Thursday 22 May 2014

KUKI BATUBUZA KWICURIZIZA INTWARO KANDI BO BAKIZICURA? by M.Gaudin


1samuel: 13:19

Icyo gihe ntamucuzi wari ukiboneka mu gihugu cyose cya Isirayeli, kuko Abafilistiya bavuze bati''TUJYE TUBUZA ABAHEBURAYO KWICURISHIRIZA INKOTA N'AMACUMU''.

''maze abisirayeli bakena intwaro zo kurwana''

Bene Data turi mu ntambara turwana n'umwanzi Satani, umubiri ndetse n'isi. ibyo byose bitubuza kwita kubyo Imana yahamije ndetse bigatuma kwizera kwacu gucogora rwose ndetse kukagabanuka. muri iki gihe cya none Isi iratera imbere kandi Satani aracyabaza buri mwe ati: nupfukama ukandamya nzaguha ubutunzi bw'isi bwose!

Ubu usanga ibihe byo kubana n'Imana bigenda bishira mubantu, kuko Satani agambiriye kubuza abantu b'Imana kubana nayo ngo ahari ni bishoka ayobye n'intore z'Imana. buri muntu wese iyo yisuzumye amenya umwanya asigaye aha Imana, umwana wo gusoma Ijambo ry'Imana no gusenga.

INTWARO Z'IMANA ZITSINDA UMWANZI:

Abefeso: 6:10 Mwambare intwaro  zose z'Imana, kugirango  mubashe guhagarara mudatsinzwe  n'uburiganya bwa Satani.

1.UKURI:

Bene Data ubu  abantu bavuye mw'Ijambo ry'Imana aho Imigani y'isi igira iti Ukuri kose si kwiza, hanyuma umuntu aho atavuze ukuri kandi ntaceceke wibaza ko yahasimbuza iki uretse Ikinyoma? bene Data iyo Satani agamije kubuza abantu gucurisha intwaro y'ukuri kuko arabizi ko nibakomeza kuvuga ukuri abantu bazabatuka!

GUKIRANUKA:

Imana ishaka ko abantu bakiranuka atari uko yo hari icyo biyitwaye ahubwo kuko iziko Gukiranuka bikingira igituza cy'umuntu wese wizera Imana, birinda umutima w'abizera maze tugatergerezanya umunezero igihe umwami azazira gutwara abe. Satani agamije gusanga igituza cyawe ntakigukingiye maze akarasa mu rwiciro. niyo mpamvu atuma abantu bumva bahemuka, ndetse batita kugukiranuka maze bagahugura mubindi.

INKWETO:

Arizo butumwa bwiza, mukomeze kwatura ibyiringiro byanyu. ubu abantu benshi bumva batavuga ubutumwa, aho bumva bigayitse ari iby'abantu babuze icyo bakora ndetse badafite gahunda. ariko iyo Satani akuyeho iyo ntwaro mu muntu aba azi neza ko amushoboye. ubundi hari intwaro zo kwirinda hakaba n'intworo zo kugaba igitero. Satani rero atuma tuguma mu birindiro maze kugaba ibitero tukarekera. ariko buri gihe ikipe zikina umukino wo kurinda ibitego zitsindwa byinshi.

KWIZERA:

ukumenya udashidikanya ko Ibyo Imana yavuze bizasohora. iki nimwe mubintu bitanga imbaraga mugihe muri kurugamba. iyo abasirikare bacitse intege (morale) ntibashobora gukomeza. ariko iyo muzi neza ko uko biri kose muzatsinda urugamba ntimukangwa n'ubukonje,ubushyuhe,ubukene,n'ibindi...kuko muba mufite kwizera nk'ingabo muzimisha imyambi ya satani.

AGAKIZA:

 Mwakire agakiza kabe ingofero, bene Data agakiza kadutandukanya n'abandi batagafite kuko n'ikimenyetso gituma Iyo Imana imanutse gutanga ubufasha kurugamba imenya abayo, niba mutaye agakiza rero mumenye ko ntakizabarengera. Beshi bari barasizwe amaraso kuruhanga none babaye abasirimu barayasibye kandi Imana niza izaza kureba abo yashyizeho ikimenyetso.

INKOTA Y'UMWUKA: Ijambo ry'Imana niyo nkota tubasha kurwanisha nayo iri muntwaro zitari izo kwikingira ahubwo ikoreshwa no gushoza urugamba, iyo Satani agize ati ''hindura ayamabuye umutsima umusubiza ute? iyo agize ati gusambana ntacyo bitwaye usubiza ute? iyagize ati: kwiba ntacyo bitwaye n'ibindi......Satani agerageza kubuza abantu gusoma Ijambo ry'imana maze abantu bagahugira mubindi maze bakanjya bahorana urujijo ariko Imana igira iti YOSUWA 1:8

musengeshe umwuka iteka, mube maso, kandi musabire abera bose, ibi byo byakabaye kuri buri mwe wese uri kurugamba ariko Usanga akenshi ubisimbuza ikindi, ahari ugusenga ubu abantu bahashyize films, n'ibindi....ariko ibyo byose ntanakimwe cyagufasha uretse kumvira imiburo y'Imana.

Sinzi uko uhagaze muri iki gihe ariko wisuzume kuko wasanga nawe warabujijwe kwicurishiriza intwaro z'Intambara, agasanga igihe cy'urugamba utsinzwe.

reba ibintu bikuzira gusenga, gusoma ijambo ry'Imana, kuvugisha ukuri,  kuvuga ubutumwa bwiza ibyo byose ntakinti urasanga hari ikibyihishe inyuma gishaka ko utsindwa ku munsi mubi.

ICYITONDERWA: Imana ikoresha abantu ngo barwanye satani, kandi Satani akoresha abantu ngo barwanye umurimo w'Imana kw'isi. ibyo rero ntibugutangaze kubona

ababyeyi, inshuti, abakomeye, abakina filime,abaririmba, n'abandi batandukanye bari mukazi ko kubuza abantu kwicurishiriza intwaro. nawe nureba neza uzasanga hari bamwe bagukuye kubyajyaga biguha Imbaraga nko kugusenga no gusoma Ijambo ry'Imana no gukiranuka n'ibindi....!

Ndabakunda.


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed