Friday 27 November 2015

ISHEMA RYO KUBA MU MURYANGO W'IMANA

Uno munsi natekereje ku Itorero nk'umuryango w'Imana abizera bose bisangamo nsanga, tugomba kwiga neza icyo kuba mu Itorero bisobanura. Mu buhanuzi bwa Malaki Imana yari yarasezeranije Isiraheri ivuka ry'umuhanuzi Eliya uzongera gusanganya imitima y'abana niya ba se, bivuga ko yagombaga kongera kurema 
umuryango. Iri ni iyerekwa ry'uburyo Imana yifuzaga kubaka umuryango nk'uko byari mu bitekerezo byayo kuri Isirayeri. Kuko aho umuryango uri umugisha urahaba. Na none aho umuryango utari umugisha wose nta gaciro ugira.

Nyuma y'ubuhanuzi bwa Malaki, Isezerano rishya ritangira ryerekana umuryango mushya, ariwo muryango w' ijuru ariwo ugizwe n'Imana data n'umwana wayo Yesu Kristo (Yohana 3:16-17). Ikinejeje kurushaho nuko uwo ariwe wese wemeye uwo mwana akizera izina rye nawe 
ahabwa ubushobozi ndetse uburenganzira bwo kuba umwana w'Imana (Yohana 1:12-13) .N'ukuvuga ko uwo nawe aba umwe muri uwo muryango w'ijuru utarabyawe n'ubushake bw'umugabo n'umugore ahubwo wabyawe n'Imana.
Yohana yasobonuye cyane ku buryo turi abana b'Imana ( 1 Yohana 3:1-3; 5:1-4), abana mu muryango.
Itorero nyaryo ni umuryango. Ryubatse mu buryo busa n'umuryango wubakitse. Muri buri muryango haba ababyeyi, haba abana, haba abavandimwe. Muri buri muryango buri wese agira uburenganzira n'inshigano. Hatangirwa inyigisho, uburere...discipline. ikibabaje n'uko benshi batagikunda gucyahwa...kurerwa...kumvira...ahubwo bashaka kuba mu Itorero nk'ibyigenge! Wamubwira ikosa akaba acyiyeho! Ibi bigaragara cyane ku bantu bafite impano runaka! Ndashima Imana ko hari abanyetorero bumva umumaro wo kuba umuryango mu Itorero.
Icyampa ukisanga mu muryango ubamo.
Fidèle Masengo, Foursquare Church Kimironko masengof@yahoo.fr

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed