Friday 27 June 2014

IYO UHUYE N'UMUNTU UGUSABA, CYANGWA URUSHA UBUTUNZI, UKWIYE GUKORA IKI NK'UMUKRISTO? By Gaudin


1yohana3:17-18

Ariko se ufite ibintu byo mw'isi akareba ko mwene se akennye akamukingira imbabazi ze , urukundo rw'IMANA rwaguma muri we rute? Bana bato Twe gukundana urumamo mu magambo cyangwa kururimi gusa, ahubwo dukundandane mu byo Dukora no mu by'Ukuri.

Bene Data isi iratera imbere ndetse izana ibyo abantu bakeneye ndetse irari ryo gutunga no kugwiza ubutunzi rirushaho kwiyongera, kunyurwa bikagenda bishira mu bantu ariko bikaba bibi cyane iyo bigarutse bikaba no mubizera kuzabona Imana!

Ntago nshidikanya ko mu minsi ya none hakiriho abakire n'abakene, kuko Imana bose nibo yabaremye kandi nibo Iha abatunzi gutunga kuko Twese tuvuka twambaye ubusa, ntacyo dufite mu ntoki tukabeshwaho nibyo badupfumbatisha nubwo biba birutanwa.

Ibi bigaragaza ko mw'isi gutunga no gutunganirwa ari amaboko y'Imana kubari mw'isi, mpamanya n'umutima ko Ubutunzi Imana itanga buramburira abakene ibiganza, bukarengera Impfubyi, ndetse bukibuka abampfakazi n'abandi bose bababaye.

Sinibaza ko ushobora gufasha abantu bose kuko nawe hari aho ubushobozi bwawe bugarukira, ariko abo urushije icyo gufasha nibo ukwiye gufasha kuko nta muntu ukwiye gutanga uko adafite, Urugero nti wakwemerera icumbi umuntu nawe urara hanze, ntawe wasezeranya kumuha icyo kurya, nawe umaze insi utarya, ariko wakwemera gusangira n'umuntu mugihe ubonye icyo kurya, ndetse wararana n'umuntu mugihe muri munzu y'icyumba kimwe!

Ibi Imana ibibwira abayubaha, kandi bavuga izina ryayo! umuntu niba avuga ko azi Imana akanga mwene se aba yibeshya kuko ntushobora Gukunda Imana utabonye wanga mwene so ureba aho. Bene DATA usomye muri 2timoteyo :3 :1 hagaragaza iby'iyi minsi ko abantu tuzaba twikunda cyane, dukunda impiya, .........igiteye ubwoba dufite ishusho yo kwera. abantu bari munsengero, aho abakire bategurirwa intebe nziza, naho abakene bakicazwa munsi y'udutebe duto, singaya ko abafite icyubahiro bubahwa, birakwiye ariko ntibikwiye ko abantu barobanurwa kubutoni YAKOBO 2:1-9

aho utuye, aho usengera,aho uca buri munsi uhasanga abo urusha ubushobozi, ndetse naba kurusha, ariko iyo buri gihe ukinze imbabazi zawe kubazikeneye uba ukoze icyaha, ibi ndabibwira abafite ibyiringiro byo kuzasa na Yesu kuko nibo bakwiye kwiboneza!

Torero ry'Imana, birakwiye ko tunyurwa nibyo dufite kugirango tubone uko twibuka abo turusha, wowe utanyuzwe n'inzu yI ICYUMAB KIMWE, ntiwa cumbikira abarara hanze, wowe utanyuzwe n'imyambaro ntuzibuka ko hari abambaye ubusa, niba utanyuzwe n'ibyokurya Imana iguahye ntuzibuka ko hari abishwe n'inzara......uko biri kose Dukwiye kuba ukuboko kw'Imana kurambuye hano mw'isi, kandi Koko kwizera kutagira Imirimo kuba Gupfuye.

Mwene Data usoma ibi, ku muryango w'inzu yawe hari umuntu Umeze nka razaro wifuza ibyo mwasigaje, mumena buri munsi! Uwo ni umwe muri babandi bato. uwo muntu mwicarana ku ntebe ukwiye kumuramburira amaboko ukamwereka ko Imana igikorera mubo yaremye!

UBU MW'ISI ABEJEJE BYIINSHI BAHITAMO KUBIMENA MUNYANJA NGO BITABURA ISOKO BIGAHOMBA......Mugihe hari abantu bishwe n'inzara hirya no Hino.

muzirikane bose, ariko cyane cyane abo muhuje imibabaro ya Kristo, abo bose isi idshyigikiye guhamya Krsito mukenurane mubukene bwanyu, kugirango uri muruhande rwababisha amware atabonye icyo yabanenga!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed