Thursday 19 September 2013

UBUTUMWA BUBEREYE ISI YA NONE, KWIHANA IBYAHA NO KUBABARIRWA.

Matayo 4:17

Muri iyi minsi abantu barashaka ubutumwa bushimgiye kukubabarirwa ibyaha ariko ntibagishaka kwihana ibyaha!kubera gutinya amaso bamwe mu bavugabutumwa nabo batinya kugira icyo babivugaho bigasa nabamwe batera indirimbo yagera kugice cyo kureka ibyaha akagisimbuka nk'utakizi.

Hanyuma akaririmba inyikirizizo ati Yesu azabakiza ibyaha! nyamara igitero ni ukwihana ibyaha kandi bikwiye kubanza kuba aribyo byigishwa abantu bo mw'isi yose. matayo 4: 17

Yesu akiza abantu ibyaha ariko ijambo rya mbere agira ati ni mwihane kuko ubwami bw'Imana buri hafi. mugenzi wanjye akenshi ushobora kuba uri mubantu batuma abavugabutumwa beshi bageraho bagagaceceka kuko ijamboi ry'Imana rigira riti abantu beshi bazikururira abigisha bahuje n'irari ryabo maze bibatere kurimbuka.

Ndagirango nkwibarize nizihe nyigisho zikuryoheye muri iyi minsi? waba uryohewe nuko Uzagura Imodoka, uzashakwa,uzatunga ugatunganirwa......ndagirango nkubwire ko hazabaho ijoro rigenewe abatumvira Imana bose kandi hariho n'igitondo kiigenewe abayubashye bagakora ibyo gukiranuka.

Wari ukwiye kwihana mbere nambere ibindi byo Imana izabiguha.isi ya none irimo ubusambanyi bukabije ikeneye kwihana,isi irimo ubujura,irimo ubwicanyi, ubutinganyi,kwikunda ikeneye kwihana. mwese yesu arabakunda kandi koko yiteguye kubabarira abo bose baruhijwe n'ibyaha!  yahana 3:16
ubu butumwa buroroshye kuburyo burimwe wese yakumva ikivuzwe ufite amatwi yumva niyumve!

imana ntihishwa izi ibyo yavuze, ese nkwibarize ko abakwirenga iby'Imana yavuze wenda baba bataza munsengero, batitwaza za bibiliya batanayemera ubona uzireguza iki mu maso y'Imana. yesu agushoboze kwihana byukuri kuko abatejejwe ntago bazabona Imana. 1abakorinto 6:9




No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed