Monday 25 February 2019

BARATUNGURWA UBWO IMANA YIGARAGAJE NANONE. Pastor Gaudin

BARATUNGURWA UBWO IMANA YIGARAGAJE NANONE.

1Abami 20:28

Nuko haza umuntu w'Imana,asanga umwami w'abisirayeli aramubwira ati"Uwiteka avuze ngo :Ubwo Abasiriya bavuze bati "Uwiteka ni Imana yo mu bibaya,Nicyo gituma ngiye kukugabiza izo ngabo nyinshi cyane,maze mumenye ko ndi Uwiteka".

Kera ndibuka ko iby'umupira bitaratera imbere cyane, twajyaga tujya gukina abantu bakavuga ngo barashaka kubanza gukina bamanuka, Cyangwa barashaka kubanza gukina bateye izuba umugongo, byasabaga ko dutombora, ariko akenshi ikipe yabaga idafite ubwoba aho yabanza hose akenshi ni naho yatsindaga, haba hazamuka cyangwa hamanuka.

Wasangaga abatsinzwe bagira bati iyo tubanza gikina tuzamuka, cyangwa tutareba muzuba,ariko ndibuka ko hari igihe ikipe yatsindaga kandi yabanje aho bitaga ko batsinda bazamuka. Natwe mubuzima bwacu bwo kurwana na Satani n'ibyaha, dushobozwa na Kristo uduha imbaraga. 

Tujya dutsinda haba hamanuka cyangwa hazamuka kuko urugamba ari urw'Uwiteka, Dukubitwa hasi ariko ntidutsindwa rwose, batwita abakene ariko dutungisha benshi, Ubuzima bwabizera Imana ntibushingira kuba warwaniye mu misozi, cyangwa mubibaya aho waba uri hose Imana ibasha kukurwanirira kandi yiteguye kukumva uririmba indirimbo y'ishimwe.

Ndashaka kukubwira ko ibyo abadayimoni baganira, ibyo abakozi b'Umwijima bajyamo inama byose, imitego bagutega rwihishwa, bazatungurwa no kubona Imivumo yose y'ubusa itumutse nk'umuyaga kubuzima bwawe. Imana iguhetse kumugongo Ntacyo waba have nagato Imana izakomeza kumva imigambi yabantu mibi kandi yiteguye kukwiyereka igutsindishiriza haba mu misozi no mubibaya. Ndakubwira ko Imana izarushaho kukwigaragariza muri buri kimwe. Kuko iyo abantu bajya inama kubwawe, ntibaba bazi ko Ijuru rijya iyindi ku bwawe. 

Yobu yagize ati Nzi yuko ushobora byose, kandi ntakibasha kurogoya umugambi wawe, Burya umugambi Imana idufiteho niwo utumwa tubaho, ugatuma dupfa, niwo utuma duca mubyo ducamo, kuko Imana izi ibyo yateguye kugira ngo tube abantu babereye umugambi wayo. 

Ndashaka kukubwira ko Uyu munsi ukwiye kwima agaciro Satani, nabamukorera kuko Imigambi bajya yose Imana izayihindura ubusa kubw'Umugambi wayo, naho wapfa wazuka kuko Imana ikigufiteho umugambi.Twaba turiho twaba dupfuye turi ab'Imana. Ariko Imana ntizemera ko urengana iziyerekana ko Ari Imana Igukiza kandi igutabara. Ntamuntu washyira iherezo ku mibereho yawe kandi atariwe uguha guhumeka, ntugatinye uwica umubiri ahubwo ujya utinya uwakwica ubugingo.

Ndakwifuriza gushikama mu Mana kuko Ifashe ingabo ntoya ni nini kubitugu kandi irusha amaboko abanzi bawe bose, abagutega iminsi bose, abibwira ko ubayeho kubera Imbabazi zabo, ibyo byose bishaka kwigira Imana mubuzima bwawe. Bwira umutima uti Mutima wanjye Tuza. Uwiteka ni muzima kandi akiza abantu bamwizera muri byose na hose!

Imana yacu itsindira hose, mu misozi cyangwa mu bibaya!Imana yacu iraza kubatungura abavugaga bati noneho reka turebe ko nahariya yabasha kumutabara!

Imana ibahe umugisha!

Pastor Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in




Gaudin Mission International

Thursday 21 February 2019

ISEZERANO RY'AMATA N'UBUKI RIHISHE MUKORORA INKA NO KWARIKA INZUKI. Pastor Gaudin

ISEZERANO RY'AMATA N'UBUKI RIHISHE MUKORORA INKA NO KWARIKA INZUKI.

Nkuko abahinzi bategereza ibihe by'imvura niko batekereza no gufata neza amazi yo kuzuhira igihe imvura izaba itaraboneka. Imana ntijya itanga ibyo gupfa ubusa, ariko izaguha ibishobora no kugutunga mu mapfa! Iyo iteye amapfa itanga aho bahahira. Iyo ikinze umuryango umwe ifungura undi.

Ikibazo nuko amapfa iyo aje aho kuyibaza aho duhahira dutangira kwitotomba, yakinga umuryango umwe tuti Imana ntibaho. Oya fungura amaso urebe imbere, Imana Ijya ihagarika imvura imigezi igitemba byuka wuhire imyaka,Ni kenshi abantu kubera ubukene bw'Ibitekerezo Imana Imana ibasezeranya amadazi ahishe mw'ifarini, Ikabasezeranya umugisha uhishe mukubana neza n'abandi, ikabasezeranya Intebe zihishe mubiti, ikabasezeranya amata ahishe mukorora inka, Ikabasezeranya Ubuki buhise mukwarika Inzuki"

Imana ntibeshya, Iyo yavuze ntiyivuguruza. Njya numva Indirimbo tuvuga ngo imvugo yiwe n'ihame, ariko kumenya iyo mvugo nabyo ni akazi, Niba ivuze amata Ivuze inka zikamwa, niba ivuze ubuki, umva kuboha imizinga no gutega inzuki, Ivuze gusarura Umva no kubiba, Ivuze gutsinda Umva kurwana......

Ni kenshi Imana ivuga abantu tukumvirana, hanyuma tugategereza amata, haza ayo kwigare tukumva twasubijwe, haza ubuki bufunze buvuye hanze tukumva twasubijwe bitaza tukumva ntituragera mu masezerano.#Amasezerano si ukugira umugisha#asezerano ni ukuba umugisha.

Imana ibahe umugisha mwishi.

Pastor Gaudin
visit: www.newseed4jesus.blogspot.in.

Monday 18 February 2019

NUBWO ABANTU BABA BABI UKENEYE UMUNTU. Pastor Gaudin

NUBWO ABANTU BABA BABI UKENEYE UMUNTU. 

Itangiriro 2:18.

Kandi Uwiteka Imana iravuga iti: "Si byiza ko Uyu muntu aba wenyine,reka muremere umufasha Umukwiriye."

Ni kenshi mubantu usanga bagira bati abantu ni babi, umuntu ni mubi, hari umuririmbyi numvise aririmba umuntu, avuga ibibi bya muntu mu bantu, ariko nubwo ibyo byose biriho mubuzima bwa buri munsi dukenera abantu cyangwa umuntu.

Hari igihe ubaho wowe ukibwira ko hari abantu udakeneye, ariko ujye umenya ko hari nabo ukeneye. Igitangaje abantu benshi dukeneye sitwe tubahitamo ahubwo duhuzwa nabo kubera umugambi w'Imana kubayizera byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza.

Udafite abakwanga ntiwabona abagukunda muburyo bukoroheye, Udafite ukwirukansa ntiwazaha agaciro uguhaye ubuhungiro, Udafite ugusenyera ntiwamenya uwakubakira, burya ibikorwa bya muntu bigira ingaruka ariko wakwitegereza ukabona ko umuntu akenewe. Ukeneye umuntu Ukwirukana kukazi kugira ngo utangire kwikorera, Ukeneye Ugusuzura kugira ngo Wiyubahishe, ukeneye ugufata ukuboko akakwereka ibyo utazi.

Buri muntu wese aba afite umuntu bahiye ubuzima bwe bugahinduka, utarahuye na mwarimu yahuye n'umucuruzi, cyangwa uwamuhaye amakuru y'ikindi kintu cyose. Ndashaka kukubwira ko niwitegereza neza mu bantu uzabonamo umuntu wakugiriye akamaro, kuko uwagutengushye ushobora gusanga ariwe waguteye gutabarwa!

Uwiteka niwe ujya utwitegereza akareba koko ukuntu dukeneye umuntu mubuzima bwacu. Ukeneye uwaguha amakuru kubucuruzi, akakubwira aho barangurira...
Akakwinjiza mu bintu(Hanze aha babyita ukwinjiza mu gakino). Ntago ushobora kubaho nta muntu keretse utari umuntu. Umuntu niwe Wakwimuye ariko hari undi muntu wagutuje,ibyago byose biterwa n'umuntu Imana ibikemura ikuzanira undi muntu akakubera malayika murinzi.

Dawidi yari afite umuhamagaro, Yabanye n'Imana, yari afite Impano, ariko nubwo yahizwe na sawuli, Imana ntiyamuretse ahubwo yamuhaye undi muntu imuha Yonatani, nibyo ukwiye kumenya ko abakurwanya nubwo bahari ariko hariho nabakurwanirira, kuko Imana niyo ibaguha. Ntukwiye gucibwa intege nabakurwanya ahubwo ukwoye kwizera Imana itanga abakurwanirira mugihe ukeneye umuntu.

Inzozi zawe zikeye abantu, hazaza abazirwanya ariko Imana ifite abantu bazaza kugufata amaboko, hari igihe Satani akwereka ububi bwabantu ariko mwuka wera atwereka neza ko ibyo akora byose abikoresha abantu. Hari abantu biteguye kukuba hafi mubyago watejwe nabandi, abantu Imana yaremye bameze nk'amaboko, ukwiburyo kugize ikibazo ukwibumoso kugakora. Komeza wizere Imana.

Adam yari akeneye umuntu, Kayini yari akeneye umuntu, nubwo uwo babanaga yamwishe ntibyatumye adashaka undi muntu, ushobora kuba wanga abantu ariko ukwnwye umuntu, ukwiye kumenya ko nubwo hari benshi baguhemukiye bigatuma uzinukwa abanti ariko hari benshi bakugirira neza. Nubwo Ubona abantu bahindutse ariko hariho abo Imana yakugeneye mugihe gikwiriye. Ntukwiye kugira ubwoba.


Inzozi ufite ukeneye abo uzibwira, abazirwanya bashobora kukubera umuyoboro wo kuzigeraho, Yosefu yambwiye bene se ibyo yarose, baramurwanya, ariko muribo habonekamo umuntu uzana igitekerezo cyo kumugurisha, Umuntu wamugurishije yatumye agera Ibwami, umuntu wamufungishije yatumye aritora inzozi, Umuntu yorotireye yamugeje ahandi.

Ushobora kuba urimo guca mu bibazo, mu manza, mu nzangano, mu mashyari azanwa nabantu ariko muri abo bose uracyakeneye umuntu kandi aho Muri ibyo bibazo Imana yiteguye kukuzanira umuntu. Imana ifite abantu benshi kandi Izi ko tubakeneye kuko Si byiza ko tubaho twenyine. Yaba muri gereza ukeneye umuntu, murusengero ukeneye umuntu, Mw'ishuri ukeneye umuntu yewe no bus ukeneye umuntu.

Ntugaterwe impfunwe nuko ubona utitaweho nabose, ahubwo ujye uterwa ishema nuko hari uwo Imana yakoherereje! Ha agaciro uwo muntu, Ha agaciro ukurwanya umusengere, ha agaciro Ugusebya umusengere, ha agaciro ukugambanira umusengere, Ha agaciro ukuvuga nabi umusengere, Imana kuko ariyo yaturemye Izafata ibyo abantu bakora Bibi ikuremera abantu maze bihinduke ishimwe.

Imana iguhuze n'umuntu wawe, mubihe Byose unyuramo. Fungura amaso urebe mu bantu urabonamo umuntu.

Imana iguhe umugisha.




Gaudin Mission International

Friday 15 February 2019

ABASHAKA KWEMEZA BAHABWA AMAKURU MAKE, ARIKO ABEMEWE BAHABWA KUMENYA IBYEMEWE Pastor gaudin


ABASHAKA KWEMEZA BAHABWA AMAKURU MAKE, ARIKO ABEMEWE BAHABWA KUMENYA IBYEMEWE Pastor gaudin

Abaroma 12:1-2
Nuko bene Data ndabinginga kubw'Imbabazi z'Imana ngo mutange imibiri yanyu, Ibe ibitambo bizima byera bishimwa n'Imana ariko kuyikorera kwanyu gukwiriye. Kandi ntimwishushanye n'abikigihe,ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, aribyo byiza bishimwa kandi bitunganye.

Ni amakuru menshi ari mw'isi ariko abashobora kuyagiraho anoccess si bose, kugira ngo umenye amakuru yahantu runaka yagufasha kugera kucyo ushaka bisaba kuba hari ibyo wuzuza! Aha Pawulo aringinga abantu kugira ngo bamenye ko bidashoboka kumenya ibyo Imana ishaka utameze gutya.

Kandi kutamenya ibyo Imana ishaka niko kuyikorera ibyaha, kuko ntakintu kibi nko kugaburira umuntu ukomeye ibiryo iwabo bazira kurya, Mbese ushobora no kuba wibwira ko wamwubashye ariko udafite amakuru yibyo we yita ko biri kuri standard!

1.Kubanza kuba igitambo kizima
2.Kuba igitambo Cyera
3.Kuba igitambo Gishimwa n'Imana
4.Kutishushanya n'abiki gihe
5.Guhinduka (Rwose)
6.Kugira umutima mushya

Ibi bintu uko ari bitandatu Pawulo yingingaga abantu kuko yari azi neza ko abantu batabiha agaciro kandi bagakomeza gusa naho bibwira ko bakorera Imana. Nibyo koko abantu benshi bashobora gukorera Imana uko bashaka ariko ntibyoroshye kuyikorera uko Yo ishaka.

Ni kenshi abantu batanga ibitambo bitari bizima, ni kenshi abantu batamba ibitambo bitera, ni kenshi abantu batamba ibitambo Bidashimwa, ni kenshi abantu batambaBishushanya nabiki gihe, Ni kenshi abantu batamba ibitambo batarahindutse kandi bagifite imitima ya Kera. Ya mitima itarahinduwe n'ijambo.

Abo bose iyo baje imbere y'Imana ntibashobora kumenya icyo Imana ishaka. Dawidi yagize muri zaburi 18:26 yagize ati: Kumunyambabazi uziyerekana nk'umunyambabazi,Ku utunganye uziyerekana  nk'utunganye, Ku utanduye uziyerekana nk'utanduye, Ku kigoryi uziyerekana nk'ugoramye.kuko uzakiza abacishijwe bugufi ariko amaso yibona uzayasubiza hasi.

Imana ijya itanga amakuru kubyo ishaka bitewe nuko umuntu yaje. Niyo mpamvu pawuko yinginze abantu cyane ati Ndabinginga kubw'Imbabazi z'Imana.

Ndakwifuriza gutekereza kuri ibi bintu, maze ukarushaho kumenya icyo Imana igushakaho. Kuko nubwo abantu benshi batumirwa mu bukwe ariko abatoranywa si bose. Mwibuke wamuntu waje mubandi ariko atambaye umwambaro w'ubukwe. Rimwe narimwe Invitation dufite idutegeka uko tugenda. Niba dushaka gusabana n'Imana dukwiye kwita kuri ibi.

Kuza Imbere y'Imana ni kimwe, ariko no kuyikuraho amakuru ni ikindi, Gutanga amaturo ni kimwe ariko no kwemerwa ni ikindi. Sibyiza ko abantu bimbwira ko Imana Yakira byose yaba ibipfuye, ibitera, ibyishushanya, imitima idahindutse. Yesu yagize ati muri inshuti zanjye nimukora ibyo mbategeka.

Ni kenshi ujya uza imbere y'Imana, ni kenshi Imana ikubwira ariko ugahitamo gukora ibikoroheye cyangwa ibyo abandi bakoze. Ariko kubana n'Imana ni ubusabane, bugomba kuba butarimo ukwoshushanya kose.

Kwishushanya nukubaho mubuzima bwo kwibeshya no kwibeshyera. Ndakwifuriza kuba igitambo Kizima guhera uyu munsi mu maso y'Imana.kugira ngo nibiva kugitambo byose bibe ari ibyera, yaba Indirimbo, ubuhanuzi, gucuranga, amaturo nibindi dukora tubikore nkabemewe atari ukubikora nkabemeza!


Gaudin Mission International

Monday 11 February 2019

IGA KWISHIMIRA UMUGISHA WABANDI MUGIHE UTEGEREJE UWAWE.Pastor Gaudin

IGA KWISHIMIRA UMUGISHA WABANDI MUGIHE UTEGEREJE UWAWE.
Zaburi 35:27 
Abakunda ko ntsinda nk'uko bikwiriye nibavuze Impundu bishime.Iteka bavuge bati"Uwiteka ahimbazwe".

Ni kenshi umuntu yumva amakuru yabamwanga, akumva amakuru yabamurwanya, akumva amakuru yabamwifuriza inabi bikamutera guhangayika, no kwibaza ati ese Mana kubera iki? Ariko muri bimwe Imana ikoresha kugira ngo turyoherwe nubuzima ni ibigeragezo, nabatwanga....

Ni keshi Uganiriza umuntu uti ndashaka gukora iki niki, akakubwira amagambo aguca intege atari uko utashobora ibyo bintu ahubwo kubera ko atifuza kukubona utera imbere birenze aho yagutekererezaga, niyo mpamvu bimaze kuba umuco ushaka gukora ikiza agikora yihishe, ushaka kujya hanze agashaka Visa yihishe, Ushaka gukora ubukwe ntabyasaze, utwite ntabivuge, ushaka akazi agaceceka, mbese abantu bakabaho batinya abareba nabi ibyiza bagezeho kuko abantu bamwe babonye uteye imbere kandi batashakaga ko ugeraho barakurwanya. Ariko Imana ifite abandi benshi bazishimira izo nkuru mugafatanya gushima Imana.

Ntakintu gishimisha nko gutsinda, ntakintu kinezeze nko kugera kucyo wifuzaga, ntakintu kinezeza nko kubona ameza ateguye Imbere yawe. Nibyiza ko wibuka ko ufite abo banzi ariko nanone mu majwi menshi avuga ukwoye guhumurizwa nawamuntu Imana yazanye mubuzima bwawe uzishimira itsinzi yawe.

Hari benshi batishimiye ko washatse, ariko hari nabandi babisengeraga babikunze, hari benshi batishimiye ko wabyaye, ariko hariho abanezerewe cyane, nubwo batabikumbwiye, hari bwnshi batishimiye inzu wubatse,imodoka waguze cyangwa umugisha wose ufite ariko ukwiye kumenya ko Imana igufitiye abandi benshi banejejwe nitsinzi yawe, nusenga ujye umenya ko hari benshi basenga utabizi bigutere guhagarara ushikamye kucyo Imana yavuze.

Igihe kimwe bafashe intumwa, abanyetorero ngo bajya ahantu barikingirana barasenga, kansi Imana ikora igitangaza, burya Ushaka kugutera ibibazo nugusengera bahora bahanganye, uko byagenda kose hari abamakayika inyuma Yawe, hari abantu Imana yagushyiriyeho abo uzi nabo utaI banejejwe nuko utsinda kandi Uko bikwiriye.

Muri iyi zaburi ya 35, umurongo wa 19 Dawidi yabanje kuvuga ati "abanyangira Impamvu z'ibinyoma be kunyishima hejuru, abanyangira ubusa be kunyiciranira amaso, aha yasengaga yereka Imana abamwanga, abamurwanya, abatamwifuriza ineza, abahora bagenza ubuzima bwe, abamuvuga nabi, nabandi bose bashakisha amakosa kuri we.

Umutima we uzaguhumurizwa no kumenya ko hari abantu bakunda ko Atsinda nkuko bikwiriye. Burya hari abantu bakunda ko dutsinda ariko bidakwiriye. Niwamuntu mubana yifuza ko ugira ibyiza ariko utamurusha, reka nkubwire umutima wagutse nukwifuriza mugenzi wawe ikintu kiza kiruta ubwiza icyo utunze!

Yonatani yifurizaga dawidi kuzaba umwami maze we ngo akamwungiriza, Ni gake Umwana wavutse ibwami yabwira umwana wari umushumba ati uzaba umwami njyewe mbe uwa kabiri kuri wowe! Yonatani yakundaga ko Dawidi atsinda nkuko bikwiriye, kandi na Dawidi ninkaho yavugaga ati na Yonatani abaye Umwami twabana neza.

Ukwiye kwiga kunezezwa n'itsinzi yabandi kuko nawe itsinzi yawe iri munzira. Mfasha abandi kunezerwa nawe uzabone abo munezeranwa Imana nikuzamura. Burya nutiga gusangira ibirori nabandi, ahubwo ukabagirira ishyari nawe uzaba ubiba imbuto yo kutazishimirwa nugera kubyo washakaga.
Iga kunezezwa nuko abandi bameze neza, Iga kunezezwa nuko abana bumuturanyi biga bagatsinda, iga kunezezwa nuko abandi babyaye, iga kunezezwa nuko abandi batunze, nawe nutunga uzabona abantu banezeranwa nawe!

Ndakwifuriza kubona abantu banezezwa nibyo wagezeho, ibyo ugezeho,ibyo uzageraho.ariko nawe Ukwiye kwiga kunezezwa nibyo abandi bagezeho ibyo bagezeho nibyo bazageraho. Soma zaburi ya 20. Nicyo nkwifurije wowe usoma iki kigisho.



Gaudin Mission International

Thursday 7 February 2019

IGIHE CYO GUTABWA IYO KIRANGIYE" Pastor Gaudin

"IGIHE CYO GUTABWA IYO KIRANGIYE"

Abacamanza 11:8

Nuko abakuru b'i galeyadi basubiza Yefuta bati: " Igitumye tuguhindukiriye ubu, ni ukugira ngo tujyane tubone kurwana n'Abamoni.Nitumara gutsinda Uzaba Umutware wacu,utware abatuye i Galeyadi bose."

Yefuta yavutse afite igitutsi kuko Galeyadi yamubyaye kuri Maraya, Nuko Umugore nakwita Uwisezerano amaze kubyara abahungu bamaze gukura birukana Yefuta murugo, Banga ko yazagira icyo aragwa muri urwo rugo rwa Se ngo kuko ari Umwana w'undi mugore!

Bene ubu buzima bwo kwirukanwa, kudahabwa agaciro, kutagishwa Inama mu muryango, kudahabwa intebe, gusuzugurwa no guteshwa agaciro nabo muvukana, musengana,muturanye, nabandi batandukanye bitewe nuko wavutse,ibyo utunze ubu, n'ibindi ni ibintu duhura nabyo cyane mubuzima bwa buri munsi.

Nubwo abantu baduta batwita ko twavutse kuri ba Maraya, Twavukiye mubukene, Twavutse hari ingingo tudafite, tutize amashuri nkayabo, bituma bumva Ko udakwiriye kugira umugabane aho uri, bituma bashobora kukwirukana, ukabaho nabi wishakishiriza ureba Imana gusa kuko abakabaye bakuri hafi bagutaye!

Imana ntizaguhana, Igihe kimwe Hagayi yirukanywe kwa aburahamu, umwana amusonzanye Imana ifukura akariba. Reka nkubwire ko atariko bizahora. Ubuzima nibuhinduka abantu bazahindura ikibonezamvugo kuko Imana izakomeza kubana nawe. Uyu munsi nawe uzi benshi bashobora kuba baraguteshaga agaciro kera ariko ubu ukaba Umeze neza.

Imana yishimira ko yatugirira neza mugihe cyayo, abanya Galeyadi ntibari baziko
Hari igihe kizagera bagakenera Yefuta, akenshi Usanga Ubumenyi twakuye mubibazo twanyuzemo aribwo bufasha mugutabara abatwirukanye, abadutesheje agaciro n'ibindi. Ndashaka kukubwira ko ubuzima urimo uyu munsi atari iherezo. Abantu bajya bitiranya Urugendo naho umuntu agiye! Aho ujya hashobora kuba heza ariko urugendo rukagorana!

Ni kenshi Uzajya muri Cartier zikomeye ariko zitarabona imihanda, Ariko wagera muri icyo gice ukakibonamo amazu meza, baguha karibu ugatangara uti ese uyu muhanda wajyaga muri iki gipangu?ni uko bimeze Imana nayo Ibanza kubaka aho tuzahagara Imbere, Akenshi rero iyo uhuye nabantu bareba hafi, bagusuzugura bashingiye ku mateka, uko wavutse, aho wize n'ibindi.

Guhera uyu munsi ntukwiriye kwibona uko abantu bakubona, kuko Uko wavutse ntaho bihuriye n'Impamvu wavutse, Wavutse uzaba ukomeye nubwo wavukiye mukiraro, wavutse uzagira umumaro nubwo witwa Ko wavutse kuwundi mugore(maraya). Wavutse uzakora ibikomeye nubwo wigiye kuri Ecole Primaire de.......nawe urahazi ariko igihe kizagera Imana ikwicaze ahakwiriye. Nibwo abagutaye bazagaruka kugushaka kuko uzaba ugeze aho ukwiye kubafasha!

Uyu munsi Wige kubabarira, nawe Uvuge nka Yosefu uti nubwo mwagambiriye kungirira nabi, Imana yo yagambiriraga kungirira neza, kugira ahari mugihe kimeze nk'iki nzabe uwo Kubafasha aho kubitura Inabi. Ubutwari bukomeye si imbaraga zo kwihorera, ahubwo ubutwari bukomeye n'Imbaraga zo guha amata uwakwimye amazi.

Guhera Uyu munsi ukwiye kwiga kubabarira abagutesheje agaciro, Ukwiye kwemera ko Imana ariyo yahisemo kuguha imbaraga,Ukamenya ko kuba uriho ari ukugira ngo Imana yerekane ko Umugambi wayo urenge

Niba warigeze guhezwa mu nama z'Umuryango kubera ko ntajambo wagira, niba warirukanywe murugo kubera ko witwa umwana wa maraya, niba wararwanyijwe kubera kuvuga inzozi zawe nka Yosefu, warasuzugurwaga nka dawidi , ukwiye kumenya ko Imana ariyo ifite Ijambo rya nyuma kubuzima bw'ibihumeka. Maze ukitegura kugirira neza Uwaguhemukiye, utarakwifurizaga kubaho, kuko bazaza bikubite imbere yawe bifuza ko wababera ahakomeye!

Ni kenshi twisanga mubihe tutiteye ariko abandi buriraho batubuza amahoro, badutuka, batwita amazina, badusebya, bataduha agaciro, ariko uko Iminsi ihita igahitana amateka mabi, Imana ikagenda ikugeza aho ikwiriye kuba ikugeza.

Abantu benshi bajya barwana urugamba rwo kwemerwa, ariko Ndashaka kukubwira ko igihe iyo kigeze abatakwemera barakwemera. Wowe senga ,ukore,ukiranuke, wizere Imana yakuremye, ibisigaye Imana nihindura amateka abantu bo biteguye kwiga ikibonezamvugo mundimi zose ngo ahari babashe kukwita Honorable,His Excellence,Sir...........Ndakwifuriza kwifuzwa nabakurenganyaga kera kubera Impamvu utihitiyemo!

Umuntu wese afite amahitamo yo kubaho nk'umuntu waciye mubuzima bubi, cyangwa agahitamo kubaho nkuwabusohotsemo, ni keshi usanga abantu babayeho nkabakene kandi barakize, Cyangwa agahora avuga inzara yamuriye kera aho kuvuga ibiryo byuzuye ameza ye! Amahitamo rero nayawe kubaho nkufite icyo abuze cyangwa kubaho nkufite icyo agezeho!

Imana iguhe umugisha kugira ngo Ube umugisha!

Gaudin Mission International

ABAREBA UMUKINO UBANZA BAZAREBE NUWO KWISHYURA Pastor M.Gaudin

Yosuwa 1:5
Ntamuntu warinda kuguhagarara imbere iminsi yose yo kubaho kwawe.Nkuko nabanaga na Mose ni ko nzabana nawe,Sinzagusiga kandi Sinzaguhana.

Tuba mwisi aho abantu bamenya aho wananiriwe, bakamenya intege nke zawe, bakamenya ibyo udashoboye, bakamenya igihe wasebye, bakamenya igihe wakennye, bakamenya ibintu bibi byinshi wagiye uhura nabyo mugihe runaka kubera ko baba bataragusengeye bahora birebera ibyo bakwifurizaga bati Imana yaramutaye!

Igihe yosuwa yarwanaga, Ni benshi babonaga atsinzwe agace kamwe k'umukino ubanza bakibwira ngo Uwo kwishyura ntibizakunda. Akenshi nabonye Imana ijya iduharira Imikino ibanza kuko tuba twihagazeho, dushaka kurwana ariko iyo Satani nabambari be badutsinze Imana ntishobora kubyemera yigaragaza ku mukino wo kwishyura. Aho niho tuvuga tuti siko bizahora kubategereza Imana.

Ntamuntu warinda kuguhagarara imbere Iminsi yose(Iminsi yose)ntibishoboka ko Iminsi yose byakomeza gutyo. Niyo mpamvu yobu yavuze ati nubwo napfa nzapfa nkiyiringiye, kuko yumvaga ko ntagahora gahanze. Iminsi Yose ni myishi kuburyo Imana Izaba yagutabaye. Iminsi yose se ni ryari? Satani yari aziko yafashe aburahamu ati arashaje, ariko gusaza si iminsi yose. 

Ukwiye kumenya ko Ibyo urimo byose Satani yazanye ukwiye kumwibutsa ko atariko bizakomeza kuko ibihamya birahari. Iyabanye na Mose, na Yosuwa, ikabana na nehemiya,ikabana na Aburahamu, ikabana na Yosefu, Ikabana na Yobu nawe ntizemera ko urengana iminsi yose.

Ababonye Lazaro arwara akaremba, agapfa agashyingurwa bakwiye kumenya ko yaje kongera kuzika kubw'Umugambi w'Imana, abakubonye unywa urumogi kera bakwiye kuzakubona warakijijwe Imana yaraguhinduriye amateka.

Abakubonye Uri ingumba nkuko babonye Sara bazakubona ukikiye abahungu nabakobwa, Ndaguhanurira mw'Izina rya Yesu ko abakubonye mu bukene bazakubona no mubukire.

Agasozi baguseberejeho uzahambikirwa ikamba ryiza, Uzatambagizwa mu murwa uzanezerwa ubwo Imana izaba yitamuruye. Uzibuka ko nubwo Imana yakurakariraga ariko uburakari bwayo bushize.

Imana izi neza icyo izakora kugira ngo abari bagufiteho Ijambo baceceke, bamenye ko ntayindi Mana ibaho atari Uwiteka. Uzahabwa umugisha kuko Imana yica igakiza,ikura kucyavu ikicazanya nabakomeye. Uwakubonye umanuka akwitege uzamuka, uwakubonye wanyereye akwitege ubyutwa ukarabagirana, Uwakubonye warabuze akazi ategereze gato ukoresha abandi vuba
Kuko Imana ntizemera ko Urengana. 

Niba Satani akongorera ati Uragowe nawe umubwire uti singowe hagowe abatazatabarwa! Njyewe igihe cyo gutabarwa kindi bugufi kuko Igihe umucyo waziye umwijima uzabura Ijambo mubuzima bwanjye. Ndashaka kukubwira ko ntambaraga nyinshi dukoresha ngo twirukane umwijima, ahubwo iyo umucyo uje umwijima urahunga. Abagukunda bose muzaririmbana ubwo Uwiteka azaba akwibutse akaguhoza amarira!

Akira Guhumurizwa mwizina rya Yesu!


Gaudin Mission International

Tuesday 5 February 2019

IBIGANIRO BYACU NI INGENZI KU MANA Pastor Gaudin

IBIGANIRO BYACU NI INGENZI KU MANA

Malaki 3:16

Maze abubahaga Uwiteka baraganiraga Uwiteka agatega amatwi akumva,nuko igitabo kikandikirwa imbere ye cy'Urwibutso rw'abubahaga Uwiteka bakita kw'Izina rye.

Ni kenshi wicarana nabantu, mukaganira ibintu bitandukanye, mukaganira ku murimo w'Imana, mukibaza icyo mwakora kugira ngo ubwami bw'Imana bwaguke. Rimwe mukaba mubona mubikunze ariko bibakomereye, mukabitekerezaho muti ese niki twafasha itorero, niki twafasha umushumba, ese ni gute twashyigikira umurimo, twakori iki ngo Choral yacu itere imbere n'ibindi...

Ibi byose mubiganira kubera urukundo mukunze Izina ry'Imana no gukunda ko Imana yakwamamara kurushaho, aho mutuye, mugihugu no hanze, Yewe hari igihe munatekereza muti twakora iki niki, twatanga iki kugira ngo bigende neza, Twakubaka inzu y'Imana, Twakodesha bitewe nubushobozi, twafasha muburyo bwose.

Ibyo tuganira Imana irabimenya kandi ibitabo birandikwa, Akenshi Imana ntitinda mu byo dusenga itinda mubyo Tuganira. Kuko Abantu barasenga ariko baganira bakaganira amacakubiri, bakaganira ubusambanyi, bakaganira Kwiba, kugambana n'ibindi. Imana ntibumbura ibitabo kuko turimo gusenga gusa ahubwo ibibumbura iyo dutangiye kuganira nyuma Yo gusenga.

Bamwe nyuma yo gusenga baganira banegura abashumba, baganira bajya inama zo kugambana, abandi bajya inama zo guca intege abandi n'ibindi bibi, aho niho Imana imenya koko ko muyubaha! Abantu bose  bashobora gusenga bibombaritse ariko bagera aho baganirira bakavayo bakaganira bakavuga  

Ibidakwiriye  kubabakozi b'Imana. Ni keshi Inama zikorwa abantu bakabanza bagasenga ariko nyuma ukumva ngo abantu baje gusoza Inama barwanye, biterwa nibiganiro bakoze nyuma yo gusenga. Burya Ibiganiro byiza byose byubaka umurimo. Nyuma yo gusenga abantu baraganira! Nyuma yo gusenga ibiganiro byacu bikwiye kuba ibiganiro byumvikanisha kubaha Imana.

Abantu Imana iha umugisha ni abantu bagambirira ibyiza, ariko nyuma yo kugambirira Ukaganiriza abandi, muri icyo kiganiro Imana yumva uko tuyubaha maze ibitabo bikabumburwa, kugira igihe ni kigera izerekane koko ko twari abantu b'Imana.
Ibiganiro byose dukora byerekana icyo dushyigikiye. 

Hariho ibigabiro bizana amahoro, Hariho ibiganiro bitegura Intambara, hariho ibiganiro biganisha kubusambanyi, hariho ibiganiro biganisha kuma cakubiri, hariho ibiganiro bitewe n'Ishyari, hariho ibiganiro byubaka ndetse hariho n'Ibisenya. Ariko ibiganiro Uwiteka yishimira nibiganiro by'Abantu bubaha Uwiteka. Abubaha Uwiteka baganira bifuza ko Umurimo w'Imana waguka, baganira gushyigikira abatarakomera, bakaganira kwagira ubwami bw'Imana no gukomeza Umurimo mwiza mu buryo butandukanye!

Ibiganiro byawe nabo mukora umurimo umwe, ibiganiro byawe nabo mu muryango, ibiganiro byawe ninshuti bikwiye kuba ibiganiro byuzeyo kubaha Imana, kugira ngo muhabwe umugisha. Ibyo Tuganira nibyo bizana amahoro cyangwa amahane, nibyo birema kwizera bigatsinda ibihome, nibyo bimara depression, nibyo bituma tujya imigambi myiza. Ibyo uganira byose, abo muganira bose, igipimo ni ukuganira mwubaha Imana. 

Nsoza nkwibarize Ujya uganira ibiki? Nibande mukunda kuganira? Imana ikwibukiye ibyo uganira yaguhemba cyangwa yaguhana! Uyu munsi menya abo muganira, maze utangire ugire imigambi myiza. Ibyo dutekereza, nibyo tuvuga, ibyo tuvuga nibyo dukora kandi ibyo dukora nibyo bizana ingaruka mbi cyangwa nziza zatuma Imana itwibuka. Zaburi 1:1-5

Duhindure ibiganiro Tuzibukwa!
www.newseed4jesus.blogspot


Gaudin Mission International

Monday 4 February 2019

KURAMYA IMANA NYAKURI,NI UGUSUZUGURA IBYO ABANDI BUBAHA Pastor Gaudin

KURAMYA IMANA NYAKURI,NI UGUSUZUGURA IBYO ABANDI BUBAHA.

Esiteri 3:8
Hanyuma Hamani abwira Umwami Ahasuwerusi ati: Hariho Ubwoko bwatatanye bunyanyagira mu mahanga yo mubihugu utegeka byose.Amategeko yabwo ntahura nay'ayandi mahanga kandi ntibumvira amategeko y'Umwami,Ni cyo gituma ntacyo byunguye Umwami kubihanganira.

Mwebweho muri Ishyanga ryera abantu Imana yaronse kugira ngo mwamaze imirimo Y'Imana, Mu bwami twakiriye, Umwami twubaha, Imana twamenye, amategeko tugenderaho, imibereho yabemeye kwakira Yesu nk'Umwami Iba itandukanye nuko abandi babayeho.

Rimwe narimwe usanga ahantu hatandukanye tuba hari amabwiriza,amategeko atandukanye no kuramya Imana by'ukuri. Usanga abantu benshi bakurega ko utagonda ijosi kubera ko udakora nkibyo abandi bose bakora. Mubuzima Iyo tubayeho dukora nk'ibyo abandi bakora abantu baratwishimira kuko ntituba tubangamiye amategeko agenga Imibereho yabo ya buri munsi.

Uzasanga iyo umuntu yakiriye agakiza, Abo basangiraga inzoga batamureba neza, abo basambanaga batamureba neza, abo bafatanyaga kwiba batamureba neza, Abamukoreshaga imirimo y'uburetwa ivanzemo ibyaha batamureba neza kubera iki? Kuberako Ntawakeza abami babiri. Abashaka kunezeza Imana ntibyoroshye gushimisha abantu. Ni kenshi Ubuzima wisangamo uregwa kutumvira,kudaca bugufi, agasuzuguro, kwiyemera nibindi...

Ariko wakwitegereza neza Ugasanga Biterwa nuko udahuje imigenzo nandi mahanga. Niba bisaba gupfukama kugira ngo babone ko wubashye, niba bigusaba kuryamana na Boss wawe, Niba bigusaba kunyereza Imisoro, Niba bigusaba kubeshyera abandi nukomeza kuba umukiranutsi abantu benshi bazakubona nkaho usuzugura.

Ni abantu benshi batakaza akazi kubera ko bataramya ba Boss, Bibiliya Itubwira kubaha, Kubaha no kuramya biratandukanye. Kubaha hiyongeraho kubahana, kubera ko Uwubashye abandi nawe arubahwa.

Ushobora kuba uri mukaga watewe no gushaka kubahisha Imana, no kugendera ku mahame y'Imana. Wanze gupfukama, wanze gusambana, wanze kwiba no kubeshyera abandi, wanze kumvira ibibi ahubwo wemera guhamya ukuri. Ndashaka kukubwira ko ubwo wubahishije Imana igihe kiraje ngo nawe ikubahishe.

Uyu munsi nubwo hari ibiti byamanitswe byo kukubambaho, hari Inama zakozwe zo kukwirukanisha, Hari ibintu byinshi utazi, Imana Izakangura abami.

Bazakwirukana mukazi kamwe ujye mu kandi keza kurishaho katagusaba gusambana na sobuja, Katagusaba Gukora nabi. Ubuzima Urimo nukomeza kuramya Imana gusa, Izakenyuruza abami kugira ngo Igukenyeze.

Uyu munsi Ndakwifuriza gukomeza gukorera Imana.kuyiramya,kuyubaha no kuyubahisha. Nayo ndahamya ko bizatinda bigashyira kera Igatabara ubuzima bwawe kandi ikerakana gukiranuka kwawe nk'umucyo.

Komeza wubahe Imana nubwo bakurega gusuzugura izindi Mana z'ibinyoma, zimwe babaza cyangwa zabyigize ubwazo.

Imana iduhane umugisha
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

YESU NIWE MAHORO YACU, Bishop Fidel Masengo



YESU NIWE MAHORO YACU

Mika 5:4 Kandi uwo muntu azatubera amahoro. Umwashuri naza mu gihugu cyacu akaturibatira amanyumba, tuzamuteza abungeri barindwi n'ibikomangoma munani. 

Kuva kera Isi yahoranye ikibazo cy'amahoro. Kuva mu gihe cya Nowa (Itangiriro 5:29) hari ikibazo cy'amahoro. Byarakomeje mu gihe cya Mose abanyisiraheli bahanganye n'Abanyegiputa (Kuva 14 &15). Ikibazo cy'amahoro cyarakomeje kugeza none. Isi turimo ubu ifite ubukungu, ikoranabuhanga, iterambere, ibyogajuru, intwaro za kirimbuzi, ingabo zirwanira mu kirere, izirwanira mu mazi, izirwanisha intwaro z'imyuka za kirimbuzi, indege za gisirikare zitwara (drones),... ARIKO IBUZE AMAHORO.

Amwe mu masomo nize ni akurikira:

1) *Yesu niwe Mahoro isi ikeneye. Ntabwo atanga amahoro gusa ahubwo niwe mahoro yacu. Kimwe na Mika, Umuhanuzi Yesaya yarabyeretswe ni ko kuvuga ngo "Umwami w'Amahoro" (9:6). Umunsi avuka ijuru ryabihamirije mu Itangazo rigira riti "Amahoro mu isi (Luka 2 : 14). Paholo yandikira Abefeso yaravuze ngo niwe mahoro yacu (2:14).

2) Nta mahoro abaho hirya ye. Hanze ye haba agahenge. Agahenge gatandukanye n'amahoro. Habe n'abanyamerika twita ko bakomeye bafite agahenge. Abageze ku bibuga byabo by'indege bazi ukuntu babuze amahoro! Bahorana ubwoba. N'abarara mu mazu akomeye ntibayafitemo amahoro. Imitima IBUZE amahoro. Bamwe bararira ibiyobya-bwenge ngo babashe gusinzira.

3) Kuva Yesu avutse, ubutumwa tuvuga ni ubw'amahoro. Ni nabwo butumwa Yesu yaje kuvuga: Ubutumwa bw'amahoro (Abefeso 2:17). 
Ubwo butumwa nibwo nanjye nkuzaniye muri iki gitondo.

Ubuze amahoro? Umwami w'Amahoro yaraje! Ni we Mahoro ukeneye!

Umunsi mwiza kuri twese.

© Devotion posted by Dr. Fidèle MASENGO,
 Foursquare Gospel Church Kimironko




Gaudin Mission International

Saturday 2 February 2019

NTABANGA WABITSA SATANI ATAMENA! Pastor Gaudin


Hari abaririmbyi bagize bati: Ungirira Ibanga Yesu we, Bikankora ku mutima, Ibyanjye bigiye ahabona,nakorwa n'isoni......

Zaburi 145:8
Uwiteka ni umunyembabazi n'umunyebambe
Atinda kurakara afite kugira neza Kwishi.Uwiteka agirira neza bose.Imbabazi ze ziri kubyo yaremye byose.

Ubuzima bwa buri munsi abantu babayemo bahura n'ibintu bitandukanye, Cyane ho abitwa abakristo, bahura n'intambara z'umutima zo kurwana n'ibyaha no gushaka gusa na Yesu. Ariko Gushaka gusa na Yesu ntibikuraho no gutsindrwa rimwe narimwe aho batubona cyangwa aho batatubona! 

Abantu benshi babayeho mubuzima bwo gushaka gukora ibyiza, ariko nawe wisubiyemo hari indi mibereho ujya wisangamo nawe utakwishimira ndetse ikubabaza cyane. Ariko nubwo ibyo bigaragara ko nawe bikubabaza Uramutse ubibwiye abandi ko ariko ubayeho, naho nabo baba babayeho nkawe bagushyira hanze ndetse mw'isi ukabura ijambo.

Ushobora kuba nawe ubizi, amakosa wakoze wiga, amakosa wakoze murushako,amakosa wakoze mu kazi, amakosa ukora mu bihe bitandukanye, bitewe n'Impamvu zitandukanye,Ariko Imana ikaguhishira ishaka ko wazihana. Ibyo byose Imana ibikora kuko idukunda ntakindi.

Abantu ntibakwihanganira kukubona mu makosa, kuko urebye impamvu wirukanwa mu kazi si uko ari wowe mukozi mubi, ahubwo nuko ibyo wakoze byagiye ahabona, kuko hari igihe ukwirukanye aba ariwe ufite namakosa menshi. Mu mibereho yacu yaburi munsi dukwiye kwiga guhangana n'igisebo, no gucika intege

Kwiheba bizanywe nuko intege nke zacu zagiye ahabona, Naho waba uri umuyobozi, ushobora gukora amakosa, ushobora kubeshyerwa, cyangwa ukagerekwaho ibintu wumva bigoye ubuzima bwawe,ariko ndashaka kukubwira ko Imana yonyine itugirira ibanga kuburyo ibyo Twiyiziho ndetse nibyo Imana ituziho bigiye ahabona, abantu badutera amabuye! 

Nubwo abashaka kugutera amabuye baba babifitemo imbaraga, ariko nabo mu mitima yabo baba babizi neza ko impamvu bafite ishyaka ryo kukuvuga nabi, babikoresha nk'igikingiriza isoni zabo nabo zitazwi. Abashatse gutera wamugore amabuye, kuko nkeka ko harimo uwo basanye ntibabaye bakibashije kuko Yesu yagize ati utarakora icyaha ari we ubanza hano.

Njyewe nemera Kwirinda, nemera kurwanya icyaha n'imbaraga zajye zose, nemera guhora nshaka gusa na Yesu, ariko nemera ko habaho n'intege nke z'abantu kuko igituma ubuzima bukomeza nuko dukora ibyiza ariko twakora nibibi hakaba abantu biteguye kuduha andi mahirwe yo kwihana, no kwerekana ko nubwo twakoze nabi hari ibyiza byinshi bikiturimo.

Abantu benshi bananiwe n'itabi,inzoga, ubusambanyi, ubujura, muri bo barabyanga, ariko ugasanga birabagoye, bahora barira bifuza ko babivamo, Igihe cyose Imana ikiguhishiriye si igihe cyo kubikora ahubwo ni igihe cyo gusenga, gushaka inama,kwirinda ishuti mbi, kubaho uharanira gukora neza, hanyuma ugasaba Imana ikakurengera kuko Urugamba rukomeye Imana irwana nukuguhishira ngo Urwo rugo rwawe rudasenyuka, ako kazi kawe batakwirukana, iryo torero ukomeze wizerwe.



Gaudin Mission International

Friday 1 February 2019

KO UDAFITE UMUGISHA UTINYIRIKI UMUVUMO? Pastor Gaudin

Itangiriro 27:11-13
Yakobo asubiza Rebeka nyina ati"Dore Esawu mukuru wanjye ni cyoya,njyeweho umubiri wanjye ni umurembe. AHARI Data yankorakora,akamenya ko ndi Umuriganya,Nkizanira umuvumo mu cyimbo cy'Umugisha.

Aya magambo tuyasanga mugitabo twabonye haruguru, avuga inkuru zuko hari abana bagomba guhabwa umugisha, Umwe yabisabwe na se undi abisabwa na nyina. Muri ibi byose ndashaka kuza kwibanda kubwoba abantu tugira bwo gukora ibyaduhesha umugisha kubera gutinya umuvumo.

Twabanza kwibaza tuti ese koko umuntu yajya gushaka umugisha asanzwe awufite? Nonese iyo udafite umugisha uba ufite iki? Nonese iyo satani akubwiye ati nugira utya urizanira umuvumo ntaba ari ikinyoma?

Ni kenshi mubizima bwacu dutinya gutera intambwe mubyo dushaka gukora, yaba kureka akazi udashaka ushaka kwikorera, hari amajwi agusanga ati uraza kubura byose, ariko ndashaka kukubaza ese birashoboka ko wareka ikintu cyiza gusa? Igitekerezo cyo gushaka gukora ikindi kintu kizanwa nuko urambiwe ubuzima warimo.

Nibyo twakitwa gufata Risk, gufata risk rero ni igihe utera intambwe ugana murugendo utazi, ariko wizeye ko Imana yavuganye nawe. Ijwi ryasunikiraga yakobo gushaka umugisha ni ijwi rya nyina. Nyina niwe wari uzi icyo Imana yavuze ku mwana we kuko niyo mpamvu yagiharaniraga kuko umuhanuzi yari yaramubwiye ati umutwe azaba umutware wa mukuru we.

Ni kenshi kubera ko Imana izi icyo dukwiye kuba turi cyo, idusunikira gukora ibintu ariko ubwoba bukatubwira ko dushaka kwikururira ibyago n'amakuba, ariko kimwe cyo nigiye muri iki cyanditswe nuko hari igihe tuba tudafite umugisha, tukibwira ko ntamuvumo dufite, ariko Satani niwe uduheza ahantu twibwira ko utubayeho bihagije. 
Ugasanga umuntu abayeho mu byaha akumva ntacyo yabikoraho ngo atazatakaza ishuti! Ariko nubundi ishuti zo mubyaha si ishuti.

Akazi ukora utishimye, ariko ugatinya kukareka utangire wikorere, ni ikinyoma cya satani, kumana ibintu ni bibiri ni kumutwe cyangwa kumurizo, ukwiye kumenya wavutse kugira ngo ubere benshi igisubizo, ukwiye kuba umutwe mubintu Imana ikuvugaho, Kuko Imana niyo itanga amasezerano.

Ndashaka kukubwira ko Yesu niwe uturi hafi, niwe Uzi icyo Imana yatuvuzeho, ariko ubwoba butubwira ko nitwibeshya tuzapfa kandi nubundi hari igihe ubona utabayeho, igihe kimwe ABABEMBE bazaniye inkuru nziza abisiraheri bagize bati: Nituguma aha turapfa, ni tugenda byose ni ugupfa, bahitamo gusanga ingabo zabasiriya, ariko muri icyo gihe niho Imana yatereye inbwoba ingabo zabasiriya, bajyana inkuru nziza.

Ukwiye kwitekerezaho, Icyo ugomba gukora cyose ubonamo umugisha wawe ukakigerageza kuko nubundi kuko nudashaka umugisha umuvumo wo urakuzengurutse.Ukwiye kwiga gusenga kuko kudasenga nabyo ntacyo byakumariye, Ukwiye gushaka icyo ukora kuko ako kazi Urimo Nukomeza uzajya muri Pansion ntacyo ugezeho! 

Gira umwete, ntukwiriya kubaho utinya umuvumo kandi ntanumugisha ufite, Ntamuntu uvuma uwo Imana itavumye, Itaranto yawe wiyitaba kubera ubwoba abantu bagutera!

Gaudin Mission International