Friday 6 June 2014

KUKO UBUPFU BW'IMANA BURUSHA ABANTU UBWENGE , KANDI INTEGE NKE Z'ABANTU ZIRUSHA ABANTU IMBARAGA.


si kubw'Imbaraga ahubwo kubw'umwuka wanjye, nzagukiza, nzagukomeza, nzakurwanirira! uko biri kose Imana ikirisha umwuka wayo! ibyo abantu bita ubupfu 1cor 1:25

1Abami 7:3 Kandi ubwo hariho abagabo bane, b'ababembe bari ku irembo baravugana bati:''Ikitwicaza aha kugeza aho tuzapfira ni iki? ariko twavuga tuti ''twinjire mu murwa'' Kandi inzara iwurimo twawugwamo. Kandi nidukomeza kwicara hano gusa, nabwo turapfa. Nuko noneho nimuze dukeze ingabo z'abasiriya, nibadukiza tuzabaho, nibatwica hose ni ugupfa.

Inkuru z'aba babmbe uzitekereje cyane, wumva ko ibyiringoro byabo byari byashize! babaga hanze y'umurwa kubera ibibembe, ndetse ntibari kubasha kuwusubiramo, nyuma yo kureba Hirya no hino ko ntagutabarwa biyemeza kujya mu ngabo z'abasiriya, bati n'ubundi byose ni ugupfa!

KWIZERA IMANA NI IKI? ushobora gusoma mu abaheburayo 11:1, ariko ukurikiranye iby'aba  babembe wasanga nanone kwizera bisobanuye ibintu bikurikira:

1. n'igikorwa kikomeye umuntu akora kuburyo Imana itahabaye aricyo cyigutera ibyago, muri make nukumenya neza ko nyuma yaho uzitwa ko wacitse kw'icumu!

Niba abraham yaremeye gutanga umwana we, wibaze iyo intama itaboneka, isaka yari apfuye niyo mpamvu agaragazwa nkaho Imana yamuzuye.

ibi byagaragara no kuri aba babembe bafashe icyemezo cyo gusanga ingabo z'abasiriya kandi babizi neza ko amahirwe menshi ari ugupfa, ariko Imana Kuko ari umutabazi naho yaharonse intama, kuko yateje ubwoba ingabo z'abasiriya maze uko ababembe batambutse ingabo zikibwira ko abisiraheli babagambaniye maze barahunga bata ibiryo, n'amafarashi.......!

Imana kugirango igukize ntibiyisaba ibifaru, amasasu n'ibindi, abanzi bawe bazagutera mu nzira imwe ariko Imana nibatatanya bazahunga baciye mu mayira arindwi! uko niko Imana yakirishije abisiraheri indilimbo, Yehoshafati ashyira abaririmbyi imbere maze abo murundi ruhande barasogotana, niko nawe Yesu ajya agukiza.

Ntibiva kumbaraga, abakomeye cyangwa Imiryango ahubwo biva mu mbaraga z'ubushobozi bwayo! ntiwakwibaza ibikeri yateje kwa farawo, inda, n'ibindi.......ibyo byose ni ubupfu bw'Imana burusha cyane Imbaraga abantu kandi ibyo ibikora yitonze kandi igakomeza amaboko yabo yatoranije!

n'Imana ikinga ntihagire ukingura, yafungura ntihagire ufunga, bene Data Kwizera Imana bikiza impagarara kuko uko biri kose ni igihe wibwira ko witanze mu maboko y'abantu Imana ibasha gukora igitangaza, maze ukahabona ishimwe. 

Ahari naweushobora kureba ntaho wamenera, ibibazo ari byinshi,abavandimwe baragutaye hanze, ndakubwiza ukuri ko Imana ariyo yaguha ubufasha ugakomera maze wamara gukomera ugakomeza abandi! 

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed