Monday 26 May 2014

IGISUBIZO CYIZA CYAHESHEJE YOBU KWIBUKWA N'IMANA, ''BYOSE NIWE WABIMPAYE'' NIWE UBYISUBIJE''=NIWE USHOBORA NO KUBINGARURIRA!

Nkuko umuntu avuka ntamenyo afite mukanwa.......Imana ikayamuremera..........agakuka .....ubuzima burakomeza, ibyo dutunze bijya biza, bikagenda ariko icyo wamenya nuko nyuma yuko Umuntu akutse amenyo ubuzima bwo kurya ntibuhagarara.......!!!!! nawe nubwo bimeze bityo komeza urugendo Imana niyo yabikoze kumpamvu zayo bwite ifite uko izabigenza,,,,,,ntamuntu ukwiye kwibaza Impamvu yakutse amenyo ahubwo akwiye kugira ishimwe ry'Iminsi yayamaranye'' kuko iyo imana ibishaka wari gusaza ntanarimwe umeze mukanwa.

Yobu 1:20-22

Maze yobu arahaguuruka ashishimura umwitero we,arimoza yikubita hasi arasenga ati: navuye mu nda ya mama nambaye ubusa, Nzansubira munda y'Isi ntacyo nambaye.Uwiteka ni we wabimpaye, kandi uwiteka ni we ubitwaye.IZINA RY'UWITEKA RISHIMWE.'' Muri ibyo byose ntiyakoze icyaha , haba no kubiherereza ku Mana.

Kwisi abantu batandukanye bahura n'ingorane zitandukanye, bamwe bibatera gutunga abandi urutoki bati ntacyo batumariye cyangwa bati nibo babiteye, abandi bikabatera kuba banakwiyahura. ariko hariho igishushanyo cyiza kuko ntidukwiyeho kubaho mubwoba bwo kugira ibyo Dutakaza, ahubwo dukwiye Gushima Imana kubyo yaduhaye igihe twari dufite ubusa. ''ntukagire ubwoba bwo kugira ibyo utakaza ahubwo ujye ushaka ishimwe ry'Imana mubyo yaguhaye mugihe utari utunze na kimwe''

Yobu yabuze abana: yobu amaze kubura abana icyamufashije si ikindi ahubwo nuko yibutse ko yigeze kubaho ataziko azanabyara, maze amenyako Imana imuzi mbere ntabana afite, ariyo yabamuhaye, yewe ariyo Imuzi mugihe banamushizeho.

Yobu yabuze amatungo: Yobu yibutse ko yavutse ntamutungo numwe umwanditseho, ahubwo Imana yashimye kumuha ubutunzi, ibyo bituma yumva Imana ikwiye gushimirwa igihe cyose yabayeho atunze, ntibyatera umutima we kwibaza ko Imana yahemutse.

Yobu Yanze Inama mbi y'umugore we: Yobu yasobanukiwe ko naho yapfa Imana yamuzura, yihanganira ibigereragezo, kuko yari aziko Imana ibasha kwisubiza ubuzima bwa buri mwe bidasabye ko uyituka ngo wipfire, ibyo byatumye Imana imusubiza ubutunzi ndetse Imukubira kabiri.

IMANA NIYO YABIMPAYE KANDI NIYO IBYISUBIJE: uku kwibwira k'umutima n'ikimenyetso cy'uko wemera ko Imana yabiguhaye ikabyisubiza ibasha kongera kubiguha! 

iyo abantu bahuye n'ikibazo cyo kugira ibyo babura kandi bari batunze cyangwa bari biringiye,hariho amajwi menshi akubwira ko ntacyo bikumariye Kubaha Imana kugeza aho bamwe bafata icyemezo cyo kuba bakwiyahura baziko aribwo buryo bwiza bwo kwiyorohereza!

Imana yaremye ijuru n'isi, Imana yaremye abantu batuye isi, Imana ibasha kuzura abapfuye, Imana ibasha kuguha ibyo ubuze kuko n'Imana ifite isi yose mu kiganza cyayo, ikirenze kuri ibyo n'Imana izaduha ubugingo buhoraho!

urufatiro rwo kunezererwa Imana nukumenya neza ko ishobora byose! nanyuma y'iminsi mibi ko yaguha kwibagirwa umubabaro wakubayeho wose akanya gato nko guhubya! niyo mpamvu uko biri kose ukwiye kwisubiza igisubizo nk'icya yobu mugihe cy'ibibazo  byawe! ugatumbira Imana yo ibasha kuzura abapfuye ukamenya ko itananirwa kugirira neza abakirimo umwuka wayo!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed