Sunday 1 June 2014

IMANA IRASHAKA UMUTIMA WAWE KURENZA AMABOKO YAWE, KUKO N'ABATAYAFITE IRABAKORESHA! Ibikorwa byiza bituruka mu mutima!



Si isanduka izagutsindishiriza ahubwo n'umutima uyihetse ubasha kugutsindishiriza. Ukwiye kwita ku mutima ugutera gukorera Imana cyane kurusha umurimo ukorera Imana. kuko Imana ikeneye umutima wawe kuko isanduka yo yakwikorerwa n'amafarashi n'ibindi! ariko Imana ikeneye umutima wawe uyu munsi.


''Icyo Imana ishaka ko uba kiruta icyo ishaka kugukoresha''


Nuko Ingabo zigeze  mu rugerero, abakuru b'abisilayeli barabazanya bati'' Ni iki gitumye uwiteka atureka mu maboko y'abafilisitiya? Nimuze tujye kwenda Isanduku y'isezerano ry'UWITEKA , tuyikure ishiro............Kandi abahungu ba eli hofuni na fenihasi, babaga ku isanduku y'isezerano ry'Imana.


Imana irabaza iti mwanyubakira nzu ki? ko isi ari intebe y'ibirenge byanjye ijuru rikaba ubuturo bwanjye! ariko nzatura mu mutima uciye bugufi! uko biri kose Imana ishobora kubaha aho musengera ariko ntijya irutisha urusengero umutima w'urusengeramo naho rwaba rwubatswe na zahabu n'amabuye y'igiciro cyishi!

Imana ntiyigeze yifuza gutura muri kariya gasanduku gato karimo ibisate by'amabuye n'inkoni ya aroni, ibyo byari ikimenyetso cyuko ije kubana n'Imitima yabaheka ibyo bimenyetso. Imana ntiyigeze yifuza ko bayifata nk'Isanduku, urusengero cyangwa ikindi kintu cyose. ahubwo ubumana bwayo bwose ijya ibushyira mubantu bayubaha! usanga rimwe narimwe rero abantu bashakira ubumana, mu rusengero, muri bibiliya,mubuvumo,n'ahandi ariko Imana iracyakeneye Umutima wawe kurusha ibindi.

nibyo koko fenihasi naa hofuni, bari bashinzwe kuba kw'isanduka, ariko buri gihe Imana ihamagaye umuntu gukora Umurimo imurutisha uwo murimo kuko ni muri wowe itura! Imana ntikeneye ko dukoropa urusengero gusa ahubwo ikeneye ko natwe twiyezaho imyanda yose, ntikeye ikindi cyose ikeneye Umutima wawe! 

Benshi baracyatsindwa nubwo bahetse isanduku y'isezerano, biterwa nuko bitaye kubyo bahetse kurenza kwita kumitima yabo! Imana ikeneye abantu batunga Imitima iyinezeza kurenza ikindi cyose. kuko hari igihe abantu batitaye kumurimo wo mu mutima, uwo hanze ntacyo uba ukimaze.

ntacyo bibiliya yakumarira utayisoma kandi ngo wemera guhindurwa nayo, ntacyo indilimbo zihimbaza Imana za kumarira mugihe cyose umutima wawe utitaye kuby'ubugingo. 

Ahari nawe waba wibwira ko isanduku uhetse hari icyo aygufasha! nikoko Imana yayikoresha, ariko igihe cyose umutima wawe utitaye kuby'Imana bizahinduka ikindi kintu kitagukiza. Imana igukeneyeho ubuzima bwejejwe kurenza ubuzima bwo kwikorera iby'Imana. gusa ni wezwa rwose ntakabuza ko bizaba bikwiriye ko Imana ikubitsa ibyasezeranijwe kandi ntuzongera gutsindwa ukundi.

gukora cyane ni byiza, rwose kuba hafi y'isanduka n'ibyiza, kuyihanagura, gutamba ibitambo ariko bigira umumaro munini iyo ubikoze biva mu mutima ukiranukira Imana. naho ubundi Imana ntiyakwemera ko kuyimenya biba nk'ubufindo, Imana itsindishiriza abayikunda kandi bakayubaha!
Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed