Sunday 25 May 2014

AHO KWIZERA KWABANDI KUTARI, NDETSE N'AMABOKO BAYAMANUYE YESU WE ABA YITEGUYE GUKOMEZA GUKIZA!

Kuva 17:11 Mose yamanika amaboko abisirayeli bakanesha, yayamanura Abameleki bakanesha'' maze amaboko ya Mose araruha bajyana ibuye bararimutega aryicaraho , Aroni na Huri baramira amaboko ye Umwe iruhande rumwe n'undi kurundi,amaboko ye arakomera ageza ku izuba rirenga. Yosuwa atsinda urugamba.
ubuzima abantu benshi babayemo n'intambara yaburi munsi, usanga uyu munsi turwana n'ibi ejo n'ibindi. uko biri kose urugamba rwose umuntu ariho agomba kuba ashyigikiwe kuruta uwo barwana iyo bitabaye ibyo gutsindwa biba ari ikintu utabuza kukubaho.

Urugamba urwana hari umanitse amaboko kubwawe: buri muntu witwako ahagaze kurwego rwiza, nuko akandagiye kubitugu by'abamuhetse, uko biri kose ushobora kwirengagiza ariko buri muntu akenera umuntu wo kumuzamurira amaboko mugihe ari kurugamba.

ibyo bikorwa usengera abantu, ubakunze kandi ubafasha kugirango Imana ibashoboreshe gutsinda urugamba rw'ubuzima bwo mw'isi.

Mose uko yamanuraga amaboko Yosuwa kurugamba yaratsindwaga, ndakubwirako uzamuye amaboko kubwawe ayamanuye watsindwa! ariko Imana ishimwe ko hari abitanga kubwawe ngo ukomeze uhagarare ahakwiye.

usomye ubutumwa bwiza bwa Matayo uhasanga abantu bahetse ikirema bakijyanira Yesu, Maze abonye ukwizera kwabo ati haguruka ugende, aba bahetse uyu muntu wari umugaye  Yesu yarebye ukwizera kwabo maze arakiza, aba bamanitse amaboko kugirango uyu muntu akire.

hari benshi bamanitse amaboko kubwawe ngo ubone itsinzi muntambara urwana nayo.

Ntakintu kibabaza nko kuba udafite umuntu wahagarara kubwawe, ntamuntu ugushyigikiye, ntamuntu ukwitangira, ntamuntu wagufasha kurwana urugamba rw'ubu buzima! rimwe narimwe bishobora no kugutera umutima mubi aho wagira uti abandi bafite ababafasha, ababitaho n'ibindi.....ariko nkufitiye Inkuru y'ihumure nti; mugihe habuze numwe Yesu ubwe arabyikorera naho abo ategeka kukumanikira amaboko babyanga we arahari ngo agutsindishirize

Yohana5:7 Umurwayi aramusubiza ati Data buja simfite umuntu unjugunya mu kidendezi iyo amazi yihindurije,nkiza undi antangamo kumanukamo. 

nawe ushobora kuba umaze iminsi utegereje uwakujugunya mu rwego runaka, mu mazi, mubuzima buzira icyaha, ariko niyo hatari abantu Yesu We aba ahari! Imana ishaka ko niba twarayimenye tuberana amaboko, imbaraga ndetse n'ubushobozi, Gusa bidakuyeho ko Iyo tutabikoze ngo tubikorere abandi Imana yo ubwayo irabibakorera, cyangwa iyo batabidukoreye Imana irabidukorera!

mwibuke Ijambo morodekayi yabwiye esiteri ati : ntakizabuza abayuda gutabarwa........uko biri kose Dukwiye gukora neza, kuko Imana ariyo iduha gukora neza, ikindi kandi ukamenya ko aho abantu byananiranye Imana iba igifite ijambo rya nyuma kubuzima bwawe. ntukihebe, umuryango ushobora kugutererana,ababyeyi,inshuti n'abavandimwe ariko Icyo Imana yakuvuzeho ntakabuza kizasohora.


NDABAKUNDA!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed