Tuesday 28 July 2015

UMAZE IGIHE UKORERA IMANA ARIKO URONGEYE UHAMAGARWA BUSHYA GUHERA UYU MUNSI ! Pst M.Gaudin

Isaiah 6:6-8
Sinzi imyaka umaze ukorera Imana, sinzi igihe wahereye uhanura cyangwa ubwiriza. sinzi ibyo Imana yagukoresheje kuburyo byaba bimaze kuba nk'Inkovu z'Imiringa cyangwa wivuga imyato ya kera! Imana uko yari ejo n'uyumunsi niko ikiri. kandi ntizigera ihinduka. ndashaka kukwibutsa ikintu gikomeye ko abantu benshi bakorera Imana ariko hari igihe kigera ukabona ukwiye kwisubiraho no kongera gukorera Imana bundi bushya nyuma yo kwisuzuma ugasanga hari ahandi utari wagera.

usomye mugitabo cya yesaya 6:8 Imana yongera guhamagara Yesaya bundi bushya nyuma yo kumweza no kumukoza ikara kumunwa! hari abantu benshi bamaze igihe bahanura ariko bakwiye kongera gukozwaho ikara, abahanuzi, abashumba, abaririmbyi...bose bakwiye kongera gukozwa ikara kumunwa kugira ngo babashe kongera kubona ko barebwa no gukorera Imana by'UKURI. 

abasenga data bakwiye kumusenga mukuri no mu mwuka, ndakwinginze ngo niba uri umukozi w'Imana wisuzume, aho ntiwaba umeze nka yesaya wahanuraga iyo myaka yose kandi yanduye umwunwa ndetse atuye no hagati yabanyaminwa yanduye. usomye zaburi ya mbere uhasanga imibereho y'abantu bazi Imana badakwiye kwicarana n'abanyaminwa yanduye.

bene data niba witwa umukozi w'Imana ukwiye kuba utiyiziho umunwa wanduye, kandi ukwiye gusaba Imana kugukoresha mubundi buryo, Imana buri gihe idukura mubwiza itujyana mubundi, ntiyifuza abantu bakomeza guhanura cyangwa gukorera Imana mu mavuta ya kera, ahubwo irishaka gutanga Imbaraga shya zabasha guhagana n'ububi bwo muri iyi minsi yanyuma. ndashaka kubahamiriza ko abantu bari basanzwe bitwa ko bakorera Imana niba hatabayeho kongera kwisuzuma IMANA itakomeza kubakoresha. 

iki ni igihe Imana ihagurukije abasore n'Inkumi, bameze nka ba Yefuta, barezwe n'imana kandi bagiye kurwanira umurimo w'Imana, abo bagiye kubona imyanya ikomeye mubuyobozi bw'Ibihugu mu matorero ndetse nahandi hose hashobora kuba hakeneye impinduka, kugira ngo ubwami bw'Imana burusheho kwaguka. niba urimo gusoma ubu butumwa ndashaka kukumenyasha ko niba witeguye kwakira Imbraga shya zo gukorera Imana ugiye kubona igitangaza! 

umuntu wese witeguye guhaguruka akavuga ijambo rya Kristo ashize amanga agiye guhambwa Imbaraga zo kurimbura ibyari byarubatswe na satani, azasenya ibihome by'uburiganya kandi atere imbuto nziza ya Kristo! kandi Imana izayikuza . uyu munsi ijwi ry'Imana nawe rirakubaza riti ese ni nde watugendera?

Mwene data Imana yaguhaye igikundiro, yaguhaye amafaranga ngo ube intumwa mu cyimbo cyayo . abaroma 1:5. sinzi ibintu ubona Imana yaguhaye, ariko buri muntu azabazwa icyo yahawe, morodekayi abwira esiteri ati ahari Impamvu wabaye umwami kazi yari iyi! ubona Impamvu Imana ikikurekeye kwisi ari iyi he? impamvu Imana iguhaye akazi, kumenyekana, gukorana n'abakomeye, n'ibindi ari iyi he? ukwiye kuba intumwa mukimbo cya Kristo!

Ndabakunda abakorera umwami mutaryarya!

Tuesday 21 July 2015

ESE HARI IKIZA CYATURUKA I NAZARETI? I NAZARETI YAWE NDAGUHAMIRIZA KO UBUTUMWA BWIZA BUDAKOZA ISONI Pst M.Gaudin




Igitangaje si ahantu utuye, si umurimo ukora, yewe si umuryango ukomokamo! si icyo wakwibaza ko aricyo gikomeye. igitangaje nicyo Imana yaguhaye umarira abantu. ijambo ry'Imana ritubwira ko Umuvandimwe avukira gukura abandi mu makuba. Imigani 17:17. ndashaka kukubwira ko igikuru si ukubaho ahubwo igikuru ni ukumenya icyo ubereyeho. 


buri muntu wese usanga aho kwita kumumaro yagirira abantu yita kubintu bimereye inzitizi zatuma adakora ibikwiye. usanga umuntu akubwira ngo ubuse najye wavukiye mu cyaro, mu muryango ukennye, ahantu hatazwi, navutse ntazi papa cyangwa mama, impamvu zikaba nyinshi. ariko reka nkubwire ko Impamvu uriho iruta cyane imibereho ubayeho uko wavutse aho wavukiye n'ibindi byinshi wakwibaza.

kubaho kwawe bifite igisobanuro gikomeye na mbere yuko ukora ibyo abantu bazi, Yesu nubwo yavukiye mukiraro, yavutse ari Umwami, nubwo yavukiye ahantu hatazwi yari ikirangirire cyane, kuburyo ivuka rye ritari nki iry'abandi. ndahamyako mubantu babayeho, uwasahaka gukora nka yesu no kwiyumvamo kugira umumaro yacibwa intege n'Ubuzima budasobanutse bwahinyuzaga impamvu ari kwisi.

ibaze nawe kuvuka witwa umwami ukavukira mukiraro? ibaze kubaho uri umutware ugakurira murugo rw'Umubaji, sinzi niba utekereza ibintu byashoboraga guca yesu intege ngo ubibare wumve, ibyari gutuma atagira umumaro byari byinshi cyane ariko kuko yari aziko icyo abereyeho kiruta uko abayeho yakomeje gutumbira kuwamutumye. maze arangiza icyo yatumwe.

Uyu munsi imirimo yakoreye mugace batagiraga umuriro, na internet iramamazwa n'amahanga yose, kubera ko Kristo uretse kubohora abntu ibyaha,  yigisha n'abantu ko baremewe kurenga imbibi ubuzima bwo mw'isi bubashyiriraho maze bagasohoza umugambi w'Imana kuri bo. zaburi 139:17 hatwereka ko ibyo Iman itekereza kuri twe ari byinshi cyane, ibyo yifuza kudukoresha ntibirondoreka. ikibazo si aho  utuye, aho ukorera, umuryango wavutsemo, amashuri wize n'ibindi ahubwo ukwiye kumenya ikibazo waje gukemura muri iy'isi. 

ndaguhamiriza ko nukemura ikibazo cyaho utuye uzasanga umuti uvura abanyacyaro wavura nabanyamugi, umuti uvura abasirikare wavura nabasivile, umuti uvura abakene uvura n'abakire, umuti uvura ibyamamare n'intamenyakana urazishobora, umuti ntawundi nukubaho mubuzima bwo kumenya icya kuzanye. impamvu yazanye Yesu niyo mpamvu yasizigiye abamwizera. yaje abwira abantu ati: naje kubabwira ngo mwihane kuko ubwami bwo mwijuru buri hafi: uyu munsi aho wabwirira abantu ngo mwihane hose, inkuru zawe zizamamara kuko wifatanije n'Imana n'Umwana wayo gusohoza ubutumwa. ikibazo si aho uri, abantu benshi barimbukiye mubyaha,  ayo niyo makuba arenze ayandi abavandimwe bacu barimo.

abavandimwe bacu bishwe n'ubusambanyi, bishwe n'ubusinzi, ubujura, bishwe n'ubukene, bishwe n'Ibyaha na satani, guhera uyu munsi ndashaka kukwibutsa ko wavukiye gukura abandi mumakuba, abo mukorana, abo mwigana, abo mubana mugendana, barimbutse bazira kutamenya, kandi ikibabaje nuko amakuru batazi ari wowe uyafite! haguruka uyumunsi wiyemeze kubwira abantu aho utuye, inkuru zawe zizagera kure kuko yesu yabivugiye i nazareti bikwira hose, uzabivugira i kigali bimenywe na new york, uzabivugira mu rwanda bimenywe n'isi yose. banywarwanda muhaguruke dukorere Imana iki ni cyo Gihe gikwiye. kuko bidatinze umwami azaza kandi natinda wowe uzamusanga. ite kw'Iherezo ryawe n'Iry'abavandimwe bawe maze ukize ubugingo bwa benshi kuri mbuka.

Ndabakunda!