Monday 9 June 2014

KUBABAZWA KUBW'IKINYOMA GISHYIGIKIWE N'IBIHAMYA BIFATIKA! YESU NIWE MUTABAZI WENYINE



Muminsi yanone mubantu hari umubabaro mwinshi, utewe n'ibintu byinsi ariko cyane cyane, ikinyoma, abantu beshi banditswe mubinyamakuru, abandi barafungwa,abandi baragambanirana, aho usanga ukuri kubantu kwarakamye. igihe cyose uhuye n'ikibazo nk'iki si igihe cyo kwiciraho iteka ahubwo n'igihe cyo kubana n'Imana cyane kugirango ikomeze ikubashishe. kuko isi ifite ibinyoma kandi ibikoresha nk'intwaro Yo kwiba, kwica no kurimbura abakozi b'Imana.

Itangiriro:39:11

Bukeye yinjira mu nzu gukora umurimo we, ari nta Bandi bagabo bo munzu barimo, uwo mugore afata umwenda we aramubwira ati ''turyamane'' Amusigira umwenda we arahunga,arasohoka. Abonye yuko amusigiye umwenda we agahunga agasohoka, Ahamagara abagabo bo munzu ye arababwira ati''dore yatuzaniye umuheburayo wo kudusekana agasuzuguro,yanyegereye ngo aryamane najye ntabarisha ijwi rirenga, maze yumvise nteye hejuru ntabaje asiga umwenda we iruhande rwanjye rahunga,arasohoka''.

Ibintu ukwiye gukora mu gihe cyose ubeshyerwa:

1.Kwirinda kwishinjura imbere y'abantu Bitari ngombwa.

2.Kwirinda kwitotombera Imana mugihe ubeshyewe.

3.Kugukomeza kuba inyangamugayo kugeza igihe Imana izabyerekanira.

4.Gutegereza igihe gikwiye cy'Imana cyo kurengerwa .

5.Kwizera ko icyo Imana yakuvuzeho kirusha imbaraga ibihe byumubabaro.

Buri gihe abantu bajya bibaza bati kuki Imana itaturengera, mu magambo y'Ibinyoma kuki Imana yicecekera? ariko Imana ntijya yibagirwa abagaragu bayo kuko irabiziko naho umuntu yababazwa igihe kinini arengana, niyo ubwayo Imurengera!

abafilipi 1:19 kuko mutahawe Kwizera Kristo gusa ahubwo mwahawe no kubabazwa ku bwe.......Bene Data hari igihe ubabazwa ukibaza uti se Imana ntigica urubanza rukwiriye? ariko Umenyeko Igihe cy'Imana cyo gutabara iyo kigeze, abami babura ibitotsi, bararota, Yewe utekerezwaho uko utatekerezwaga kera!

Ntakintu gikomeye nko guhakana ikinyoma gifite ibimenyetso simusiga! abantu barwana no kwiregura gusa sibyo twakarwanye nabyo kuko dufite utuburanira, Ahuibwo dukwiye Gutegereza igihe k'Imana, kigasohora!

Yosefu ntago yari guhakana kuko ikimenyetso cy'Umwenda cyari gihari, niko no muminsi ya none hari ibinyoma byinshi bifitiwe ibimenyetso simusiga kuko ntakindi Satani akora uretse kubeshya kuko ari we se w'ibinyoma Byose. Muminsi yanone nubwo abantu bibaza kubusambanyi, ubujura n'ibindi ariko hariho Ikinyoma nk'umuzi w'ibyaha byose! 

niba uri mubantu bahanganye n'ibinyoma bifitiwe gihamya si igihe cyo kwisobanura imbere y'abantu ahubwo n'igihe cyo kubwira Imana uti niwowe mpanze amaso ngo uce urubanza ruzima. ntibikwiye guterana amagambo ahubwo ukwiye kumenyako nyuma yo kugeragezwa bikagera aho hari icyo Imana ishaka gukorera ubuzima bwawe!

Data uzi umuntu wese usoma ibi, ahari abayeho mubuzima bwo kubeshya cyangwa kubeshyerwa, kandi ntaburyo yabihakana keretse kurwanirirwa nawe. Mwami Yesu ufashe buri muntu wese urengana kandi hari ibimenyetso mu maso y'abantu bigaragara nk'umwitero wa Yosefu.

Humura Uko biri kose Imana, izajya idufasha byacu byose, wowe nutayihemukira nayo ntizaguhemukira, Wemerere Yesu akuburanire uko biri kose Ukuri ntiguhishwa Iteka. Yesu abarengere mwese. ZABURI 25:3

Ndabakunda

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed