Monday 23 June 2014

NTITWABATIJWE MW'IZINA RYA ADPR,ZION,RESTORATION, YEWE NTITUZIGERA TUBATIZWA MW'IZINA RYA PAWULO CYANGWA APOLO! From M.Gaudin

Abagalatiya 5:13-15

Bene Data mwahamagariwe umudendezo, ariko uwo mudendezo wanyu ntimukawugire urwitwazo rwo gukurikiza ibya kamere, ahubwo mukorerane murukundo, kuko amategeko yose asohorera mu ijambo rimwe ngiri ngo'' UKUNDE MUGENZI WAWE NKUKO WIKUNDA'' Ariko rero nimushikurana mugaconshomerana, mwirinde mutamarana!

Intonganya ziva he?

Yakobo 4:1 


Mbese muri mwe intambara ziva he, n'intonganya ziva he? Ntibiva ku byo murarikira bibi, birwanira mu ngingo zanyu?

Bene Data nshuti mukundwa na Yesu kuko niwe wadupfiriye ku musaraba.

Mbandikiye iyi nyandiko mbabaza iki kibazi nti Ese intambara muri mwe ziva he? Nti mumfate nabi nkaho njye ntari mw'isi ahubwo nuko Imana ariyo ibaza iki kibazo!

Buri gihe intambara mubantu zizanwa n'ishyari no kutanyurwa, aho abantu babana bareba imbere bati nyuma y'ibi bizagenda bite? aho abari mubuyobozi baba bafite ubwoba bwo gusimburwa ndetse abari hasi nabo bakubita agatoki kukandi bati icyaduha bakavaho! muri bose ntamuntu ufite Impamvu nzima kuko tumenye ko Imana yimika kandi ikimura abami twaturiza aho turi kuko Dawidi yimitswe atiyamamaje! 

Niba Imana yaguhamaye ariyo yahamagaye abandi ntukwiye kubarwanya, kuko iyo ubarwanyije biba bibonetse ko Imana atari yo yaguhamagaye! ubu hari ikibazo mu myumvire y'abantu bati haravuka andi matorero, harazamuka abandi bavugabutumwa, n'ibindi byinshi gusa icyo sicyo kibazo kuko twese umurima duhingamo si Uwacu ahubwo n'Uwimana! ''Ariko buri muntu akwiye kwirinda uko ahingamo''

KUKI DUFITE ISHYARI RY'ABAJE SAA KUMI N'IMWE? NITWE TUZABAHEMBA?

Niba uri umukozi, mu murima w'Imana ukwiye kumenya ko uzahembwa ibyo Imana yagusezeranije kuko Imana niyo imenya ibyo ishingiraho iyo ihamara abakozi mu murima wayo! ntukwiye kwitekereza ibirenze ibyo Imana igutekerezaho kuko ibyo nibyo birema Intambara!usomye aha byagufasha kumva birambuye abagalatiya 6:3-6

Nyurwa nuko wahamagawe, naho waba ubimazemo igihe cyangwa uje vuba si igihe cyo kurema impamvu z'urwango n'ishyari ahubwo n'igihe cyo kunyurwa kugirango nusoza icyo wahamagariwe uzabone ikamba rikwiriye abakozi beza bakiranuka!

ABO BOSE BATEYE IMBUTO ABANDI BARAYUHIRA NTANUMWE UKUZA!

Imana ishobora gukoresha abantu mu gutera Imbuto, ndetse no kuzuhira, ariko Imana yihariye akazi ko gukuza! ikindi kandi nubwo itakoresha abantu ubwayo uwo murimo yawikorera wose ukarangira! kuko mwambera abahamya ko muri mwe hari abarya imboga mwita ko ziimejeje! izo Imana ituma inyoni n'umuyaga zikazitera, ikuhiza imvura yazo....n'icyerekana ko rero Abahawe uwo murimo bakwiye kwirinda uko bawukora kuko ntago aribo kamara, ahubwo kuwukora ukiranutse nibyo bifite icyo bimarira abawuhawe!

Imana ntirwanya ADPR,ZION,HILLSONG,GATORIKA Kuko ayo ni amazina ahuriwemo na ba PAWULO, TIMOTEYO , PETERO, NA YAKOBO........!!!! Ariko biragatsindwa kuba abarwanyi ba Pawulo cyangwa APOLO aho kuba intumwa mu cyimbo cya Kristo!

Itorero ry'Imana Imana irarikunda, kuko turi abo IMANA yacunguje amaraso kandi itorero ry'Imana si yamazu manini,muzi yubatswe n'amabuye y'agaciro ahubwo n'imitima y'abantu baramya Imana mukuri no mu mwuka. ibindi byose Twakora ntarukundo ntacyo byatumarira!

Nubwo bimeze bityo ntibikuraho ko Turi abana b'Imana, ariko uwo mudendezo ntukwiye kwononwa no kwirema ibice, kugirana amashyari, n'ibindi.

Abagalatiya 5:15
Ariko rero nimushikurana mugaconshomerana, mwirinde mutamarana!

Intonganya za hato nahato ntizibura mu muryango, ariko mwirinde ntimumarane, Iri jambo ry'Imana itubwira ritwereka ko nubwo yo Idukunda buri gihe muri Twe duhorana amakimbirane ndetse ibyo bibabaza Imana, kuko sicyo yaduhamagariye! yaduhamagariye umudendezo muri Kristo Yesu.

YEWE PAWULO, YEWE APOLO, YEWE  ADPR,EPMER,ZION,RESTORATION, yewe Runaka, Ese niba abantu batangiye kuvuga bati njye ndi uwa ADPR,ZION,APOLO CYANGWA PAWULO! Wikomanga kugatuza, uti maze gukomera??? yewe muvugabutumwa, muririmbyi niba ufite abafata batibuka gukunda Kristo ahubwo bagufasha muntabara y'ishyari n'inzangano ubigira ute?? 

Imana y'amahoro itweze rwose, iduhe kongera kumenya ko umurimo ukiri mugari(hari abishwe n'ubusambanyi, uburozi ibiyobyabwenge n'abataramenya IMANA, ASIA harimo abakiramya ibigirwamana twakaririye abarimbuka tukava mubigawa., dusabe Imana Idukize, kandi iduhe imbabazi maze iduhe imabaraga zo gukiranukira gukora umurimo wayo!

Nsoza ndasoreza kuri iri jambo:

ABEFESO:4:1-16

Ni ibiki uhuriyeho n'abakristo bagenzi bawe?

Abefeso 4:4 

Hariho umubiri umwe n'umwuka umwe, nk'uko mwahamagariwe ikiringiro kimwe cyo guhamagarwa kwanyu. Hariho Umwami umwe no kwizera kumwe n'umubatizo umwe, Hariho Imana imwe ariyo Data wa twese, uri hagati yacu Twese kandi uturimo twese.

uru Rwandiko uzarungereze kubakunda Yesu bose! kandi uzarungereze kubahamagariwe gutera no kuhira imbuto z'Imana! Imana izaguha umugisha kuko bikwiye ko Dushyigikira ukuri kuko nibwo tuzabohoka byuzuye!

Ndabakunda!



No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed