Wednesday 4 June 2014

IMBUTO ZO KUBIBA NO GUKIRANUKA MUBIGANZA BY'ABAKIRI BATO, 2ABAKORINTO 9:10

Ushobora kwibaza uti New seed generation n'iki? igamije iki? ariko igisubizo n'ijambo rito kandi n'itegegeko twahawe n'umwami yesu ati Ni mugende mubwirize abantu bajye ubutumwa bwiza. hanyuma abazanyizera ntimuzongere kubarebera mu ndorererwamo ya kera! 

Kw'isi abantu abkeneye Ijambo ry'Imana ariko cyane cyane urubyiruko rwo mu minsi ya none kuko Satani nawe ariho areba, usanga urubyiruko rwishi rushorwa mubikorwa byo kwangiza, kwica kunywa ibiyobyabwenge n'ibindi bikorwa bibi.

usanga urubyiruko rwishi ruvuka barwigisha kuramaya ibigirwamana, mwene Data y'urubyiruko ikeneye ubutumwa bwiza, kuko Imbaraga z'urubyiruko zikenewe n'ubutegetsi yaba bubi cyangwa bwiza, zikenewe n'ibyihebe, zikenewe, n'abasambanyi, n'abandi bose bakora amabi. 

nkuko Satani akoresha kandi agakorera mu bantu niko n'Imana ikoresha kandi igakorera mubantu. New seed rero n'inzozi z'uko abakiri bato baterwa inkunga bakiga gukorera Imana n'Imitima ikunze ndetse bakaba Imbuto shya mugihe gisa n'iki.

Ahari wasoma ibijyanye na new seed uri mukuru , ukumva bireba urubyiruko, ariko Ijambo ry'Imana rimbwira neza ko umubyeyi akwiye kwigisha umwana we inzira nziza, bigatumwa umwana ayikuriramo.

abashumba bamatorero ntibakwiye gufata urubyiruko ngo baruheze mu nsengero ahubwo bakwiye kubasohorera gukora umurimo w'Imana, abakiri bato bafite Impano z'ivugabutumwa,bahanuzi,abavuga indimi shya,abakiza indwara,, abigisha n'abandi bafite Impano zitandukanye si igihe cyo kumva bateje ikibazo mu matorero ahubwo n'igihe cyo kumenya ko bakwiye gutozwa hanyuma bakazasigara aho mwari muhagaze muvuga ijambo ry'Imana hatabayemo kuzimya umurimo w'Imana.

2Abakorinto' ''Iha umubibyi imbuto n'imitsima yo kumugaburira ni yo izabaha, ibongerere imbuto zanyu zo kubiba kandi igwize imbuto zo gukiranuka kwanyu''

ibyo twizera:

imbuto zo kubiba
imbuto zo gukiranuka

New seed generation for Jesus , dufite intumbero ko yaba twe cyangwa abatugana twagira imbuto zo kubiba muri twe hagati cyangwa mw'isi. ( ibijyanye n'ibyo abantu bakeye buri munsi, nko kwiga kwivuza, n'ibindi.........)

New seed generation for Jesus, dufite intumbero yo guhanga amaso ku mana ngo Itugwirize imbuto zo gukiranuka, zimwe zibonekera mu kwizera kumaramaje Umwami Yesu Kristo ari we banze n'ibuye ry'ifatizo twubatseho.( imibereho ihindutse muri Yesu Kristo.

more info click: new seed college

ushobora kuba umwe muri twe cyangwa gushyigikira uyu murimo, uwusengera,kugirngo Imana ikomeze iwagure mugihe cya none n'ikizaza.kandi nkusabiye umugisha wowe wumva umutima wawe wiyemeje kudushyigikira muburyo bwose ushoboye.\

Ijambo ry'Imana ribwira neza ko uzatwifuriza umugisha nawe azawuhabwa, nicyo gituma nkusabiye Umugisha wowe wiyemeje kubana natwe, dushobora kutakumenya ariko Imana izahemba abakora neza ntizibagirwa imirimo yawe.

kandi turashimira n'abantu mwese mukomeza kutwereka ko uyu murimo muwushyigikiye, Imana ibahe umugisha mubyo mukora byose, ibagwirize imbuto zo kubiba, ndetse n'izo gukiranuka mu bihe bya none ndetse n'ibizaza

BY M.Gaudin


No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed