ati: uyu ni igufwa ryo mu magufwa yanjye! ugasanga wabibwiye abantu barenga umwe! Ese nshuti yanjye umaze kubwira bangahe ayo magambo? sinshaka ngo unsubize ahubwo ndashaka ko ubitekerezaho!

Igihe cyose kubana n'Imana bikurutira kubana n'Umugore cyangwa umugabo, Imana ibona ko nawe umukeneye. Imana ngo ibona ko atari byiza ko Adamu aba wenyine! Uyu munsi Abantu benshi bahugijwe no gushaka inshuti aho gushaka Imana! ariko nkubwize ukuri, Inshuti nziza uyibonera mu mana. Inshuti ukuye hanze y'Imana ukayizanira Imana izagusubiza hanze ikujyane kwa sobukwe usange ari kwa Satani.

Uyu munsi ndagira ngo dufatikanye kwibaza iki kibazo: Ese Imana ko idategeka abantu bose Gushaka, igihe cyose nshatse bitandukanye n'Ijambo ryayo ntahabwa umugisha? hari abantu benshi bagirwa Inama mbere yo gushaka, aho usanga umukobwa w'umwizerwa ashakanye n'umupagani ngo azamuhindura, ariko Imana ntiyigeze ituremera abantu bo guhindura ahubwo ikuremera uzaguha umunezero.

Igihe cyose uhugiye ku by'Imana izita ku byawe, niba uyu munsi ikikurangaje ari ugukora umurimo w'Imana, niba ikikurangaje ari ukubaha Imana , gukiranuka no Kwirinda Imana izaguha umufasha ugukwiye. kandi uwo uzabona aje kugushyigikira mu muhamagaro kurenza kuwugukuramo. abantu benshi bararira ngo abagore cyangwa abagabo babo ntibabemerera no gusenga! ariko nkwibarize nti ese wamushatse ute?

Ntushobora kwica amahame y'Imana mu byo kubaka urugo ngo wizere ibisubizo biturutse ku mana, ndahamya ko Imana yo ifite uko ivuga, niba uri umukristo, ugashakana n'Umuntu utizera Imana, kandi Imana yarabikubujije, ndahamya ko uba wiyemeje kureka Imana ugasanga umugabo cyangwa umugore.

Uyu munsi Imana ishaka ko duhugira mukwimenya no kumenya Imana , aho guhugira mu kumenya abo tuzashaka n'ibindi turarikiriye! igihe cyose utakaje uwo uriwe kugirango wakire undi muntu mubuzima bwawe uba uhombye ikintu kinini.

igihe cyose wumva ko uhagijwe nuko uri wenyine, kandi wowe n'Imana muhagije kubanaho ubuzima bwiza nibwo Imana ibona ko ukeneye umufasha. icyo gihe gushaka bizaba ari umugisha kuruta ko byakubera umutwaro. ukwiye kuba wihagije mu mitekerereze, kuko Imana yita kubugingo cyane kuruta ibigaragara.

Hari abantu bajya bavuga ngo:Unyanze napfa! uko biri kose umuntu wicwa nuko bamwanze abeshejweho nuko bamukunze? icyo cyaba ari ikinyoma! abantu bashobora ku kwanga ariko Imana mwatangiranye urugendo niyo murusozanya iyo ukomeje kuyibera umwizerwa. Uyu munsi ukwiye kumenya ko Ubuzima bwo gushaka uwo muzabana, bukwiye kubanzirizwa n'Ubuzima bwo gushaka Imana yamuremye, hanyuma mubiganza byayo niho wakura uwo Imana yakugeneye kandi akagufasha kuzuza ibyo Imana yakuremeye.

Uyu munsi, hari abantu benshi, binkira mubyo bita urukundo ugasanga niba yari akomeye nibwo aguye, nonese ubwo uwo ni umufasha? umufasha aho agusanze akuriza indi ntambwe, akongerera icyubahiro, arakubahisha, kandi yishimira ko Imana yakomeza kukuzamura!Kuko icyo azira mubuzima bwawe si ikindi ahubwo aza kugushyigikira.

Hano ukwiye kwibuka ibi:

1.Abantu bose ntibashaka; hariho abavutse ari ibiremba, abandi bakonwe n'abantu, hariho n'Inkone zikona ubwazo ku bw'Ubwami bwo mw'Ijuru. matayo 19:11

2. Ukwiye guhanga amaso Imana aho kuyahanga uwo wifuza gushaka, kuko umuntu muzima uzamukura murugendo rugana ku Mana, abandi bose batari muri iyo nzira  bashobora kukurangaza. nuwo wakura ahandi hatari aho ukwiye gushishoza cyane.

3.Gushaka si amaranga mutima ahubwo n'icyemezo, kuko amarangamutima ahindukana n'ibihe, imyaka n'Ikimero. umuntu wifuza gushaka ujye wibuka ko ari we muzabana ibihe byose, arwaye, akennye,akize,mu bibi no mu byiza. ntukwiye kumushakira ibyo atunze.

4. Igihe cyose umuntu atanyuzwe no kubana n'Imana, ntiyiteguye kubana n'umuntu munzu!

5. Ukwiye kwita kucyo Imana iguhamagarira gukora kw'isi nibwo Imana izaguha Umufashaka ugukwiye. ariko niwita ku mufasha ugatakaza impamvu, uzazana umuntu wo kujugunyira izahabu zawe ingurube kuko atazi ibyo wahamagariwe.

5. Igihe  cyose Imana iguhaye umugisha, biguhesha amahoro. Igihe cyose  ubuze amahoro uba wakiriye ikitari icyawe.

6. Ubuzima bw'Umuntu ntibushingira ko afite inshuti y'umukobwa cyangwa y'Umuhungu, ahubwo bushingiye ko ufite Imana ikuzi na nyuma yo gupfakara. Ukwiye kwita Kucyo Imana ikuvugaho kuruta kwita kuko wifuza kumera.

7. Ukwiye kubanza kuba wikunda bihagije byatuma uzakunda nuwo muzabana. Ese wifuza ko watwara inda? wifuza gushaka udakoze ubukwe? wifuza kugwa kubera ubusambanyi? igihe ibyo byose utabyifuza ntiwabyifuriza nuwo ubwira ko ukunda! 

8.Ukwiye kwibuka ko ibyo umuntu abiba aribyo asarura: Ese wifuza kuzumva abana bawe babana n'abagabo cyangwa abagore utabizi batarasezerana? uyu munsi ukwiye kwibaza uti ese kuki njye nakora ibi mw'izina ry'Urukundo.

Icyitonderwa: Uyu munsi Isi igeze aho ibona ubwizerane nko kwemera kuryamana n'Umuntu (Gusambana mbere yo kwemerwa n'Imana n'abantu). kuburyo ibyo bitabaye hariho bamwe bumva ko mutizeranye. ariko ubusambanyi ntibuvuga kwizerana! ubihakana agende abaze abantu bigurisha, ese hari ubwizerane bagira?

Umuntu wese umuhungu ashuka, cyangwa umukobwa ati nitutaryamana sinzamenya ko unyizera, uzamenyeko ahubwo uwo muntu ashaka kukurimbura. naho akarimi ke kaba ari keza rwose. imigani 5:3-23, uyu munsi kwizerana bikwiye kugushingira ku byo mwibwira n'ibyo mutekereza kurenza ibyo mukora.

Kwizerana naho bihuriye n'Igikorwa, ahubwo bikomezwa no kwibwira kumwe, mu migambi, inzozi, ibyo mwemera n'ibindi. abantu babanza imibonano mpuzabitsina nk'Ikimenyetso cyo kwizerana bari mu mwijima kuko Satani ashaka kubarimbura. Imigani 7:1-27

Uyu munsi niba wifuza urugo rwiza ukwiye kurutegura UBANA N'Imana aho kwiruka inyuma yabo ushaka kuzaba nabo, niwiruka ushaka Imana, muri iyo nzira uzabonamo umufasha, nugwa azakubyutsa, nusubira inyuma azagusengera, azagushyigikira mukuzuza ibyo Imana ishaka ko ukora. aho kukubohera mubyo we yifuza.

Yesu agira ati nuko nimumenya ukuri niko kuzababatura: Uyu munsi ntukwiye kuba imbata y'Umuntu uwo wari we wese ahubwo ukwiye kuba Imbata ya Kristo hanyuma ugakorera abantu nkuziko azahembwa na Kristo. niba uri umugabo, umenye ko n'uba umugabo mwiza murugo ukarerera Imana neza Imana izaguhemba. niba uri umugore ugafasha neza umugabo wawe kuzuza inshingano Imana imuha Imana izaguhemba. Ibihembo bikuru bizahambwa abantu bitaye kuby'Imana aho kwita kubyabo. kuko Imana yo yita kubyacu cyane.

tuzaganira igice cya kabiri(2) ubutaha.

Imana iguhe umugisha! Ndabakunda.
newseed4jesus@gmail.com

Friday 26 December 2014

ISABATO NYAYO NI KRISTO, KUBA MURI KRISTO BIDUHESHA KURYA KU BIRYO BYAGENEWE ABATAMBYI..M.Gaudin

Mariko 2:23
Arabasubiza ati :ntimwari mwasoma icyo Dawidi yakoze, ubwo Yifuzaga ashonje we n'abo bari kumwe, ko yinjiye mu nzu y'Imana ubwo abiyatali yari Umutambyi mukuru, akarya  imitsima yo Kumurikwa kandi amategegeko atemera ko abandi bayirya, keretse abatambyi bonyine, akayiha n'abo bari kumwe?"

Arababwira ati: Isabato yabayeho ku bw"abantu, abatu sibo babayeho ku bw'Isabato Ni cyo Gituma Umwana w'Umuntu ari umwami w'Isabato na yo.

Kristo afite Imbaraga ziduhesha kwegera ahera cyane, mu bantu basanzwe hari ibyo abantu babuzwa kubera ko ubushobozi bwagenwe n'abantu, ariko umuntu uri muri Kristo neza afite uburenganzira ndetse ashira amanga, Uyu munsi abantu bashyiraho amategeko bati : amategeko ntiyemerera umuntu kuba pasitori atarashaka, umuntu ntiyemerewe kubatiza atari pasitori, ariko ndababwiza ukuri ko uri kumwe na Kristo ashobora kwemererwa gukora kubyejejwe,kuko aba ari kumwe nuwatumye abantu kubatiza. aba ari kumwe nuwabwiye abantu kuba abashumba.

Ibi mbabwira byabaye kuri Yohana, aho bamubazaga bati ko utari Eliya cyangwa Kristo ubatiriza iki? nukuri abantu bajya bashyiraho amategeko n'amahame, ariko uri kumwe na Kristo ndakubwira ko uzarya ibyejejwe. naho byaba bigenewe abitwa ko ari abatambyi, iyo uri kumwe na Kristo uba uri kumwe n'Umutambyi uruta abandi! ndakubwiza ukuri ko kuba uri kumwe na Kristo biguhesha Imbaraga zikomeye zo kumva ukorera Imana kandi mukuri naho abantu batakwemera cyangwa ngo rwose bavuge ko ukwiye kuba ariwowe ukwiye kurya kubyera!

Ikibazo kiri aha gusa Ese ibyo ukora ubikora kubera Kristo uri muri wowe, cyangwa nukwishakira icyubahiro, uyu munsi Imana ikoresha abantu batandukanye, abato n'abakuru, Imana nibishaka izakwemeza abantu, ariko ukwiye kumenya ko uko biri kose Imana yawe iguha uburenganzira bwo kwegera ahera cyane kubera Kristo.

Kubera Kristo hari amategeko amwe uyu munsi atakiriho, nta numa zigitangwa, uyu munsi abantu bafite umunezero kubera ko Yesu yatwegeje ahera cyane ngo tujye dusaba data ibyo Dukennye. uyu munsi uwo munjyanye numara kumenya ko ari umwami w'Ibiboneka n'ibitaboneka uzarushaho kumenya Ko ufite uburenganzira kubyiza byose Imana yaremye.  ibyiza ntibikwiriye aba pasitori gusa, ahubwo nawe urikumwe na Kristo neza Imana irifuza ko wamenya ko ukwiriye ibyera. Imana izaguha umugisha kubera ko ubanye na Kristo.

Uyu munsi niba uri muri Kristo neza, bitandukanye no kuba wubahiriza isabato ariko indi minsi ukaba waraciye ibintu. abantu bamwe bajya bakizwa kw'Isabato gusa, cyangwa ku cyumweru. ariko niwakira Kristo mu mutima wawe neza urarushaho  kubona uburenganzira kubyiza byose byagenewe yewe n'abatambyi. ariko igihe cyose utari kumwe na kristo wisanga rwose udakwiriye ibyiza. ariko ndakwifuriza kubana na Kristo kugirango ubashe kubohorwa ku mategeko y'abantu ahubwo ubeho ku bwa Kristo no ku bw'Ijambo rye.

Ndabakunda!

Thursday 25 December 2014

NTAGO WAKURURA INSHUTI MUDAHUJE, UKO UTEYE BYIRUKANA BAMWE BIKAZANA ABANDI MU BUZIMA BWAWE! M.Gaudin

Imigani 29:27

Ukiranirwa azirana n'abakiranutsi, Kandi Ugenda ari intungane azirana n'abanyabyaha.

Uyu munsi ubona abantu benshi bifuza kugusanga, uyu munsi ushobora kubona hari n'abaguhunga, ariko muri ibyo byose umuntu niwe ugira uruhare runini mu gukurura abamugana cyangwa abamwigira kure. buriya muri twe harimo Imbaraga za rukuruzi, izo mbaraga usanga zikurura abantu bafite ubumuntu cyangwa ugasanga abadafite iyo miterere, 
ntibashobora kuba bakwegera: hari uwabivuze neza mururimi rw'icyongereza ati: we don't attract people we need. but we attract  people that we are" uko biri kose niba uri igisambo uzisanga ibindi bisambo biza kukureba, niba ugira akageso ko gusambana uzisanga abantu baza aho uri, niba uri umunyamagambo azakwizanira, niba uri umurozi uzamenyana n'abandi barozi. Ariko na none niba uri Umuvugabutuma uzakurura abandi bavugabutumwa, niba uri pasitori uzakurura abandi, niba wubaha uzakurura abubaha niba wifitemo gukiranuka uzakurura abakiranuka.

Icyo wifitemo kizirukana bamwe kikuzanire abandi. buri gihe ujya usanga abantu bakunda gukina amakarita, iyo bahuriye ahantu bamenyana ntamakarita baranabona. nagiye mbibina ahantu henshi, iyo abantu bakunda ibiganiro bibi, bisanga babonye abandi baganira nabo. Umenya ryari ko utari muri ibyo byiciro. Igihe cyose umutima wawe utanyuzwe naho wisanze uhaba utahakunze. uyu munsi rero Igitangaje nuko abantu basigaye bakunda kumva ibiganiro bisebanya, urwenya rwuzuyemo amagambo y'ubushizi bw'isoni, n'amagambo y'urukozasoni ugasanga abantu nibyo bakunze. uyu munsi hariho iterambere rikomeye aho abantu bahura maze bagahurira mu matsinda kuri za whatsapp n'ahandi ariko igitangaje, iyo ukoze itsinda rivuga ijambo ry'Imana ntihake abantu bumva baguwe neza no kuribamo. hari igihe ushyiramo umuntu ugasanga yanavuyemo. wamuza impamvu ntatinya kukubwira ko yishakira urwenya kurenza ijambo ry'Imana.

Naho kuzirana kw'abanyabyaha n'abakiranutsi kutabyara Intambara, uretse ariho hagenda haturuka itotezwa ku bakristo bukuri, igihe cyose umukristo ahagurutse agahamya Imana, akanga gukuramo Inda, akanga ko abahuje ibitsina basezeranywa, akanga n'ibindi bibi, akanga icuruzwa ry'Urumogi, akanga ubuyobe ubwo aribwo bwose, bwo kubahiririza iminsi kuruta Imana yayiremye, ahura n'abamurwanya. ndetse bamugirira Urwango rukomeye rwose. Uyu munsi mwene Data ese nihe ujya cicara ukumva hakuguye neza? Hagati y'akabari n'urusengero nihe uba uguwe neza? hagati y'abanyamagambo n'abavuga ijambo ry'Imana? uko biri kose ujya wisanga ahantu uguwe neza. iyo utaguwe neza ubutaha ntiwahasubira.

Nubwo isi yuzuye ibyaha,Yesu ntiyadusabiye kuyivamo, ahubwo yadusabiye kurindwa umubi. Umubi ni satani n'abambari be, Umuntu naho yaba ari umuvandimwe iyo abaye mubi arabagora, Imana iba ikwiye kumukurinda. naho yaba umubyeyi, umuntu aba mubi ryari? igihe cyose yakiriye ububi bwa Satani n'ingeso z'abadayimoni zo gukora ibyaha maze akazana Impagarara mubo bari kumwe. hari abagabo benshi gutaha mu mago bitera ubwoba kuruta kudataha, kubera umwaga, igitangaje nuko abantu babi bamwe biha isura yo kwigira beza, ngo bashuke ubwoko bw'Imana. uyu munsi ukwiye kuba maso, mubo mugendana? niba ibyo bakunda ataribyo ukunda, niba Imana usenga atariyo asenga? niba icyo urarikiriye ataricyo ararikiriye, uyu munsi ukwiye kuba hari imico muzirana, ubyiyiziho ndetse n'abandi babikuziho!

Uyu munsi uzirana n'Iyihe mico? uyu munsi niwemera Kristo uraba utandukanye n'abanyabyaha kuko ntiwagendana na Kristo ngo ugendane n'abakiranirwa. buri muntu wese yakiranirwa igihe cyose abanye n'ababikora, ariko abo mubanye ni bande? si mvuga kubana mu mazu n'ahandi, ahubwo abo muhuje ibitekerezo." abantu babiri bashobora kurarana munzu ariko ibitekerezo byabo bikabikwa mubihugu bibiri bitandukanye" Uyu munsi ibitekerezo byawe bibitswe he? ni mw'Ijuru?  kuko abakiranutsi babitsa ibitekerezo byabo mw'Ijuru no munzu y'Imana. ariko abanyabyaha babishyira mutubari, mu ndaya, no magambo, mu barozi n'ahandi henshi habi! uyu munsi abo ukurura bahuriye he nawe? ndakubwiza ukuri ko naho wakurura abantu bakwibeshyeho iyo bakuvumbuye bagenda bucece! 

Imigani 28:5. uyu munsi ubwire Yesu ko umushaka nawe azaguhishurira byose, kandi azaguha ibyiza bituruka mukiganza cye. ni uba ishuti Ya Yesu, uzaba ufite n'izindi nshuti muri Yesu. kuko kumenyana na Yesu biguhesha amahirwe yo kumenywa n'abamuzi bose kandi inshuti ze ziba izawe. Imana iguhe umugisha kuko wifuje kubana nawe uyu munsi.

1abatesalonike 4:9-12

Ndabakunda.

Email me@ newseed4jesus.blogspot.in



Wednesday 24 December 2014

IYO UZA KUBA ARI WOWE UTWITE YESU, WARI KWEMERA KO AVUKA? UMUCUNGUZI W'UWAMUBYAYE N'ABANDI TWESE! M.Gaudin

1Timoteyo 2:15

Nyamara abagore bazakizwa mw'Ibyara Nibakomeza Kwizera, bakagira urukundo no Kwera, Bakirinda.

1.Ukomeje Kwizera?
2.Ufite urukundo?
3.Urera?
4.Uririnda?

Ibi bintu bine nibyo bishobora gutuma umuugore utwite adakuramo Inda! Yewe nibyo bishobora no kurinda umwana atwite ngo azavuke neza!

Uyu munsi ndagira ngo nkubwire ko nawe uhawe gutwita inda y'Umwuka wera ariko ni amahitamo yawe kwemera ko wayibyara maze ugacungurwa! ariko Rero Satani ahora ashuka abantu kuzikuramo. (abenshi barabatijwe baragwa, abandi basubiye mutubari, .....Ese wumva Yesu wari utwite akikurimo? none se niba akikurimo uzamubyara ryari ngo isi ibone agakiza? Gukizwa ntibihagije ahubwo kwera imbuto z'abakijijwe n'ingenzi.

No Gutwita ni byiza, ariko kubyara ni ingenzi....kuko abatwita bose ntibabyara! ukwiye kuba maso wamara kumenya icyo utwite, ugasaba Imana ikaguha no kubyara neza. nubyara uzabona ibi: abagalatiya 5:22

Uyu munsi Ndahamya ko Yesu ntahantu ahezwa, abantu benshi basa n'abatwite Inda y'umwuka wera, abenshi babishaka batabishaka kuva Yesu amaze kwitanga ntahantu ahezwa, ariko uyu munsi ni wowe wo guhitamo ko avuka isi ikamubona ndetse agatangira no gukiza abandi. 

Igihe cyose Yesu ari muri wowe ariko ukaba utamureka ngo avuke, niho usanga umuntu yitwa umukristo w'izina. ariko igihe cyose wemereye Yesu kwinjira mu buzima bwawe, ugomba kumenya ko agomba no kuvukira muri wowe, iyo avukiye muri wowe, noho Umuntu atangira kubona ko yabyaye Imana,kandi nawe uba uri mubazakizwa n'uwo ubyaye. Uyu munsi wa none hariho abantu benshi bagira amahirwe yo Gutwita, uko byakubaho kose simbizi, ariko niwowe ugira uruhare mukuvuka k'Umwana.

Satani ntakangwa nuko wakiriye Yesu mubuzima bwawe, ahubwo icyo Yesu azakora nyuma yo kumubyarira mubo mubana, abo mwigana, abo mugendana nicyo gikomeye! kuko Yesu we naho yaba muto cyangwa mukuru uko wibaza yahawe ubutware bukomeye. usomye Yesaya 9:5 agira ati: Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w'Umuhungu, ubutware buzaba kubitugu bye, azitwa Igitangaza, umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese Uhoraho, Umwami w'amahoro. 

Ahari abantu ntibazamenya igihe wasamiye Inda ya Yesu, ariko uko biri kose Yesu umunsi Yavukiye muri wowe, hari ibintu bizagaragara, Uzahindurirwa amazina Uhabwe nk'aya Yesu, Kuko Yesu azaba igitangaza kubuzima Bwawe, Yesu azaba igitanga kubuzima bwabo mubana, Uzabona Igitangaza mu mibereho Yawe. Yesu niwemera akavuka uzabona umujyanama, kandi uzajya uzigira n'abandi, Yesu nakuvukira  uzabona Akubereye Byose.

Uyu munsi uzakizwa nicyo utwite, igihe wemeye kucyibyara, Iyo Yesu aje muri wowe hari ikintu uba utwite, uba utwite imbuto z'Umwuka, uba utwite imbaraga z'Imana, uba Utwite ubumuntu, Uba Utwite Ibyiza, Uba Utwite amahoro, Ibi byose ni bimwe mubikiza nyir'Ukubitwita ariko Iyo utemeye kubibyara, ntacyo bikumarira, kandi iyo nanone urengejeho icyaha ni nk'abantu banywa ibintu batwite.Umuntu utwite Yirinda mubyo anywa n'Ibyo Arya, yirinda muri byose Yewe yirinda n'Umujinya ngo ahari umwana adahungabana! Uyu munsi hari abahitamo gukuramo Inda, bitewe n'Impamvu nyinshi, ariko burya Gukuramo Inda uba wishe uwari kuzagucungura, Ndahamya ko Iyo bakuramo Inda ya Nelson mandeka, uyu munsi Africa Yepfo nta Twari iba ifite, Iyo bakuramo Iya Gandhi, iya Obama,Kagame,Gitwaza n'abandi, uyu munsi Imiryango yabo ntago iba inazwi, ariko abatwise bemeye ko inda batwite zinavuka, ibyo byagiriye Umumaro abantu benshi guhera ku baba byaye, igihugu ndetse n'isi.

Uyu munsi niba waragiriwe amahirwe yo Gutwita Inda y'Umwuka wera shikama kugeza igihe uyibyariye, koko n'ubyara Imbuto y'Umwuka, isi izagira amahoro ariko nawe uzagira andi. Iyo mbuto y'Umwuka utwite ni wowe ufite uburenganzira bwo gufatanya na Satani mukuyicira mu nda ntihazagire Umenya ko wigeze unatwita, ariko Emera Yesu wakiriye Avuke, Isi Imenye ko wabyaye, Umucunguzi wawe. Uyu munsi Icyo utwite kizagukiza cyanga kikwice.

Hariho abantu batwite Inda Y'Umwuka wera, abo bazabyara Imbuto z'Umwuka wera nyinshi, abagalatiya 5:22 ariko abatwite Irari n'Ibindi bazabyara icyaha icyaha nacyo kizane urupfu.abagaratiya 5:19 uyu munsi ndakwingize rero ngo wemere icyo wakiriye Igihe wumvaga ubutumwa bwiza kivuke. Uyu munsi havuke  za mbuto mu bantu maze bagirire umugisha mubyo utwite. Nawe utarakira Yesu, Uyu munsi niwumva Ijwi rye Ukingure mubane, icya mbere uzaba uhiriwe, icya kabiri nawe uri mubazacungurwa n'uwo wemereye gucumbikira mu mutima wawe. maze igihe nikigera uzabyara Yesu aze gukiza ubugingo bwawe. Ibyakozwe n'Intumwa 1:12-14. Ndagira ngo nkubwire ko Yesu Yagarutse mw'ishusho y'Umwuka wera maze akuzura abantu bari bategerereje muri Yerusalemu harimo na Mariya Nyina wa Yesu. Uyu munsi uwo utwite niwemera ku mubyara azakubera umucunguzi! 

Nsoza nkubaze ikibazo: Ese muri wowe wumva utwite iki? ni Yesu muri wowe? cyangwa n'Irari? ibi byose iyo tubibyaye mu bantu haba impumndu cyangwa hagacura Umuborogo.

Uwatwite Yesu, yabyaye umujyanama w'abari mw'isi, ariko uwatwite irari yabyaye icyaha kizanira abari mw'isi umuborogo. Uyu munsi uhitemo maza urebe n'icyo utwite nusanga utwite icyaha nukuri iyo Nda Wemerewe kuyikuramo. ariko nusanga Utwite Inda y'umwuka Uzemere uyibyare kuko Icyo uzabyara kizahesha abantu benshi Umugisha.

Ndabifuriza gutwita Mwuka wera no kubyara Imbuto ze, Imana idushoboze kuko ibyo dutwite n'ibyo tubyara bituma tubaho cyangwa dupfa. Ndabakunda.

Monday 22 December 2014

KWEMERA GUPFA USHAKA KUBAHO NEZA, NI UKUBAHO MUBUZIMA BWO KUDATINYA URUPFU AHUBWO UKIZERA IMANA. M.Gaudin

Esiteri 4:15

Nuko Esiteri  atuma kuri morodekayi aramusubiza ati" Genda uteranye Abayuda bari i Shushani Bose Mwiyirize ubusa munsabire, mumare iminsi itatu ku manywa na nijoro mutagira icyo murya cyangwa munywa. najye n'abaja abanjye tuzabigenza dutyo. uko ni ko nzasanga umwami, Nirengagije Itegeko kandi Niba Nzarimbuka Nzarimbuke."

Burigihe Iyo Satani ashaka kwica abantu ababujije ubugingo icyintu cyambere afitiye uburenganzira n'Ibikangisho cyangwa iterabwoba, kuko Satani ntabushobozi afite bwo Kwica abantu, ibyo niba utabizi usome muri 1Samuel 2:6. Ikintu Satani azana mu bantu cya mbere usanga ari ukubaho mubuzima bw'Ubwoba, kandi Satani aziko buri gihe umuntu agize ubwoba bw'Urupfu, bw'Inzara, Bw'ubuzima muri Rusange nta cyaha atagukoresha akumvisha ko nawe hari ikintu wakora ngo wirengere! Uyu munsi abantu benshi bari mubusambanyi kubera gushaka kwirengera, abandi bikanga babaye abarozi kubera kwirengera, abandi baba abicanyi kubera kumva yirwanaho, kuko ubaho uvuga uti uyu muntu ni ntamutanga we azantanga! ariko ndashaka ku kubwira ko ikibazo si uwo muntu ahubwo ikibazo ni Ubwoba Satani yamaze kurema mu mutima wawe.

Hari umwana w'Umukobwa watwaye Inda, iwabo batabizi, maze Satani amuteza ubwoba, yibaza byinshi maze ayikuramo afashijwe n'uwayimuteye, mugushaka aho bajugunya akana, babyaye ngo hatazagira ubimenya, baje kubonwa n'Undi mwana yagiye kuvoma. Uwo mwana nawe baramwica, Byarakomeje baribwira bati iwabo w'Uyu mwana nibabimenya bizagenda bite? Ni ko gushaka  ababafasha kwica umuryango wose, ikibazo cyaje kumenyekana abantu bamaze kuba ba ruharwa, igihe babafashe, babahata ibibazo, bavuga uburyo ki byatangiye! basanga byahereye kubwoba bwo kuzabwira ababyeyi ko bakoze amakosa!

Uyu munsi ubwoba ufite nibwo Satani aheraho, agukoresha ibyaha, utangira witabara bikazagera kurwego usanga abantu mu mazu, Ni yo mpamvu Yesu abwira abantu ati: ushaka kunkurikira yiyange, ashire ubwoba, bw'abamwanga, abarozi, abapfumu, abicanyi, Yewe abe igihara magara kuko yiringiye Imana. Utita kubigingo bwe ku bw'Imana azabukiza kuko Imana niyo irengera abadashoboye. ariko igihe cyose Satani akubwiye ko hari icyo wakora cyangwa akakwereka ko abantu bakwanze, bagusuzugura, yewe akwereka uburyo ukwiye kwirwanaho! Sinzi nawe umutima wawe ibyaha winjiyemo kubera kwirwanaho. Ariko ntibikwiye ko umuntu ajya mu byaha kubera ubwoba bw'Ubuzima.

Mugenzi wanjye Imana niyo Yonyine Imara ubwoba, uyu munsi Isi iri YUZUYE intwaro za kirimbuzi kubera ubwoba, Yewe kubera ubwoba bazazirasa mubindi bihugu, kuko Satani agira ati ni mutababanza barababanza. Uyu munsi ubwoba ukwiye kubumarwa no Kwizera Imana. Uko wizera Imana uzabeshwaho nayo. Ntukwiye gutinya urupfu, kuko hari intwari nyinsho zagiye, intwari zatubanjirije banze kwiyandurisha icyaha bemera gupfa no gushinyagurirwa, ariko ntibihakana Imana kubera ubwoba bw'Urupfu. Icyo utinya nicyo Satani Akoresha kugirango atume utsindwa urugamba rwo Kwizera. Kandi ntibishoboka ko utizera Imana yayinezeza. uyu munsi wizeye ko Imana yagukiza? wizeye ko Imana yagutunga utarinze kwigurisha? uyu munsi wizeye ko Imana yakurinda imyuka mibi utarinze ujya mubapfumu? uyu munsi wizeye ko Naho wapfa Imana izakuzura? icyo wizeye kimara ubwoba! Abiringiye Uwiteka bameze nk'Umusozi siyoni utabasha kunyeganyega zaburi 125.

Esiteri ntiyatinye inzara y'Iminsi itatu, ntiyatinye no guhara amagara Ye, ahubwo yakoze neza atitaye kungaruka zamubaho, uyu munsi ukwiye nawe kubaho mubuzima buzira ubwoba, ikikuruhije ukiyiriza ugasenga, ubundi ugaca muri yamashyamba azitanye, aho abanyabwoba bataca, ukwiye kwiyiriza ugasenga, ugaturana n'abarozi n'abapfu, aho kubahunga bo bazaguhunga! Uyu munsi Imbaraga z'Ikuzimu, ntizizakubasha niba umutima wawe umazwe ubwoba no kubana na Yesu. Kuko Imana iri muri Twe irusha imbaraga ikibi kiri muri bo. Uyu munsi uhumure ntacyo uzaba, ntawakwica igihe kitageze, urupfu si ikintu cyo gutinywa, ahubwo dukwiye Kwizera Imana ibasha kuzura abapfuye. NIba Wizeye Imana uyu munsi nsengana najye iri sengesho:

Mwami Imana, ni wowe ufite ububasha n'Imbaraga zo kwica kandi ugakiza, kandi ntakibasha kurogoya umugambi wawe, umpe kukwizera kandi umpe gushira ubwoba, kugirango Iminsi nzamara kwisi mbashe guhesha abandi umugisha, no kubasha gukora Umurimo wawe! Mwizina Rya Yesu nsenze nizeye urakoze Amen.

Iyo Imana ikumaze ubwoba bw'ibyo uhura nabyo, nibwo wabasha gusengera no gusabira abaguhemukira imbabazi, uti mwami ubabarire kuko batazi icyo bakora! Uyu munsi ubeho ntabwoba bw'ubuzima, uratangira kubaho ubuzima Bwiza Imana yakuremeye muri Kristo. kandi niwizuza n'Imana Akazi ko kwirukana satani siwowe uzaba ukigakora ahubwo Imana muri wowe izirukana satani n'abadayimoni. uyu munsi wakire Yesu muri Wowe, imbaraga z'ikuzimu zizaguhunga! kuko aho Imana ituye abadayimoni na satani ntantebe bagira!

Yesu agukomeze, kandi ahumurize Umutima wari wihebye! Ndabakunda.


Saturday 20 December 2014

LIFE IS SHORT AND ETERNITY IS FOREVER, DON'T WASTE YOUR TIME

Psalm 90:10
Billy Graham was once asked what he was most surprised by in life. He answered, “Its brevity.” (Christianity Today, 10/06, p. 90) An older man gave this perspective on how he viewed time differently as he aged (Dewey Gill, Reader’s Digest [5/83]):
Days were plentiful and cheap when I was young. Like penny candy. I always had a pocketful—and spent them casually. Now my supply is diminished, and their value has soared. Each one becomes worth its weight in the gold of dawn. Suddenly I live in unaccustomed thrift, cherishing hours the way lovers prize moments. Even at that, when the week is ended, it seems I’ve gone through another fortune. A day doesn’t go as far as it used to.
I can relate to those thoughts! We just came from being with my Dad on his 90th birthday. It was sad to see his declining physical and mental condition. But it was also sobering to think that in just over 23 years, if I’m still alive, I will be that old! Life is short and then eternity is forever!
If Jesus had been born in our times, His parents would have recognized that He was an unusually gifted child. They would have begun His education early, put Him on the gifted child track, and had Him preaching by age 12 when He made an impression on the scholars in the temple. By the time He was 20, He would have a huge international following. With a good public relations man, He could have learned to tone down some of His more offensive comments so that the religious leaders would not have plotted to kill Him. Think how much more He could have accomplished if He had lived to 70 or 80!
But Jesus, living by God’s time, didn’t begin His ministry until He was about 30 and after three short years He could pray (John 17:4), “I glorified You on the earth, having accomplished the work which You have given me to do.” Amazing!
If we want to think like Jesus, we need to live with the awareness of how short life is and that one day we will give an account to God for how we spent our lives. In Psalm 90, as Moses thought on these things, he concluded with the prayer (90:17), “Let the favor of the Lord our God be upon us; and confirm for us the work of our hands; yes, confirm the work of our hands.” If none other than Moses had to ask God to confirm the work of his hands, how much more do we need to pray that prayer repeatedly!
www.bible.org

UCYO UBITSE MU MUTIMA NI CYO UHERAHO UCUMURIRAHO cynagwa WUBAHA IMANA! MU MUTIMA WAWE HABITSEMO IKI?

Zaburi:119:11

Nabikiye Ijambo ryawe mu mutima wanjye , kugira ngo ntagucumuraho.

Uyu munsi abantu benshi Iyo muganirirye bakubwirako iyo basomye Ijambo ry'Imana bibatera ubunebwe, ngo ndetse baba basinzira, abandi bati ntitubasha kubyumva, abandi bati erega burya Ijambo ry'Imana ni amayobera, abandi bati ni Inyanja ntiwapfa kubumbura bibiliya ngo uyisome, n'ibindi byinshi abantu bireguza!

Ariko uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko naho wakwiha impamvu nyinshi zituma utazirikana ijambo gusoma no kwiga Ijambo ry'Imana, bitabuza ko Imana irushaho kubwira abantu ko nibatazirikana ibyanditswe ntakabuza bazagwa. Yosuwa 1:8. Aha Imana ibwira Yosuwa iti ibiri muri iki gitabo urajye ubyibaza ku manywa na nijoro.

Sinzi icyo ufatira umwanya, sinzi icyo ujya uha umutima wawe? ese ujya ubika iki mu mutima wawe, ibintu ubikamo se ubona bigukururira mu kwehgera Imana cyangwa birushaho gutuma wegera kure! Uyu munsi Iyo uganiriye n'Umuntu aguha Impamvu nyinshi pe, harimo nuko iyo asomye bibiliya atumva icyo ivuze ngo ntabasha no kuyisobanukirwa! igitangaje ugasanga uwo muntu yirirwa areba film ikinwe mugishinwa, nacyo yumva ariko aha ubwonko ibyo, uyu munsi ndashaka ku kumenyesha ko ibyo uha ubwoko bigira uruhare mu gutuma wubaha Imana cyangwa uyisuzugura!

Ndahamya ko umwanya abantu biyita abakristo bawufashe basoma Ijambo ry'Imana byagabanya ingo zisenyuka burimunsi, ingo nyinshi muri iki gihe zirasenywa naza filme, n'ibindi aho umuntu areba filime ubundi ikamuhindura. ubwoko bw'ibitabo usoma, amafilime ureba, indirimbo wumva no bimwe umuntu ajya abika bigashobora kumuhindura ndetse bigatuma umutima we uba akahebwe, aho ageraho aasanga atagikunda no gusenga. uyu munsi hari abantu basimbuje guterana filime z'uruhererekane. uyu munsi ubusambanyi buriyongera kubera ibyo abantu birirwa babika mu mitima. aho niho hashingira amarari, urasanga abantu bareba amafilime y'Ubusambanyi n'Ibindi nibyo bashyira mu mitima.

Ndashaka ngo nkwibarize, uyu munsi umutima wawe ni ki kinshi kirimo? ese harimo ijambo ry'Imana cyangwa harimo flime z'uruhererekane! Satani ntakindi kimuzana keretse Kwiba Kwica no kurimbura! bitangira bisa naho ari ukuruhuka ukareba agace kamwe bikazasoza usiba amateraniro, Yewe umwanya wo gusoma Ijambo ry'Imana urangiriye muri ibyo. Uko biri kose icyo wujuje umutima nicyo wisanga ubaye cyo. Kuko umuntu ntatandukanye n'Ibyo abitse mu mutima.

Uyu munsi umwanya wawe uwumara uganira iki? Uyu munsi ndashaka kuguha ikimenyetso gito, buri gihe ibyo winjiza mu mutima ntamuntu ukureba nibyo biganiro ukorera muruhame, uko biri kose amahame yawe aturuka mubyo winjije mu mutima. Ese iyo uri kumwe n'abandi muganira iki? hari abantu benshi muganira wamubwira ikintu akakubwira ko hari filime yabibonyemo, kuburyo usanga urufatiro rw'ibyo yemera bishingiye kuri filime. Wowe ibyo uganira bishingira he? uyu munsi ndakwinginze wongere wisuzume! kuko icyo ubitse mu mutima kigira ingaruka yo kuyobora ibyo werekezamo umubiri wawe!

Ese wibikiye iki mu mutima? harimo ijambo r'Imana? uyu munsi ukwiye kumenya ijanisha ry'Ibiri mu mutima wawe kuko ibyo bizakomeza kukugiraho ingaruka. ndaguhugurira kwita kw'Ijambo ry'Imana, kuko igihe cyose umuntu atibikiye ijambo ry'Imana mu mutima we, biroroshye kuyicumuraho kuko mu mutima wawe usa n'Umuntu utagira ibikugenga. uyu munsi ushobora gusanga uyoborwa na filime wabonye! uyu munsi hari abareba filime zuko bubaka ingo, zuko bakunda, zuko bashaka abageni, z'uko bakira, n'ibidi ariko ndakubwira ko Imana mw'Ijambo ryayo yashizemo ibihagije! 

gusa nukomeza ijambo ry'Imana uzahirwa kuko niryo rishobora gutuma umuntu adakora nkuko abandi bakora ahubwo ugakora nkuko ijambo ry'Imana rigena. uko biri kose niba uvuga ko uri umukirisito, ukwiye kwisuzuma bitaba ari ukubivuga ku munwa gusa kuko abantu benshi bashoboro kwiyita abakirisito atari ko bari! Uyu munsi rero ibyo uha umwanya birushaho kukwinjira mu mutima, kandi nyuma yaho ibyo bigira ingaruka ku mitekerereze. Kandi ijambo ry'Imana rivuga ko Burya uko imitekerereze y'Umutu iri nawe nuko aba ari. Ibitekero by'abantu bigirwa n'Ibyo aha umwanya areba, ibyo asoma, ibyo yumva n'Ibindi byose ushyira mu mutima. uzasanga niba utekereza ijambo ry'Imana ku manywa na ninjoro  bikugiraho ingaruka kuko bituma buri kimwe ugiye gukora ukigeresha ijambo ry'Imana.

Umutima wanjye rero uragusengera ngo niba hari ikintu wahaga umwanya atari ijambo ry'Imana, Imana ikubabarire kuko Akenshi iyo turetse Ijambo ryayo nayo iratureka, hanyuma ugasanga tubayemo nabi, uyu munsi utekereze agaciro uha ijambo ry'Imana niko Gaciro ufite mu maso y'Imana. kuko Imana ntishobora kureka ngo umuntu asuzugure ijambo ryayo ngo hanyuma yo Imwubahe. uyu munsi ijambo ry'Imana rikubere itabaza, zaburi 119:105

Uko biri kose ukwiye gufata umwanya wo kwitekerezaho, hanyuma ugasenga isengesho usaba Imana kuguha Imbaraga zo kwibikira ijambo ryawe mu mutima. kuko ibyo bizatuma ntagucumuraho! buri gihe abantu bacumuzwa no kumva amagambo y'Imana ntibayumvire cyangwa kutagira umwete wo kuyumva. kuko nubwo wakwirengagiza kumenya Imana ntibikuraho ko iriho.

Ibi tuvuze rero ntakindi bisaba biragusaba gukora uruhare rwawe muguhitamo, ikibereye umutima wawe, kuko icyo uha umutima wawe kiguha ishusho yuko uko umera, kikuremamo umuntu utekereza nk'icyo ubitse. uko umuntu atekereza niko ateye. Imigani 23:7 

Ndabakunda!

Friday 19 December 2014

IMPAMVU YO KUVUKA KWAWE NI YO YONYINE UKWIRIYE NO KWEMERA GUPFIRA, UMWANA UVUKIYE KUZAPFIRA ABANTU BE! M.Gaudin

Matayo 1:21

Azabyara umuhungu uzamwite YESU, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha byabo"

Urugero rw'uwavukiye Impamvu: Yesu, Yohana, Samusoni.....nawe najye gusa dukwiye kubimenya no kubihishurirwa n'uwaduhaye ubuzima. Abefeso 5:10

Buri muntu wese Mw''isi agira umunsi yavukiyeho, Yewe akagira n'Igihe agomba gupfiraho, ntagihe cyo gupfa kibaho ariko igihe cyo kuvuka abantu benshi barakizi, kuko abenshi dutegereza amezi icyenda kugirango uwo twiteguye tumubone aje mw'isi. ariko Gupfa ntitumenya ngo Umuntu azapfira ikihe gihe iki cyangwa iki! 

Niyo mpamvu Satani ntiyita kubazapfa ahubwo yita kubavuka,niyo mpamvu usanga abantu bagambirira gukuramo inda zitaravuka kuko Imana yo Ikoresha abo bavuka kugira ngo basohoze umugambi wayo kw'isi. Ndahamya ko kuvuka ari ikintu kimwe, ariko buri mwe avukira Intego kandi aba azakora ikintu yaba gito cyangwa kinini kiba gifitiye akamaro abo yasanze kw'isi n'abazayimusangaho. 

Ntakindi kinezeza Satani nko kubona umuntu uvuka ariko akaba yamwiba, akamwica akanamurimbura, ibyo abikoresha ababyeyi, akabashuka bakavanamo inda, cyangwa se abana bavutse aho gukura bashaka kumenya umugambi baziye kw'isi bakaba mu nzoga n'itabi, aho usanga umuntu adahabwa agaciro kuko atazi Impamvu ariho. ndakubwiza ukuri ko iyo umuntu atazi icyo yaje gukora kw'isi ariyo ntambara ikomeye umuntu aba arwana nayo. kuko yuzuyemo ubwoba no gupfa utagize icyo ukora.

Imana kuba yarakuretse ukavuka, si uko utari gupfa ukiri munda ya mama wawe, byarashobokaga ko Satani amushuka akayikuramo, ariko Imana kuko yari igufiteho umugambi uyu munsi uriho, nyamara kugeza ubu ntuzi icyo ukwiye kuba umarira abo wasanze mw'isi nabo uzayisigaho. Imigani 17:17 
uko biri kose ntiwaje kurya no kunywa gusa, ntiwaje gusambana na burimwe, ntiwaje kwiba ibyo usanze, ahubwo Imana yashakaga ko ukiza abantu amakuba barimo. abantu bari mu makuba y'atandukanye, amakuba akomeye cyane n'ayo kutamenya Imana. niyo mpamvu Imana yifuza ko wahaguruka ukabwira abantu ko Imana iriho kandi ikiza abayambaza bose. Bene Data hari igihe abantu bagira umutwaro w'abatarakizwa, ariko uyu munsi mfite umutwaro w'abantu basogongeye ukuri ariko bakaba ntabyiringiro wabakuraho.

Ese ubona waravukiye iki? uyu munsi ukora icyakuzanye kw'isi cyangwa ukora icyo isi yaguhaye gukora? Buri gihe gukora Impamvu z'Imana zibangamirwa n'ibyo isi n'Imiryango yacu ishaka. iyo umuntu avutse isi iba imubonamo ikintu runaka, bitewe nicyo ishaka, abacuruza inzoga baba bagira bati habonetse umukiriya , abicuruza bababonye abana bo kurera mu buraya, bigakomeza gutyo, ariko uyu munsi ushobora kwitegereza Impamvu uriho itandukanye nibyo ukora. Ikizakubwira ko ibyo kora atari byo byakuzanye kw'isi n'uko ibyo ukora bitaguha umunezero cyangwa ngo wumve biguhaye amahoro.

Yesu yaje kw'isi, akura yitegura Impamvu yavukiye, akora Impamvu yavukiye , kugeza aho yavugiye ati birarangiye, iki cyabaye ikimenyetso cy'uko Impamvu ye ayisoje. Impamvu tuvuka hari igihe ziba zikomeye rimwe narimwe ukumva Imana yaguha ikindi ukora kuruta kuguha icyo yakugeneye gukora,1yohana 3:16. kuko Yesu yaje mw'isi yambaye umubiri yageze aho abwira Imana ati niba bishoboka iki gikombe kindenge! si ikindi ahubwo nuko yabonaga Impamvu yaziye isaba ikiguzi kinini. ariko abwira Imana ati: Ntibibe uko nshaka ahubwo bibe uko ushaka.

Buri gihe Impamvu wavukiye isaba ikiguzi, kandi ikiguzi si amafaranga, si ikindi ahubwo ni wowe gusa, wavukiye iki?  Abefeso 2:10. Uyu munsi ukwiye kumenya ko Imana yaremye abantu ibaremeye Imirimo yose myiza muri Kristo. uyu munsi Gukorera Imana bisaba iki? bisaba wowe. kuko muri wowe harimo byose ujya ushaka guha Imana utayihaye. niyo mpamvu ifite ubwenge buruta ubwawe, Niba abantu bajya bitananga bigatuma n'ibyo batunze babitanaga, Imana siyo mwaha amaturo n'ibyacumi ngo mwebwe ibareke! Imana ishaka ko uyikorera kuko Impamvu yakuzanye kw'isi niyo izagushyirisha murubanza! kuko abenshi tuba dufite igihe tugomba kuvira mw'isi. uko biri kose uzava mw'isi, ariko ukwiye kuvamo uzi neza ko nawe wagira uti: "Birarangiye"

Igihe cyose utazi Impamvu uri mw'isi ntiwamenya n'icyo wakora cyahesha abandi umugisha, ariko ndakwinginze ngo usabe Imana kuguha kumenya impamvu uhari. ahari urakuze , cyangwa uracyari muto, ikibazo si imyaka ubayeho, ahubwo agaciro kicyo ukoreye Imana. Yesu akazi Yakoze yagakoze mu myaka itatu maze akarangije Imana imuhemba Kumwicaza Iburyo bwayo. Reka tureke Yesu twivugire pawulo nawe, yabwiye timoteyo ati: ibisigaye mbikiwe ikamba ryo mw'ijuru, kubera narwanye intambara nziza, narinze ibyo kwizerwa.

Natwe abenshi nicyo nitubasha kurwana intambara nziza, ndetse tukarinda ibyo kwizerwa Yesu azaduha ikamba ryiza, kuko Impamvu turiho n'uko twakorera ibyiza muri Kristo Yesu. Uyu munsi ushobora kuba ukora bintu byinshi kubera gushaka imibereho, Yesu ntiyatuzanye mw'isi nk'abahigi b'Imibereho ahubwo yahatuzanye hari imibereho. niyo mpamvu dukwiye kubanza gushaka ubwami bwe no gukiranuka kuko Imibereho nicyo yateguye mbere yo kuturema.

Abenshi twaremwe dusanga, izuba, amashyamba, ubutaka, n'amabuye yagaciro ntavumburwa nkadasanze ahubwo igihe mutazi ko ahari Imana yarayahashyize, niyo mpamvu ukwiye kumenya ko Imana ititaye kubyo urarikiye ahubwo iragushaka nk'igitambo kizima kandi cyera, kandi gishimwa n'Imana. Abaroma 12:1

"Impamvu uriho niyo yonyine yakabaye ikirego cy'uko nuyirangiza Imana izemera ko urupfu rugutwara"  ntukwiye guhora muruzero ahubwo ukwiye gusaba Imana gutuza no gukora icyo ukwiye gukora"

Yesu yaje kudukiza ibyaha, nawe ukwiye kuba mw'isi mw'isi nk'ufitiye abandi umumaro aho kuba Ikibazo, uzabere ikibazo satani n'abadayimoni ariko abo ukwiye kugira icyo umarira uzakibamarire kuko ufite ububasha wahawe n'Imana umaze kwakira Yesu nk'Umwami n'umukiza. 2Abakorinto :5:18

Tuesday 16 December 2014

IBINTU BITATU cyangwa BINE BYATUMA UNANIRWA URUGENDO NAHO IMANA YABA YAKUBWIYE KO UZARUSOZA ...M.Gaudin

Yosuwa 1:9

Mbese si jye ubigutegetse? Nuko Komera ushikame, ntutinye kandi ntukuke umutima, kuko ndi Imana yawe iri kumwe nawe aho uzajya hose."

Ndabandikiye abahamagawe n'Imana, abatoranijwe gukora umurimo w'Imana mu minsi ya none, mwe mwese muzatuma mu bantu hongera kuba ukubaha Imana, wowe Kristo ahaye ububasha bwo kugira icyo ukora mu minsi yanone, wowe watangiye icyo Imana yakubwiye gukora ukaba utangiye inzira ndende igana kugusohoza umugambi w'Imana mubuzima bwawe!

Ndagirango tuganire kubintu bishobora gutuma utsindwa cyangwa utsinda naho Imana yaba yakubwiye ko iri kumwe nawe, iyo ugenze bitandukanye nuko Imana yibwira wakagenze, uratsindwa naho Imana yaba yarabivuze, kuko Imana ikorana n'abantu biteguye kubaho muburyo ivuga. hari rero amagambo Imana ibwira abakozi bayo iti :

KUBURA GUKOMERA :

Abantu benshi bashobora kumva ijwi ry'Imana ariko kubera kubura gukomera bagatsindwa n'urugamba, bitewe nuko babuze gukomera ndetse no gushikama. Uyu munsi hari abantu Imana ihamagara kurwana bakareba ubunini bw'Ikibazo bakaburutisha Imbaraga z'Imana. nyamara dukwiye kwibaza niba koko nubwo Imana yatubwiye ko Izabana natwe, ese Imitima yacu irakomeye kuburyo izihanganira buri kigeragezo, aho gucika Intege. Yosuwa Imana yamubwiye gukomera no gushika kuko iby'Imana bijya birya abarambije abarambiwe bagiye.

UBWOBA:

Buri gihe Imana ivuga yeruye iti abanyabwoba n'abatizera bazarimbuka, uyu munsi niba ufite ubwoba , ntushobora gusohoza icyo Imana ishaka ko ukora, ndahamya ko abantu benshi Imana ibabwira ibintu, ikabereka ko byashoboka ariko ubwoba bubabera umutego. uyu munsi ahari Imana hari icyo ivugana nawe wumva ari kiza ariko ubwo butuma udafata icyemezo ndetse ngo uhagarare udafite ubwoba. ubwoba bujya butera umuntu gutsindwa ataragera naho barwanira, ubwoba bujya butuma umuntu atabasha kureba ahantu hijimye, ubwoba bujya butera umuntu kuba atakandagira mukiziba kuko aba azi ko hacitse inyanja. Igihe abatambyi babwirwaga kubanza ibirenge muri yorodani Imana yashakaga ko babera ab'Isiraheli urugero rwo gutinyuka bagashira ubwoba.

GUKUKA UMUTIMA:

Abantu  benshi iyo babwiwe ikintu gikomeye n'Imana , satani akwereka ko ukwiye gukuka umutima, bisa naho ari ubwoba ariko bwo kurwego rwo hejuru, umuntu ukutse umutima ntashobora gukora ibintu neza, kuko umutima we uba utamuhagazemo. ndashaka kukubwira ko Imana ibasha rwose kuguha imbaraga zo kunesha gukuka umutima, ahanini wibaza uti ese bizamera bite? ariko uko bizamera iyo Imana iguhamagaye niyo inasohoza icyo yavuze.ntuba ukwiye gukuka umutima igihe cyose ukutse umutima uba ugaragaje kutizera Imana! kandi ntibishoboka ko utizera Imana yayinezeza! abaheburayo 11:6

KUBURA GUSHIKAMA:

Uyu munsi abantu barahamgarwa ariko gushikama mu byo bahamagariwe ugasanga bigoye, uyu munsi usanga abantu benshi bakorera Imana ariko ugasanga kwihangana kugeza kumperuka, bibagira cyane. Uyu munsi nawe ushobora kuba hari ibyo ujya utangira ubona Imana yaragusobanuriye ariko wabura gushima ugasanga uritotomba. uyu munsi niba ushikamye mubyo kwizera ndahamya ko ntakintu kizakunanira. uyu munsi uzagerageza, ariko kuko ufite inzozi ushaka kugeraho ukwiye kumenya ko gushima biringobwa, kugira ngo Imana igutsindishirize.

Uyu munsi sinzi icyo Imana iguhamagariye gukora, sinzi niba iguhamagaye ngo ukore iki? ariko ndahamya ko ibyo wakora byose ukwiye kuba umuntu ufite ibi bintu tuvuze hejuru kuko igihe cyose abantu babuze gushikama, gukomera, bagakuka umutima. Birakwiye rero ko umuntu niba ahamagariwe n'Imana gukora ikintu runaka, akwiye kwizera Imana bimaraho ubwoba. uyu munsi wongere wisuzume ahari wasanga Imana yaraguamagaye ariko ugasanga wabuze Ugushikama, ugasanga wakutse umutima n'Ibindi.


Ndabakunda!

IMANA YANGIRIYE IMBABAZI, IBONA KO NDI UWO KWIZERWA, NDASHIMIRA KRISTO WAMBASHISHIJE . M.Gaudin

1Timoteyo: 1:12-14

Ndashimira Kristo Yesu Umwami wacu wambashishije, yuko yatekereje ko ndi uwo kwizerwa, akangabira umurimo we, numwo nabanje kuba umutukanyi n'urenganya n'Umunyarugomo. Ariko narababariwe, kuko nabikoze mu bujiji ntarizera.

Uyu munsi mvuze ko Imana inkunda sinaba mbeshye kuko maze kubona imbabazi zayo kubugingo bwanjye cyane, ndashimira Imana yampaye agakiza k'Ubuntu. igihe nari nkiri mubujiji nabonaga abasenga nkabona ari uguta umutwe, umwanya, n'ibindi ariko uyu munsi menye neza ko Imana itarobanura kubutoni. Mu mahanga Yose uyubaha agakora ibyo gukiranuka Imana iramwemera. ibyakozwe n'Intumwa 10:34-35.

Mwene data, nshuti y'Umusaraba, ndakumenyesha ko igihe cy'Imana iyo kigeze Imana ikora uko ishatse igakura umuntu ahantu yitaga ko ari heza, maze ikamujyana aho Imana ibona ko ari heza. aho twita heza naho Imana yita heza biratandukanye. Igihe kinini namaze ntarakizwa, aho nabaga numvaga ariho heza, ariko Imana imaze kwinjira mubuzima bwanjye nasobanukiwe ko ntahandi hari amahoro ahagije rwose uretse muri Kristo no mukumenya ukuri kw'Ijambo rye! ukuri kwa mbatuye mububata bw'Imigenzo n'imihango y'amadini, n'Imiryango.

Ndagirango nkuhe ubuhamya; igihe kimwe nifuza kubatizwa nagize intambara kuko nashakaga kubatizwa mu mazi menshi kandi mbanje kwizera Yesu nk'Umwami n'Umukiza. ariko idini ya data iba yari yaramabtije kiri uruhinja, sinari mbizi uretse ko nakuze nkasanga ikarita y'Umubatizo naho sinzi ko nabatijwe, igihe kigeze umutima unyemeza ko nkwiye kwizera Kristo hanyuma nkabatizwa, abaroma10:14. Ese abantu bizera bate Kristo bataramwumva, naje gusanga narabatijwe mbere yo kwizera, ikigeretse kuri ibyo naje gusanga ari ubuyobe kubatiza umuntu udafite amahitamo kandi Imana ntamuntu ishaka kujyana mw'Ijuru kumbaraga kuko bibaye ibyo, ntawasigara. ariko amahitamo y'abantu niyo aganisha aho ujya.

Uyu munsi ubuzima bwanjye Kristo amaze kubufata harimo Impinduka, kandi Kristo yambabariye ibyaha byanjye kuko nabikoze mbere mubujiji ntaramumenya, uyu munsi wasanga nawe hari ibyaha ugikora, wasanga hari ibibi ukigenderamo, ariko igihe n'Iki kugirango umenye ko Kristo agushaka ngo akugire umuhuza w'abantu n'Imana, kuko niwe waduhaye ubwo bushobozi! siniyumvishaga ko umuntu nkanjye azabatiririza ku nyanja y'Ubuhinde, sinibazaga ukuntu Imana yakoresha mugihe gisa n'Iki, ariko ndashimira Imana ko kubera Impamvu zayo bwite Imana yabanye najye kugeza uyu munsi. uyu munsi mfite ishimwe kuko niyo yonyine yampesheje igikundiro no kuba umubwirizabutumwa, kugirango mu mahanga yose abamvira Imana babone agakiza. Mwene data wibuke ko Yesu nawe akwifuza, arifuza kugukoresha kuko abasaruzi babaye ake kandi ibisarurwa ni byinshi.

Ahari wajyaga wibaza uti ese uriya nawe watukanaga, warogaga, wasambanaga, wari umwambuzi, uti ese nawe yakizwa, Yego rwose kuko Imana ariyo ikiza! Ndashimira Kristo kuko niko ajya akiza abamwizeye, akabasubiza agaciro, akabaha igikundiro ngo bamukorere bafite umutima utunganye! uyu munsi nawe uhe ubuzima bwawe Yesu abutegeke. uwo badateranya arasandaza, ndakwingize wiyunge n'Imana rurema, va mubyangwa n'Uwiteka nawe azakubabarira kandi azagukoresha ibinti bidasanzwe. Imana y'amahoro ibeze kandi yibagirwe gukiranirwa kwawe kose, maze iguhe ibyo umutima wawe ushaka.

Ndabakunda!

Friday 12 December 2014

ICYEMEZO CYO KWIHAKANA IMIGENZO Y'IWANYU IGIHE ARI MIBI, ESE UMUNTU ABAHO ATE IYO YIFUZA GUHINDURIRWA AMATEKA? M.Gaudin

Rusi 1:16

Rusi aramusubiza ati: winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo ne kugukurikira,kuko aho uzajya niho nzanjya , kandi aho uzarara niho nzarara. ubwoko bwawe nibwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe niyo izaba Imana yanjye,aho uzagwa niho nzagwa bahampambe. Nihagira ikizantanduka nawe atari urupfu  uwiteka uzabimpore.

Buri gihe abantu bavukira mubuzima butandukanye, ndetse no mu miryango itandukanye. abantu bakurira ahantu hatandukanye ndetse ugasanga aho batuye haba imico yaho rimwe narimwe nuhaturutse bakamwitirira iyo mico, Ibyo byose ni ibintu bimwe biba ari imivumo cyangwa umugisha bitewe n'Igice utuyemo.

Rusi yavukiye mu gihugu cy'Imowabu, yari umumowabukazi, uyu munsi ndashaka ngo twibukiranye ese abamowabu bari bantu ki? ibi byose ndahamya ko inkomoko y'abamowabu aricyo cyateye Elimeleki kuhagirira ibyago agapfa, ndetse abahungu be bashatse abamowabukazi aribo orupa na Rusi. ntibyatinze abo bombi bapfusha abagabo, basigarana na nyirabukwe Nawomi.

Abamowabu nibantu ki? Itangiriro 19:30. Igihe loti yari amaze guhungishwa kurimbuka, abakobwa be bigiriye Inama yo guha se inzoga ngo maze baryamane nawe, uwambere abigenza atyo maze abyara mowabu, uwakabiri abyara Abamoni. ibaze nawe umuntu uvutse muburyo bw'Ikizira cyangwa icyaha. ndahamya ko nawe uzi neza amateka yawe,  ahari ushobora kuba uvuka mu muryango iwanyu baraterekereye, cyangwa bararaguzaga, abandi ba sekuru batunze ibitega n'amarozi, uyu munsi hari icyi bigusaba kugirango uhabwe umugisha n'Uwiteka.

Hariho ibinti bimwe bitamarwa no gusenga ukiri umumowabu, ahubwo bigasaba ko uhindura ubwoko bwawe ndetse ugafata ubundi buzima. Abizeye Yesu bose yabahaye ubushobozi bwo Kwitwa abana b'Imana. Rusi we yiyemeje gukurikira Nawomi w'Umwisirayeli kuko yagize ati: Imana yawe izaba Imana yanjye, Ubwoko bwawe buzaba ubwoko bwanjye, aho uzarara niho nzarara, aho uzagwa niho nzagwa. Uyu munsi isezerano ugirana na Yesu ribasha kuguhindurira amateka, ribashaka kugukuraho umuvumo naho waba waravutse muburyo nk'ubwo abamowabu bavutsemo, muburyo bw'Ikizira. 

Ahari umuryango wawe hari ibintu waramyaga, waraterekeraga, ukaraguza. Uyu munsi ukwiye kumenya ko umuntu wese mu maso Y'Imana agaragara nk'abamoni n'abamowabu, ariko igihe cyose wemeye Yesu nk'Umwami n'Umukiza, azaguhesha kuba umugisha mubandi, ndabizi ushobora kuba uzi nawe ibintu bishobora kuba bikubuza umugisha wawe, ariko uyu munsi ufate icyemezo nkuko Rusi yagifashe cyo gukurikira nawomi, nubwo yamusabaga kwisubirirayo. hari igihe ugeramo hakaba ibintu bigusaba gusubirayo,

Uyu munsi rero nkuko Rusi yahinduriwe amateka, kugeza aho ashyirwa mubisekuruza bya Yesu, ni ko no muri ibi bihe dukwiye kumenya ko Imana yatanze umuvumo niyo Ivumura, uyu munsi rero wongere witekerezeho. maze guhera uyu munsi wahitamo gukurikira Yesu nawe yaguhindurira amateka. ntihakagire ubashuka, ngo abashukishe amagambo atari ukuri. Imana izi kera hawe, niyo yiteguye no kubana nawe uyu munsi nuyemerera nawe ukemera Yesu uzahabwa guhindurirwa amateka.

Ahari ujya wibaza uti ese, Imana yambabarira ubusambanyi? ubuse yambabarira ubusinzi? yambabarira kuraguza n'ibindi bibi? ndahamya ko mumaso y'Imana kop ishoboye kukubabarira no kukweza rwose wowe uyemerere gusa. Imana iguhe umugisha. Yesaya 1:16-20

niba uri muri Yesu neza kandi wizere ko wogejwe, ntukongere kwiyanduza ukundi. 2abakorinto : 5:16-17. kandi niba wumva wababariwe rwose ntukongere gukora icyaha utazabona ibibi birushaho kuba bibi. Yohana:5:14

Ndabakunda!

