Tuesday 10 June 2014

ABANYWA INZOGA BAKOMEZA KUNEZEZA IMANA? UBUSINZI NK'ICYOREZO MW'ISI YA NONE N'UMUZI W'UBUSAMBANYI !


1petero 5:8 ''Mwirinde ibisindisha mube maso kuko umurezi wanyu satani azerera nk'Intare ashaka uwo yaconshomera''




Iyo uganiriye n'umuntu ufite imico itandukanye nakwita mibi, kuko uba usanga rimwe narimwe nawe ubwe atayishima ariko wayimubuza akakubaza ati ese ibi nabyo ni icyaha? ibyo rero bintera kwibaza niba abantu ibyo bamaze kumenya ko ari icyaha koko babireka! ariko nanone nemera ko ugusobanukirwa kose cyangwa kumenya ukuri bibohora! ijambo ry'Imana ribwirako ko nibamenya ukuri ukuri kuzababohora ingoyi y'icyaha cy'ubusinzi n'ibindi byose.

Ijambo ry'Imana buri gihe riraducyaha, rikaduhana,rikadutesha ingeso mbi ndetse rikadukosora, ibyo bituma turushaho kubaho mubuzima bwubashye Imana kandi bwiza kuko ntakiza nko kuva mu rwego rw'abasinzi,abajura,abasambanyi ukaba umwe mubigisha abandi iby'ubwami bw'Imana yewe ugatangira kugirira akamaro umuryango igihugu ndetse n'itorero ry'Imana muri rusange.

Yesaya 5:20

Bazabona ishyano abita ikibi icyiza n'icyiza bakacyita ikibi, umwijima bawushyira mucyimbo cy'Umucyo, n'Umucyo bawushyira mucyimbo cy'umwijima. IBISHARIRA babishyira mucyimbo cy'IBIRYOHEREYE, n'IBIRYOHEREYE babishyira mucyimbo cy'IBISHARIRA.

Usomye iri Jambo ry'Imana riduha ishusho yuko abantu bahitamo gucurika ibintu, rimwe narimwe ugasanga isukari bayigeranya n'umubirizi hanyuma umubirizi bakawugeranya n'isukari! ibi ntibiterwa n'ikindi ahubwo biterwa no kwigomeka kubyo Imana yahamije. bisa n'agasemburo gake gatubura irobe ryose .abagalatiya 5:9 . aha rero wakwibaza uti ese inzoga bazibyinira ayahe mazina, usanga kuri iki gihe abantu bagira bati Imitobe Irasharira, naho mitsing iraryoha, ibi si mpagaze kuruhande rw'ibiryohera cyangwa ibisharira ahubwo ndibaza nti ese umenye ko kunya ibisindisha, ubusinzi ari icyaha witeguye Guha ubuzima bwawe Yesu?

Yesaya: 5:22 Bazabona ishyano abiyita intwari zo kunywa Inzoga, bakagira imbaraga zo guturira ibisindisha''

Yesaya 5:11 Bazabona ishyano abazindurwa no Kuvumba ibisindisha ,  bakaba ari byo birirwa bakabirarira inkera, kugeza aho bibahindura nk'abasazi.

Mwene Data ushobora kuba unywa inzoga cyangwa uzi uzinywa, ibi byose byagufasha kumenya ko Imana itabikunda hanyuma ukayisaba imbaraga n'Imbabazi, kuko harimo abantu benshi uretse kuzababuza ijuru, inzoga zabujije bamwe imiryango, akazi, kwirere abana, ndetse bamwe ibisindisha bibahindura nk'abasazi..., ibyo byise biterwa no kwimura Imana mubyo twibwira hanyuma tugatangira gushakira amazina meza ibyaha abantu bakora.

Niba urembejwe n'ubusinzi, cyangwa ufite uwo mu muryango wawe uzi, ndagirango dufatanye gusaba Imana ngo ibohore abantu ingoyi Ya satani yo kuba abasinzi, maze Imana yongere ibashoboze kuba bazima mu mwuka no mu mubiri.

dukwiye kwiyezaho imyanda yose y'umutima ndetse n'umubiri 2abakorinto 7:1

Hariho imyanda y'umutima
Imyanda y'umubiri

Gusa nitwiyezaho imyanda y'umutima, ariryo rari n'akamera iditera gukora ibyaha , n'imyanda y'Umubiri izadushiraho, maze amazina y'urukozasoni aturuka ku myitwarire, impumuro zaho waraye azatuvaho Imana iduhe IAmazina mashya yuzuyemo isezerano.

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed