Abigayeli
yari umugore wa Nabali, iyo urebye iyi nkuru usanga, Nabali iyo atagira
abigayeli, yari apfuye pe. Abagabo bose siko bazi kwitura ineza ababagiriye
neza, Yewe siko banashoboye gukora neza.
Igihe
Dawidi yabaga mu mashyamba, ntiyigeze agirira nabi Nabali, yari umutunzi ariko
Dawidi akabuza abantu ku murira amatungo. Hanyuma dawidi aza gutuma kuri Nabali
ati: nta nabi twakugiririye rero
abahungu bawe bakugirire ho umugisha 1samweli 25:4.
Nabali
yasubije intumwa za Dawidi nabi kuburyo byatumye Dawidi afata umwanzuro mubi wo
kuzamuka akanyaga byose.
Maze umugore wa Nabali abyumvise, ashaka uko yakemura
icyo kibazo kuko bari bagiye kurimbukana nabo murugo bose, nibyo batunze. Maze
yigira Inama yo gusanganira Dawidi ataragaruka kumara abantu. Niko kumushyira
amaturo maze ati: nyagasani ntiwirirwe ugirira umujinya umugaragu wawe kuko uko
izina rye riri niko ari. 1samweli 25:23. Igihe cyose Imana ishyigikira abantu
ibicishije mu bandi, nawe ushobora kuba ufite umugore cyangwa umugabo uzi
intege nke zawe.
Uyu
munsi ukwiye kugira umutima nku wari muri Abigayeli, buri gihe iyo umuntu abuze
ubwenge arisenyera. Benshi barimo barasenya ingo, abandi imiryango kubera
kutagira ishyaka. Ariko uko biri kose ukwiye kubwira Imana ikaguha ubwenge
bwatuma urengera na bamwe wakwita ibigoryi, kuko iyo ubikoze uretse kurengera
abo gusa ahubwo uhosha n’uburakari bw’abandi.
Abigayeli
yagiriye inama Dawidi, ati ntampamvu yo kwishyiraho amaraso, kandi uri umwami.
Dawidi iyo yica Nabali nawe yari kuba yishe isezerano ririnini Imana yari
yaramuhaye. Kandi Imbabazi ziruta ibitambo. Niyo mpamvu Abigayeli yabwiye
Dawidi ati: Imana ntizabura kukubakira Inzu Idakuka. 1samweli 25:28.
ndabakunda!
pstgaudin@gmail.com
No comments:
Post a Comment
God bless you for Reading, May you be blessed