Thursday 23 July 2020

IKI N'IGIHE CYAWE CYO KUBAHISHA IMANA! Pastor M.Gaudin

Pastor M.Gaudin
IKI N'IGIHE CYAWE CYO KUBAHISHA IMANA!

1 Sam 2:12,17
[12]Kandi bene Eli bari ibigoryi, ntibari bazi Uwiteka. [17]Nuko rero icyaha cy'abo basore kirakomera cyane imbere y'Uwiteka, kuko cyateye abantu kuzinukwa igitambo cy'Uwiteka.

Udashoboye Kwigishwa nawe yazabasha kwigisha, Udashoboye Kuyoborwa ntawe yazabasha kuyobora, Uko biri kose Ufite Uwo Wakwigiraho Kubaha Imana ndetse Nawe Hari abakwigiraho Kuyikunda no Kuyubaha! 

Iyo Dukijijwe tuba dufite abatuzengurutse, Tuba dufite Abo Twigiraho nabandi batwigiraho, Buri wese Akwiye Kwibaza ati Ese Abanyigiraho banyigiraho Iki? Ese Abasore bandeba Banyigiraho Iki? Ese abagabo bandeba banyigiraho iki? Abagore batarakizwa se banyigiraho iki? Ubuzima bwawe Ukwiye Kumenya ko Ari Ubuhamya bugenda(Niwowe Ugaragaza ishusho Y'Imana iyo Wemeye Kwakira Kristo).

Abakozi b'Imana muri iki gihe bakwiye Kugira Imyitwarire Itarimo ubugoryi, Bakwiye Kwirinda Ibyaha, Bakwiye Kugaragaza Imana kuko benshi batarakizwa bifuza kumenya icyo wabarushije Igihe Wafataga Umwanzuro wo gukizwa! Imyitwarire y'abahungu ba Eli, Yatumaga abantu bazinukwa Imana, Gusa ndashaka kukumenyesha ko Nubwo Wazinurwa Imana Udakwiye Kuyizinukwa, kuko Kristo Niwe Ukwiye Kwigana, ukazagera Kucyigero cya Cye. 

Imana Itabare Itorero kubw'abashumba barwana, Baroga, batukana,Babeshya,Bambura, Bagambana,Imana Ibabarire Itorero ryayo Kubw'abakristo bagira Ishyari,Amahane n'Inzangano,  Iki gihe dukeneye ba Samweli, kuko Bene Eli Bishe Umurimo,batukishije Izina Ry'Imana isumba byose, icyampa njye nawe tukaba mubo Ihaye Imbaraga zo Kuyubahisha.

Ijambo ry'Imana rigaragaza neza Ko Umuntu niyiyeza akitandukanya n'ibidatunganye azaba Igikoresho kigirira nyiracyo Akamaro. Uyu munsi Urebe aho Imana yaba Ikurega Ubugoryi, Urebe aho Ikunenga Kuyizinura abandi maze Uce Bugufi Wihane maze Urababarirwa.

Imana y'Amahoro Iduhe Umutima wo Kuyubaha no Kuyubahisha, Kuko Umurage w'abizera uhishwe mukubaha Imana!


Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

Wednesday 15 July 2020

UWITEKA AKUZIHO IBYO ABANTU NDETSE NAWE UBWAWE UTIYIZIHO By Pastor M.Gaudin

UWITEKA AKUZIHO IBYO ABANTU NDETSE NAWE UBWAWE UTIYIZIHO

Abacamanza 6:12
[12]Marayika w'Uwiteka aramubonekera aramubwira ati “Uwiteka ari kumwe nawe wa munyambaraga we, ugira n'ubutwari.”

Burya Hari ibyo Wiyiziho, Hari ibyo abantu bakuziho ariko hari n"ibyo Uwiteka akuziho, Burya Abantu bari bazi ko ari Yesu mwene Yosefu W'Umubaji, Abantu bajya batumenya bakamenya n'icyiciro cy'ubudehe tubamo, Bakamenya aho dukomoka, bakamenya ko Iwanyu ntagare mwatunze, Bakemeza bashingiye no kuribyo ntacyo mwakwigezaho nyamara ibyo abantu bakuziho Sibyo bifite Ijambo rya nyuma kuri Wowe.

Hari ibyo Nawe Ubwawe wiyiziho, Mose yamenye ko Adidimanga, Yari yiyiziho intege nke ubwe yumvaga ibyo bihagije ngo Inana ishake Uzi kuvuga ariko Ibyo wiyiziho Cyangwa intege nke zawe Sizo Imana ireba kuko mwiremwa ryawe yari ifite ubushobozi bwo kuguha ibyo Udafite ariko Kuko Ikuzi kurusha uko wiyizi izi neza Ko Munetege nke zawe ariho Imbaraga zayo Zizagaragarira! 

Hari Uko Imana Ikuzi rero, Uko niko kujya gutungura abantu bari bakuzi, Kugatungura abamaze kuguciraho Iteka, kugatungura abibwiraga ko bakugurishije muri egiputa, Kugatungura abagutaye Murwibo rw'Intare, kugatungura Ba Hamani bari bamanitse igiti, Kugatungura Satani wari Uziko Yesu yaofuye nyamara akazuka. Ndashaka kukubwira ko Umugambi Imana idufiteho ariwo Ishingiraho Iduha Imbaraga mugihe gikwiye!

Sinzi Igihe Urimo gucamo ariko Ibyo Unyuramo umenyeko Imana Ukureba bitandukanye Nibyo bakuvugaho yewe nibyo wiyiziho, kuko waremeweyo mugihe gikwiriye Izerekana Ibyo yahishe muri wowe maze nawe Ubwawe Uzatangara! 

Imana Ikuziho Ubutwari, Ndetse n'Imbaraga kuburyo nawe Utabyiyiziho, Ariko Ndashaka kukubwira ngo Niwemerera Imana, Ukayiha Ubugingo bwawe Uyu munsi, Ukayiringira kugera ku munita wanyuma ntuzakorwa n'Isoni, Ntarugamba Imana ijya irwana ngo Iruvemo idatahukanye intsinzi, Iki ni igihe cyo Kongera kwiringira Imana, Ukamenya ko Wifitemo Byinshi Byagirira abandi Umumaro naho kuri wowe Wibona ndetse n'abantu bakakubona nk'udashoboye! Umenyeko Uwiteka Ariwe Ukuzi kuruta Uko wiyizi ndetse nuko abantu bakuzi! Imana Iraje Mukorane iby'Ubutwari bizibukwa n'Isi yose nkuko yakoranye Na Gidiyoni Bagatsinda abamidiyani!


Umwami Imana akwereke ibyo yakubitsemo bitume Ugira Imbaraga zo Kwizera ko Icyo yakuvuzeho kizasihora ndetse n'Umugambi we azakomeza kuwukurikirana kuri wowe.

Yesu aguhe Umugisha!

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

KWIHANA NIRYO TANGIRIRO RYO GUHINDUKA by Pastor M.Gaudin

Gaudin Mission International

KUGUMA MU BYIZERWA Pastor M .Gaudin

Gaudin Mission International

Wednesday 1 July 2020

UKWIYE KUGWIZA IMBARAGA Z'UMUTIMA WO KWIRINDA IBYAHA BIKORWA HASHAKISHWA UBUTUNZI! Pastor M.Gaudin

UKWIYE KUGWIZA IMBARAGA Z'UMUTIMA WO KWIRINDA IBYAHA BIKORWA HASHAKISHWA UBUTUNZI!
.....................................................



Ubugambanyi
Ubusambanyi
Ubwicanyi
Ubujura, .......

Ibi ni bimwe mubyaha bikorwa hakoreshejwe amafranga(Impongano). Ubona ari amafranga angahe yatuma Wirengagiza Gukiranuka n'ubumuntu, Ukaba muri ba Mpemuke ndamuke nyamara Wishuka, Kuko Uwahemutse ngo aramuke nawe hari Umunsi uba umutegereje naho we atahemukirwa! Ni angahe Wemeye?Wemer Cyangwa Wumva wakwemera?

$1000? 
$10.000?
$100.000?
$1000.000?
$10.000.000?
$100.000.000?
$1000.000.000?
.................................

Iyo Bibiliya ivuga ko Impiya ari Umuzi w'Ibibi iba ishaka kwerekana Iki? Amafranga ayoboye Imibereho ya Muntu, ndetse afite uruhare mumihindagurikire n'imyirwarire yabayafite cyangwa abatayafite mugihe Badashyize Imbere Imana.

Yaba Intambara hagati y'abantu, Amatsinda ndetse n'ibihugu, ashingira Kubutunzi(bubarwa mu mafranga)

Ibaze Imibanire yawe no gushaka ubutunzi, Tekereza Icyatuma Utakaza Ubugingo bw'iteka maze Usabe Imana imbaraga.

Ushobora kuba waremeye angahe ngo Ushnjure umunyabyaha  kandi Ubizi?

Ese Wemeye angahe kugira ngo ushinje ibinyoma abatariho Urubanza?

Wakiriye angahe Kugira ngo Uvushe amaraso atariho Urubanza? 

Wemerewe angahe kugira ngo Wiyicire Umwana?Umugore?umugabo?Umuturanyi? 

Wemerewe Angana iki Kugira ngo Ukore Ibyaha?

Ni iki wasezeranijwe Kijyanye n'Ubutunzi cyatumye Utita ku mahame yo kuba inyangamugayo ,Kugira ubumuntu,Kuvuga ukuri nibindi byiza wagombaga gukora?

Uyu munsi Ndashaka kukumenyesha ko Satani ari Umuterankunga Murugendo ruganisha abantu kurimbuka! Ntacyo atiteguye kuguha Kugira ngo Utakaze Ubusugi, Usenye Urugo,Wice cyangwa Ugambane, Ubeshyere abandi.........Ukwiye Kwanga ibihendo by'ibyaha Ukemera Kurwanya Ikibi, Ukemera Kurenganura Urengana, Ndetse Ugaharanira Kuzahagarara Imbere y'Imana wemye.

Uhemuka ntibimubuza Gupfa ndetse Ushaka gukiza amagara Ye Ntibimuhwanira no kurama. Uyu munsi Ukwiye kumenya ko Ubutunzi Urwanira Igi Ibiguzi wahawe bikuburire umumaro nk'uko Yuda wagambaniye Yesu kubice 30, bitamubujije Gupfa.

Isuzume  kuko Niba Udaharanira kubahisha Imana Muri bike yaguhaye , Satani Yiteguye Kugushoramo Imari Kugira ngo Utukishe Imana, Kuko Ubugome bwose nicyaha, kandi Icyaha nukugayisha Imana.

Nongere Nkwibarize wowe Ubona ari iki Cyagutandukanya Cyangwa Cyagutandukanije na Kristo? Ubunyangamugayo ndetse n'Ubumuntu? Uyu munsi Ndakwinginze Jugunya ibiguzi wahawe, Renganura Uwarenganye, Kwihana nyako Nukwanga Satani n'ibihendo bye Ukabimusubiza! 

Mureke Dutumbire Ijuru! Turwanye Satani nawe Azaduhunga! Mwibuke ko Uwagerageje Yesu atazananirwa Kugerageza abamwizeye(abigishwa)

Uwanyu Ubakunda kandi Ubifuriza ubugingo buhoraho n'amahoro biva ku mwami wacu Yesu Kristo no Kuri Data wa twese.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Gaudin Mission International

Monday 8 June 2020

NTARUKUMBUZI UKWIYE KUGIRIRA IBYAHA.

1 Pet 4:3-5

[3]Kuko igihe cyashize cyari gihagije gukora ibyo abapagani bakunda gukora, no kugira ingeso z'isoni nke, n'izo kurarikira no kunywa inzoga nyinshi, no kugira ibiganiro bibi no gusinda, n'imigenzo izira cyane y'abasenga ibishushanyo.

[4]Basigaye batangazwa n'uko muri ibyo mudafatanya na bo gushayisha no gukabya ubukubaganyi nka bo bakabasebya,

[5]nyamara bazabibazwa n'uwiteguye guca imanza z'abazima n'abapfuye.
..................................................................................

Ubu bakwise indindagizi, Kuko Usigaye ujyana na Madamu gusenga, bakwise Umubabiloni kuko waretse Urumogi, Bakwita inganzwa kuko Usigaye Utaha kare ngo Ubane n'umuryango aho kugirobereza mu kabari, wabaye Umuturage kuko Utakimenya Night Club igezweho, Mbese Ntukiri Sharp kuko Utakigendera mubusambanyi nandi mazina menshi bakwita kuko Wemeye Kwihana no Kwakira Umwami Yesu!

Ndashaka kukwibwirira udakwiye guterwa ipfunwe nuko wavuye Murupfu ukaba umuntu, Uyu munsi Ukomere Ushikame kuko Imana yakurobanuye mu magana menshi y'abanyabyaha Ngo Ube Ishuti yayo, Ubwo ni Ubuntu bwagukuye Hahandi wari warazimiriye, Ubuntu bwakurokoye ujye Ubuha agaciro, Bukwigishe kudakumbura ibyaha byahahise, ahubwo ubukuriremo Ugende usa na Kristo kurushaho.

Ndakwifuriza Umugisha nihirwe murugendo rwo Rwo gukizwa no Kwanga Ibyaha. Abaheburayo 1:9.

Yesu aguhe Umugisha

Pastor M.Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in


Gaudin Mission International

Wednesday 13 May 2020

IGIHE CYO GUKIZWA AMABOKO Y'ABANZI BAWE N'IKINGIKI By Pastor M.Gaudin

Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe niki.

Luka 1:74-75
[74]Ko nitumara gukizwa amaboko y'abanzi bacu,Tuzayisenga tudatinya,

[75]Turi abera dukiranuka imbere yayo iminsi yacu yose.

Imana ijya imenya abanzi b'umuntu, Imana Izi imigambi mibi abantu bakugirira rwihishwa, Iyo Uryamye yo yabona ababara bacuragura, Abaroga ndetse ijya Ikubera Mu Nama utatumiwemo, niyo Ijya itegura Imigambi yose Utegwa rwihishwa, Ijya ihangana no Gutatanya abaguye munzira Imwe, ijya inyuranya Indimi n'imigambi mibi kubuzima bwawe.

Imana Ijya Yemera Ko Unyura Mu ntamabara ariko ntizemera ko Uzitsindwa, Imana ijya igucisha mubutayu ariko Ntijya yemera ko Imyambaro yawe ninkweto bigusaziraho, Imana Imenya Abanzi bawe,Intambara zawe, ibikugoye ndetse Ikamenya nibihishwe.

*Niyo yonyine yari Izi ko Yosefu arengana igihe yaregwaga ubusambanyi

*Niyo yari ifite Ukuri Igihe Daniel yari mu mwibo w'Intare

*Niyo Yari Izi agahinda ka Hana igihe Elukana yamubonaga nkuwasinze

*Niyo yari Izi igihe Dawidi azabera Umwami nyuma y'intambara Sawuli yamugabagaho

*Niyo yarebaga Tobiya na Sanibalati igihe bacaga intege Nehemiya

Ndakubwiza ukuri ko ntagasatsi kajya kava ku mutwe itakazi, igihe Cyose imenya Igihe Izagukiriza amaboko y'abanzi.

Igihe cyose ikigushyize mu maboko y'Umwanzi iba igutoza, ibyo Ucamo rero byose bigoye ubuzima bwawe niwo mwanzi wawe, Reka kuririra ahubwo Reba neza Icyo Imana ikwigisha.

Muri gereza Yosefu yasobanuye Inzozi, bituma Akenerwa I bwami, Aho yahuriye nabakoraga Ibwami ni muri gereza, nawe icyo Ubina nka gereza gifungiyemo abakugirira umumaro, Ndakubwiza Ukuri Na Nyuma ya Zero Imana irakora.

Imana ntikorera Mugihe cyacu ariko Irakora. Dawidi yimitswe kuba Umwami nyamara byatwaye Imyaka myinshi aragira, acurangira Sawuli, Sawuli amuhiga ngo amwice nyamara igihe cye gisohoye Aba Umwami.

Reka nkubwire ngo Umunsi wakihijwe amaboko y'abanzi bawe Uzibagirwa umubabaro baguteje, Ibyo unyuramo ubu nk'Ibigeragezo nibyo Bizaguhindukira Ubuhamya bwo Gukora Kw'Imana mubuzima bwawe.

Reka Kwirwanirira, Reka Gutukana, kurakara, komeza umurava, Gira ishyaka mubyo Ukora, Shikama kurugamba Ndakubwiza Ukuri Ruzashira. 

Yesu yaje Mw'Isi, Azi neza ko azapfa,yari azi neza ko Hari igihe Umwanzi we azasa numufite mubiganza, ariko yari azi neza ko nubwo azababazwa, azabambwa kumusaraba, nubwo azapfa agahabwa, Yari azi neza ko Azazuka kandi Akima ingoma.

Mwene Data Imana iracyashyira Ikuzimu igakurayo, Ntahantu Imana itakuzura naho abantu baba baramaze kuguhamba, Hari igihe amaboko y'abantu akuvaho, Ujye Wibuka ko Ay'Imana wizeye akuriho.

Igihe Iyo kigeze Uwavugirizwaga induru avugirizwa impundu, Igihe guhindura Inmbigwari kuba Intwari, Igihe Kimika abami kikimura abandi, Imana Igiye gukoresha Ibihe, Igiti washaka gukoresha Ishoka ngo Ugiteme Imana igiye kucyigusha n'umuyaga.

Niba Wizeye Iki gitondo Umwuka wanjye arahamanya n'Uw'Imana ko Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi kigeze. 

Ugiye kwinjira mubihe byo Gusenga Imana, Gushima Imana, Byo guhamya Imana, byo Kuvuga Ineza y'Imana. Akanwa kawe kabonye inkuru, Umuhogo wawe ugiye kuzura Indirimbo, Iki si icyufuzo ahubwo numvise mpambwa iri jambo. Wowe Wizera Imana, Wowe Umaze igihe utegereje, Imana ije Gusihoza.

Hariho Igihe cyo gusezeranya Isezerano nigihe cyo kurisohoza, Kandi igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe ni iki!

Atura ugire Uti: Mwami Yesu, Ndagushimye ko nagutegereje Kandi nkaba niteguye kwakira Umugisha wanjye. Uzandinde kwibagirwa Ineza yawe ungiriye, Amen

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church/
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

LESSON ALL FISHERS OF MEN HAVE TO LEARN IN MINISTRY.

*LESSONS WE HAVE TO LEARN IN MINISTRY..*

1. Ministry is patience.

2. Ministry will test you no matter where you start from and what you start with.

3. Ministry blossoms with diligence and faithfulness.

4. Some friends will be needed at different stages but you must be ready to let go when it is time.

5. No one can succeed alone in the ministry, you need mentors & partnership.

6. Give the best at all time you are given opportunity. A well utilized opportunity can boost your ministry forever.

7. You can’t succeed in ministry without copying what has worked for others. Use only good methods after approval by the Holy Spirit to improve your ministry.

8. Some pastors will never respect your calling.

9. Some pastor friends will never accept your personality.

10. Some pastor friends will always focus on your weakness and forget what God is achieving with you.

11. You need discipline to stay alive with the word of God as a pastor.

12. There is a wisdom you will never get until the need arises in your ministry.

13. You must respect those who have gone ahead of you no matter their age.

14. We don’t use age to do ministry.

15. Your classmate can be your ministry teacher.

16. Competition is real on the ground. Up your game to stay in the game. We are fishing from the same pool.

17. Never prioritize anything above the value of a soul in your ministry.

18. Run away from Adultery, alcohol, drinking and lust

19. Put structures in place but be open hearted to the leadings of the Spirit of God.

20. Keep YOUR SECRETS TILL YOU GET A WISE LISTENER WHO NEEDS IT.

21. Every year you will lose important people in your ministry to the exodus.

22. Every year you will get some good fishes into the sheepfold.

23. Grow fast if you want to make impact in the ministry. Equipping yourself is to your own credit.

24. Holiness must be more than a desire but a life!!!!!

25. Guard your heart against money and offenses.

26. Don’t cherish preaching as guest more than staying home to feed the flock you said you love!

27. Be among the top three highest givers in your church. Pay your tithe ALWAYS!!! Redeem your pledges ALWAYS!!

28. Caring for your members is very important, pray for them, text them & visit them to ask for their welfare.

29. Humility will elevate you when others think you don’t qualify. STAY HUMBLE, STAY HUMBLE, STAY HUMBLE!!!.

30. Fasting is non negotiable element for a growing church!!!!

🕇 I felt like sharing this.
Let’s keep learning and do Jesus proud in our generation!!!

Pls send to all  men of God you know, they will surely appreciate you in response for adding value to their ministry.
(2-TIMOTHY 3 VS 16-17.)

Sunday 10 May 2020

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!By Pastor M.Gaudin

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!
Kuva 4:2
[2]Uwiteka aramubaza ati “Icyo ufite mu ntoki ni iki?”Aramusubiza ati “Ni inkoni.”

Imana izi ibintu byinshi,  dutunze byatugirira umumaro! Ibyo dufite muntoni cyangwa mu mitima, naho twebwe twaba tutabizi yo izi ibyo yaduhaye, niyo mpamvu igihe cyo ku kugirira neza nikigera izahera kubyo wasuzuguraga maze utangazwe nuko ikuyemo ikintu kinini.

Mose yatunze inkoni  yaciye  mw'ishyamba, ayimarana igihe atazi icyo izakora.....ariko igitangaje nuko mu nkoni Imana yakuyemo inzoka yariye izaba konikoni zose! ndakubwiza ukuri ko niyo nkoni yarambuye ku mazi agatana! 

Igihe cyo gutabarwa, Imana yisigarije ibisa n'Inkoni, n'ibindi mubuzima bwawe, gusa hahirwa abategereza Imana kuko yo yabishatse Igitondo cyawe cyahinduka nkuko sawuli yagiye agiye gushaka intama agasanga Imana yamutegeye mu nzira ngo abe umwami!!!!!! 

Icyo ufite ndetse nicyo uricyo ushobora kuba utabisobanukiwe, ariko Imana izi impamvu yakuremye, nimpamvu yakugize uko, impamvu yaguhuje nabantu, impamvu nkuru Yatumye ITANGA UMWANA WAYO. Imana ntizabura icyo iheraho ngo ikugirire neza Humura

Nubwo twibaza ibyo tubuze kenshi, dukwiye kumenya ko nibyo dusigaranye nabyo byasigajwe n'Imana kumpamvu zayo bwite kuko iyo bitaba uko yabishatse ntituba tukibukwa!

Imana yafashe Inkoni ya mose Iyikoresha ibikomeye, Reka nkubwire ngo Nuha Yesu ubuzima bwawe, Ntuzatinda kubona ko Afata ibisuzuguritse akabihindura iby'agaciro. Iyo igihe cy'Imana kigeze ihishura ibyari muri wowe. Iyo Twirebera mundorerwamo zacu biroroshye Kwigaya, kwiciraho iteka, bitewe nuko twireba ariko iyo Imana ije mubuzima bwacu ibasha kudukoresha ibikomeye. Mose wibonaga nkutazi kuvuga, inkoni yarebaga nk'igiti gisanzwe yaje kuvamo inkoni y'igitangaza.

Akanwa K'abakuvugiriza induru nibo Imana ishobora kuzakoresha bakuvugiriza Impundu, Niyo mpamvu Ukwiye kwiringira Imana kugeza Ubonye Umwuzuro w'amasezerano. Ibyo ubona niba bidasa n'umugambi w'Imana nturambirwe gutegereza Imana.

Ndakwifuriza Itsinzi iturutse mu kuboko kw'Imana kubuzima bwawe.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Founder/Newseed


Gaudin Mission International

Wednesday 29 April 2020

UMURIMO W'UBUNTU WEREKANA IMANA N'UBUMUNTU, Pastor M.Gaudin

UMURIMO W'UBUNTU WEREKANA IMANA N'UBUMUNTU.

2Abakorinto 9:12-13

[12]Kuko uwo murimo wo kugabura utamara gusa ubukene bw'abera, ahubwo utera benshi guhimbaza Imana,

[13]bayihimbaza ku bw'ubuhamya bw'uyu murimo mwitangiye, mukemera kugandukira ubutumwa bwiza bwa Kristo, mukagira ubuntu bwinshi bwo kubafasha no gufasha abandi bose.
.......................................
Hari indirimbo bajyaga baririmba, bati: Gira ubuntu nawe gira Ubuntu, Gira ubuntu nyakugira ibintu, Gira ubuntu ndakwinginze, Gira ubuntu wagiriwe ubuntu....

Ntacyo dufite tutahawe, Niyo mpamvu Iyo Turamburiye ibiganza abakeneye ubufasha bwacu, bibaremera ishimwe. Uyu munsi ushobora kuba warahiriwe nyamara kera Waratekerezaga ko bitazashoboka, Niwibuka ibyo Uzirikane ko hari abakubona nkuwabagirira umumaro,mugihe nk'iki Ubuntu bwawe butere benshi guhimbaza Imana, Ntiwafasha bose ariko hari abo wafasha. Imana ntizatubaza abo tutari duahoboye gufasha izatubaza bijyanye nibyo twari duahoboye kuko niyo izi ubushobozi bwacu aho bugadukira. Kuko niyo Iduha Imbuto zo kubiba, Umutsima wo kudutunga ikawutumenyera. 

Ubu ibihugu, Imiryango n'abantu barasiganirwa gutanga inkunga, Bamwe bagamijwe kubahwa kurishaho niyo mpamvu bamwe bahamagara abanyamakuru,abandi inkunga bakayandikaho cyangwa bagashyiraho amafoto yabo nibindi..., Ariko Ndakwinginze Wowe nutanga Uzabe Ugamije kumenyekanisha ineza y'Imana no kwitura Imana ubuntu wagiriwe, Kumenyekanisha Ubwami bw'Imana! Utere benshi guhimbaza Imana aho kuguhimbaza, no kukuramya.

Imana Yiteguye kuguha umugisha, Nawe Ukwiye kwitegura Kuyibera Ukuboko kurambuye kubandi. Ivugabutumwa rikomeye Si amasengesho nibyanditswe gusa, Kugira Ubuntu ni imitekerereze y'Ubwami.

Ibyo dukorera abato muri twe, Tuba tubikoreye Imana. Reka tube maso muri iki gihe buri mwe arebe abamuzengurutse bifuza guhazwa nibiva ku meza yacu ubwa Razaro na wamutunzi.

Uyu munsi Uwo usengera ngo Imana imukorere igitangaza, Cyangwa ngo Imana imuhe ibyo kurya, wasanga Imana ikeneye wowe ngo imwiyereke! Imirimo myiza yacu ni ibitangaza by'Imana kubo twagiriye neza.

Ubuntu bubane namwe n'amahoro Kristo atanga bituganze! Tubyaze amahirwe dufite muri ibi bihe twitoze kugira neza no kugira Ubuntu.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church
Founder/NewSeed

Gaudin Mission International

Sunday 26 April 2020

INTWARO 7 SATANI AKORESHA AKAMURA KWIZERA IMANA MW'ISI. By Pastor M. Gaudin

INTWARO 7 SATANI AKORESHA AKAMURA KWIZERA IMANA MW'ISI. 

Rom 8:35
[35]Ni nde wadutandukanya n'urukundo rwa Kristo? Mbese ni amakuba, cyangwa ni ibyago, cyangwa ni ukurenganywa, cyangwa ni inzara, cyangwa ni ukwambara ubusa, cyangwa ni ukuba mu kaga, cyangwa ni inkota?

1.Amakuba
2.Ibyago
3.Kurenganywa
4.Inzara
5.Kwambara ubusa
6.Kuba mukaga
7.Inkota

Ibi bintu uko ari birindwi twavuga ko bigize itotezwa rikorerwa umuntu wese kwisi, bikorwa na Satani, akoresheje bagenzi bacu,ibihe, nibindi byose kugeza kurupfu. 

Satani ntamuntu akiza abo abwira ngo nibamuramya azabakiza ntabikora iyo umaze kumuramya arushaho kugutoteza, Satani agukangisha imibabaro kugira ngo wihakane Imana wamara Kwihakana Uwakakurengeye Satani akagutoteza Iteka.

Mubihe bitandukanye abizera Imana, na Kristo bagiye basabwa kwihakana Yesu, guhakana Ijambo rye, guhakana Imana yaremye Ijuru nisi, Satani yakoreshaga abantu bagatoteza abandi, bakabicisha inzara,  bakabakubita,  bakabahemukira kugeza babishe bakavanwa mumubiri, kuko ibi byose twabonye nintwaro zo kugamburuza kwizera. 

Ibi byose bijya bigera kubantu kandi bigamije gutuma abantu bihakana Imana ariko Yesu yasize avuze ati Mwisi mugira Imibabaro ariko muhumure nanesheje isi. Hahirwa Uwihangana akageza imperuka, Uwo ntacyo azatwarwa n'urupfu rwa Kabiri. Ntimugatinye Uwica Umubiri ahubwo mutinye ubasha kurimbura ubugingo. Komera Ntugamburuzwe nibyo Satani akugerageresha numara gutsinda Uzambikwa Ikamba ritangirika. 

Paulo yagize ati Niki cyadutangukanya nurukundo rwa Kristo, avuga biriya byose ntiyari yirengagije ko aribyo bigira uruhare mugutoteza abantu ahubwo yashakaga kwerekana Imbaraga zikomeye zituma tudakurwa umutima nibyo ahubwo dushira amanga tukabasha guhagarara Mugihe cyose duhuye nibiruhanya byuburyo butandukanye. 

Amahoro n'ubuntu Kristo atanga bibe muri mwe!

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church/Founder,Newseed.

Gaudin Mission International

Saturday 25 April 2020

UBWOKO 4 BW'ABUMVA IJAMBO By Dr Fidel MASENGO

UBWOKO 4 BW'ABUMVA IJAMBO
————————————
Nifashishije icyanditswe kiri muri Matayo 13:18 aho Yesu yasobanuye umugani w'umubibyi.

Icanshimishije ni ukuntu Yesu yagaragaje ko ababwirwa bose atariko bumva, ko abumva bose atariko baba bumvise koko, ko 'abumvise bose bataba basobanukiwe.
Ndetse ko n'abasobanukiwe bose Ijambo ritabaha kwera imbuto (kubahindura).

✅ Umutima ugereranywa n’ubutaka bwo ku nzira (ku muhanda). Nta bubiko uwo mutima ugira bw'ijambo. Ni indangare. Iyo riwugezemo ntiritindamo! Wumva ijambo ritambuka! Ba numva rihita! Utekereza ko yari mu materaniro ariko wamubaza ibyavuzwe ati twafashijwe. Mwafashijwe n'iki? Ati uno munsi hari umunezero! Ati higishijwe iki ntabwo mbyibuka neza. Akubwije ukuri yavuga ko ntacyo yumvise! Bahaba badahari!

✅  Umutima umeze nk’ubutaka bw'urutare/ akara. Wakira ijambo unezerewe (nawe arafashwa/ rikora ku marangamutima). Akiva aho yaryumviye ararivuga, akaritangaho ubuhamya. Bene aba bantu iyo muhuye bavuye mu materaniro bakubuza amahoro bagusubiriramo. Ariko bafite ikibazo cy'imizi. Babwiriza ku cyaha akumva aribyo ariko yahava akabura imbaraga zo kukireka. Bafata ingamba ninshi zo gukora ibyo ijambo rivuga (Noneho nzanjya ntanga 1/10, ndareka inzoga, ndagabanya amagambo mvuga, sinzongera kujya ndakara,...ariko hashyira iminsi 3 cg icyumweru ugasanga yasubiyemo mu buzima bwa mbere y'Ijambo! Ni ku kara. Nta butaka bw'Ijambo! Ntahamye! Ntiyakomera adashinze imizi!

✅ Umutima umeze nk’ubutaka bwamezeho amahwa. Ijambo riwugeramo. Rishinga imizi, rikamera. Araryumva kandi yagize amahirwe yo guhabwa inyigisho z'urufatiro ariko ikibazo cye ni "environment" akoreramo. Ijambo  ritangira gushora imizi, nyiri kuryumva agaterwa n'ibibazo bimutera guhuga,  amaganya yo muri ubu buzima! Mbese ribura uburyo ryisanzura. Aba bantu turabatunze mu matorero. Bazi neza ukuri kw'ijambo ariko ntibemera ko kubahindura. Baravanga! 

✅ Umutima ugereranywa n’ubutaka butunganye. Ugereranywa n'ubutaka buteguwe neza, bufumbiye kandi bubagariwe. Uyu mutima wahinduwe n'ijambo. Urumva kandi ugashyira mu bikorwa. Imbuto y'Ijambo yose iwugezemo irawuhindura, kandi impinduka igaragarira wese. Uku niko kwera imbuto: urukundo, ubugwaneza, ingeso nziza, kwihangana...

Nyuma yo kumva iyi mitima wisanze he? Isuzume numara usabe ko Imana ihindura umutima wawe.

Mugire umunsi mwiza mwese! 

©️📩Devotion shared by Dr. Fidèle MASENGO, Foursquare Gospel Church Kimironko



Gaudin Mission International

Friday 24 April 2020

UBWOKO BUTATU BW'ABANTU BABA MUNSENGERO BATAZAZINJIRA MU BWAMI BW'IMANA. Pastor M. Gaudin

Yuda 1:11
[11]Bazabona ishyano kuko bagendeye mu nzira ya Kayini, bagahomboka birukanka batirinda, bakiroha mu cyaha cya Balāmu bohejwe n'ibiguzi, bakarimbukira mu bugome bwa Kōra.

Si rimwe si kabiri Imana iburira abantu kureka Ibyaha, kuko ntacyiza cyibyaha uretse kurimbuza ubungingo bwababyihebeye,  Uwiyegurira gukora nabi ntibimurinda nubwo yarara Ahiga abo yica nawe, azamera nk'igiti kigwa nawakigeze intorezo! Uwicisha abandi inkota nawe azayicishwa,  Muri make reka mvuge ko dukwiye Kwirinda Ibyaha kuko ntibibasha kurengera ababikora uretse kurimbuza ubugingo bwabo!

1.Abagendera Mu Nzira ya Kayini: Aba ni abantu bahiga ubugingo bwabagenzi babo, babaziza ubusa,Ishyari....Ni abantu bashimishwa no kumena amaraso Gusa,bica umuhisi numugenzi,  kuko ntibaziza abandi ibyo batunze, kuko aba rwose bica umukene umukire,  umusore numusaza,  aba ni abantu bihebera Uburozi, cyangwa kumena Amaraso, aba nubwo baziko batazaragwa ubwami bw'Imana bashobora no kuba munsengero bajijisha! 

2.Abantu biroha mucyaha cya Balamu: Balamu yari azwi nkumuntu wakwatura ikintu kikaba, ariko yakoreshwaga nibiguzi, akavuma abantu niyo mpamvu Yamutumyeho ngo amuvumire ubwoko bw'Imana, aba Bantu ubasanga ari abanyempano ariko bazikoresha bahemukira abantu Kurusha abo bagirira neza,kuko Imitima yabo iba Ishaka ubutunzi bahora biteguye guhemuka nubwo baba baziko ibyo bakora ataribyo,  balamu nubwo Imana yamubuzaga kuvuma ariko  we nicyo cyari cyamuzanye, Ndetse mubyahishuwe berekana ko Balamu ariwe watumye ubwoko bw'Imana bugwa mucyaha cyubusambanyi! Aba banyempano nibo bakwirakwiza imyuka mibi mumatorero bikazanira itirero kugawa, kuko aho gukoresha impano munyungu z'umurimo bakoresha ubwo bubasha munyungu zabo cyangwa kurinda ibyabo, akenshi ntibatandukanywa nabarozi kuko nubwo baba batica bagira ururimi rwatura Umuvumo Kubatariho urubanza cyangwa abo batiyumvamo aho kwatura Umugisha, reka ariko nkumare impungenge,  Igihe cyose umugisha cyangwa umuvumo bakwatuyeho,  bizagira ingaruka bitewe nuko ubanye n'Imana kuko umuvumo wubusa utumuka nk'umuyaga. 

Nubwo babizi ko batazaragwa ubwami bw'Imana babayeho munyungu zabo, abo rero bakoresha amarangamutima yabo mugukoresha Impano z'Imana kandi bariho benshi,  nawe,ushobora kuba Uheruka guhura Nabo.

3.Abantu bagira Ubugome nkubwa Kora: Mugihe abisirihali Bari mubutayu Kora nabagenzi be bigimetse kuri Mose, Aba Bantu bameze batya baba mumatorero bateza intambara baba barwanira icyubahiro ngo bashaka kuyibora,  bashaka ama title, cyangwa ibindi, bigomeka bidafite impamvu babiterwa nubugome, aba basenya amatorero, bahimba ibinyima, bateranya abavandimwe cyangwa umugore numugabo,  bahorana amakimbirane kubijyanye n'ubuyobozi bwatoranyijwe n'Imana! 

Aba ntibatinya Gushaka Uwabimika kubw'apotre kubu bishop, ubu Pastor naho baba batanze amafranga aho gutiranywa n'umwuka w'Imana bo ubwabo barwanira gutoranywa, kuburyo iyo Utabikoze nkuko babishaka baragumuka.  Ahari nawe urabazi bashinze amatorero nazaministere babitewe nuwo mwuka Wa Kora. 

Ibi byaha byose birakorwa kandi ikibabaje bikorerwa Ahera, Niyo  mpamvu Uzumva Abashumba cyangwa abiyita a b a Kris to,  bashijwa Ubwicanyi, Uburozi,Cyangwa Kwigomeka!  

Reka nkubwire ko Imana igenzura Imitima ariyo Imenya neza abantu nibyo bakorera mu murimo, Izi neza ibyo ukora nuko ubikora ndetse n'impamvu ubikora.  Imenya ibihishwe ndetse nibyo abantu batamenya kuko ibikorwa byose bibi bikorerwa mw'ibanga cyangwa mu mayeri akomeye.  Niyo mpamvu Imana izaca imanza,  kuko abantu Ntitwabasha guca Imanza zitabera,  kubera ko ntituba dufite amaso areba mu mitima nk'Imana. 


Imana Izi abarozi muturanye nubwo wowe utabazi,  Imana Izi abashumba biyimitse nubwo wowe utabazi,  Imana Izi amagambo bakwaturaho utambutse nyamara bagusuhuje baseka, Niyo mpamvu ukwiye kurushaho kuyiringira. 


Ibi byose mbabwiye nukugira ngo abizera Imana byukuri mushire amanga kuko Gushira Amanga kwanyu ni ikimenyetso cyo kurimbuka kwababandi biyitirira Izina ry'Imana, Nikoko ngo bashobora no kwisanisha nabamalayika b'umucyo nyamara ari inkozi z'ibibi. 

Kwihana Niko kuzana agakiza,  Guhemuka ntibizarengera Umuhemu Mugihe cyo gusumirwa n'amaboko y'Imana. 

Torero ry'Imana,  mukumbi mugari w'Imana,  tugeze mubihe bigoye ariko bishoboka ko twakwezwa kurushaho kuko utejejwe atazabona Imana. mwibuke ko abavuga ngo mwami mwami,twakoraga ibitangaza nibindi mwizina ryawe azababwira ko atigeze abamenya, kuko bakoresha Brand ya Yesu  munyungu zabo bwite!!!


Imana ibahe umugisha

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church/Founder,Newseed.

Gaudin Mission International

Monday 13 April 2020

YADUTUNGIYE MU MAKUBA YACU KUGIRA NGO TUZAGIRE ABO DUTUNGIRA MU MAHORO YACU.(Pastor M. Gaudin)

2 Samweli: 9:3
Umwami aramubaza ati “Harya nta wukiriho wo mu nzu ya Sawuli ngo mugirire imbabazi z'Imana?”

Ineza Yose Imana yatugiriye n'uburinzi yadushyizeho, muntambara, munzara, mubukene, mubushomeri, mubyago, mumakuba n'ibindi,  yashakaga ko mugihe nk'iki Tugira abo tubera umugisha muburyo bumwe cyangwa ubundi. 

Ibyo Imana yagutungishije mubutayu naho wibwira ko bitari bihagije nibyo byari bikenewe Cyane icyo gihe kuruta ibyo warurakiriye, kuko ntamuntu watungwa n'ibiryo ararikiriye adafite ahubwo atungwa nibyo Agaya Bimuri iruhande, Ujye ushimira Imana ibyo Ufite mugihe utegereje ibyo urarikiriye kuko Imana  niyo iha Umubibyi imbuto n'Umutsima wo kumutunga mugihe agitegereje umwero w'ibihe bizaza! 

Ibyo Imana yagutungishije byasaga nibidahagije mubihe bikomeye nibyo byagusunitse kugeza Muri iki gihe ufite ibihagije,  numara kurya ibyo wahinze ntuzibagirwe ko wigeze gutungwa na Manu cyangwa ngo wibagirwe ibikona byakuzaniraga umutsima ndetse nakakagezi wavomeragaho Muri cyagihe Karuta amariba wifukuriye mugihe cy'amahoro. Akagezi wavomeragaho mugihe cy'amakuba Karuta amariba wafukuye mugihe cy'amahoro, ntukibagizwe Imana nibihe byiza Ugezemo, ahubwo ujye Uyihimbariza ko Mubutayu yaguhaye amazi unyotewe. 

Imana yagutungiye munda ya Mama wawe, ntukayibagizwe Nuko Umaze kuvamo Umugabo w'intarumikwa,  ujye wibuka ko Hari ibihe wanyuzemo Uri Uruhinja rubeshejweho n'impuhwe z'abandi, bizakurinda guhutaza abahwanyije nawe ibigango aho kubahohotera witwaje Imbaraga ubarusha,  Uzabarengera mu makuba nk'uko nawe ukiri Uruhinja warengewe na benshi,  ushobora kuba ugeze aho, warahungishijwe Nka Yesu, ushobora kuba warahishwe nka Mose,Igihe cyawe cyo kugira Umumaro abanyantege nke,  ntikigahundukire Igihe Cyo guhutaza abo Uzirusha, no Gusuzugura abatarahirwa nkawe. 

Uwo Imana yagaburiye mu bihe by'amakuba, niwe ukwiye kugaburira abandi mugihe nk'iki, Uwo Imana yarokoye akwiye kurokora abandi,Uwo Imana yatabaye akwiye gutabara abandi, Uwo Imana yahaye Umugisha akwiye kugira abo abera umugisha, Reka nkubwire ko mugihe wari ukeneye Umutabazi, uwaguha amazi cyangwa ibyo kurya, Imana yahagurukije umuntu ku bwawe,Uyu munsi niguhagurutsa ku bw'abandi uyumvire kuko Nikenshi dusaba ngo Imana ikorere abandi ibitangaza yabuze abakwemera ko ibibakoresha! Igitaza cy'undi gihishwe mukiganza cyawe, nkuko igitangaza cyawe cyigeze guturuka mukiganza cy'abandi. 

Kwibuka Ineza y'Imana bituma tutikubita kugatuza,  ndetse bituma tutaba nka wa Mugani ngo Ukize ububwa abakubitira abandi"ahubwo twibuka mu gihe cyo gufashwa kuzifasha ko Imana yahabaye, natwe rero dukwiye guhaguruka tugakomeza abandi mubyo tumaze gukomeramo! Kuko Niko kuzirikana ko kubaho kwacu Imana yabigizemo uruhare!  
Ushobora kuba umaze kugwiza Imbaraga z'umutima, Ushobora kuba Umaze kugwiza Imbaraga z'Umubiri, ushobora kuba umaze kugwiza Imbaraga z'amafranga, ushobora kuba Umaze kugwiza Imbaraga zo gusenga, cyangwa Ikindi cyose cyafatwa nk'icyo urusha abandi! Si Igihe cyo kwikubita kugatuza ahubwo nigihe cyo Kugira abo wereka Imbabazi z'Imana, kuko nawe wazeretswe mu bihe bitandukanye! 

Imana Iguha umugisha,kugira ngo Numara gukomera Ukomeze abandi.Kuko icyo urusha abandi sicyo kubakandagiza ahubwo nicyo kubafashisha kubwo kwibuka ineza y'Imana wagiriwe! Uyu munsi ushobora kuba uvuga uti icyampa nkabona wawundi wangiriye neza kuko uwakuriye neza wese ahari Siko wamushaka ngo umubone, ariko nawe wagirira ineza utakuzi nkuko uwayikugiriye Atari akuzi!

Imbaraga zawe ujye uzikomeresha abandi mu ntege nke zabo, kugira ngo muntege nke zawe uzabone abagumeza mugihe cy'imbaraga zabo! Ihame nuko Imana idukomeza mu makuba yacu kugira ngo mu gihe cy'amahoro yacu Tuzakomeze Abari mu kaga nkako twabayemo!

Imana iguhe umugisha wo kubera abandi umugisha. 

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church&Founder/Newseed

Gaudin Mission International

NI WOWE UZOMORA ABAGUKOMEREKEJE! (Pastor M. Gaudin)

Itangiriro: 50:20

Ku bwanyu mwari mushatse kungirira nabi, ariko Imana yo yashakaga kubizanisha ibyiza, kugira ngo isohoze ibi biriho none, ikize abantu benshi urupfu.

Ni kenshi abantu baca mubibazo, mu ntambara cyangwa Imanza bashowemo n'abandi, ni kenshi mubuzima, Ubugambanyi kubeshyerwa no guhimbirwa ibyagucisha umutwe bikorwa n'abantu batandukanye, batakwifuriza ibyiza cyangwa bagufitiye ishyari ryibyo wagezeho cyangwa bakakuziza yewe niyererwa cyangwa inzozi zitarasohora! 

Ibi byose byabaye Kuri Yosefu ubwo yangagwa nabenese, bakamugirira Ishyari kubera inzozi yagiraga maze nawe akazibarotorera numutima mwiza atazi ko bamugirira ishyari yewe no kubintu bitaraba,  ibi byose byamuviriyemo kugurishwa nk'umucakara mugihugu cya egiputa!

Ibi byose nubwo byabaye ntibyabujije umugambi w'Imana gusohora, nubwo Bari baziko azapfa ntiyapfuye, umugambi w'Imana waje gusohora kuko Imana ntibeshya. Yobu yagize ati:Nziyuko ushobora byose, kandi ntakibasha kurogoya umugambi wawe Yobu 42:2.

Intambara zose dawidi yanyuzemo ntibyamubujije kuba Umwami,  Imibabaro no gufungwa ntibyabujije Yosefu kuba ukomeye Muri Egiputa,  Ibirego bya Satani ntibyabujije yobu kugororerwa ibiruseho, Imyaka aburahamu yamaze ari ingumba ntibyamubujije kuzaba sekuruza wabizera, nubwoko bwa Isiraheli,  Amagambo ya Penina ntiyabujije Hana kugira Abana. 

Imana idukiza muri ayo makuba yose kugira ngo Nimara kutwomora, twomore abadukomerekeje! Niwowe Yosefu Muri iki gihe no mugihe kizaza! Usubije Amaso inyuma wasanga Imana yarahabaye, kuburyo Imigambi mibi y'Umwanzi itasohoye. 

Ikindi nakubwira niba haribyo unyuramo ubu umenye ko Imana izasohoza icyo yakuvuzeho,  waca mubikomeye, wakomeretswa nabantu, umenyeko igihe kizagera,  Ibyo unyuramo bigukomeretsa nibyo bizagufasha komora no kugirira neza Benshi. Komeza Wizere Imana itajya ineshwa.

Uwagambaniye Yesu yari aziko birangiye,  abamushanyaguriye Bari baziko Imana yamuretse,  abamubambye Bo bati Niba ari Umwana w'Imana niyikure kumusaraba,  abamushyize mugituro, nubwo bakirindishije abasirikare ntibyamubujije kuzuka,Inkuru yamamara hose Yuko Yazutse!  Natwe turi abagabo bo guhamya Ineza twabonye kuko Yazutse!

Kuri iyi Pasika, Imana izure ibyawe, ntiyemere ko Abamaze Kuguciraho iteka ry'Imigambi mibi baririmba intsinzi. Satan,Abadayimoni,Isi bimenyeko Yesu wawe atakiri mumva! "Hari indirimbo igira iti: Niwowe mugaba dufite,Dukubitire Satani" 

Mbifurije Pasika Nziza! 

Pastor M. Gaudin
New Jerusalem Church


Gaudin Mission International

Kurikira inyigisho ya Pasika(Pastor M. Gaudin)

Gaudin Mission International

Dutanga ihumure Twahawe na Yesu(Pastor M. Gaudin)

Gaudin Mission International

Mwihane kuko Ubwami bwo mw'ijuru buri Hafi (Pastor M.Gaudin)

Gaudin Mission International