Saturday 17 May 2014

YOHANA 19:30 ''BYOSE BIRARANGIYE'' IJAMBO RIFATWA NK'IKINYOMA KUBERA IKI? by M. Gaudin

Iri niryo jambo Yesu yavugiye ku musaraba risezera abantu mu bubata bw'ubwami bwa Satani, iri ni ijambo Yesu yahamije ubwo igihano gikwiye yari amaze kugihabwa. Iri n'ijambo yavuze azi neza ko birangiye.
iyi umuntu akubwiye ko byose byarangiye, ikiba gisigaye koko n'ukureba ko byarangiye! none se wowe kuri wowe wemerako byose byarangiye? igisubizo ufite si nkizi gusa nibaza ko mbere yo kumenya ibyarangiye Yesu yavuga n'ibiki? ese wowe ubifitemo uwuhe mugabane?

n'ibiki byarangiye?

Iteka abari mw'isi bari kuzacirwaho iyo hataba igitambo cy'AMARASO YA YESU!

YOHANA: 1:12 ''Icyakora abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo KUBA abana b'Imana.abo ntibabyawe n'amaraso cyangwa ubushake bw'umubiri, cyangwa ubushake bw'umugabo, ahubwo babyawe n'Imana''

Impmvu zituma ubifata nk'ikinyoma: 

1.NUKO UTABYIZERA

ahari wabwira uti ndabyizera kuko ndi umu kristo ndetse nsengera aha naha! ariko ibyo byose ntanakimwe cyerekana ko wizera kuko kwizera si aho usengengera ahubwo ni ukwakira ubumenyi butangwa n'Imana ubwayo. si ikintu wemezwa na pastori oya ahubwo n'ubumenyi uhishurirwa n'Imana ndetse bukumaraho gushidikanya rwose kuko uwabivuze uba Uzi neza ko ntawundi bahwanye!

abaheburayo :11

2.NUKO UDAHA UMWANYA IMANA:

Sinibaza niba ushobora gukunda umuntu, hanyuma ukajya wirindwana n'abatamukunda n'abamusebya ko hari icyo byakumarira murugendo rw'urukundo rwanyu! abantu benshi barambagiza ibyiza bagashakana n'ibibi.

niba koko wizera Imana ukwiye kumenya icyo ukwiye gukora. Yosuwa 1:8

3.UBWINSHI BW'IBYAHA WAKOZE.

Abantu benshi bibaza ko ibyaha bakoze ari byinshi cyane kuburyo kwizera ko wababariwe bibagora! ibaze nawe barakubwiye ngo Urwaye SIDA naho baba bakubeshya niyo Muganga avuze ko ntayo ufite ntunyurwa, nyamara ugiyeyo ariyo Urwaye bakayibura hose utaha ufite umutuzo!

Bene Data impamvu zituma ubabarirwa zituruka ku mana, si ngombwa kumenya uko ibigenza, cyangwa uko ibikora ivuze ngo ndakubabariye iba ibikoze.

4.KUBA UTITEGUYE KUVA MU NGESO MBI:

Abantu benshi iyo bamaze kwijandika mu byaha cyane bagera ku rwego rwo kudakoreshwa ibyaha, bakabikora, bakava kukubikora bakabikoresha abandi, kugeza aho bafasha abandi kubikora!

1.GUKORESHWA ICYAHA
2.GUKORA ICYAHA
3.GUKORESHA ICYAHA

Urwego rwose waba ugezemo Imana irakubabarira ariko wowe niwowe uba uzi neza ko ushaka guhinduka! ijambo ry'Imana rimbwira neza ko ubuntu twahawe butwigisha kureka ingeso mbi twagenderagamo: Tito:2:1-14

Kuba ukiryohewe n'ibyaha ukerensa imbabazi z'Imana, ariko Imana ireba mu mutima ikamenya inyota ufite yo kureka ibibi, kuko niyo ingera Imitima, niba ufite inyota yo kuva mu byaha Imana izaguhaza amazi yo Gukiranuka yavuye murubavu rwa Yesu.

5.KUBA UTARI UW'IMANA, URWANYA IBYAYO

Yesu ati: muri abaso Satani, iri jambo rirakomeye,  kuko niba uri kuruhande rwa Satani muburyo bubwe cyangwa ubundi, ntushobora kwemera ibyo kuko uba ufite urundi ruhande uhagazeho!

umutima w'umuntu ubasha kumenya neza uruhande ahagazemo, inyota afite yo gukiranukira Imana, inzira arimo yo kwanga ikibi n'ubufasha bwose akeneye! 

Byose birarangiye! ijambo ry'itsi kubategereje gutabarwa n'Imana bose, ngo bave muburetwa bwa satani maze bajye mu mujyo w'Imaana. si ubupfu kubizera ahubwo n'Imbaraga ziduhesha KUBA abana b'Imana.

Ndabakunda!


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed