Wednesday 30 January 2019

NTUGAKERENSE ICYO UFITE KUBERA ICYO WIFUZA :Pastor Gaudin&Sylvia

Abaheburayo 12:16

Kandi hatabaho umusambanyi cyangwa ukerensa iby'Imana nka Esawu,waguranye umurage we w'Umwana w'imfura igabiro rimwe.

Abantu benshi ntibakunda guha agaciro ibyo bafite cyangwa icyo baricyo, ahubwo usanga bahora bashishikajwe nibyo bifuza kugeraho cyangwa abo bifuza kuba! Imana izi impamvu yaguhaye ibyo utunze ubu, kandi rimwe narimwe ibyo wasengeye iyo ubibonye usanga ubifata nkaho utabisengeye, uretse hari nibyo Imana idukorera tutarasenga tuba dukwoye kumenya nubwo hari ibyo dufite tutasengeye, hari abandi batabifite cyangwa babibonye aruko basenze binginga Imana cyane.

Esawu yakerenshe kwita umwana w'Imfura
kubera gushaka ko bamuha kubishyimbo yakobo yari atetse , ati ubundi kuba imfura barabirya, niko abantu benshi bakerensa icyo Imana yabahaye, bakagikinisha, ushobora kuba ufite Impano ariko ukayisuzugura kuko udafite nkiyabandi, byatuma unasubora inyuma cyangwa ukayikoresha nabi.

Icyi gitondo numvise ijambo rimbwira ngo mbwire abantu be gukinisha cyangwa gukerensa icyo Imana yabahaye, ibyo ufite nibyo bigufitiye akamaro ubu kurusha ibyo utarabona! Ibyo Imana iguteganyirije bizakugirira akamaro mugihe gisa nakiriya bizaziramo.

Wikerensa impano ufite, wikerensa ishuti ufite, wikerensa abashumba ufite, wikerensa itorero ufite, wikerensa urugo ufite, wikerensa abana Imana yaguhaye, wikerensa ubuyobozi ufite, wikerensa ubutunzi ufite, wikerensa agakiza wahawe, wikerensa amashuri wize, wikerensa Impano Imana yaguhaye.yikoreshe neza Igirire benshi akamaro.

Sinzarekeshwa Imana nibyo nayisabye itakoze ahubwo nzakomeza kuyikundira ibyo Ntayisabye yampaye kandi nari mbikeneye" Imana itugirire neza. Iduhe imitima Ishima kandi ibyo dukeneye byose bimenywe nayo.

Iki kigisho Cyateguwe na Sylvia Gaudin




Gaudin Mission International

Tuesday 29 January 2019

AMAKURU AGEZWEHO KUCYO IMANA YAVUZE


Itangiriro 22:2
Iramubwira iti"Njyana umwana wawe,umwana wawe w'ikinege ukunda Isaka,ujye mu gihugu Cy'i Moriya umutambireyo ku musozi ndi bukubwire abe igitambo cyoswa."

Aburahamu Yiyumviye ijwi ry'Imana rimusaba ibintu nibaza ko bigoye gukora kuko gutamba igitambo cyoswa byasabaga ko umwana amwica rwose akamwiyicira akamutambira Imana. Aburahamu nubwo yasabwe ibigoye ariko yarumviye aragenda, ariko mururwo rugendo rwose yakiranaga n'umutima ndetse ntaho bibikiya itubwira ko muri iyo minsi Imana yisubiyeho, ahubwo byasabaga ngo ayibwire mwami tujyane aho ngiye gutambira ndetse uturindane nuyu mwana tuzagereyo amahoro.

Ni keshi tujya twumva Ijwi ry'Imana ridusaba gukora ibintu bisa nibikomeye, akenshi Imana idusaba ibintu nk'ibyo ishaka ko twiga kuyumvira nivuga ndetse ishaka kureba ubushuti bwacu nayo, kuko Niba abantu bagerageza abandi ngo barebe ko bazubaka urugo cyangwa bazakorana business, Imana nayo ijya igira uko igira ibyo idusaba.

Dukwiye gukomeza kugirana ubusabane buhagije hagati y'ijambo Imana ikubwiye n'igihe cyaryo cyo gusohora, kuko bitabaye ibyo Imana ishobora kugira icyo ivuga kubyo yari yakubwiye yasanga udahari ugasanga urashyira mubikorwa ibintu bitakiri ngombwa kugeza aho wavuga uti Imana niyo yambwiye ngo mbikore!

Hari amasezerano menshi nawe ufite, hari ibyo Imana yakubwiye gukora, Hari aho yakubwiye kukugeza, Hari amasezerano menshi wibwira uti ahari ntiyasohoye, ariko ndashaka kugukangirira 

Kumenya icyo Imana ivuga kubyo yakubwiye, kuko Imana ntijya ihindura ijambo ariko iraryuzuza, Irarikomeza, Irarisobanura muri make hari byinshi Imana yavuze dukwiye kubaza tuti tuzabikore dute? Kugira ngo tutagenda nabi, Bisaba kumva Icyo Imana ivuga kubyo yavuze.

Aburahamu yageze aho agomba gutambira Imana imwereka ikindi gitambo yatamba aho gutamba umwana we, igihe cyose Imana igenda ibona imibanire yawe nayo, ikakubwira byinahi kubyo yakubwiye. Ntukwiye kwishyiramo ko ibyo Imana yavuze icishije mubuhanuzi n'ibindi bitagenze kwakundi, ahubwo ukwiye kwibaza uti ese Imana byabintu yambwiye iracyabivugaho? Nonese ibivugaho iki?

Hari aho yabwiye abisiraheri iti: Nimugira umete wo kunyumvira bizagenda gutya na gutya, iryo ni isezerano nyamara bisaba gukomeza kumva ko Evaluation igukorera ihwanye nibyo yaguseranije igira icyo ibivugaho. Ndakwifuriza kumva Imana, naho yagusaba ibikomeye igikuru ni ukuyumvira ariko no gukomeza ugatega amatwi ukumva icyo Ivuga kubyo yakubwiye.

Ni kenshi kubera kutumva Imana, Tureka Gushaka, gukora business,Kwivuza,Cyangwa nibindi bitandukanye kubera ko gusa Imana yavuze kera ugasanga turagendera kubyo Imana yavuze ariko tutumva icyo ivuga ubu! Imana yacu Ifite icyo yakubwira kucyo yari yaravuze, kuko yakivuganye Umugambi wayo.Umugambi w'Imana kucyo yavuze ntuhinduka ari Icyo yavuze Igihindura kubw'umugambi wayo, Uburyo ni bwinshi bwo gukora ariko Ikigambiriwe ntigihinduka. Principe y'igitambo ntihinduka, ariko icyo ugomba gutamba cyahinduka.

Iyo wumvira Imana ikakubwira icyo yibwira kucyo yakubwiye muri iyi minsi! Niyo mpamvu kubera abantu batumva Imana muri iki gihe bashobora kukubwira bati kera Imana yavuze gutya ntitwahindura icyo yavuze. Bituma abantu babaho mu myanzuro itakijyanye nuyu munsi.

Uhagutse ugiye gutamba Isaka nibyo, ariko ukomeze wumve icyo Imana ivuga munzira ugenda, ndetse no kumunota wanyuma wo gufata umwanzuro wo gusogota Umwana, business,urugo, ubuzima bwawe,Impano yawe ukwiye kumva Imana ikakwereka igitambo yakuronkeye. Kumvira biruta ibitambo, burya akenshi Imana idusaba kumvira kuko Ibitambo byo Irabyifitiye pe!

1.Ugomba kumvira icyo Imana yakubwiye
2.Ugomba kumva icyo Imana ivuga kubyo yakubwiye
3.Ugomba kumenya ko Imana izavuga kucyo irimo kukubwira ubu.

Kumvira ni kimwe ariko no kumva n'ikindi, abantu benshi babaho bumvira ariko bumviranye kubera kudaha agaciro icyo Imana irimo kuvuga kucyo yavuze.

Ibaze nawe iyo aburahamu aza kwica Umwana we ati Oya rwose Imana ntiyivuguruza. Ni byiza kugerageza imyuka yose mukamenya imyuka iyobya nitayobya. Imana ntiyaguha umwana ngo Inagusabe kumwica, ahubwo igusaba kuyumvura igihe cyose ivuze, ariko gukomeza kumva icyo uvuga mukuyumvira ni ingenzi.

