Saturday 24 May 2014

KWIYIRIZA UBUSA KWAWE KUMARIRA IKI ABANDI ? ESE UBONA BYATUMA WUMVIRWA N'IMANA?


Yesaya 58:3 Ndetse barabaza bati igituma twiyiriza ubusa ntubyiteho ni iki? Ni iki gituma twibabaza ukabyirengagiza.

''mbiterwa nuko ku munsi wanyu wo kwiyiriza ubusa muba muba mubonye uko mwinezeza ubwanyu, mukagira nabi abakozi banyu bose.

Muri iki gihe abantu bafite Impamvu zirenze imwe zituma bajya gusenga, biyiriza ubusa, batakambira Imana ku manywa na ninjoro, ariko akenshi usanga hari ibyo abantu bakora kubera kwikunda cyane kandi ikintu cyose gikozwe mukwigunda kigirira inyungu ugikora wenyine.

Kwiriza ubusa Kwawe kugirira nde umumaro?

biroroshye kumva urembejwe n'ibibazo ugatakambira Imana ngo igukize! ariko Akenshi usanga abantu birengagiza ibyo Imana ibasaba bakihutira kwiyiriza uko bo babigennye! Imana icyo ikeneye si uko twiyicisha inzara, si uko tujya mu misozi cyane no kwibabaza mubundi buryo bwose butari ubu Imana ishaka!

KWIYIRIZA UBUSA IMANA ISHIMA NI UKU:

1.Kubohora abantu ingoyi z'urugomo: abantu benshi usanga bagira urugomo iminsi itandatu mucyumweru hanyuma uwakarindwi ugasanga baribombaritse ariko Imana izi ibyo uba umazemo iminsi kandi yifuza kubohora abandi ingoyi z'urugomo ubagirira: urugomo rw'amagambo, ishyari,gusebanya,guteranya,n'ubundi bubi bwose.

2.Guhambura abantu Imigozi y'uburetwa: Bene Data usanga abantu benshi bitwa ko basenga Imana ngo ibabohore uburetwa bwa satani ariko bo bakaboha abandi, bamwe baboha abakozi babo,abana,n'abaturanyi .niba usaba kubabarirwa umwenda ukwiye kubabarira abawukurimo nawe, ariko abenshi usanga babarirwa umwenda hanyuma bakaniga abatinze kubishyura.

3.Kurenganura abarengana no guca iby'agahato: niba utareba abarengana ngo ubarenganure kandi ufite ububasha bwo kubikora umenye ko amasengesho usenga ari amasengesho yo kwirengagiza ibyo Imana igusaba.

4.Kurekura Ugatanga Ibyo kurya byawe ukagaburira abashonje: abenshi bajya gusenga basize ibiryo muri stock, ndetse biyiriza bazi neza ko bari burye bamaze gusenga. usanga bamwe bagira bati: nsize amata ntihagire uyakoraho muziko ndibuve mu masengesho nshaka kunywa, naho haza umushyitsi ushonje birinda kuyakoraho! ushobora kwibaza nawe kwiriza kwawe ko hari abashonji bijya biha amahirwe yo kurya!

5.Gucumbikira abakene bameneshejwe ukabashyira mu nzu yawe: ubu Imiryango myinshi ntigicumbikira abashyitsi, kuko usanga hariho n'abashakana badashaka n'abantu babasura, ariko ugasanga basaba Imana kubaha inzu nini, bazashyiramo igaraje y'Imodoka, ndetse n'akazu k'imbwa....ariko ugasanga abakene bameneshejwe baba bene wabo cyangwa abaturanyi, atabategera amaboko.

5.Kwambika abambaye ubusa: ubu Iminsi yanone hagezweho gukura inkweto nyishi, imyenda myinshi, hanyuma ukambara ukaberwa murusengero, maze uwo musengana yaba atambara nkawe bikaba impamvu yo kumuganiraho no kumutaranga hose ndetse no mu byumba by'amasengesho : bati Mureke dusengere mwene Data rwose asigaye ahora mugitenge, ishati imwe, kandi ufite ubushobozi bwo kuba wagira icyo ukora ngo yambare neza.


ahari nawe wareba ukwiyiriza wiyiriza uko ariko, maze ukareba niba koko ukiyiriza byatuma wumvirwa! ni byiza gusenga no Kwizera Imana ariko KWIZERA KUDAFITE IMIRIMO KUBA GUPFUYE''

ikitwereka urukundo nyarwo n'iki: nuko Yesu Yatanze ubugingo bwe kubwacu, natwe biradukwiye ko twatanga ubugingo bwacu ku bwa bene Data''

Ntuzafasha bose, kandi ntuzafashwa na bose gusa buri muntu wese afite uwo yashobora gufasha ndetse n'ufasha yafasha abo arushije amahirwe.

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed