Wednesday 13 May 2020

IGIHE CYO GUKIZWA AMABOKO Y'ABANZI BAWE N'IKINGIKI By Pastor M.Gaudin

Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe niki.

Luka 1:74-75
[74]Ko nitumara gukizwa amaboko y'abanzi bacu,Tuzayisenga tudatinya,

[75]Turi abera dukiranuka imbere yayo iminsi yacu yose.

Imana ijya imenya abanzi b'umuntu, Imana Izi imigambi mibi abantu bakugirira rwihishwa, Iyo Uryamye yo yabona ababara bacuragura, Abaroga ndetse ijya Ikubera Mu Nama utatumiwemo, niyo Ijya itegura Imigambi yose Utegwa rwihishwa, Ijya ihangana no Gutatanya abaguye munzira Imwe, ijya inyuranya Indimi n'imigambi mibi kubuzima bwawe.

Imana Ijya Yemera Ko Unyura Mu ntamabara ariko ntizemera ko Uzitsindwa, Imana ijya igucisha mubutayu ariko Ntijya yemera ko Imyambaro yawe ninkweto bigusaziraho, Imana Imenya Abanzi bawe,Intambara zawe, ibikugoye ndetse Ikamenya nibihishwe.

*Niyo yonyine yari Izi ko Yosefu arengana igihe yaregwaga ubusambanyi

*Niyo yari ifite Ukuri Igihe Daniel yari mu mwibo w'Intare

*Niyo Yari Izi agahinda ka Hana igihe Elukana yamubonaga nkuwasinze

*Niyo yari Izi igihe Dawidi azabera Umwami nyuma y'intambara Sawuli yamugabagaho

*Niyo yarebaga Tobiya na Sanibalati igihe bacaga intege Nehemiya

Ndakubwiza ukuri ko ntagasatsi kajya kava ku mutwe itakazi, igihe Cyose imenya Igihe Izagukiriza amaboko y'abanzi.

Igihe cyose ikigushyize mu maboko y'Umwanzi iba igutoza, ibyo Ucamo rero byose bigoye ubuzima bwawe niwo mwanzi wawe, Reka kuririra ahubwo Reba neza Icyo Imana ikwigisha.

Muri gereza Yosefu yasobanuye Inzozi, bituma Akenerwa I bwami, Aho yahuriye nabakoraga Ibwami ni muri gereza, nawe icyo Ubina nka gereza gifungiyemo abakugirira umumaro, Ndakubwiza Ukuri Na Nyuma ya Zero Imana irakora.

Imana ntikorera Mugihe cyacu ariko Irakora. Dawidi yimitswe kuba Umwami nyamara byatwaye Imyaka myinshi aragira, acurangira Sawuli, Sawuli amuhiga ngo amwice nyamara igihe cye gisohoye Aba Umwami.

Reka nkubwire ngo Umunsi wakihijwe amaboko y'abanzi bawe Uzibagirwa umubabaro baguteje, Ibyo unyuramo ubu nk'Ibigeragezo nibyo Bizaguhindukira Ubuhamya bwo Gukora Kw'Imana mubuzima bwawe.

Reka Kwirwanirira, Reka Gutukana, kurakara, komeza umurava, Gira ishyaka mubyo Ukora, Shikama kurugamba Ndakubwiza Ukuri Ruzashira. 

Yesu yaje Mw'Isi, Azi neza ko azapfa,yari azi neza ko Hari igihe Umwanzi we azasa numufite mubiganza, ariko yari azi neza ko nubwo azababazwa, azabambwa kumusaraba, nubwo azapfa agahabwa, Yari azi neza ko Azazuka kandi Akima ingoma.

Mwene Data Imana iracyashyira Ikuzimu igakurayo, Ntahantu Imana itakuzura naho abantu baba baramaze kuguhamba, Hari igihe amaboko y'abantu akuvaho, Ujye Wibuka ko Ay'Imana wizeye akuriho.

Igihe Iyo kigeze Uwavugirizwaga induru avugirizwa impundu, Igihe guhindura Inmbigwari kuba Intwari, Igihe Kimika abami kikimura abandi, Imana Igiye gukoresha Ibihe, Igiti washaka gukoresha Ishoka ngo Ugiteme Imana igiye kucyigusha n'umuyaga.

Niba Wizeye Iki gitondo Umwuka wanjye arahamanya n'Uw'Imana ko Igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi kigeze. 

Ugiye kwinjira mubihe byo Gusenga Imana, Gushima Imana, Byo guhamya Imana, byo Kuvuga Ineza y'Imana. Akanwa kawe kabonye inkuru, Umuhogo wawe ugiye kuzura Indirimbo, Iki si icyufuzo ahubwo numvise mpambwa iri jambo. Wowe Wizera Imana, Wowe Umaze igihe utegereje, Imana ije Gusihoza.

Hariho Igihe cyo gusezeranya Isezerano nigihe cyo kurisohoza, Kandi igihe cyo Gukizwa amaboko y'abanzi bawe ni iki!

Atura ugire Uti: Mwami Yesu, Ndagushimye ko nagutegereje Kandi nkaba niteguye kwakira Umugisha wanjye. Uzandinde kwibagirwa Ineza yawe ungiriye, Amen

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church/
www.newseed4jesus.blogspot.in

Gaudin Mission International

LESSON ALL FISHERS OF MEN HAVE TO LEARN IN MINISTRY.

*LESSONS WE HAVE TO LEARN IN MINISTRY..*

1. Ministry is patience.

2. Ministry will test you no matter where you start from and what you start with.

3. Ministry blossoms with diligence and faithfulness.

4. Some friends will be needed at different stages but you must be ready to let go when it is time.

5. No one can succeed alone in the ministry, you need mentors & partnership.

6. Give the best at all time you are given opportunity. A well utilized opportunity can boost your ministry forever.

7. You can’t succeed in ministry without copying what has worked for others. Use only good methods after approval by the Holy Spirit to improve your ministry.

8. Some pastors will never respect your calling.

9. Some pastor friends will never accept your personality.

10. Some pastor friends will always focus on your weakness and forget what God is achieving with you.

11. You need discipline to stay alive with the word of God as a pastor.

12. There is a wisdom you will never get until the need arises in your ministry.

13. You must respect those who have gone ahead of you no matter their age.

14. We don’t use age to do ministry.

15. Your classmate can be your ministry teacher.

16. Competition is real on the ground. Up your game to stay in the game. We are fishing from the same pool.

17. Never prioritize anything above the value of a soul in your ministry.

18. Run away from Adultery, alcohol, drinking and lust

19. Put structures in place but be open hearted to the leadings of the Spirit of God.

20. Keep YOUR SECRETS TILL YOU GET A WISE LISTENER WHO NEEDS IT.

21. Every year you will lose important people in your ministry to the exodus.

22. Every year you will get some good fishes into the sheepfold.

23. Grow fast if you want to make impact in the ministry. Equipping yourself is to your own credit.

24. Holiness must be more than a desire but a life!!!!!

25. Guard your heart against money and offenses.

26. Don’t cherish preaching as guest more than staying home to feed the flock you said you love!

27. Be among the top three highest givers in your church. Pay your tithe ALWAYS!!! Redeem your pledges ALWAYS!!

28. Caring for your members is very important, pray for them, text them & visit them to ask for their welfare.

29. Humility will elevate you when others think you don’t qualify. STAY HUMBLE, STAY HUMBLE, STAY HUMBLE!!!.

30. Fasting is non negotiable element for a growing church!!!!

🕇 I felt like sharing this.
Let’s keep learning and do Jesus proud in our generation!!!

Pls send to all  men of God you know, they will surely appreciate you in response for adding value to their ministry.
(2-TIMOTHY 3 VS 16-17.)

Sunday 10 May 2020

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!By Pastor M.Gaudin

IGIHE NIKIGERA, ICYO UFITE UZISANGA ARICYO N'UBUNDI WARUKENEYE!
Kuva 4:2
[2]Uwiteka aramubaza ati “Icyo ufite mu ntoki ni iki?”Aramusubiza ati “Ni inkoni.”

Imana izi ibintu byinshi,  dutunze byatugirira umumaro! Ibyo dufite muntoni cyangwa mu mitima, naho twebwe twaba tutabizi yo izi ibyo yaduhaye, niyo mpamvu igihe cyo ku kugirira neza nikigera izahera kubyo wasuzuguraga maze utangazwe nuko ikuyemo ikintu kinini.

Mose yatunze inkoni  yaciye  mw'ishyamba, ayimarana igihe atazi icyo izakora.....ariko igitangaje nuko mu nkoni Imana yakuyemo inzoka yariye izaba konikoni zose! ndakubwiza ukuri ko niyo nkoni yarambuye ku mazi agatana! 

Igihe cyo gutabarwa, Imana yisigarije ibisa n'Inkoni, n'ibindi mubuzima bwawe, gusa hahirwa abategereza Imana kuko yo yabishatse Igitondo cyawe cyahinduka nkuko sawuli yagiye agiye gushaka intama agasanga Imana yamutegeye mu nzira ngo abe umwami!!!!!! 

Icyo ufite ndetse nicyo uricyo ushobora kuba utabisobanukiwe, ariko Imana izi impamvu yakuremye, nimpamvu yakugize uko, impamvu yaguhuje nabantu, impamvu nkuru Yatumye ITANGA UMWANA WAYO. Imana ntizabura icyo iheraho ngo ikugirire neza Humura

Nubwo twibaza ibyo tubuze kenshi, dukwiye kumenya ko nibyo dusigaranye nabyo byasigajwe n'Imana kumpamvu zayo bwite kuko iyo bitaba uko yabishatse ntituba tukibukwa!

Imana yafashe Inkoni ya mose Iyikoresha ibikomeye, Reka nkubwire ngo Nuha Yesu ubuzima bwawe, Ntuzatinda kubona ko Afata ibisuzuguritse akabihindura iby'agaciro. Iyo igihe cy'Imana kigeze ihishura ibyari muri wowe. Iyo Twirebera mundorerwamo zacu biroroshye Kwigaya, kwiciraho iteka, bitewe nuko twireba ariko iyo Imana ije mubuzima bwacu ibasha kudukoresha ibikomeye. Mose wibonaga nkutazi kuvuga, inkoni yarebaga nk'igiti gisanzwe yaje kuvamo inkoni y'igitangaza.

Akanwa K'abakuvugiriza induru nibo Imana ishobora kuzakoresha bakuvugiriza Impundu, Niyo mpamvu Ukwiye kwiringira Imana kugeza Ubonye Umwuzuro w'amasezerano. Ibyo ubona niba bidasa n'umugambi w'Imana nturambirwe gutegereza Imana.

Ndakwifuriza Itsinzi iturutse mu kuboko kw'Imana kubuzima bwawe.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Founder/Newseed


Gaudin Mission International