Pastor M.Gaudin

Yesu abahe umugisha!


Gaudin Mission International

Saturday 26 January 2019

"MURI BENSHI BYANZE WABA UMWE BYAKUNDA" Pastor M.Gaudin

LUKA : 4:25-27

Mubizima ducamo bwa buri munsi, abantu bahora batwereka ko niba tugiye gukora ibyo bo batinya cyangwa bagerageje bikanga bivuze ko natwe bizatunanira cyangwa inzitizi bahuye nazo natwe bisa naho ari ngombwa ko  zitunaniza.

Uzasanga abantu bakubwira bati kuri iyo myaka ntiwaba ugikoze iki cyangwa kiriya, Ntiwakira iyo rwara, ntiwaba ukize cyangwa ntiwatangira business, kandi koko baba bashingira kuri report zitandukanye ndetse na experience yabo.

Ushobora kubaho mu barimo gupfa, ushobora gutera Imbere mubariho gukena, ushobora kwiga mubariho kubinanirwa, ushobora kwaguka mubariho gusubira inyuma, kuko Niba wizera Imana niyo ijya ihinyuza bene izo mvugo kubuzima bwawe. 

Bibiliya itubwira ko Hariho abapfakazi benshi mugihe cya Eliya,ubwo ijuru ryacyingwaga imyaka itatu namezi atandatu inzara nyinshi igatera mugihugu cyose.Nyamara Ntiyatumwa kuri umwe Keretse ku mupfakazi wi sarefati mu gihugu cy'isidoni. Yewe mubabembe benshi Elisa ntiyatumwe keretse kuri namani w'Umusiriya.

Ndakubwira ko Impamvu abantu bakubwira ko bidashoboka nubwo zihari ariko Imana nayo ifite izindi nyinshi zakwemeza ko bishoboka. Uyu munsi wongere utere intabwe yo kwizera, wongere Umenye ko ibyananiye abandi bitari ihame ko nawe bizakunanira.

Gusa ndagusaba kwihangana abantu baguca intege, kuko iyo wanze kubumva bagutega iminsi bati aha komeza uzananirwa,iruke uzaruha, curuza igihe kizagera uhombe, senga uzageraho ubireke, baguca intege.

Niba hari icyo ushaka gukora Ukwiye kugikora kuko abakubwira ngo uzahomba nubundi uyu munsi ntuhagaze munyungu, abakubwira ngo nubwo wiruka ntuzagerayo baba bashaka ko mugumana aho, abakubwira bati ibi ntiwabibasha nyine ni amajwi yo kuguca intege. 

Abantu bose bitwa intwari atari uko bageze kucyo bashakaga ahubwo baba bateye intabwe yo kubigeraho, niyo mpamvu burigihe dusezeranya abavuye mw'isi ko ikivi cyabo tuzacyuza, tuzakomereza aho bananiriwe, Twigira kumakosa bakoze, Maze tugakosora ahashoboka.

Ahari nawe hari benshi bazigira kuri Ku murava, Gutinyuka, gushaka inzira munzitane, Gutekereza neza, no kwigirira icyizere. Ndakwifuriza kubaho mubuzima buhinduwe nicyo Imana yavuze kurusha guhagarikwa umutima namagambo y'abantu.

Abantu bo bazahora biteze ko utsindwa kuko baba batiteguye kugufasha kugera kutsinzi ariko Imana niyo Idufasha kugera kumugambi yaturemeye. Kuva uyu munsi Umenye ko kuba abandi byaranze nawe bizanga, Nubwo bimwe byakwanga ibindi bizakunda nukomeza kwizera Imana.

Ibyo abandi badashoboye ni byinshi ariko ukwiye kumenya ko nawe ibyo udashoboye hari abandi Imana yahaye ubushobozi bwabyo, ujye wirinda guca intege abandi no gucibwa intege n'abandi. Gerageza gukora icyo ugomba gukora, Tekereza wigika intege. 
Ndakwifuriza Guhura n'umugisha wawe, no kubonera amahirwe aho abandi bari baziko bidashoboka.Imana yawe yitamurure maze muri benshi barira batayizeye uzahagurukana ishimwe.

Pastor Mutagoma Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in



Gaudin Mission International