Sunday 22 June 2014

YAMUGIRIYE IMBABAZI MUGIHE WE YARI YICIRIYE URUBANZA RWO GUPFA...............NAWE YAKUBABARIRA

1 SAMWELI 12:1-15

5'Maze Dawidi aherako arakarira uwo mugabo cyane. Niko kubwira Natani ati:''Ndahiye Uwiteka uhoraho, umuntu wakoze bene ibyo akwiriye Gupfa''.

Muri kamere ya muntu nta mbabazi zibamo, nubwo twifuza abaziduha ariko iyo bigeze mukuzitanga biratugora cyane! usanga byoroshye gusaba imbabazi ariko kuzitanga bikatubera ihurizo. buri gihe abantu bifuza ibyiza bagirirwa ariko kwibuka ko bakwiye kugira ibyo bifuza kugirirwa bikagorana.

Buri muntu iyo atarafatirwa mu cyuho yumva yabwira abandi ati: mubambwe mubambwe, ndetse byakunda rwose akabibambira, umuntu umwe yarimo umwenda w'umutegetsi, hanyuma abura ubwishyu bimutera kwitura imbereye y'umutegetsi ati nukuri ungirire imbabazi kuko nabuze icyo nkwishyura! hanyuma ababariwe ajya gufata mw'ijosi umukene wari umurimo umwenda ati nyishyura, 

ubuzima bwacu ni ubwo muri iyi, aho kubarira bitatubamo nubwo dukeye kubabarirwa, Dawidi hano bamucira umugani batavuzemo izina rye, ahari iyaba Yaratekereje ati ko najye njya mbikora yari guca urundi rubanza.

KUKI DAWIDI YACIYE UWO MUNTU URUBANZA RWO GUPFA: Rimwe na rimwe natwe iyo bitugezeho usanga kuberako muri kamere muntu nta mbabazi zibamo niko natwe tujya duca Imanza!

Imana kuko iziko nta mbabazi tugira muri twe yarabidutegetse ndetse yongeraho ko Imbabazi zizaguranwa izindi! NIMUTABABARIRA NAMWE NTIMUZABABARIRWA! iki n'ikintu gikomeye Imana yashakaga ko nibura dukururwa n'imbabazi ngo twishakemo kubabarira abandi.

IMANA NIYO YONYINE IFITE IMBABAZI ZO KUBABARIRA ABANTU: Abantu kuko badashobora kubabarira ntibikuraho imbabazi z'Imana kubugingo bwayo iyo bayihanze amaso kuko ni umubyeyi w'Imbabazi, Imana yacu igitangaje aho twakoze amakosa , ibyaha bikomeye tutabasha kwihanganira usanga yo itubabarira! ibaze nawe Umwana wawe yishe, yakuyemo inda, yibye, yasambanye,n'ibindi bibi byinshi....wakwihutira ku mubabarira? Imana kuko ari umubyeyi ibabzwa cyane nuko abana bayo byitukisha mubanyamahanga cyangwa abatayumvira! 

Ababyeyi benshi bafite abana babananiye, ariko usanga aribo bonyine bagifite impuhwe zabo kuko, abaturanyi, abapolisi, aba pasitori, n'abandi bose baba bamaze kurambirwa imyitwarire yabo ariko ugasanga umubyiyi niwe ugifite amarira yo kuririra umwana we! 

nuko n'Imana ihora ituririra, naho natwe twakwiyanga urukundo Imana idukunda rutuma iduhamagara iti bana banjye munyumviye ntimwazarimbuka, ariko murambabaza kuko mutuma abanyamahanga babona urwitwazo rwo gutuka Imana yanyu!

Ababyeyi bakunda abana b;abahanga, bagira ikinyabupfura, b'imico myiza, ndetse babubahisha! ariko igitangaje kubabyeyi nuko iyo Umwana adakora ibyo nubwo bimubabaza ntiyihakana umwana!

ababyeyi benshi nibo bagemurira abana muri za gereza, nibo barwaza abakuyemo inda, nibo barwaza abarwaye SIDA,  nibo bahamba abarashwe ari ibisambo.......Bene Data Imana iruta ababyi bacu ndetse yiteguye kuduha Imbabazi ariko tuyibabaza umutima kuko dushyira urwitwazo kubayituka!

1Samweli 12:13-14 Natani abwira Dawidi ati'' Nuko rero Uwiteka yagukuyeho icyaha cyawe,nturi bupfe. Ariko kuko wahaye abanzi bUwiteka urwitwazo runini rwo KUMUTUKA kubwi cyo wakoze icyo Umwana wawe ntazabura gupfa''

Imana yarakubariye ariko kuko wahaye urwitwazo abanzi b'Uwiteka ku mutuka, ingaruka z'ibyo wakoze ntizikubera umunezero, bamwe barwaye SIDA, Abandi bakomerekeye mubujura, abandi barafunzwe, abandi barapfuye, gusa Imbabazi z'Imana nizo zizazura abapfuye bizeye imbabazi z'Imana kubugingo bwabo!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed