Wednesday 21 June 2017

KWIZERA GUBONERA AHO ABANDI BABURIYE

Image result for keep on trying
Yakobo 1:6 Ariko rero asabe yizeye ari ntacyo ashidikanya, kuko ushidikanya ameze nk'umuraba wo munyanja....

Amaso yo kwizera abeshaho banyirayo, kuko buri gihe munzara abona ibyo kurya, mu ntambara ikomeye abona amahoro, mukubira urubyaro abona abana benshi, mukubura akazi, aba areba atanga akazi, mugihe abandi bihebye aba areba ibyiringiro, ntacika intege kubyo abona ahubwo akurikirana cyane Inzozi, niyo bimwe byanze abikuramo isomo ryo gukomeza gukora neza.

abantu bose bagira ubwoba bw'Ubuzima, ariko abagira imbaraga zo guhangara ubuzima nibake, abumva bagomba gukirana nabwo si benshi, Ndashaka ku kubwira ko ubuzima bw'Umuntu nabugereranya, n'Umuhinzi, umuhinzi ntabundi buhanga aba afite, Imbuto ayisanga Kwisi, umurima urahari, arahinga agategereza ikizera, n'Inkumurobyi ariko cyane cyane nukubaho nk'Uuvumvu. 

Iyo mwumva abantu bavuga kubaho mugihugu cy'amata n'Ubuki bisobanura iki? bisobanura ko kugira ngo ubona amata bisaba inka, korora inka si ikintu cyoroshye bikazagera aho iguha amata ukeneye, si ikintu cyoroshye guhakura ubuki, no gutega imizinga, bisaba gufata Risk, cyangwa kwemera Ingaruka no kudacika intege, guhora ushakisha uko wagera kubuki ushobora kwemera kuribwa n'Inzuki, cyangwa se nawe ukiga uburyo bwo kubana nazo, zitakuriye cyangwa nawe utazishe, reka nkubwire ko wowe uyu munsi ushaka kugira icyo ukora biragusaba kubanza kugira kwizera.

Kwizera biremera umuntu imbaraga zo gukorera icyo ashaka kugeraho, Kwizera gutera Umuntu gukiranukira Imana, Kwizera gutera Umuhinzi gutera Imbuto no kuyitegerereza mu butaka, akizera ko Imana izayimeza, ikamuha imvura, Kwizera bitera umurobyi Kuroba ku Manywa kandi abizi neza no mwijoro byanze, Kwizera gutuma ukomanga ku muryango abantu bakubwira ko uhora ukinze, Kwizera gutuma uhangara ibikomereye abandi, amaso yo Kwizera yafashije Dawidi, abona Goliyati nk'imbwa, aho atakeneye intwaro nyinshi ahubwo agakoresha ibuye, kwizera kweretse yosuwa na Carebu ko abantu bazaribwa nk'Umutsima, ukwizera gufite Imbaraga mubagufite.

Ndababwiza ukuri ko kwizera, gutuma umuntu abaho kandi akabaho neza, gutuma umuntu aronkera aho abandi baburiye, ingero ni nyinshi, kwizera gutuma umuntu acukura ntarambirwe, abizera ko munsi y'ubutaka hariyo Ibyagaciro nibo bacukura, Ukwizera kutwereka ibitabonesha amaso, kureba kure aho amaso y'Umubiri wacu atareba. Ndabasabira najye nisabira Kwizera kubeshaho mu mahoro nubwo waba unyura mu makuba, Kwizera ko Imana ishobora byose, Imana ishoboye Gukiza indwara, Imana ishoboye no kukuzura naho waba wamaze gupfa, aho uri hose siho habi cyane, kuko urabozi ko hari abo Imana yakuye kure kurusha aho uri, Uyu munsi ndagusabira Kwizera ko Icyo Imana yagushyizemo nukomeza kwizera bizakurinda gucika intege! komeza utere intambwe wizeye, kuko kwizera kubeshaho.

Ndabakunda!

Wednesday 14 June 2017

NTUGATINYE URUGAMBA, UJYE UHARANIRA KURUTSINDA!

Image result for Army gun
Yesaya 54:16
Ariko nta ntwaro bacuriye kukurwanya izagira icyo igutwara, kandi ururimi rwose ruzahagurukira kukuburanya uzarutsinda ibyo nibyo murage w'abagaragu b'Uwiteka, kandi uko ni ko gukiranuka kwabo guturuka aho ndi.

Nshimishijwe no kuvugana nawe usoma aya magambo ndaguhamiriza ko Imana y'amahoro ariyo nyiri ububasha bwose mu ntambara uhura nazo, ijambo ry'Imana ntiritubwira ko abantu batazacura intwaro zo kuturwanya, ndakwinginze nuzibona hirya no hino zo kukurwanya ntugahungabane kuko Imana iziko zicurwa buri munsi zo kukurwanya, ariko Imana igira iti humura.

Intwaro zitandukanye zicurwa n'abantu batandukanye ngo barwanye umurimo w'Imana, barwanye ubwoko bw'Imana, barwanye abavuga Imana, ibyo byose Imana irabireba kandi ibifitiye igisubizo gikomeye, iyo Imana ibona abaguhagurukiye kukuburanya wowe komeza wiyunge n'Imana gusa, mwene data burya ubuzima ucamo buterwa nuko wamenye Imana iherezo ryabwo n'Itsinzi, keretse abava mumasezerano nta mpamvu nibo bakorwa n'Isoni. kandi nawe urabizi ko iyo imigenzereze y'Umuntu injeje Uwiteka, Ngo Uwiteka atuma uwo muntu yuzura n'abanzi be.

uyu munsi ndashaka guhumuriza umutima wawe nkubwira ngo wowe iyuzuze n'Imana yawe ahasigaye ibindi ubimurekere, kuko azi aho bagutegeye, nawe niho abategera, azi intwaro bacura, nizo azahindura ubusa, ntizigire icyo zigutwara, ndaguhumuriza uyu munsi nkubwira ko Imana wamenye ku bwa Yesu, ibasha kugukiza amakuba yose nakarengane, Ndagukangurira kwegera Imana no kurwanya Satani, ariko burya uburyo bwiza bwo kurwanya satani ni ukwegera Imana, kuko aho Imana iri satani ntaharuhukira, ukwimura Imana kose gutuma ibyo watinyaga bikugeraho kandi ntacyo kugukingira gihari.

Izere Imana wongere uyumvire muri byose, uzabona agakiza kayo mugihe cyo guterwa, igihe cy'Amakuba no gusuhuza umutima, igihe cy'ibirego by'ibinyoma, igihe cyose wiringiye Imana ugakora ibishimwa imbere yayo Imana ntibura kukurwanirira, Imana y'amahoro ikomeze ikweze kandi ikubere imbaraga.

Sengana natwe: Mwami Yesu ndabizi ko ndi kumwe nawe nta mwanzi wa nkanga, umpe kukwegera kurushaho, kuko ukwegereye abari kure y'Ibyaha bitera abantu gukuka umutima no gutsindwa n'abanzi, ndagushimiye ko umpaye kubana nawe no gukora iby'Ubutwari Amen!