Monday 24 April 2017

ICYO NZI NI KIMWE, NUKO NAKIZE!

Image result for jesus healed the blind man
Yohana 9: 24-25

Nuko rero uwari impumyi bamuhamagara ubwa kabiri, baramubwira  bati" Shima Imana, twebwe tuzi yuko uwo muntu ari umunyabyaha." Nawe arabasubiza ati" Niba ari umunyabyaha simbizi, icyo nzi ni kimwe, ni uko nari impumyi none nkaba ndeba."

Iyi nkuru uyisomye usanga ko abantu baruhijwe n'Ibintu byinshi, kurwara ni ikibazo ariko no gukira bikaba ibindi bibazo, gukena biba ikibazo ariko no gutunga bikaba ikibazo, gudasenga ni ikibazo no gusenga bigahinduka ikibazo, muri rusange ntibyakabaye ikibazo uwari impumyi arebye, cyangwa uwari umukene Imana imukuye ku cyavu!

Sinibaza niba uyu muntu abantu bamubazaga barabiterwaga nuko bamukunze cyangwa bashakaga ko akira, abantu benshi kubera ishyari mu mitima usanga iyo umuntu agiriwe neza n'Imana, ntibaba bashaka kumva imirimo y'Imana ahubwo bashakisha uburyo basebya igikorwa cyiza cyose cyakozwe batabigizemo uruhare. biba biterwa n'impfunwe no kumva ko bazahinyurwa. 

Uyu mugabo wari umaze igihe ari impumyi, yahuye ni ikibazo ubwo yari amaze guhumuka, aho abantu bamwanjmya bakamubaza niba azi uwamukijie nuko yamukijije kwisabato, wakwibaza umutima uba wihije inyuma yo kwanga ko umuntu akira, icyo gihe ukamenya ko uwakijijwe akenshi ntacyo baba bamushakaho ahubwo baba bashaka guharabika ibikorwa byiza by'uwakoze neza agakiza umuntu.

Njya nkunda kumva abantu bavuga abati runaka ubutunzi yabukuye kwa Satani, uyu nuyu Satani niwe umuha gukora ibitangaza, bati runaka akize vuba rwose, n'ibindi, ariko wakwibaza neza ugasanga ko ababivuga nabo batazi inzira igana aho bakura ibyo, Reaka ne kwirirwa mbihana kuko ahari bibaho, ariko reka nigarukire ku Mana yaremye ijuru n'isi/

ese wemerako Imana yakiza SIDA cyangwa izindi rwara zikomeye? kuko hari abakira kandi bakitangira n'Ubuhamya, waba wemera ko Imana ikura ku cyavu ikicazanya nabakomeye? Imana iracyanga urubyaro? ibyananiye abantu Imana iracyabishobora? None se kuki umutima wawe ukwemeza ko abasengera abantu bagakira baba bakorana na Satani? ni uko se satani aboneka vuba? 

Abantu benshi bari mu mutego wo kugenzura igitotsi kiri mujosho ry'abandi nyamara ayabo atareba, reka nivugire nti niba umuntu yakize kandi yari arembejwe n'Indwara, yagiye mu bapfumu biranga n'ahandi Imana ikamukoraho kuko biba igitangaza nyamara yajya mubapfumu ntibitere ikibazo? nuko iyi si atari i wacu, twebweho i wacu ni mwijuru, Imana niyo ikorera umurimo muri twe. 

Abakubaza uko byagenze si cyo gikuru ahubwo kugira icyo wimenyaho nicyo cy'Ingenzi, ubuzima bwawe kumenya ko Imana yabuzanyemo impinduka nziza, bigutere kuyubaha naho abahakana ko iriho cyangwa ko itagikoresha abakozi bayo bo ubime amatwi kuko kuva kera byahozeho abafarisayo nuyu munsi abantu bamwe bafashe umugabane wabo. Nawe nibakubaza ujye ubabwira uti icyo nzi nuko nari impumyi, ariko ubu ndabona, nari umukene ariko ubu ndi umukire, nari mu byaha none nabivuyemo, ibyo nibyo bindeba kuko buri mwe azabazwa ibikwiranye nibyo yakoze.

Ndabakunda!

Wednesday 12 April 2017

IBYO UFITIYE UBUSHAKE BWO GUKORA BIGARAGAZA UWO UKORERA!

Image result for Desire
Yohana 8:44 Mukomoka kuri so Satani kandi ibyo so ararikira nibyo namwe mushaka gukora.

Ijambo ry'Imana rigira riti imirimo ya kamere iragaragara, niyi ni ugusambana, gukora ibiteye isoni, kwica kuroga no kugambana n'ibindi...ibi ni bimwe mu bikorwa abantu bakora kandi naho umuntu yabeshya ko azi Imana biroroshye kumutahura iyo ugenzuye imbuto yera cyagwa agerageza kwera. nubwo koko nta muntu numwe udacumura ariko hariho abantu bakora ibyaha nkana abo bibiliya ijambo ry'Imana ribagaragaza nk'abakozi ba Satani, cyangwa bakomoka kwa satani.

Wowe ugambirira gukora nabi hanyuma ukanabikora, yewe ugashyigikira n'abakora nabi, ukomoka kuri so Satani, kandi ibihembo by'Ibyaha ni urupfu, ndakumenyesha ko igihe cyose utaratandukanya kuba umukristo no kwera imbuto uzakomeza kubaho mubuzima budahindutse kugeza igihe Imana izahanira abantu bose batayumvira ndetse na Satani bose bagacirwa urubanza rubakwiye. bamwe bazazukira ubugingo abandi bazukire gukorwa n'Isoni. aho hanze niho bazahekenyera amenyo bakaharirira ariko ntawuzabumva kuko bamenye ukuri bakanga kukumvira.

Ibikorwa by'Umuntu biranga inkomoko, kuko akenshi usanga ibikorwa bihinduka imigenzereze cyangwa umuco uranga abantu, hariho ibihugu bimwe bakora ibikorwa runaka, kuburyo ibindi bihugu biba bitabikora, ibikorwa byo Gukiranuka, urukundo amahoro, ubugwaneza,.....bitagira amategeko abihana nibyo bituruka ku Mana umuremyi w'Isi n'Ijuru.

Uyu munsi niwireba uraza kumenya neza niba ukwiye gukizwa ukemerera Yesu agahindura ubuzima bwawe kuko ibyo Satani ashaka nibyo abamukorera bashaka. burya mu bintu byo gukorera Imana ntihabamoakazuyazi ahuabwo Imana ikunda abantu bahindutse rwose, uyu munsi uraharanira gusa nande? gusa na Kristo cyangwa gusa na Satani! inkomoko y'umuntu wese utekereza gukora nabi kandi akabisohoza ni kuri Satani, igihe cyose umutima wawe ukwereka inzira y'Ikiza ntugikore ahubwoukanambira mu bibi umenye ko ibyo so ararikira aribyo nawe urarikira.

arimo imbuto z'Umwuka ni Urukundo, amahoro, ibyishimo, kugiraneza gukiranuka kwihangana n'ibindi byiza bitagira amatekgeko abaihana, niba ukora neza uhesha abandi amahoro, niba ubayeho mubuzima bwo gukiranuka uzatuma abantu benshi bamenya aho ukomoka! impano yose nziza, ituruka kuri se w'Imicyo yose. Kristo arifuza kwinjira mu buzima bwawe, niwemera ijwi rye arinjira iwawe.

guhera uyu munsi ushobora gusezerera satani n'abadayimoni be, ukirukana urwango, ishyari, amacakubiri ubugambanyi, uburozi no kwica, nibindi bibi, ukimika icyiza. Imana ijya ishyigikira umugambi mwiza igihe cyose ushaka gusa na Kristo azaza aguhe imbaraga z'umwuka wera kugira ngo ube umugabo wo guhamya imbaraga ze! ndagusabira guhinduka by'Ukuri ndetse no kurushaho gusa n'Inkomoko y'Ibyiza ariwe muremyi w'Isi n'Ijuru ndetse akaba n'Umucunguzi wacu.

Imana iguhe umugisha! 

Monday 10 April 2017

IRI NI ISEZERANO RYAWE NAJYE" IMANA IZONGERA IKUBAKE"!

Image result for REBUILD
Yeremiya 31: 3

Uwiteka yambonekeye kera ati" Ni ukuri nagukunze urukundo Ruhoraho, Ni cyo cyatumye nkugaruza ineza nkakwiyegereza.Nzongera kukubaka nawe uzaba Wubakitse.....

Muri aka kanya ndashaka kuganira n'Umutima wawe wowe usoma iyi nyigisho, Ubuzima ubayemo bushobora kuba bukwereka ko Imana yakwibagiwe, 

yewe amateka mabi wanyuzemo ushobora kubona ntagaruriro ariko reka nkubwire 
ko Imana itakuretse kandi ntiyaguhanye, uriho kugira ngo urebe imirimo n'Ibitangaza Imana igiye kugukorera.

Kugera kure si iherezo, kuko ntakure Imana itakura Umuntu, ntakure Imana itakura umuryango wawe, cyangwa igihugu, nubwo igihugu cyacu cyanyuze mubikomeye ariko Imana yabanye natwe, niyo mpamvu nuyu munsi ariyo ikomeza kuduhumuriza kandi ikarushaho guha umugisha igihugu cyacu kugira ngo tubeho tunezerewe.

Imana ntiyaretse igihugu, iracyari kumwe na ba Gediyoni bo mu rwanda, humura Imana iracyagufiteho umugambi kandi gutabarwa kwawe kurakwegereye cyane kurusha igihe watakiye, uyu munsi Imana iragusezeranya ko igiye kukubaka kandi koko ngo nawe uzaba wubakitse. mbega isezerano ryiza! Imana idusezeranya kutwubaka kuko izi byinshi bidusenya, izi ibintu byinshi bituma ubuzima bwacu busa n'amatongo, izi amakuba igihugu cyacu cyanyuzemo, reka nkubwire ko Imana yiteguye kuturemera amateka mashya.

Uyu munsi ndaguhamiriza ko amaso yawe agiye kubona ibyiza byinshi kurushaho, Imana igiye kwagura ubuzima bwawe, icyo igusaba nukuyumvira no kurushaho kuyegera, Imana iti ngiye Kukubaka nawe uzaba wubakitse, inyubako zose sishobora kuba zubatse ariko zitubakitse! ibaze nawe inyubako waba uzi yubakitse, niko umutima wawe ugomba kubakika! Imana irifuza kugukoresha iby'Ubutwari, ni wowe izakoresha mugusana igihugu cyawe, mukunga imitima no kuvura ibikomere!

Imana iraguhumuriza uyu munsi rero kugira ngo ukomere, uzongera kubona ibirori n'Ishimwe, mu mutima wawe, kandi uko biri kose witegereje inyuma uraza kubona ahari amarira Imana yarahashyize ibitwenge, uyu munsi ufite ishimwe kuko Ikiza cyivuze hehujuru y'Ikibi, Urwango ntirutsinda ahubwo urukundo n'amahoro biranesheje, shyira ejuru uririmbe kuko umuncyo wivuze hejuru y'Umwijima. ahari amatongo hubatswe ibitabashwa kubera Imana ifite Imbaraga, kandi yakoranye n'abemeye kuyumvira bose, erega iyabanya na Dawidi kurugamba , ikabana na Gedeoni niyo Mana dukwiye gusenga.

Reka nkumbwire ngo Siko bizahora, kuko Imana ifite umugambi mwiza kuri twe, ubuzima bwacu bufitiwe igisobanuro gikomeye cyane, kuko iremwa ryawe najye niho imbaraga z'Imana zigaragarira, niyo mpamvu naho ibikurwanya byaba byinshi Imana yiteguye kukurwaninirira, naho bisa naho wahindutse amatongo Imana yiteguye kongera kukubaka, ngo nawe uzaba wubakitse. Ndakwifuriza kubakwa kandi ukaba wubakitse rwose. ibyo nibyo Imana ikorera buri wese uyiseye. yobu we yagize ati" Naho igiti cyatemwa, hariho ibyiringiro y'uko iyo cyumvishe amazi cyangera gushibuka kikagira amashami y'ibitontome, nawe ndakwifuriza kumva amazi mw'Izina rya Yesu, wongere ushibukane icyizere, kuko Iryo ni isezerano ryawe, Imana iduhane umugisha!