Ushobora kutwandikira kuri email: newseed4jesus@gmail.com


Wednesday 10 December 2014

YADUHESHEJE UBURENGANZIRA BWO GUHAGARARIRA IJURU MW'ISI YOSE.....KUGIRANGO ISI YUZURE ABUMVIRA IMANA. M.Gaudin.

Abaroma: 1:5

Niwe waduhesheje igikundiro no  kuba intumwa ku bw'Izina rye, kugirango Mu mahanga Yose habemo abumvira Imana babiheshwa no Kwizera, kandi namwe muri muri bo abahamagariwe kuba aba Yesu Kristo,

Buri muntu agenda nk'Uko yiyumva, igihe cyose uko wiyumva niko biguha igisobanuro cy'ubuzima. Kuko ntiwakora cyangwa ngo ubeho ubuzima butandukanye nuko wumva uri! abantu benshi   babayeho mu buzima busa no kwiyahura cyangwa kwiyanga kubera kudaha agaciro icyo baricyo muri Kristo. Uyu munsi ukwiye kumenya ko Igihe cyose Imana igishimye kuguha ubuzima ukwiye kumenya Imana igufitiye umugambi muri Kristo.

Biratangaje kubona umuntu abayeho mu buzima butamwubahisha, cyangwa ngo bumwubahe kubera kutimenya, uyu munsi gusobanukirwa ukuri kuri wowe nibyo byabasha kugukura mu bubata bw'Ubwoba, bwo kwisuzugura bwo kutigirira icyizere. Yesu muri wowe arakuruta niyo mpamvu niba umufite ukwiye kwibaza uti ese Yesu nakiriye uyu munsi icyizere yifitiye ndagifite? hari bimwe mu biranga abajyana na Yesu, nuko batekereza nka Yesu.

Yesu ntiyigeze yifuza Ikibi kuko yari azi ko icya muzanye kw'isi ari ukugirango benshi bubahe Imana; Uyu munsi ndashaka ku kubwira ko uretse kubaha Imana gusa ahubwo dufite umurimo wo gutuma abantu benshi bubaha Imana, abayumvira. turi bamwe mu ntumwa za Kristo bigisha iby'Ubwami Bwayo mw'Isi. duhagarariye igihugu cy'Ijuru kandi uko duhagaze bijya byemeza abantu ko igihugu cyacu cyubashywe, gikomeye.

Ibaze uri ambasaderi w'Igihugu kikomeye nka Amerika, ese wahagarara ute? uko witwara bigaragaza imbaraga za amerika , ibyo bituma rwose igihugu cyawe cyubahwa, igihe cyose Imana yifuza ko igihugu cy'Ijuru cyubahwa, kuko igihe cyose twubashye igihugu turushaho kubaha n'ukiyoboye, uyu munsi rero Imana ntacyo itakoze ngo igutunganyirize kuba umwe mubahagarariye igihugu cy'Ijuru mw'Isi.

Amaraso ya Yesu aduhesha uburenganzira bwo kuba mw'isi kandi kugakoreramo gahunda z'igihugu cyacu ndetse n'Isi ikabyungukiramo. Mwese murabizi ko ntagihugu gifungura ambasade kunyungu zigihugu bayifunguyemo, ahubwo inyungu ziba zifitwe cyane na nyiri ambasade hanyuma bakagirira n'Umumaro aho bayifunguye. Uyu munsi tubaye mw'Isi kugirango Twubahise Igihugu cyacu, hanyuma kubahisha igihugu cyacu bituma habaho nagahunda zifasha ibihugu amasode z'igihugu cyacu zirimo.

urugero muzi ko amerika idafungura amabasade yayo mugihugu cy'Urwanda ku nyungu z'U Rwanda bwa mbere, ahubwo haba hari inyungu ya mbere kuri Amerika, ariko uko biri kose igihe cyose amabasade ikoze neza, ikora imirimo myinshi ndetse yagirira akamaro igihugu ikoreramo. Uyu munsi dufite Iminshinga myinshi yo gufasha abanyarwanda iterwa inkunga n'ambasade ya amerika. uyu munsi nawe wongere Umenye ko muri Kristo ukwiye guhagararira ijuru muburyo butuma abantu bumvira Imana. Sinzi uko ubayeho ariko ntukwiye kubaho wisuzuguye cyangwa ahubwo ukwiye kumenya neza ko uko biri kose ufite umumaro mu bwami bw'Imana. Buri gihe dufite icyo gukora iyo dusenze Imana ihindura byinshi, uyu munsi rero wibaze ubuzima ubayeho niba bushobora gutuma abantu bubaha Imana yawe, bakuba igihugu uhagarariye, bakumvira Imana. 

Imana ntizaduhora ikindi kitari uko twayihagarariye! buri muntu wamenye Kristo abayeho ngo Atume mu mahanga yose habamo abumvira Imana, uyu munsi ukwiye kwibaza uti ese ubuzima mbayeho hari icyo bumarira abandi mu kumvira Imana? Kristo yagize ati muzakora ibinze ibyo nzakora! Kristo yubahishije Imana, niyo mpamvu uyu munsi tukimwizeye kuko yabayeho mubuzima bugaragaza Imana muri we, we rugero rukwiye  twafatiraho. yagize ati sinaje gukora ibyo nishakiye ahubwo naje gukora ubushake bwa data. uyu munsi wowe ukora ubushake bwande? ukora ubushake bwawe cyangwa bw'igihugu uhagarariye ndetse nuwaguhesheje igikundiro no kuba Intumwa?

uko biri kose ukwiye kwisuzuma, hanyuma ugafata umurongo muzima wo kubana n'Imana no kuyihagarira, ntakundi kuyihagararira ukuyibera urusengero rwera! uyu munsi abantu bagana kurusengero , ndahamya ko nuyibera urusengero rwiza abantu bazakuzaho kuko uzaba ufite umucyo ubamurikira uturuka muri wowe, Yewe bazumvira Imana yawe kuko babona nawe uyumvira. ntamuntu wakwigisha kubaha so igihe cyose nawe umutukisha. dukwiye kugira ishyaka ndetse n'Urukundo byatuma rwose twubahisha Imana yacu. uko wubahisha Imana ni ko wubahwa, uko uyisuzuguza niko usuzugurwa,  Abaroma 2:7

Ndabakunda!

Sunday 7 December 2014

ABANTU NTIBARUSHANWA AMAKUBA N'IBYAGO, AHUBWO INDORERWAMO UREBEYEMO NIYO IGUHA UMUNEZERO MUGIHE CY'AMAKUBA...M.Gaudin

2Abami 6:15

Maze umugaragu w'uwo muntu  w'Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n'amafarashi n'amagare bigose uwo mudugudu.Umugaragu abwira shebuja ati" Biracitse databuja, turagira dute?"

...17 Nuko Elisa arasenga ati "Uwiteka ndakwinginze, muhumure amaso  arebe." nuko Uwiteka ahumura amaso y'Uwo musore arareba, abona umusozi wuzuye amagare n'amafarashi by'Umuriro bigose Elisa.

Iyi nkuru y'umugaragu w'Imana Elisa na Gehazi, itwereka neza ibibazo Geahazi yarebaga, Yewe na Elisa yarabibonaga ariko akareba n'Ikindi kirenze ibibazo, yarebaga Ingabo z;'abasiriya akreba n'Ingabo zo mw'Ijuru. Uyu munsi amaso yawe ashobora kuba areba ibibazo, kandi uko ni ukuri ibibazo ntibimarwa nuko ubireba gusa ahubwo bitsindwa n'Ikindi wizeye.

Uyu munsi ndashaka ku kumenyesha ko abantu batarushanwa ibibazo, ntibarushanwa ibyago, abantu bose barapfusha, bararwara, barasonza, bagira amakuba, bararenganywa, uwo bitagezeho uyu munsi bimugeraho ejo, niko isi tubayeho Imeze, uko abakene barira niko n;'abakire babayeho, kuko byose bishyikira bose kandi bitera bose ubwoba. iherezo ry'Umuntu ni ugupfa kuko gupfa nibyo biheruka umubabaro wa muntu. Zaburi ya 49 itwereka neza ko ibyago bishyikira bose kandi ntacyo umuntu yatanga ngo agurire Imana yongererwe kurama.

Iyi si amaso yacu abona byinshi ariko abarebesha amaso y'Umwuka babasha kubona, icyabarengera , babasha kubona Imana iri muruhande rwabo maze ntibakurwe umutima n'Ibyo babona, Uyu ndifuza ko umenya ko Kumenya Yesu bitera Imbaraga zo guhagarara mugihe cy'Amakuba, ntibagamburuzwe mubyo bizera. Ese niki cyadutanya n'urukundo rw'Imana? Pawulo ati ni ki? n'amakuba? n'Ibyago? n'Ubuzima se cyangwa urupfu? Oya rwose ntanakimwe cyadutanya na Kristo.

Uyu munsi imirebere y'Ikibazo ufite n'Umucunguzi ufite ibyo ureba cyane biguha imbaraga zo guhagara neza, ndashaka kukubwira ko muri Yesu ntihabamo gushinyiriza ahubwo habamo umunezero no mugihe gisa naho kigoye. Ndahamya uyu munsi Nawe niba Wizera Yesu Ushobora kubona Imbaraga mugihe cyose ubona ko bigoye Imana izagucira akanzu. 

Dufite amahoro aturuka ku Mana adaturuka kubyo duhura nabyo ahubwo aturuka ku kuba twaramenye ukuri, Ni mumenya ukuri, ukuri niko kuzababatura, Uyu munsi ndashaka kukubwira Ko  Umunezero w'abiringira Imana uturuka mukubona Imana hirya Y'ikibazo. gusa igihe cyose amaso yawe atitegereje neza, ubona ubunini bw'ikibazo buruta ubunini bw'Imana ndetse n'Umugambi wayo kuri wowe.

Hariho ibyiringiro kubana bareba ubupfubyi ariko bakareba Imana iruta ubupfubyi, Hariho ibyiringiro ku bapfakazi bareba Yesu mbere y'ubupfakazi bwabo, hariho ibyiringoro kuri wowe ubabaye igihe cyose ubonye ko Kristo Yicaye iburyo bwa Data. Ndakubwira ko igihe uzabona Yesu uzamera nka Sitefano waterwaga amabuye ariko akareba Yesu maze ngo akanezerwa mu mwuka, akabona imbaraga zo gusabira abamutera amabuye Imbabazi.

Uyu munsi ndaguhumuriza, nkubwira ko Yesu ari hafi yawe, ukwiye kureba neza mbere yo gutakishwa n'ibyago n'amakuba, ukwiye kumwizera kugeza ku gupfa. abaheburayo 10:38, Umukiranutsi wanje azabeshwa no Kwizera..nyamara nasubira inyuma umutima wanjye ntuzamwishimira.

Ndashima Imana yampaye ubuntu bwo kunkomeza no kunezeza, igihe amaso y'Umubiri yarebaga ibyago impande yajye, ndashima Yesu wahumuye umutima wanjye nkarushaho ku mwizera,  nkamenya ko ntakibasha kurogoya Umugambi we. Yobu 42:2

Uyu munsi ukwiye kwivomera amazi, azagutunga mugihe cyo guterwa n'amapfa, uko biri kose hari igihe cyawe, ndagusabira ngo Yesu azakumvire, zaburi 20. ariko cyan cyane ukwiye kwegera Imana muri iki gihe ngo nawe izaguhe ubuntu bugutunga muri icyo gihe. Abaheburayo 4:16.

Ndabakunda!

Saturday 6 December 2014

NIBA IMANA IMUFITEHO UMUGAMBI UTANDUKANYE N'UWO IGUFITEHO UPFA IKI? YESU ATI: "NKURIKIRA"....! M.Gaudin

Yohana 21:21

Petero abonye uwo abaza Yesu ati: Mwami uyu se azamera ate?" Yesu aramusubiza ati:" Niba nshaka ko agumaho kugeza aho nzazira,upfa iki? Nkurikira."

Kuki abantu benshi aho gukurikira Yesu, bahangayikishwa no kumenya uko abandi babayeho? ese biterwa n'urukundo cyangwa biterwa n'ishyari? Yesu ati: "NKURIKIRA UPFA IKI? "

Yesu amaze kubaza petero inshuro eshatu ko amukunda, petero amaze kuvuga ati mwami ni wowe ubizi, nuko yesu aramubwira ati: igihe kizagera ujye ukenyezwa n'abandi kandi ujyanwe aho udashaka . ibyo ngo Yesu yabivuze kugirango yerekane urupfu petero azubahisha Imana.

Nyuma yuko petero abwiwe ibye, yagize amatsiko yo kumenya n'Ibyabandi, abaza Yesu ati: Uyiu se we bizamera bite? Uyu munsi nawe wasanga ubaza Imana uti uriya se we bizagenda bite? wasanga wibaza uti uriya se we azamera ate? Ndashaka ku kubwira ko umugambi Imana igufiteho utandukanye n'Uwo ifite kuri mugenze wawe, kubabyeyi bawe, kunshuti n'abandi. 

Akenshi abantu bashaka kumenya uko bagenzi babo bazamera, uko babayeho bamwe babikora babitewe no gushaka kwigereranya, ngo ahari ugire uti yewe ibyanjye biroroshye, ariko Yaba amahirwe cyangwa ibigeragezo buri muntu afite ibyo Imana yamugeneye. kandi ngo ntamuntu Imana ishobora guha ikigeragezo kirengeje kwizera Kwe.

Abantu benshi bagwa mu mitego yo kwifuza ubuzima bw'abandi, noho batita no kucyo Imana ibahamagarira gukora! uyu munsi hari abapasitori b'abakire bapfobya abakene ngo nta mupasitori w'umukene, ugasanga baranenga abapasitori, cyangwa abakozi b'Imana imana itahaye ubutunzi, n'amashuri n'ibindi, uyu munsi niba Imana yaraguhaye ubukire ntiwibwire ko abadakize badafite umuhamagaro, niba Imana yaraguhaye kwiga ntusuzugure abatarize kuko Imana ikoresha bose n'Imwe, 

Uyu munsi hariho yewe n'abakozi b'Imana bamwe birirwa basebya abandi kuko ngo bakize, ugasanga nawe igipimo cy'agakiza wagihinduye ubukene, wareba abakozi b'Imana , Imana yahamagaye ikabaha ubutunzi ugasanga uhora ubahimbira ibinyoma, ushaka kugaragaza ko ari wowe wemewe. ibyo bituruka mukutamenya ko Imana ihamagara uko ishatse. ndetse igaha umuntu ibintu bikwiranye nuko ahamagawe.

Uyu munsi sinzi urwego uriho mugukorera Imana kwawe, ariko ahari ushobora nawe kuba ufite agatima ko kwigereranya, ushaka kumenya iby'abandi kuruta guhamagara Yesu ukubwira ati nkurikira. Mbere yo kubaza uko mugenzi wawe azamera Yesu agusaba kumukurikira. niyo waba umugiriye impuwe ndahamya ko utazirusha uwamuremye, kandi waba unamugiriye ishyari nabwo Imana niyo izaguhana.

Uyu munsi ukwiye kunyurwa n'uko uri kuko ntuzigera uhamagarwa nk'uko runaka ahamagawe, ahubwo uzahamagarwa nkuko Imana ihamagara ishaka ko ukora. bitwe n'Imamvu zayo bwite Imana niyo ifite ubuzima bwacu muriyo. hari abo ishaka kugikiza bigutwaye iki? hari abo irinda indwara bigutwaye iki? hari abo ihaye ubutunzi bigutwaye iki? Imana ikura mububiko bwayo, niba hari abo ihaye icyubahiro upfa iki? niba hari abo ihaye igikundiro upfa iki? Bene Data dukwiye gukurikirira Yesu Impamvu aduhamagaye kuruta ibyo ahamagariye abandi.

Ahari warahamagawe, none ubona uri umukene, amakuba, n'Ibindi no kurenganywa ukibaza uti ese kuki hariho abandi ba pasitori babayeho neza ubu nge nzira iki? ariko ibyo si ibyo kwibaza kuko Imana ntizisobanura kubantu kubyo ikora ahubwo iziyerekana mubyo ibakoresha. ndakwinginze wongere utekereze!

Ahari wanjyaga ureba bamwe ukabasuzugura,kuko batize, badatunze, bakennye., bataz kwambara neza, bataberwa, batubashywe, mbese basuzuguwe mu maso yawe n'abandi, ibi ntibigutere kumva ko abameze nkawe aribo bahamagawe. Cyangwa se nawe wasanga wajyaga ubona abakozi b'Imana bagendera mundege zabo bwite, bafite amato, batunze nkuko salomo yari atunze maze ukabacira Imana mu mutima, ukabakekera ibibi byinshi, ko uwabahamagaye gutyo yibeshye.! ariko ndashaka kukwibutsa ko niba umwami agambiriye kugirira neza abo ubona, cyangwa gutuma bapfa cyangwa babaho nk'inyigisho kubandi, Si ibyawe kwigereranya, ahubwo ukwiye gukurikira Yesu Gusa.

Yesu aracyakubwira ati nkurikira, wikwita kuby'abandi ita kucyo nkubwiye, kuko naguhamagaye mw'Izina ryawe bwite. uyu munsi habaho gukeka ibibi, gucirana Imanza mu mu mitima, gusuzugura bamwe, no gutega abandi iminsi kubera ko usanga batita kucyo Yesu Aguhamagarira ahubwo ugashishikazwa no kumenya icyo yahamagariye abandi. Abaroma:14:4-12

Ndabakunda!

Tuesday 2 December 2014

IBYO BENE REKABU BASHOBOYE WOWE WABINANIZWA N'IKI KU BW'IMANA IBIGUSABA? M.Gaudin

Yeremiya 35:6

Ariko barahakana bati "ntituyinywa kuko Yonadabu mwene Rekabu sogokuruza wacu yadutegetse ati"Ntimuzanywe vino, arimwe cyangwa abana banyu iteka ryose.".....8 natwe twumviye itegeko rya Yonadabu mwene Rekabu sogokuruza wacu ry'Ibyo yadutegetse byose , kugira ngo tutanywa vino mu minsi yose, twese n'abahungu bacu n'abagore bacu n'abakobwa bacu.....

Uyu munsi wa none abantu benshi bagira abantu bafatiraho ikitegererezo, ndetse rwose usanga abantu bafite amahame y'Imiryango baturukamo aho usanga, badakora iki ni iki kubera ko mu muryango wabo atariko bigenda! ndahamya ko uyu munsi nawe ushobora kuba hari amahame wafashe ndetse abantu bajya bagerageza no kuyagukuraho ukabangira kubera ko wanga guhemukira umuryango ishuti n'ibindi.

Uyu munsi bisigaye byoroshye ko abantu bakurikiza amahame y'Idini kurusha amahame y'Imana, abantu bashobora kureka gukora ibi n'Ibi kubera idini ariko ugasaga kubera kubera Imana byaragoranye! none se dukwiye kwita kucyo abantu bavuga kuruta icyo Imana ivuga. sinzi uyu munsi abo wumvira, amahame ugenderaho aho wayakuye he?

Ijambo ry'Imana rirambwira riti, Yohana 14:23 Yesu ati umuntu na nkunda azitondera amategeko yanjye...uyu munsi ntiwaba uhagarara ku mategeko y'umuryango ngo maze wirengagize ibyo Imana ivuga hanyuma ngo uvuge ko wumvira Imana. Imana irashaka ko uyumvira kuruta ibyo byose.
Birashoboka ko waba nawe hari abo wabereye abizerwa ndetse ugafatwa nk'Inyangamugayo mubyo kubahiriza ibyo so yasize akuraze cyangwa sogokuru wawe, ahari wasanga yarakuraze na nabi ariko ukaba udashaka kurekura ngo wakire icyo Kristo agutegeka.

uyu munsi dufite urugero rw'abantu bakomeza amahame y'Imiryango, ay'amashyaka. ndetse n'Ibindi bitandukanye kandi bakayagenderaho ibihe byose, ariko Imana irifuzako abavuga izina ryayo nabo bahinduka bakamenya gukomeza indahiro bagiranye n'Imana.

Uyu munsi ukwiye kuzirikana ko Imana ishaka ko uhagarara mucyo yavuze ukareka kuva mw'Isezerano, niyo mpamvu yaduhaye urugero rw'abarekabu, uyu munsi niba papa wawe yarapfuye akakubuza gukora ikintu ukaba utagikora, uribwira ko ukwiye kumvira Imana bingana iki? ndakwinginze wongere kwitekerezaho ukorere Imana ubikuye ku mutima.

Benshi bazaguha inzoga, bazifuza ko usambana, wiba, wica n'ibindi bibi, ko ugira imirimo ya kamere ariko nawe ushobora guhamya ko Imana yakubujije kandi ugikomeje isezerano mwagiranye. sinzi icyo waretse ku bw'Imana. bene Rekabu hari ibyo baretse ku bwa Yonadabu mwene Rekabu, Baretse vino, bareka kubaka amazu n'ibindi wowe waretse iki ku bwa Kristo kuva aho umumenyeye?

Ndashaka ko wibaza uyu munsi uti ese niba abantu bashobora kunamba ku masezerano bagirana n'abantu kuki jye nta komeza isezerano nagiranye n'Imana. uyu munsi Yesu hari ikintu ahora akubuza, ndetse wareba neza wasanga atari ubwa mbere akikubujije, nyamara ukumvira abandi ariko we ntumwumvire. ndakwinginze wongere wibaze icyo wakwigomwa ku bwa Kristo. ahari wasanga ari ikigare kibi, inzoga, ubusambanyi, amagambo, urwango, amacakubiri n'ibindi, uyu munsi niwemera kumvira Yesu azaza aho uri mubane ndetse azazana na Data mugumane, mwuka wera azakubera umujyanama. Abefeso 4:30. mwuka wera ahora areba amasezerano wica, ariko ntukwiye kumuteza agahinda.