Thursday 19 June 2014

IMANA ITUREBERA MURI YESU IKABONA DUSA NAYO, WOWE MUGENZI WAWE UMUREBERA MUKI? UBONA ASA NANDE?

1yohana:2:9 

Imana yaremye isi ntiyarekeraho irema n'ijuru, ntiyaremye umucyo wonyine  ahubwo irema n'umwijima, ntiyaremye umugabo gusa ahubwo Yaremye n'umugore, ntiyaremye ibinti gusa irema n'inyamanswa, yaremye ibintu byishi bifitaniye umumaro gusa si icyo yabiremeye cyonyine ahubwo yabiremye ngo biyihimbarishe ubudasa bwabyo.

abantu benshi bagira ibyo umuntu yakwita ubusitani, bugizwe n'indabyo z'amoko atandukanye kandi zihumura muburyo butandukanye, yewe zikoreshwa ahatandukanye mubihe bitandukanye, zimwe zikoreshwa mu gihe hari umuntu wapfuye izindi zigakoreshwa hari uwabyaye.....ibi byiso utera ubusitani ntabikorera indabyo ahubwo abikora ku mpamvu ze bwite nubwo ubusitani bugirwa n'ubwiza bw'indabyo zitandukanye! rimwe narimwe ururabyo ruba rwiza bitewe naho ruteye kuko nibwo urugeranya n'izindi maze ukarushima, nyamara ubwarwo ruri kumuhanda ushobora kubona ari igihuru gisanzwe!

Uko niko natwe tumeze muri Kristo, ntidusa, ntiduteye kimwe, ntitureshya, ariko tugize ubusitani bumwe aribwo Kristo, ndababwiza ukuri ko nta rurabo rwakabaye rumenya ko ruruta izindi ahubwo nyirararwo niwe umenya ubwiza bwarwo nicyo rukwiye gukoreshwa, Nakwibaza nti Ese ujya wumva uri uri ururabo mubu sitani bw'Imana?

Jyewe nawe nubwo tudasa, dufite ibintu bidutandukanyije yaba ku mubiri cyangwa mu marangamutima, nink'uko indabo zidahuza amabara n'umuhumuro, ariko icyo dukwiye kumenya nuko Yesu ariwe uzi akamaro kaburi mwe muri twe. ntibikwiye rero kwibona nkaho uko usa, cyangwa utekereza, aribyo byatuma wumva abandi ntacyo bamaze, kandi ntanubwo ukwiye guhora abandi amabara batihaye, cyangwa indeshyo batihaye!

Mw'ijuru nta muhutu, nta mututsi, ntamutwa, nta munyarwanda, ntamucongomani, nta muzungu, ntamwirabura, uko biri kose Yesu twese azadufata nk'Indabyo mubusitani bwe! niyo mpamvu ukwiye gushyira hasi urugomo n'imyumvire yose yatuma wibwira ko hari Impamvu zaguha guhohotera abandi keretse Kwemerera satani akayobora ibitekerezo byawe.

iyo umuntu ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, nshima Imana ko Imana ihuza abatari bahuye ariko kubwa Yesu bagahuza, Yesu yatubereye ururimi rumwe, yatubereye inyungu zimwe, Yatubereye indorerwamo zimwe, Buri gihe nurebera mu madarubindi ya Yesu uzabona abantu basa bose, ariko nurebera muyandi y'amoko, y'uturere,amazuru,n'ibindi uzasanga dutandukanye cyane, icyo umuntu ashaka kureba nicyo areba kuko icyo udashaka kureba rimwe ugicaho utazi ko wakibonye! 

urugero ushobora niba ugenda munzira ureba ibyiza nibyo uzabona, ariko niba ureba ibibi uzafunga ijisho rireba ibyiza! kandi nuhitamo kureba neza uzareba neza, gusa buri gihe indorerwamo yawe niba itari Yesu ikintu kimwe uzakibonamo byinshi byishi kandi bidasa! ariko nureba Umuntu muri Yesu uzabona ikintu kimwe ariyo shusho y'Imana isumba byose!

Ibintu biguhamiriza ko ukiri mu mwijima n'ibi:

1.kuba ucyirebera abantu mu ndorerwamo ya kamere
2. kuba wanga mwene so ukavuga ko ukunda Imana utarabona
3.kuba wibwira ko uruta abandi mubusitani bw'Imana
4.kuba udaha agaciro Abo Kristo yacunguje amaraso
5.urwango rwose n'amahane n'ishyari ufitiye abandi
6.Kuba uvuga Imana mu kanwa ariko ukayihanisha ibyo ukora!

Bene Data nubwo twese Twitwa abanyabyaha ariko hari itadukaniro hagati y'abanyabyaha bahunga icyaha, n'abanyabyaha basanga icyaha!

ntibikwiye ko umuntu ujyiye mu mazi aseka uyavuyemo ngo yatose, ahubwo akwiye kumenya ko uvuye mu mazi hakurikiraho kumuka naho uayajyiye hakurikiye gutoha!

uko niko Yesu yadukuye mw'isayo ndetse n'inyanja y'ibyaha, ubu abamwizeye barimo kumuka, naho abatamwizeye barushaho gutota. nubwo abantu bakubonaho amazi kuko uvuyeyo vuba ndabizi neza uko urushaho kujya ku mucyo wa Yesu uzumuka vuba bidatinze! 

Hindukiza amaso yawe urebe mucyerekezo Yesu aguha maze ubeho ubuzima butandukanye uyu munsi.

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed