Friday 27 November 2015

ISHEMA RYO KUBA MU MURYANGO W'IMANA

Uno munsi natekereje ku Itorero nk'umuryango w'Imana abizera bose bisangamo nsanga, tugomba kwiga neza icyo kuba mu Itorero bisobanura. Mu buhanuzi bwa Malaki Imana yari yarasezeranije Isiraheri ivuka ry'umuhanuzi Eliya uzongera gusanganya imitima y'abana niya ba se, bivuga ko yagombaga kongera kurema 
umuryango. Iri ni iyerekwa ry'uburyo Imana yifuzaga kubaka umuryango nk'uko byari mu bitekerezo byayo kuri Isirayeri. Kuko aho umuryango uri umugisha urahaba. Na none aho umuryango utari umugisha wose nta gaciro ugira.

Nyuma y'ubuhanuzi bwa Malaki, Isezerano rishya ritangira ryerekana umuryango mushya, ariwo muryango w' ijuru ariwo ugizwe n'Imana data n'umwana wayo Yesu Kristo (Yohana 3:16-17). Ikinejeje kurushaho nuko uwo ariwe wese wemeye uwo mwana akizera izina rye nawe 
ahabwa ubushobozi ndetse uburenganzira bwo kuba umwana w'Imana (Yohana 1:12-13) .N'ukuvuga ko uwo nawe aba umwe muri uwo muryango w'ijuru utarabyawe n'ubushake bw'umugabo n'umugore ahubwo wabyawe n'Imana.
Yohana yasobonuye cyane ku buryo turi abana b'Imana ( 1 Yohana 3:1-3; 5:1-4), abana mu muryango.
Itorero nyaryo ni umuryango. Ryubatse mu buryo busa n'umuryango wubakitse. Muri buri muryango haba ababyeyi, haba abana, haba abavandimwe. Muri buri muryango buri wese agira uburenganzira n'inshigano. Hatangirwa inyigisho, uburere...discipline. ikibabaje n'uko benshi batagikunda gucyahwa...kurerwa...kumvira...ahubwo bashaka kuba mu Itorero nk'ibyigenge! Wamubwira ikosa akaba acyiyeho! Ibi bigaragara cyane ku bantu bafite impano runaka! Ndashima Imana ko hari abanyetorero bumva umumaro wo kuba umuryango mu Itorero.
Icyampa ukisanga mu muryango ubamo.
Fidèle Masengo, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

Tuesday 10 November 2015

UMUGORE W’UMUNYABWENGE AZI KURINDA URUGO RWE KUNYAGWA! 1Samweli 25:4 Pastor M.Gaudin

Abigayeli yari umugore wa Nabali, iyo urebye iyi nkuru usanga, Nabali iyo atagira abigayeli, yari apfuye pe. Abagabo bose siko bazi kwitura ineza ababagiriye neza, Yewe siko banashoboye gukora neza.

Igihe Dawidi yabaga mu mashyamba, ntiyigeze agirira nabi Nabali, yari umutunzi ariko Dawidi akabuza abantu ku murira amatungo. Hanyuma dawidi aza gutuma kuri Nabali ati: nta nabi twakugiririye  rero abahungu bawe bakugirire ho umugisha 1samweli 25:4.
Nabali yasubije intumwa za Dawidi nabi kuburyo byatumye Dawidi afata umwanzuro mubi wo kuzamuka akanyaga byose. 

Maze umugore wa Nabali abyumvise, ashaka uko yakemura icyo kibazo kuko bari bagiye kurimbukana nabo murugo bose, nibyo batunze. Maze yigira Inama yo gusanganira Dawidi ataragaruka kumara abantu. Niko kumushyira amaturo maze ati: nyagasani ntiwirirwe ugirira umujinya umugaragu wawe kuko uko izina rye riri niko ari. 1samweli 25:23. Igihe cyose Imana ishyigikira abantu ibicishije mu bandi, nawe ushobora kuba ufite umugore cyangwa umugabo uzi intege nke zawe.

Uyu munsi ukwiye kugira umutima nku wari muri Abigayeli, buri gihe iyo umuntu abuze ubwenge arisenyera. Benshi barimo barasenya ingo, abandi imiryango kubera kutagira ishyaka. Ariko uko biri kose ukwiye kubwira Imana ikaguha ubwenge bwatuma urengera na bamwe wakwita ibigoryi, kuko iyo ubikoze uretse kurengera abo gusa ahubwo uhosha n’uburakari bw’abandi.


Abigayeli yagiriye inama Dawidi, ati ntampamvu yo kwishyiraho amaraso, kandi uri umwami. Dawidi iyo yica Nabali nawe yari kuba yishe isezerano ririnini Imana yari yaramuhaye. Kandi Imbabazi ziruta ibitambo. Niyo mpamvu Abigayeli yabwiye Dawidi ati: Imana ntizabura kukubakira Inzu Idakuka. 1samweli 25:28.

ndabakunda! 
pstgaudin@gmail.com

IBYO IMANA YIBWIRA KUBANTU BIRUSHA AGACIRO IBYO ABANTU BIBWIRA KUBANDI NO KURIBO UBWABO! Pastor M.Gaudin

Imana ni Imana natwe tukaba abantu. Imana yaraturemye kandi yaturemye ifite umugambi. Ibi iyo mbitekereje nsanga ko Imana ifite ububasha bukomeye kuri jye. Ibi bintera kumenya neza ko Imigambi y’Imana ari myinshi kandi myiza kuri jye. Kuko ntakintu nakimwe Imana yaremye ntamugambi igifiteho.

Twibaze iki: Igihe Imana yafataga gahunda yo kurema ijuru n’isi ntaruhare umuntu yabigizemo, Yewe umuntu nawe ari muri iryo remwa ry’Ibiriho. Buri gihe kwibaza ibintu Imana yakagukoreye bisa no gusa no guhinyuza Imana yakuremye kuko mbere yo kuyibaza Ibyo igutekerezaho wakibutse neza ko no kugira ngo ubeho ariyo yabishatse.  Zaburi 139:14

Uyu munsi abantu benshi kw’isi baribaza uko babayeho nuko bazabaho, aha niho haturuka ibintu byinshi ndetse n’Ibyaha byinshi, ubwoba bw’Ubuzima n’Ibindi bitandukanye. Ariko ibi byose biterwa nuko umuntu yataye Imana ndetse tukirengagiza uruhare Imana ifite mubuzima bwacu.

Uyu munsi ubeshejweho niki? Muri iyi isi abantu benshi bafite uburyo bavuga ko wakora ukagera kutsinzi y’Ubuzima, ariko nshuti yanjye ndagira ngo nkumenyeshe ko igihe cyose umuntu yimuye Imana, naho wowe wakwimenyaho Imigambi myinshi ntibyayifasha gusohora. Ikindi kandi naho iyo migambi yakunda kuko iba idaturutse ku mana ntiramba cyangwa ikuzanire amahoro. Buri gihe rero abantu bashakisha iki?
Ubwiza n’Icyubahiro. Ibi bintu uko ari bibiri biruhije umuntu, buri gihe umuntu abashaka ubwiza, hariho abantu bamwe bambara neza, maze mwahura ntubimubwire akababara cyane, niko abantu bashaka ubwiza, hari abasigaye bitukuza, abandi baribagisha, kuko uburyo bwo kunyurwa nuko Imana yabaremye ntibiriho kuko bimuye Imana.

Igihe cyose Umenye ko Imana ariyo ifite uruhare mukubaho kwawe umenya neza ko Imana ifite impamvu yakuremye gutyo, ahari ushobora kwibona nk’Umuntu utuzuye cyangwa ukibona nk’Umuntu ufite ibiruta iby’abandi, ariko ibi byose bitangwa N’Imana yaremeye umuntu umugambi kandi ukomeye. Sinzi wowe uko wibona, ariko ndagira ngo nkubwire ko uko wibona nuko abantu bakubona Atari ibyo bikomeye ahubwo uko Imana yakuremye ikubona nicyo gifite agaciro.

Imana ntiyakuremye kubw’Inyungu zawe: buriya Umuntu wese ukora ikintu ntagikora kubw’Inyungu zicyo akoze, niyo mpamvu ikibumbano umuntu akibumba atitaye kuri icyo abumba ahubwo yitaye kucyo ashaka kugeraho, kizamunogera mu maso. Buri gihe Imana iba ifite impamvu ikomeye mubyo irema.

Igihe cyose rero ushaka ubwiza ukwiye kwemerwa n’Imana kuko naho waba mwiza mu bantu ariko Imana ikubona ko uri mubi ndahamya ko ntacyo byakumarira. Uyu munsi umububyi ukora ibibumbano iyo akoze ikibumbano hanyuma abantu bakagishima ariko we ntagishime ntashobora kukijyana kw’Isoko. Kuko aba ashaka kurinda izina rye, n’Imana niko bimeze uko Yemeye niko kuyihesha icyubahiro naho wowe waba wumva bitameze nkuko ushaka.

Icyubahiro: ndahamya ko Intambara nyinshi zaba mw’Isi, mu muryango ndetse no mu matorero hajemo kurwanira icyubahiro, aho umuntu ageraho akumva ariwe, ariko Ijmbo ry’Imana rigira riti nuko ushaka kuba umukuru abe umugaragu w’abandi. Kubahwa ntibivuze ko abantu bose bagupfukamira, ariko igihe cyose Imana yifuza ko tuyubahisha, icyubahiro Imana itanaga kiruta icy’abantu. Aha ndagira ngo nkubwire ko abantu bakubashye Imana ntikubahe ntacyo byaba bimaze.

Abantu bashobora kukubahira ibyo ubarusha, bashobora kukubahira imbaraga, amafaranga, kumenyekana, kuba uri icyamamare n’Ibindi, ariko Imana yo izakubaha kuko uyubaha, ibi rero bizanwa nuko ubayeho mubuzi bwibuka Imana ndetse ubuzima buzirikana ko Imana ariyo ikura umuntu kurwego rumwe ikamujyana ahandi.
Mukutibaza ku Mana cyane Imana idusaba kwibaza uko twayubaha no kuyubahisha, ibi nibyo buri munsi tuba dusambwa cyane. Uyu munsi ushobora kuba wibaza ku migambi y’Imana igufitiye ariko Imana ntiyifuza ko ureba cyane kuri ibyo ahubwo yifuza ko wa kwita kucyo wowe igusaba gukora.

Buri gihe Imana idusaba kubanza gushaka ubwami bwayo no gukiranuka kwayo ibindi byose tukabyongerwa (mat 6:33). Ubwiza icyubahiro, n’Ibindi harimo n’Ubutunzi no gukiranuka bituruka kuri yo.

Reka nkubwire nti igihe cyose umuntu atimuye Imana, Imana yiteguye gusohoza Imamvu yamuremye. Hari Impamvu waremwe rero kandi rero Impamvu waremwe niyo Imana yitayeho cyane, iyo mpamvu rero akenshi Uzasanga wowe utayifitemo uruhare, ahubwo ukwiye kwizera Imana ikakurengera.
Niba umuntu mukuru ateruye umwana akamunaga hejuru, umwana ntaba akwiye kugira ubwoba bwuko batari bumusame, ahubwo umwana iyo akomeje kuba umwana akorerwa ibyo akwiriye gukorerwa. Reka rero nawe uyu munsi ushyitse umutima hamwe maze wemerere Imana kugukoresha.

Igitangaje: ubu naho abantu baryohewe no gukorera Imana no kurushaho kubikangurira abandi ariko dukwiye kumenya ko nabyo ari umugambi w’Imana kuko Inama zo gucungura Umuntu nta mwana w’Umuntu wigeze azitumirwamo ahubwo ubu turi mubyo Imana yatekereje kera maze ikabishyira mu bikorwa. Ndahamya ko Imana yaduhaye agakiza tutari tubikwiriye ariyo idufiteho umugambi uruta ibyo twe twakwibwira.

Ndabakunda!

Pastor M.Gaudin
pstgaudin@gmail.com

Thursday 22 October 2015

WIRINDE KUGAMA KUKO IMBERE GATO IMVURA NTIYAGUYE. Pst M.Gaudin

Ndabasuhuje mwese mw'Izina rya Yesu. Uyu munsi nize ikintu gikomeye mubuzima nshaka kubasangiza.
Nuriye moto mva murugo aho ntuye I gikondo maze ngeze rwandex imvura iba iraguye kandi nerekezaga kicukiro...umumotari arambwira ati twugame sinshaka gukomeza kunyagirwa maze ndamwemerera duhagarara kuri station...maze kurambirwa ndamubwira nti tugende nubwo hagwaga gake.igitangaje ukase Uganda Zion temple twasanze ntamvura nanke yahageze ubu nageze kicukiro kurusengero kugeza ubu ntiyaguye.
Isomo:
Naje gusanga hari igihe umuntu ahura nakabazo munzira kakamubuza gutekereza aho yaganaga.
Ikindi nuko nasanze ikibazo wahuye nacyo kera ushobora kwibeshya ko uzahura nacyo.
Ndashaka ngo nkubwire ko ahari ibyo ubona nk'imvura bidakwiye kugukerereza. Ushobora guhura n'amagambo uyumunsi ugasanga ufashe umwanzuro wejo kandi ejo ntamagambo azaba ahari...
Icyerecyezo dufite nicyiza ariko satani ashyiramo ibintu bidutega bikadukerereza!
Ntiwite kubigukerereza imbere niheza. Uyu munsi ushobora kuba usuzuguwe Nyamara wagera Imbere ukubahwa.
Reka nkubwire ko there is nothing permanent as change. Ibyo urimo byose ntukwiye gufata umwanzuro ushingiye aho uri....uko ubayeho..kuko imbere hawe niheza kandi huzuye umunezero n'amahoro.
Ntukwiye kumva wakugama ahubwo ukwiye gutumbira aho ugana kuko nugerayo uzumuka. Bene data Yuri murugendo rugana aheza nubwo aho turi uyumunsi bisa naho imvura yanze guhita dukwiye kwihangana tukegera imbere kuko imbere niheza.
Sinzi ibyo ucamo uyumunsi byagutera kumva wihebye ukumva wakwiyahura..wakwiba..wasambana ngo Shari nibwo byagenda neza! Reka nkubwire ngo Ihangane utegereze igitondo! Kandi ntucike intege zo gusenga.
Gusenga nugukomeza kugenda mumvura kandi wizeye ko imbere ntayihari...igihe nyacyo ubona gutabarwa!
Mwibaze nawe uciye ahantu imbwa zigenda zimoka hanyuma buri mbwa yose Imotse ukayitera amabuye wazagera yo ryari? Burya nasanze amaganya kwiheba no kuvuga byinshi bitinza abantu murugendo bigasa naho bugamye imvura nyamara bibakerereza gusa!
Bene Data burimwe wese asubirane ibyiringiro kandi dusenge twizeye icyo Imana izakora. Ntimucogozwe nibyo mubona ubu ngo muhagarike urugendo....ahubwo mumenye ko Imbere ari heza!
Uwakwereka ko imbere ari heza...wakwihanganira amagambo bakuvuga....wakwihanganira ubukene uhura nabwo...watumbira Imana ugakomeza urugendo.
Ndabakunda! Soma abaheburayo 12:2
Pst M.Gaudin
pstgaudin@gmail.com

Monday 19 October 2015

HARI IBIHUMBI BYINSHI BY'ABANTU BASHAKA IJAMBO RY''IMANA...Imana yisigarije abarenga ibihumbi 6000 kuri New seed!

                                                  Umubwiriza 11:1
Flag CounterNdashimira Imana ko ibasha gukora cyane ibirenze ibyo dusaba ndetse n'Ibyo twibwira. Kuko Imana idakirisha amagare n'Amafarashi, ndashimira Imana yampaye iki gitekerezo cyo kuzajya nsagira n'abantu bari ahantu hatandukanye kw'isi Ijambo ry'Imana. benshi basubijwemo Imbaraga kandi ndizera ko benshi bahembuwe ndetse bagaterwa umuhate wo gukorera Imana igihe cyose basoma izi nyigisho zitandukanye, urubuga newseed rumaze imyaka ibiri rukora rukaba Rukurikiranwa n'abantu basaga 6000. ndahamya ntashidikanya ko hari umurimo munini Imana irimo gukora bitewe n'Ubu buryobw'Ivugabutumwa. turashima Imana kubw'abadusengera ndetse bakaduha ibitekerezo n'Inkunga itandukanye kurirango turushe kwamamaza ijambo ry'Ubwami. abari mubihugu byose Imana ibahe umugisha n'amahoro.


 Pastor M .Gaudin

AMAHIRWE YO KUGIRWA UMWANA W'IMANA By Rev. Dr. Fidèle Masengo


AMAHIRWE YO KUGIRWA UMWANA W'IMANA

Abefeso 1:5 - Kuko yagambiriye kera ku bw'urukundo rwayo ko duhinduka abana bayo, tubiheshejwe na Yesu Kristo ku bw'ineza y'ubushake bwayo.
Kuva mu mwaka wa 2008 kugeza muri 2012 nagiriwe amahirwe yo gufasha ababyeyi benshi bava Canada, USA, mu Bihugu byo ku mugabane w'Iburayi ndetse n'abanyarwanda bifuzaga kubera abana ababyeyi batabyaye (Legal Adoption ).
N'ubwo nari nsanzwe nzi ibisabwa mu mategeko, gufasha iyo miryango nk'umu "Avocat" wabo byanshoboje kumva cyane ibisabwa, ikiguzi n'agaciro ku kugirwa umwana n'umubyeyi utarakubyaye.
Nifashije ubumenyi mfite n'iraribonye (personal experience ), nifuje gusangira namwe ibisobanuro n'agaciro ko Kugirwa abana b'Imana.
Mbere yo gukomeza iyi nyigisho, ndasaba umuntu wese usoma iyi message gufata umwanya akisomera Abagalatiya kuva ku gice 3:26 kugeza ku gice 4:7.
Kugirwa Umwana n'umubyeyi utarakubyaye (Adoption ) ni kimwe mu bikorwa by'indashyikirwa Imana yadukoreye. Bifitanye isano n'Ijambo "Gutsindishirizwa" Paholo akoresha mu nzandiko ze ninshi (Urugero: Abaroma 5:1).
Gutsindishirizwa s'ikintu umuntu yiha, s'ikintu umuntu ageraho kubwe ahubwo n'ikintu ahabwa n'undi ku buntu.
Ku byumva neza bisaba kwibuka ko twahagaze imbere y'Intebe y'Imanza y'Imana ari ntabyiringiro byo gutsinda.Twari abanyamahanga, twari abanyabyaha, twari abo gutsindwa n'urubanza, twari abo gupfa tuzize ibicumuro byacu,...

Yesu yaraje ahagarara imbere ya Se atanga ikiguzi. Ibi nibyo byaduhesheje gutsinda tubarwaho gukiranuka.
Umva ibyo Paholo avuga:
Abagalatiya 4:4 - Maze igihe gikwiriye gisohoye Imana yohereza Umwana wayo wabyawe n'umugore, kandi wavutse atwarwa n'amategeko ngo acungure abatwarwa na yo, biduheshe guhinduka abana b'Imana.

Paholo yandika runo rwandiko, Abagalatiya bari mu mategeko y'Abaroma. Abagalatiya yandikiye bumvaga neza ibisobanuro byo kugirwa abana (Adoption ). Mu mategeko y'Abaroma y'icyo gihe, kimwe no mu mategeko dufite mu Rwanda, adoption isobanura nibura ibintu 3 bikurikira:
1) Kwitwa izina ry'Umubyeyi wakugize umwana( Ubu twitiranwa n'Imana!);

2) Guhabwa ubwenegihugu bwe ( Turabenegihugu b"Ijuru...);
3) Kugira uburenganzira bwo kuzungura bungana n'ubw'umwana we yibyariye ( Turi Abaraganwa na Kristo)!
Usome cyane ibyo byanditswe ubitekerezeho!
Ng'uko kugirwa umwana w'Imana!

Rev. Dr. Fidèle Masengo, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

Saturday 17 October 2015

BURI JORO RIZANA INZOZI KANDI IHEREZO RY'URUGENDO RUMWE N'ITANGIRA RY'URUNDI WICIKA INTEGE. Pastor M.Gaudin

Imbarga zitera umuntu gukora ndetse no kudacika intege murugendo nuko aba agifite ibyiringiro. ubushakashatsi bwakozwe n'abahanga berekanye ko iyo umuntu abuze ibyiringiro by'Ejo hazaza. ntamuntu rero mw'Isi utagira ijoro cyangwa ngo abure inzozi, yewe ntamuntu utagira urugendo. ariko ndashima Imana ko ariko Imana yaremye abantu.

burigihe umuntu wese akwiriye kwirinda kubona ikintu nk'itazashira! hariho abantu bakora amakosa yo gufata imyanzuro ihoraho kukibazo cy'Igihe gito( do not take a permanent decision to a temporally problem) abantu bamwe ntibaziko ubuzima bugizwe n'Uduce twishi dufatanye. bisa n'Umuhanda ugizwe n'aho biruka cyane ahandi bikagusaba kugenda buhoro atari uko wabinaniwe ahubwo kubera ko ubuzima ariko buba bugusaba! 

Ibanga riba muguhishurirwa ko Imana irema iherezo mw'Itangira, ubuzima bw'Umuntu bwatekerejweho neza mbere y'Uko umuntu aremwa. ijambo ry'Imana ritumbwira ko Iminsi yacu yanditswe mugitabo cyayo. ndashaka kukubwira ko ukwiye gutekereza cyane ko Imana ishobora kuguha imbyiza mugihe cyose.

Ushobora kuba wararose nabi ejo hashize ariko ndahska kukubwira ko hariho irindi joro, ndetse uyu munsi ushobora kuba urangije agahanda kamabuye nyamara ukaba utangiye umuhanda mwiza, buri herezo ry'Inzira ni itangira ry'Indi. niyo mpamvu udakwiye gucika intege igihe cyose ukiriho. kubaho n'Igishoro gikomeye Imana iba yashyizemo kugira ngo ibindi byose ushaka ubihabwe. sinzi ibyo Umaze iminsi usengera! ariko ndashaka kukubwira ko Imana yibuka isezerano ryayo ibihe n'Ibihe.

Yesaya yahanuye ko umwari azasama maze abantu bose bibaza ko bibaye uwo munsi, ariko byaje gufata igihe kinini cyane abantu bategereje!ariko ndashaka kukubwira ko ushobora kuba mubantu bafite amahirwe yo kunyuzwamo igitangaza! reka nkumbwire ko ubuzima urimo ataribwo herezo!

ndashaka ngo nkuganirize bimwe mubintu ukwiye gufataho urugero! bimwe mubyaranze ubuzima bwa Yesu hano kw'Isi kandi Imana ikabyemera kuko buri gihe iherezo ry'Urugendo rumwe byabaga ari itangira ry'Urundi.

Kuza mw'Isi: yesu yaje mw'Isi azi neza ibizamubaho, ndakubwira ukuri ko Imana yarebaga ibizaba byose, Yesu rero kugera kw'Isi byamwohereje munzira yo Kumusaraba!

Kubabwa kumusara: ibyo nubwo byari itangira ndetse n'iherezo byatangije urundi rugendo rwo Gupfa, ariko aho naho Imana yari itaramukuraho amaboko, kuko Imana ntikangwa n'Ubunini bw'Ikibazo cyawe kuko ubunini bw'ikibazo cyawe bushobora kuvamo n'ubunini bw'igitangaza.

Gupfa no guhambwa: ndashaka kukubwira ko Igihe byaba bigaragara nkaho ugiye gupfa ndetse no guhambwa nubwo biba bisa naho ari iherezo ariko nibaza ko ntamuntu wazuka atabanje gupfa. reka nkumbwire ko ibyo nabyo Imana ibireba kugeza igihe baguhmba, aho abantu bibwira ko utazagaruka ariko igihe cyawe cyo kugaruka kiba kigeze, ndashaka kukubwira ko igihe cyose urugendo rumwe rurangiye haba hatangiye urundi, sinzi ibintu urimo gucamo ariko ndashaka kukbwira ko uyu mugoroba Imana yaba ikugejeje ahantu abantu bari bukubone ugarutse! 

Kuzuka no guhabwa Ubwiza: igihe cyo guhabwa ubwiza n'Igihe abantu benshi baba bashaka kugera ariko ntibifuza guca muri iyi nzira ndende! nyamara Imana yo yemera ko tubicamo kugira ibyo iguha byose umenye ariyo mugenga wawe! ushobora kuba ubayeho nyamara ukumva hari icyo utakoze, ariko ndashaka kukubwira hari benshi bakora nk'Ibyo wifuzaga gukora babaye nabi, ndifuza kukubwira ngo urangamire Yesu.

urebye urugendo rwa muntu muri iyi usanga abantu bamwe bihutira gufata imyanzuro ihoraho mugihe bahuye n'Ikibazo cy'Umunsi umwe cyangwa ijoro rimwe. ndashaka kubwira ko urugendo rumwe ruzozwa n'Itangira ry'Urundi. sinzi ahantu ugeze rero ariko ndashaka kukubwira ko urwo rugendo atari iherezo, ahubwo byose bibaho kubera igihe runaka! Imana ntiyakwibagiwe ahubwo ifite buri kimwe kuburyo byose bizakuviramo ishimwe ryuzuye.

Ndabakunda!

Friday 16 October 2015

TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE, SI UMWUKA UVA KU MANA! YAKOBO 1:13-15 Pastor M.Gaudin


Image result for cute baby girl wallpapers for mobileTURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE, SI UMWUKA UVA KU MANA! YAKOBO 1:13-15

ndabifuriza amahoro ava ku Mana DATA, no kumwana wayo Yesu Kristo incungu yabari mw'isi bose.

Nifuje gusangira namwe ijambo riri: 1abami :3:16-28..!

Undi mugore aravuga ati''OYA'' umuzima ni uwanjye,uwapfuye ni uwawe.
Uwa mbere ati''OYA''uwapfuye ni uwawe,umuzima ni uwanjye.
nuko umwami aravuga ati:................Ni muzane INKOTA'' umwami arategeka ati Ni mucemo kabiri uwo mwana maze buri mwe mumuhe igice n'undi ikindi.

Nuko umugore nyina w'umwana muzima, wari umufitiye IMBABAZI, Abwira umwami ati':' Nyagasani,umuzima mumwihere wimwica,nubwo bimeze bite.''

Ariko undi ati: ''AHUBWO BAMUCEMO KABIRI, MUBURE NAWE UMUBURE!.''

sinashatse kuvuga kubwenge bwa salomo ahubwo nashatse kugaruka ku mutima ukubwira ngo niba bitagenze uko shaka twese duhombe,tubimene,dupfe........aha abantu beshi uzumva bavugako bakunda abantu ndetse n'Imana, ariko mubigaragara batabakunda ahubwo ari umutima udaturuka ku mana. none se nkubaze wowe wumva , uwo mwana bamucamo, iryo torero usengeramo wumva baricamo,icyo gihugu utuyemo wumva bagicamo? Imana ntamuntu yoshya gukora nabi ahubwo Yesu ati nibabarenganya muzira gukunda Imana muzanezerwe. mat 5:11


nubwo muri iki gihe Imana nk'izaba bagore zigwiriye, Yesu arifuza ko ushaka amahoro ayakurikira kuko Isi igeze habi, nuko niba uri umu kristo by'ukuri menya Ko uri NYINA W'UMWANA MUZIMA, URI NYINA W'IGIHUGU CYAWE,URI NYINA W'ABANTU BESHI.......uri NYINA W'ITORERO RY'IMANA....ikigaragaza ko ufite impuhwe si UKWIBA,KWICA,NO KURIMBURA Ahubwo nugutanga amahoro,gukiranuka,kwihangana,kubabarira,ingeso nziza,n'ibindi bisa bityo ntamategeko abihana.

twese twisuzume, ese koko ibyo uharanira ubiharanira ugamije ko biba byiza,bizima kurushaho? aha ndaganira nawe witwa umu kristo kuko nzi neza ko hari abakorera Satani ku mugaragaro badashaka ko icyiza kiramba abo nibo bahora bagira bati TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE''. uyu munsi wabiba amahoro, ituze,guca bugufi,gufasha abandi,gushyigikira abandi mu byiza byose.

Impamvu igutera ibyo ukora yose iba ishyigikiwe n'IMANA Cyangwa SATANI.

Tube maso kuko Umwanzi yahagurukiye kurwanya abantu mu buryo bwose kandi agambiriye ko beshi bazarimbuka.

abanyamwuka si abavuga indimi nyishi,si abahanura,si abigisha,......mw'izina rya Yesu gusa AHUBWO ni Abera IMBUTO Z'UMWUKA Kuko ntagiti cyiza cyakwera Imbuto mbi!.

abagalatiya 5:22
bwira bose uti Imana ntihinduka, naho umuntu yahinduka izaguma Ari Imana kandi ibyo buri mwe akora bizagaragarizwa bose kumugaragaro n'impamvu igutera gukora ibyo ukora izagaragarira Umwami uca Imanza zitabera.

Dusengane:
Isengesho: Mwami Yesu wowe umenya ibyo nibwira, unkuremo umutima w'ishyari,igomwa,n'ibindi bibi byose....maze nzakurebe ningera iwawe. ushoboze kwera Imbuto z'amahoro,urukundo, gufashanya,gushyigikirana,kwihangana, guca bugufi, no guharira abandi mugihe cyose ntabikuye mu kwikunda ahubwo mbikuye kuri wa mutima wawe wera wemera kurengana aho kurenganya abandi, umpe kwibuka ko wakubiswe,watutswe,wakojejwe isoni ariko ukagira uti: UBABABARIRE KUKO BATAZI ICYO BAKORA'' mw'IZINA RYA YESU AMEN.

Ndabakunda!

Wednesday 30 September 2015

AMAJWI YA RUSAKE MU MATWI YAWE.......AKWIYE GUSIMBURWA N'IJWI RYA KRISTO

Matayo 26:74

Maze atangira kwivuma no kurahira ati: uwo munutu simuzi" Muri ako kanya inkoko irabika. Petero yibuka Ijambo Yesu yari yari yavuze ati "INKO ITARABIKA URI BUNIHAKANE GATATU" arasohoka ararira cyane.

ndashaka kubamenyesha ko abantu benshi bameze nka petero, aho umuntu yiringira ugukiranuka kwe, ndashaka kukwibutsa ko Yesu yari yabwiye Petero ati uri bunyihakane ariko petero agahakana, ndagira ngo nkubwire ko iyo Yesu agerageje kukwereka intege nke zawe ugahakana, uba uzamwihakana igihe kimwe kandi ubibwirwa nuko inkoko ibika. 

abantu benshi bafite amajwi yarusake mumitima aganda abashinja ubugome(icyaha nicyo bugome) wirebye neza naho abantu batabimenya wowe uzi ibyo wavuganye na Yesu. niyo mpamvu niba warakoze icyaha ntusabe imbabazi, ufite ijwi rihora rikubwira riti ibuka. ndashaka rero kwivugira no kubandi mwese mwihannye ariko satani agahora abazanra amajwi yo kubashinja, mwibuke icyo Yesu yavuze ati Yemwe abarushye nabaremerewe nimuze musange ndabaruhura.

Yohana 2:1 Bana bato ndabandikiye ngo mudakora icyaha, nyamara niba hariho ugikoze muri mwe, akwiye guca bugufi agasaba imbabazi Imana kuko Yesu niwe murengizi w'abari mw'Isi. Imbaraga zawe ntizamugundira, Satani agerageza kukwereka ko ushoboye kwikiza, cyangwa ko waba uri inyangamugayo kurusha ariko ukwiye gushyira ubunyangamugayo bwawe muri Kristo.

Uyu munsi hari ibintu byinshi ushobora kuba wumva bigucira urubanza, ndetse ukumva warushaho gukora nabi ariko ibuka ko niwihana Yesu akwakirana urukundo rwinshi. amajwi yose akubwira ko uri umunyabyaha akakwibutsa ko wahemukiye Imana ukwiye kuyacecekesha ukibuka ko Yesu yaje mw'isi gushaka icyari cyarazimiye, imbababazi Yesu agirira abantu be ziruta izo abantu batugirira, kandi naho waba wumva amajwi akubwira ko utababariwe ayo ni amajwi ya satani.

Mwibuke petero ariwe wavuze umunsi wa pantekote ati: bagabo bene data ubu ntitwasinze ahubwo Yesu mwishe ubu niwe ukoze ibi, ibyo wasoma neza 
ibyakozwe 2: 14, ndahamya ko nawe numara kubona umwuka wera ko ijwi rya mwuka wera riruta ijwi rya rusake. Rimwe ryateje amarira irindi rizana gushira amanga. Ubu nawe uri umugabo wo guhamya Ibyo Yesu yakoze ndetse n’Imbabazi yakugiriye.

Nuko rero abari muri Kristo Yesu neza nta teka bazacirwaho ahubwo ubu ni abagabo bo guhamya ibyo Yesu yabakoreye, kuko iyo abantu bakiri mububata bwose ntambaraga babona zo guhamya Umwami, ariko abamaze kuvirwa n’Umucyo babasha kwera Imbuto nzima. Ndakwifuriza kumva Ijwi rya mwuka wera kandi no gukomezwa nicyo Yesu akuvugaho, muri we ibya kera biba bishize umuntu akaba icyaremwe gishya. Ndabakunda!

Friday 4 September 2015

KUMENYA AHO UHAMAGARIRWA KUKO AHO UHAMAGARWA NI HENSHI! by M.Gaudin

Abacamanza 11:7 

Yefuta abwira abakuru b'I galeyadi ati: Mbese si mwe mwanyanze mukanyirukana mu bya data? Ni iki gituma muza kunshaka ubu, kuko mubabaye?

Si igitangaza kubaho mubuzima udakenewe, kuburyo hari igihe naho waba uri mubandi batamenya ko uhari, rimwe narimwe aho umuntu afatwa nk'utaje bitewe n'inyungu bagushakamo! ubwo buzima buri muri iyi si ya none ndetse naho abantu bahungira bashaka kwegera Imana usanga hari ubuzima bwo gushaka inyungu gusa! ubuzima usanga rimwe narimwe abantu bafata abandi nk'ibisheke cyangwa shikarete aho bagushaka kubera uburyohe bakakunyunyuza barangiza bakagucira!

ibi mvuze ndahamya ko buri muntu ashobora kubibona igihe cyose atangiye kumenyekana cyangwa babona hari icyo ashoboye, usanga ntamuntu wifuza ko uba wowe ahubwo ahubwo buri mwe wese aba yifuza kugukoresha nk'umukozi cyangwa igisheke bahekenya, hanyuma amazi yashiramo bakagucira! ibyo byose bituruka ku kuba abantu badaha agaciro abantu ahubwo bakagaha ibyo abantu baribyo.

Yesu ntiyahaye agaciro amato yasanganye ba petero! ahubwo yahaye agaciro petero kuko yari azi neza ko umuntu wese igihe kigeze yakomezwa n'Imana yamuhanze.ibyo byatumaga afata abantu batigishijwe, n'abandi baciriritse n'abandi bose bafite umutima utunganiye Imana yewe nabo azi neza ko ari babi yabahaga amahirwe yanyuma. uyu munsi ufite ukuntu ufata abantu, ahari ujya ubareba ukababonamo inyungu cyangwa ibindi ariko ukwiye kwita ko umuntu ari umuntu mbere y'Ikindi cyose.

Abanyagaleyadi bari bameze nk'abantu bo muri iyi minsi. ni abantu iyo udafite ikintu mutabana, ni abantu bakunda ukize cyangwa ufite ikindi yabamarira, akenshi usanga abantu nkabo badatekereza icyo bamarira abandi, ahubwo usanga bashaka icyo abandi babamarira. igitangaje usigaye usanga n'Amatorero cyangwa amadini ariko ameze! aho usanga ntamutwaro w'Ivugabutumwa uhari ahubwo hari umutwaro w'Inyungu. mbahaye nk'Urugero hari abantu benshi bakorera Imana ndetse bageraho bagakomera nkaba Yefuta! ndahamya ko nawe ushobora kuba uri umwe muri abo, aho ushobora kuba ukenewe ubu! 

umutima wo gukorera Imana ukwiye kuba uturutse murukundo kuko hariho ababikorana umutima ukunze abandi bakabikorana ishyari, igomwa, no gushaka inyungu ariko uko biri kose Kristo akamamazwa! niba hari icyo Imana iguhamagariye gukora ukwiye kumenya aho uhamagarirwa, kuko aho uhamagarwaho ni henshi.

Ndabakunda!

Tuesday 28 July 2015

UMAZE IGIHE UKORERA IMANA ARIKO URONGEYE UHAMAGARWA BUSHYA GUHERA UYU MUNSI ! Pst M.Gaudin

Isaiah 6:6-8
Sinzi imyaka umaze ukorera Imana, sinzi igihe wahereye uhanura cyangwa ubwiriza. sinzi ibyo Imana yagukoresheje kuburyo byaba bimaze kuba nk'Inkovu z'Imiringa cyangwa wivuga imyato ya kera! Imana uko yari ejo n'uyumunsi niko ikiri. kandi ntizigera ihinduka. ndashaka kukwibutsa ikintu gikomeye ko abantu benshi bakorera Imana ariko hari igihe kigera ukabona ukwiye kwisubiraho no kongera gukorera Imana bundi bushya nyuma yo kwisuzuma ugasanga hari ahandi utari wagera.

usomye mugitabo cya yesaya 6:8 Imana yongera guhamagara Yesaya bundi bushya nyuma yo kumweza no kumukoza ikara kumunwa! hari abantu benshi bamaze igihe bahanura ariko bakwiye kongera gukozwaho ikara, abahanuzi, abashumba, abaririmbyi...bose bakwiye kongera gukozwa ikara kumunwa kugira ngo babashe kongera kubona ko barebwa no gukorera Imana by'UKURI. 

abasenga data bakwiye kumusenga mukuri no mu mwuka, ndakwinginze ngo niba uri umukozi w'Imana wisuzume, aho ntiwaba umeze nka yesaya wahanuraga iyo myaka yose kandi yanduye umwunwa ndetse atuye no hagati yabanyaminwa yanduye. usomye zaburi ya mbere uhasanga imibereho y'abantu bazi Imana badakwiye kwicarana n'abanyaminwa yanduye.

bene data niba witwa umukozi w'Imana ukwiye kuba utiyiziho umunwa wanduye, kandi ukwiye gusaba Imana kugukoresha mubundi buryo, Imana buri gihe idukura mubwiza itujyana mubundi, ntiyifuza abantu bakomeza guhanura cyangwa gukorera Imana mu mavuta ya kera, ahubwo irishaka gutanga Imbaraga shya zabasha guhagana n'ububi bwo muri iyi minsi yanyuma. ndashaka kubahamiriza ko abantu bari basanzwe bitwa ko bakorera Imana niba hatabayeho kongera kwisuzuma IMANA itakomeza kubakoresha. 

iki ni igihe Imana ihagurukije abasore n'Inkumi, bameze nka ba Yefuta, barezwe n'imana kandi bagiye kurwanira umurimo w'Imana, abo bagiye kubona imyanya ikomeye mubuyobozi bw'Ibihugu mu matorero ndetse nahandi hose hashobora kuba hakeneye impinduka, kugira ngo ubwami bw'Imana burusheho kwaguka. niba urimo gusoma ubu butumwa ndashaka kukumenyasha ko niba witeguye kwakira Imbraga shya zo gukorera Imana ugiye kubona igitangaza! 

umuntu wese witeguye guhaguruka akavuga ijambo rya Kristo ashize amanga agiye guhambwa Imbaraga zo kurimbura ibyari byarubatswe na satani, azasenya ibihome by'uburiganya kandi atere imbuto nziza ya Kristo! kandi Imana izayikuza . uyu munsi ijwi ry'Imana nawe rirakubaza riti ese ni nde watugendera?

Mwene data Imana yaguhaye igikundiro, yaguhaye amafaranga ngo ube intumwa mu cyimbo cyayo . abaroma 1:5. sinzi ibintu ubona Imana yaguhaye, ariko buri muntu azabazwa icyo yahawe, morodekayi abwira esiteri ati ahari Impamvu wabaye umwami kazi yari iyi! ubona Impamvu Imana ikikurekeye kwisi ari iyi he? impamvu Imana iguhaye akazi, kumenyekana, gukorana n'abakomeye, n'ibindi ari iyi he? ukwiye kuba intumwa mukimbo cya Kristo!

Ndabakunda abakorera umwami mutaryarya!

Tuesday 21 July 2015

ESE HARI IKIZA CYATURUKA I NAZARETI? I NAZARETI YAWE NDAGUHAMIRIZA KO UBUTUMWA BWIZA BUDAKOZA ISONI Pst M.Gaudin




Igitangaje si ahantu utuye, si umurimo ukora, yewe si umuryango ukomokamo! si icyo wakwibaza ko aricyo gikomeye. igitangaje nicyo Imana yaguhaye umarira abantu. ijambo ry'Imana ritubwira ko Umuvandimwe avukira gukura abandi mu makuba. Imigani 17:17. ndashaka kukubwira ko igikuru si ukubaho ahubwo igikuru ni ukumenya icyo ubereyeho. 


buri muntu wese usanga aho kwita kumumaro yagirira abantu yita kubintu bimereye inzitizi zatuma adakora ibikwiye. usanga umuntu akubwira ngo ubuse najye wavukiye mu cyaro, mu muryango ukennye, ahantu hatazwi, navutse ntazi papa cyangwa mama, impamvu zikaba nyinshi. ariko reka nkubwire ko Impamvu uriho iruta cyane imibereho ubayeho uko wavutse aho wavukiye n'ibindi byinshi wakwibaza.

kubaho kwawe bifite igisobanuro gikomeye na mbere yuko ukora ibyo abantu bazi, Yesu nubwo yavukiye mukiraro, yavutse ari Umwami, nubwo yavukiye ahantu hatazwi yari ikirangirire cyane, kuburyo ivuka rye ritari nki iry'abandi. ndahamyako mubantu babayeho, uwasahaka gukora nka yesu no kwiyumvamo kugira umumaro yacibwa intege n'Ubuzima budasobanutse bwahinyuzaga impamvu ari kwisi.

ibaze nawe kuvuka witwa umwami ukavukira mukiraro? ibaze kubaho uri umutware ugakurira murugo rw'Umubaji, sinzi niba utekereza ibintu byashoboraga guca yesu intege ngo ubibare wumve, ibyari gutuma atagira umumaro byari byinshi cyane ariko kuko yari aziko icyo abereyeho kiruta uko abayeho yakomeje gutumbira kuwamutumye. maze arangiza icyo yatumwe.

Uyu munsi imirimo yakoreye mugace batagiraga umuriro, na internet iramamazwa n'amahanga yose, kubera ko Kristo uretse kubohora abntu ibyaha,  yigisha n'abantu ko baremewe kurenga imbibi ubuzima bwo mw'isi bubashyiriraho maze bagasohoza umugambi w'Imana kuri bo. zaburi 139:17 hatwereka ko ibyo Iman itekereza kuri twe ari byinshi cyane, ibyo yifuza kudukoresha ntibirondoreka. ikibazo si aho  utuye, aho ukorera, umuryango wavutsemo, amashuri wize n'ibindi ahubwo ukwiye kumenya ikibazo waje gukemura muri iy'isi. 

ndaguhamiriza ko nukemura ikibazo cyaho utuye uzasanga umuti uvura abanyacyaro wavura nabanyamugi, umuti uvura abasirikare wavura nabasivile, umuti uvura abakene uvura n'abakire, umuti uvura ibyamamare n'intamenyakana urazishobora, umuti ntawundi nukubaho mubuzima bwo kumenya icya kuzanye. impamvu yazanye Yesu niyo mpamvu yasizigiye abamwizera. yaje abwira abantu ati: naje kubabwira ngo mwihane kuko ubwami bwo mwijuru buri hafi: uyu munsi aho wabwirira abantu ngo mwihane hose, inkuru zawe zizamamara kuko wifatanije n'Imana n'Umwana wayo gusohoza ubutumwa. ikibazo si aho uri, abantu benshi barimbukiye mubyaha,  ayo niyo makuba arenze ayandi abavandimwe bacu barimo.

abavandimwe bacu bishwe n'ubusambanyi, bishwe n'ubusinzi, ubujura, bishwe n'ubukene, bishwe n'Ibyaha na satani, guhera uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko wavukiye gukura abandi mumakuba, abo mukorana, abo mwigana, abo mubana mugendana, barimbutse bazira kutamenya, kandi ikibabaje nuko amakuru batazi ari wowe uyafite! haguruka uyumunsi wiyemeze kubwira abantu aho utuye, inkuru zawe zizagera kure kuko yesu yabivugiye i nazareti bikwira hose, uzabivugira i kigali bimenywe na new york, uzabivugira mu rwanda bimenywe n'isi yose. banywarwanda muhaguruke dukorere Imana iki ni cyo Gihe gikwiye. kuko bidatinze umwami azaza kandi natinda wowe uzamusanga. ite kw'Iherezo ryawe n'Iry'abavandimwe bawe maze ukize ubugingo bwa benshi kuri mbuka.

Ndabakunda!

Monday 4 May 2015

IBIBAZO ICUMI UMUNTU USOMA HANO AKWIYE KWIBAZA (MBERE YO GUPFA KWAWE UKWIYE KUBISUBIZA) Pastor M.Gaudin

0.Kuki wabayeho?wavuyehe? uragana he?uri nde? uwaguhamagara wakwitaba? wibona uri nde?
(defining yourself will help you to answer these important question)

1.Ni iki wumva urimo gukora cyaba gifitiye abantu akamaro?
2. Ni iki urimo gukora ariko wumva udakunze?
3.Ni iki wumva ukwiriye kuba urimo gukora?
4. Ni iki wumva ukwiriye kugeraho mbere yuko utabaruka?
5. Ni iki ushaka ko abantu bazakwibukiraho igihe waba umaze gupfa?
6.Ni iki wakora kuburyo abo usize bahemberwa ibyo wakoze?
7.Ni iki wamenye kiguha amahoro iyo uhuye n'Ibibazo?
8.Ni iki gituma wumva ubuzima bwawe waburinda icyaha?
9.Ni iki wabwira abantu uhawe umwanya wo kuvugira munama y'Ibihugu byose byo kw'isi?
10. Ni iki urimo gukora kugira ngo ibyo wibwira bive mu nzozi bijye mu bikorwa?

Buri mintu akwiye gufata umwanya wo gutekereza kubuzima bwe! kuko igihe cyose ubuzima bwawe budafite igisobanuro gihagije ntushobora guha ubuzima bw'abandi agaciro. uyu munsi ukwiye kumenya ko Imana yakuremye mw'ISHUSHO YAYO" ntiyakuremye kugira go uhite upfa, ntiyakuremye kugira wige gusenga no gutamba ibitambo kuko Imana ntihazwa n'amaraso y'amapfizi. Ishaka ko abantu bayimenya bakamenya nicyo yabaremeye.

Nibyiza ubayeho, urahumeka, ukabasdhaka kurya no kunywa. ariko Imana yakuremeye guhindura byinshi, yakuremeye umugambi kandi mw'iza. buri muntu wese yahawe ikintu agomba kuba arimo gukora. nibyo koko ushobora kuba hari ibyo ukora kubera abandi, no gushaka kwemerwa. ariko ukwiye kumenya neza ko Imbere y'Imana uzahahagarara wenyine. ushobora kuba urimo gukora uko ababyeyi bakubwira, inshuti n'abandi kugira ngo wemerwe. ariko ukwiye kwibwira nza ko icyo waremewe gukora ari ingezi cyane.

Imana izahembera abantu ko babayeho mubuzima bufite igisobanuro, Yohana yandika yagize ati bakundrwa ubu turi abana b'Imana ariko uko tuzamera ntikurerekanwa icyakora Yesu niyerekanwa tuzasa nawe!  uyu munsi kuba ub\mwana w'Imana byaba byaragize icyo bigutandukanyaho n'abadafite ibyo byiringiro?  niba koko ibyo bibazo biri hejuru wabyishubije ndahamya ko ubuzima bwawe bugiye guhinduka ukabaho mu munezero wo gukora icyo Imana yaguhamagariye.

Gupfa ko abantu twese tuzapfa, niba ubihaka wibuke neza urasanga babandi barapfuye, ndavuga abaturanyi, abavandimwe abakomeye n'aboroheje, ntagitangaza kirimo rero nawe uzapfa! hari amagambo y'Indirimbo shaka kuguha uMWANDITSI YAGIZE ATI:

Ese imiromo yawe yatuma uzukira
Abo wafashaga, barizwa nuko wabasize 
Bagasaba Imana ngo ubagarurirwe?

Gukora cyane, ukavunika sibyo abantu bakwibukiraho, ahubwo kuba uwo Imana yakuremeye nibyo abantu bazakwibukiraho aho niho harimo icyo nakwita Uniqueness kandi ntamuntu wakwibagirwa umuntu uri unique muri iyi isi. ndagusabira ku Mana kugira Wige kubara Iminsi yawe maze utunge umutima w'ubwenge. ibyo bizatuma ubuzima bwawe butangira kugira igisobanuro kuri wowe no kubandi!

Monday 30 March 2015

N'IKI CYIRINDA GUCIKA INTEGE MURUGENDO RWO KWIZERA NO GUKORERA IMANA? Pastor M.Gaudin



Kwibona mubwiza bwawe buhishwe amaso y'Umubiri. niwibona neza uko uri bizatuma udahungabanywa n'uko ufashwe n'ubuzima bw'uyu munsi. 1john 3:2-3

Abaheburayo 12:2
Dutumbira Yesu wenyine ari we banze ryo kwizera kandi ari we ugusohoza rwose, yihanganiye umusaraba kubw'ibyishimo byamushyizwe imbere, ntiyita kw'Isoni zawo yicara iburyo bw'intebe y'Imana. Nuko muzirikane uwo wihanaganiye ubwanzi bw'abanyabyaha bukomeye butyo, kugira ngo mudacogora mukagwa isari mu mitima yanyu. Mwebweho ntimuragera aho muvusha amaraso mu ntambara murwanya ibyaha.

Mubuzima bwo kwizera Imana no kuyikorera, habamo ibintu byinshi bica intege. habamo amakuba,atandukanye ndetse n'akaga. habamo amakuba duterwa n'Imiryango, ishuti, n'abandi. habamo amakuba aterwa n'ingendo n'ibindi, habamo ubukene, habamo umubabaro, habamo isoni n'ibindi, ariko umuntu wese Imana ijya imugenera kurwana n'igihanda yamuhaye imbaraga zo kukinesha.

Yesu yari afite ibintu bimugiye, kugezeza aho yasenze ati Mana, niba bishoboka iki gikombe kindenge, ariko ntibibe uko nshaka ahubwo uko ushaka, Yesu yitegereje ukuntu agiye gukubitwa, gucirwa mu maso, gukozwa isoni no kwambikwa ubusa, ibyo byose yarabyitegereje umutima uramukuka, maze arasenga. ariko Imana yamukoreye ikintu gikomeye nshaka kugira ngo nawe ujye usaba kugikorerwa mugihe cyose ucitse intege.

Kubw'ibyishimo byamushyizwe imbere: Buri gihe cyose umuntu atabasha kurebe hakurya y'Urukuta rw'ibibazo, aba ari mukaga, kuko iyo urebye ibikuzengurutse aho amaso yawe agera umuntu acika intege. yaba mubuzima busanzwe cyangwa ubwo kwizera. niba Imana ifunguye amaso yawe ukabasha kubona ibirenze ibyo amaso y'abantu areba, ukagera kure ukareba umunezero Imana iguhishiye, umubabaro w'uyu munsi ntuba ugikanganye.

Umuntu ashobora kubona kwiga byanze, akazi kabuze, ubukene no kuburara muriyo minsi, maze akiheba kuburyo yumva atagishaka no gusenga, ariko icyo gihe nibwo uba ukwiriye gusenga kugira ngo Imana ikwereke inyuma y'Ibyo bibazo, inyuma y'ubukene, inyuma yo kutiga no kubura akazi. Ijambo ry'Imana rigira riti Inzira zayo zirenga Igihumbi! sinzi uyu munsi aho wabonaga ubutabazi buzaturuka? ariko ukwiye kwegera IMANA.

Ibyishimo biri imbere n'ukoubona ubwiza bwawe bwuzuye: Kristo yeretswe igihe yari yicaranye n'Imana, afite itsinzi yuko yanesheje urupfu, ndetse abera babohowe, guhera icyo gihe ntiyongeye kwita ku mubabaro, ahubwo yabonye isengesho ryo gusengera abantu bamuciraga mu maso, abamuteye imisumari, abamugambaniye, ati"Mana ubababarire kuko batazi icyo bakora" igihe cyose umuntu atangiye kureba ibyo abandi batabona, agira umutima wo gukunda abantu, no kutita kubirimo kumubaho kuko aba amaze gusobanukirwa ko ibyo bitazahoraho.

Kwihanganira isoni nuko uba umaze kumenya neza icyo ushaka: Nta mukanishi utinya kuryama mu mukungugu naho yaba yamabaye neza, kuko igihembo akura mubukanishi kimurutira imyenda myiza yambaye. igihe cyose icyo Imana yakugeneye ukimenye kandi ukaba uzi neza ko bisaba kwiyemeza gukorwa n'Isoni zakanya gato, umubabaro w'akanya gato ukwiye kuba uzi neza icyo ushaka. hari abantu benshi bakizwa bagatinya kwitwaza bibiliya! akenshi umuntu aba ntakindi abona. igihe cyose icyo ureba kiruta ibyo ucamo, uzabaho mubuzima budacika intege.

Ntituragera aho tuvusha amaraso mu ntambara y'Ibyaha: Buri muntu wese yakubwira ko ari murugamba rwo kurwanya icyaha! ariko ndababwiza ukuri ko Kristo ariwe winjiye muri iyo ntambara neza! ahari wowe ujya uhura n'Ibigeragezo ufitemo n'Uruhare, uracyarwana no kureka inzoga, gusambana, kwiba kwica n'Ibindi...! Kristo we yitanze kubw'Ibyaha by'abantu, mwibuke ko we atari umunyabyaha! ariko yemeyegutanga amaraso Ye azira icyaha.

Njyewe nawe intambara turwana nazo nizo zoroshye cyane, kuko ntibidusaba kugira uwo dupfira ahubwo bidusaba gupfa kubyaha, tukemera gutumbira Kristo wenyine. uyu munsi Kristo n'umutumbira uzarushaho guhambwa imbaraga.

Kristo niwe byiringiro byadushyizwe imbere: Nta munezero waturutira kumenya ko abizeye Kristo babaye abana b'Imana. ikindi ukamenya neza ko iyamuzuye nawe izakuzura ku munsi wo guca amateka. ndakubwiza ukuri ko muri Kristo imibabaro yose duhura nayo ifite igisobanuro kandi ijambo ry'Imana rigira riti uwihangana akanesha, nzamuha izina rishya ritazwi n'undi wese. kandi azaguha kwicarana nawe mu bwami bw'iteka.

Nongere nkubwire ko ibyo abantu bacamo bitarutanwa ahubwo igisobanuro babiha nicyo kirutanwa. hari umuntu ureba ikibazo gitangiye nk'ikirangiye, undi akareba ikirangiye nk'igitangiye, ndababwiza ukuri ko ufite ikibazo aba abayeho neza kuruta uwo gikuweho atabizi ko cyakuweho. ukwiye gutumbira Imana cyane.

amaso y'Umuntu areba hafi, cyane niyo mpamvu Imana igira iti muhwejeshe amaso y'Imitima. amaso y'imitaima areba kure aho ay'Umubiri atabona. iyo abonye ibyiringiro bizima, akomeza ay'umubiri. ariko iyo ay'umubiri ariyo abona gusa, atera umutima kwiyahura! cyangwa gucika intege. ndashaka kukubwira ko kuririra kujya kubaho mw'Ijoro, mugitondo impundu zikavuga.

Bakundwa ubu turi abana b'Imana! ariko uko tuzasa ntikurerekanwa, ariko kristo niyerekanwa tuzasa nawe, ndahamya ko ufite ibi byiringiro ntiyita kubyo acamo ubu ahubwo ahanga amaso kubyo kristo yibwira kuri we! icyo Imana ikuvugaho kiraruta ibyo ucamo uyu munsi! urugendo rwo kugera kutsinzi ni rurerure ariko Imana izaguha imbaraga! gusa usabe Imana ikwereke ibiri imbere.

Ndabakunda!

Wednesday 25 March 2015

YESU ATUBONAMO IMBARAGA ZO GUHINDURA ABANTU BO MW'ISI ABIGISHWA! ESE WOWE UBYIBONAMO?

Matayo 28:19

Sishidikanya kubushobozi abizera Imana, ndetse bakiriye ubwami bw'Imana mu mitima yabo ko bafite ubushobozi bwo guhindura abantu abigishwa. iyo umuntu yigishijwe neza bimuviramo kuba umwigisha mwiza.

Uyu munsi wa none abantu bibwira ko kuba baremeye Kristo nk'Umwami n'Umukiza bihagije, ariko ukwiye kwibaza impamvu yatubwiye ati mugende muhindure abantu. Guhindura abantu ni ikintu gikomeye ariko nanone buri muntu wese aba afite ikintu kimuhindura. buri muntu ahindurwa n'Ibintu bitandukanye, ibyo yumva, abona, n'Ibindi.

buri gihe Imana ishaka ko abayikurikira baba abantu bashobora guhindura imibereho n'Imigirire y'abandi bantu batuye mw'Isi. uyu munsi Imana irifuza ko umenya Impamvu uri kwisi ko ari ukugira ngo uhindurire abantu kubaho mubuzima buhindutse rwose. pawulo andika 2abakorinto 5 agira ati turi abahuza b'Imana n'Imana kubwa Yesu waduhejeshe.

ndagira ngo nkubwire ko Imana itifuza kukubona ubayeho mubuzima buhindurwa n'abandi ahubwo ukwiye kuba umwe mubahindurira abantu kugukiranuka.kuko ijambo ry'Imana  rigira riti abantu bahinduriye abandi kuba abakiranutsi bazaka nk'Inyenyeri. hari abantu benshi bahindutse bajya murumogi kubera bob marley, abandi bajya muri bwiyahuzi kubera Osama bin laden, buri muntu wese afite ikintu kimuhindura. nawe wakwibaza niba uri mubahindura abandi cyangwa uhidurwa.

Ndahamya ko Yesu afite Imbaraga zo kuguha ngo ukomere kandi ukore iby'ubutwari ariko ukeneye kumva ubushobozi afite hanyuma ugakorera mukmwizera. Imana yashimye yifuza kugukoresha nk'Umuntu wahindura amateka y'Igihugu cyawe, umuryango abo mubana n'abandi. buri gihe iba ishaka ko ubaho mubuzima bufitiye abandi akamaro.

Iyo abakiranutsi bagwiriye,  abantu bagira amahoro ndetse babaho mu munezero ,ariko iyo hategeka abanyabyaha abantu babaho mugahinda n'amarira. uyu munsi urebe umuntu waba ayoboye ibitekerezo byawe, umuntu waguhinduye, uyu munsi urebe niba hari umuntu wahinduriye kuba umukiranutsi! ndashaka kukumenyesha ko ukwiye kongera gufata umwanzuro wo gusaba imbaraga zihindura abantu.

ijambo ry'Imana ryerekana ko ntamuntu wakwizera atumvuse, nta n'umuntu wakumva atabwiwe, nanuwavuga atatumwe, niyo mpamvu mbere yo kubwira abantu ukwiye kubanza kumenya ugutumye, ikindi ugasohoza ubutumwa. ndaguhamiriza ko kubaho mubuzima budahindura abantu butuma uhindukirira abanyabyaha. ukwiye kumva umunezero wawe ko waba guhindurira abantu kugukiranuka.

nibyiza kubona abantu bakibatizwa, abantu bakiza mubwami bw'Imana, bashaka kubona Imana. uyu munsi wibaze uti ese njye mbayeho mubuzima buzana abantu mu bwami bw'Imana. Imyumvire y'Ubumana  yawe ikwiye gusakara ahantu hose. kuko uhagarariye inyungu z'Ijuru muri iy'Isi. ndahamya nutangira kwitekereza ko ushoboye kugira umuntu wahindurira mu byiza uzabikora kandi uzabona ingororano y'Imana kubw'umurimo wakoze. 

Reka nkubwire ko ubuzima Imana igushakamo ni ubuzima bubereye umuntu w'Ijuru uri mw'Isi. sinibaza ko Imana yanezezwa no kubona umuntu wayo ashukwa na satani, cyangwa anyweshwa inzoga n'Itabi! ahubwo ukwiye nawe kumva ko Imana yagukoresha muguhindura benshi mugihe nk'Iki.

Yohana 4 niho hagira hati, muri icyo gihe Abafarisayo bumva ko Yesu abatiza benshi kurusha yohana, ariko kandi ngo si Yesu wabatizaga ahubwo n'abigishwa be. ndashaka kubwira ko umwigishwa wa Yesu akorera Yesu kandi abatiza kubwa Yesu. uyu munsi ukwiye kumenya Impamvu yo gukorera Yesu. ikindi ubuzima bwawe ugambirire kuzajyana iminyago myinshi imbere y'Imana.

Ndabakunda.

Pastor M.Gaudin.

Monday 16 March 2015

ESE GUSHAKA NO GUSHAKWA NI NGOMBWA ? KIMWE MUBISUBIZO UKWIYE KUBA UFITE MBERE YO GUSHAKA. Pastor M.Gaudin

Matayo 19:11
Nawe arababwira ati: “Abantu Bose Ntibabasha kwemera iryo jambo, keretse ababihawe.Kuko hariho ibiremba byavutse bityo mu nda zaba nyina, hariho n’inkone zakonwe n’abantu, hariho n’inkone zikona ubwazo ku bw’Ubwami bwo mu ijuru.Ubasha kubyemera abyemere.”


Iyo uganiriye n’abantu benshi usanga bafite ibikomere, abandi barumvise amakuru akabatera umubabaro, aho umuntu aba yumva atazi uko yazitwara mugihe cyose ashakanye n’Umuntu. Uko biri kose abatarashaka (Ingaragu) abantu bari muri iki kiciro nibo usanga bamwe bahangayitse ngo barimo gusaza badashatse, abandi ugasanga bibaza bati ntidukunzwe rimwe bibatera ubwihebe no kuba batangira kwishora mu buzima bwo kuraguza no kurogesha, n’indi mico mibi yose izanwa no kwiheba udasize n’abandi biyahura.

Ndifuza kuvuga kubuzima bw’abantu babayeho badafite abagabo cyangwa abagore, kuko hariho ubuzima umuntu abamo bwo kwitotombera Imana, ariko wakurikirana neza ugasanga ikibazo Atari Imana ahubwo ikibazo ari imitima itamenya imbaraga z’Imana ndetse itanamenya imbaraga Imana yahaye abantu ngo bahitemo uko babaho banezerewe mu buzima bwabo.

Umunezero w’Abantu ntuturuka ahandi keretse mu kumenya ko Imana ikwitayeho, igihe cyose utaramenya ibyo, ubaho mubuzima busa nubugize icyo bubuze kandi nyuma yo kumva hari icyo ubuze, bikuremera umutima wo kumva Imana itakwitayeho.
Icyo wumva ubuze igihe cyose kitari icyawe ugakomeza kugishaka uba ugana mubuzima bwo kwifuza, ndetse wikanga washatse no kwicira inzira, ngo ahari ugere ku cyo umutima wawe urarikiriye. Ijambo ry’Imana rigira riti umugisha uwiteka atanga ntiyongeraho umubabaro. Uyu munsi niba ubabaye kubera ko utarashaka naguhamiriza ko icyo gitekerezo  ufite nta Mugisha ugifitemo, kuko wakabaye unezerewe nuko Imana ikumvisha ko ushobora no kuba mu bashaka.

Imana yari kugushyira mu cyiciro cy’Ibiremba: Si uko yabinaniwe, buri muntu akwiye kwibaza, Imana ntamuntu yaremanye ikintu kuko uwo muntu yabanjye kugitumiza(ordering) kuri iki gihe abantu bafashe Imana nk’isoko, aho icyo itaraguha usa naho yatindije service, maze umuntu ugasanga abayeho mu kwiganyira ndetse no guhora ashinja Imana ko ntacyo yamuhaye.

Ese koko Imana yaguha umugore cyangwa umugabo utagukwiye, cyangwa se yagushyira murugo gusa rutazaguha amahoro? Nonese wakwifuza kubaho mubuzima Imana yagutoranirije! Kugira ngo igihe cy’Imana ni kigera ubone igisubizo kivuye kuri yo? Twibaze tuti ese Gushaka ni ngombwa? Nonese niba ari ngombwa ni ikintu abantu bahimbye? Cyangwa ni gahunda yashyizweho n’Umuremyi wacu? Ibi byose numara kubyibaza uraza gusanga Gushaka ukwiye kubitegereza nk’Umugisha kurenza kubishaka nk’Umuti wuko ushaje, gukundwa no kubona umuntu ukwitaho!
Igihe cyose uhangayikiye gushaka cyangwa gushakwa ukwiye kuzirikana ko hariho abantu bamwe batazashaka kandi Imana itababona nk’abantu bagowe, ahubwo iyo bayishimiye ibona ari  abantu bo kwizerwa kandi nabo bazahindurwa bagasa na Yesu.
·        
      Hariho abantu batashaka kandi Imana irabazi:
·     
              Ibiremba byavutse gutyo
·        Abantu bakonwe n’abantu
·        Abantu bikonnye ubwabo kubw’Ubwami bw’Imana.

Abandi bantu ijambo ry’Imana ryerekana nk’abantu badashobora gushaka n’abantu baba biyemeje gutandukana (ibyo bamwe bita gusenda kubera Impamvu zitandukanye) ibi nubwo byadutse niba ushaka kubaho mubuzima bwo gushaka ukwiye kwifuza kubikora uko Imana ibishaka kuko iyo bikozwe uko abantu bashaka bibabera icyaha.

-Umugore watandukanye n’umugabo we
-mugabo watandukanye n’Umugabo.


Igihe cyose badasubiranye buri mwe akiyemeza kongera kugira undi muntu babana, aba atangiye ubuzima bw’Icyaha, ushobora kubyita ukundi ariko uwakwifuza ntiyakwifuza umugabo cyangwa umugore ngo asezerere ijuru kandi avuga ko azi Imana. Niyo mpamvu hamwe pawulo agira Inama abantu ati: gushaka ni byiza ariko kudashaka bikarushaho kuba byiza. Ushatse nta cyaha aba akoze igihe cyose ashatse uko biteganywa n’Imana yashyizeho icyo gitekerezo kuko si igitekerezo gikomoka ku bantu. (part 1)