Monday 4 February 2019

YESU NIWE MAHORO YACU, Bishop Fidel Masengo



YESU NIWE MAHORO YACU

Mika 5:4 Kandi uwo muntu azatubera amahoro. Umwashuri naza mu gihugu cyacu akaturibatira amanyumba, tuzamuteza abungeri barindwi n'ibikomangoma munani. 

Kuva kera Isi yahoranye ikibazo cy'amahoro. Kuva mu gihe cya Nowa (Itangiriro 5:29) hari ikibazo cy'amahoro. Byarakomeje mu gihe cya Mose abanyisiraheli bahanganye n'Abanyegiputa (Kuva 14 &15). Ikibazo cy'amahoro cyarakomeje kugeza none. Isi turimo ubu ifite ubukungu, ikoranabuhanga, iterambere, ibyogajuru, intwaro za kirimbuzi, ingabo zirwanira mu kirere, izirwanira mu mazi, izirwanisha intwaro z'imyuka za kirimbuzi, indege za gisirikare zitwara (drones),... ARIKO IBUZE AMAHORO.

Amwe mu masomo nize ni akurikira:

1) *Yesu niwe Mahoro isi ikeneye. Ntabwo atanga amahoro gusa ahubwo niwe mahoro yacu. Kimwe na Mika, Umuhanuzi Yesaya yarabyeretswe ni ko kuvuga ngo "Umwami w'Amahoro" (9:6). Umunsi avuka ijuru ryabihamirije mu Itangazo rigira riti "Amahoro mu isi (Luka 2 : 14). Paholo yandikira Abefeso yaravuze ngo niwe mahoro yacu (2:14).

2) Nta mahoro abaho hirya ye. Hanze ye haba agahenge. Agahenge gatandukanye n'amahoro. Habe n'abanyamerika twita ko bakomeye bafite agahenge. Abageze ku bibuga byabo by'indege bazi ukuntu babuze amahoro! Bahorana ubwoba. N'abarara mu mazu akomeye ntibayafitemo amahoro. Imitima IBUZE amahoro. Bamwe bararira ibiyobya-bwenge ngo babashe gusinzira.

3) Kuva Yesu avutse, ubutumwa tuvuga ni ubw'amahoro. Ni nabwo butumwa Yesu yaje kuvuga: Ubutumwa bw'amahoro (Abefeso 2:17). 
Ubwo butumwa nibwo nanjye nkuzaniye muri iki gitondo.

Ubuze amahoro? Umwami w'Amahoro yaraje! Ni we Mahoro ukeneye!

Umunsi mwiza kuri twese.

© Devotion posted by Dr. Fidèle MASENGO,
 Foursquare Gospel Church Kimironko




Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed