Monday 26 May 2014

IGISUBIZO CYIZA CYAHESHEJE YOBU KWIBUKWA N'IMANA, ''BYOSE NIWE WABIMPAYE'' NIWE UBYISUBIJE''=NIWE USHOBORA NO KUBINGARURIRA!

Nkuko umuntu avuka ntamenyo afite mukanwa.......Imana ikayamuremera..........agakuka .....ubuzima burakomeza, ibyo dutunze bijya biza, bikagenda ariko icyo wamenya nuko nyuma yuko Umuntu akutse amenyo ubuzima bwo kurya ntibuhagarara.......!!!!! nawe nubwo bimeze bityo komeza urugendo Imana niyo yabikoze kumpamvu zayo bwite ifite uko izabigenza,,,,,,ntamuntu ukwiye kwibaza Impamvu yakutse amenyo ahubwo akwiye kugira ishimwe ry'Iminsi yayamaranye'' kuko iyo imana ibishaka wari gusaza ntanarimwe umeze mukanwa.

Yobu 1:20-22

Maze yobu arahaguuruka ashishimura umwitero we,arimoza yikubita hasi arasenga ati: navuye mu nda ya mama nambaye ubusa, Nzansubira munda y'Isi ntacyo nambaye.Uwiteka ni we wabimpaye, kandi uwiteka ni we ubitwaye.IZINA RY'UWITEKA RISHIMWE.'' Muri ibyo byose ntiyakoze icyaha , haba no kubiherereza ku Mana.

Kwisi abantu batandukanye bahura n'ingorane zitandukanye, bamwe bibatera gutunga abandi urutoki bati ntacyo batumariye cyangwa bati nibo babiteye, abandi bikabatera kuba banakwiyahura. ariko hariho igishushanyo cyiza kuko ntidukwiyeho kubaho mubwoba bwo kugira ibyo Dutakaza, ahubwo dukwiye Gushima Imana kubyo yaduhaye igihe twari dufite ubusa. ''ntukagire ubwoba bwo kugira ibyo utakaza ahubwo ujye ushaka ishimwe ry'Imana mubyo yaguhaye mugihe utari utunze na kimwe''

Yobu yabuze abana: yobu amaze kubura abana icyamufashije si ikindi ahubwo nuko yibutse ko yigeze kubaho ataziko azanabyara, maze amenyako Imana imuzi mbere ntabana afite, ariyo yabamuhaye, yewe ariyo Imuzi mugihe banamushizeho.

Yobu yabuze amatungo: Yobu yibutse ko yavutse ntamutungo numwe umwanditseho, ahubwo Imana yashimye kumuha ubutunzi, ibyo bituma yumva Imana ikwiye gushimirwa igihe cyose yabayeho atunze, ntibyatera umutima we kwibaza ko Imana yahemutse.

Yobu Yanze Inama mbi y'umugore we: Yobu yasobanukiwe ko naho yapfa Imana yamuzura, yihanganira ibigereragezo, kuko yari aziko Imana ibasha kwisubiza ubuzima bwa buri mwe bidasabye ko uyituka ngo wipfire, ibyo byatumye Imana imusubiza ubutunzi ndetse Imukubira kabiri.

IMANA NIYO YABIMPAYE KANDI NIYO IBYISUBIJE: uku kwibwira k'umutima n'ikimenyetso cy'uko wemera ko Imana yabiguhaye ikabyisubiza ibasha kongera kubiguha! 

iyo abantu bahuye n'ikibazo cyo kugira ibyo babura kandi bari batunze cyangwa bari biringiye,hariho amajwi menshi akubwira ko ntacyo bikumariye Kubaha Imana kugeza aho bamwe bafata icyemezo cyo kuba bakwiyahura baziko aribwo buryo bwiza bwo kwiyorohereza!

Imana yaremye ijuru n'isi, Imana yaremye abantu batuye isi, Imana ibasha kuzura abapfuye, Imana ibasha kuguha ibyo ubuze kuko n'Imana ifite isi yose mu kiganza cyayo, ikirenze kuri ibyo n'Imana izaduha ubugingo buhoraho!

urufatiro rwo kunezererwa Imana nukumenya neza ko ishobora byose! nanyuma y'iminsi mibi ko yaguha kwibagirwa umubabaro wakubayeho wose akanya gato nko guhubya! niyo mpamvu uko biri kose ukwiye kwisubiza igisubizo nk'icya yobu mugihe cy'ibibazo  byawe! ugatumbira Imana yo ibasha kuzura abapfuye ukamenya ko itananirwa kugirira neza abakirimo umwuka wayo!

Ndabakunda!

Sunday 25 May 2014

AHO KWIZERA KWABANDI KUTARI, NDETSE N'AMABOKO BAYAMANUYE YESU WE ABA YITEGUYE GUKOMEZA GUKIZA!

Kuva 17:11 Mose yamanika amaboko abisirayeli bakanesha, yayamanura Abameleki bakanesha'' maze amaboko ya Mose araruha bajyana ibuye bararimutega aryicaraho , Aroni na Huri baramira amaboko ye Umwe iruhande rumwe n'undi kurundi,amaboko ye arakomera ageza ku izuba rirenga. Yosuwa atsinda urugamba.
ubuzima abantu benshi babayemo n'intambara yaburi munsi, usanga uyu munsi turwana n'ibi ejo n'ibindi. uko biri kose urugamba rwose umuntu ariho agomba kuba ashyigikiwe kuruta uwo barwana iyo bitabaye ibyo gutsindwa biba ari ikintu utabuza kukubaho.

Urugamba urwana hari umanitse amaboko kubwawe: buri muntu witwako ahagaze kurwego rwiza, nuko akandagiye kubitugu by'abamuhetse, uko biri kose ushobora kwirengagiza ariko buri muntu akenera umuntu wo kumuzamurira amaboko mugihe ari kurugamba.

ibyo bikorwa usengera abantu, ubakunze kandi ubafasha kugirango Imana ibashoboreshe gutsinda urugamba rw'ubuzima bwo mw'isi.

Mose uko yamanuraga amaboko Yosuwa kurugamba yaratsindwaga, ndakubwirako uzamuye amaboko kubwawe ayamanuye watsindwa! ariko Imana ishimwe ko hari abitanga kubwawe ngo ukomeze uhagarare ahakwiye.

usomye ubutumwa bwiza bwa Matayo uhasanga abantu bahetse ikirema bakijyanira Yesu, Maze abonye ukwizera kwabo ati haguruka ugende, aba bahetse uyu muntu wari umugaye  Yesu yarebye ukwizera kwabo maze arakiza, aba bamanitse amaboko kugirango uyu muntu akire.

hari benshi bamanitse amaboko kubwawe ngo ubone itsinzi muntambara urwana nayo.

Ntakintu kibabaza nko kuba udafite umuntu wahagarara kubwawe, ntamuntu ugushyigikiye, ntamuntu ukwitangira, ntamuntu wagufasha kurwana urugamba rw'ubu buzima! rimwe narimwe bishobora no kugutera umutima mubi aho wagira uti abandi bafite ababafasha, ababitaho n'ibindi.....ariko nkufitiye Inkuru y'ihumure nti; mugihe habuze numwe Yesu ubwe arabyikorera naho abo ategeka kukumanikira amaboko babyanga we arahari ngo agutsindishirize

Yohana5:7 Umurwayi aramusubiza ati Data buja simfite umuntu unjugunya mu kidendezi iyo amazi yihindurije,nkiza undi antangamo kumanukamo. 

nawe ushobora kuba umaze iminsi utegereje uwakujugunya mu rwego runaka, mu mazi, mubuzima buzira icyaha, ariko niyo hatari abantu Yesu We aba ahari! Imana ishaka ko niba twarayimenye tuberana amaboko, imbaraga ndetse n'ubushobozi, Gusa bidakuyeho ko Iyo tutabikoze ngo tubikorere abandi Imana yo ubwayo irabibakorera, cyangwa iyo batabidukoreye Imana irabidukorera!

mwibuke Ijambo morodekayi yabwiye esiteri ati : ntakizabuza abayuda gutabarwa........uko biri kose Dukwiye gukora neza, kuko Imana ariyo iduha gukora neza, ikindi kandi ukamenya ko aho abantu byananiranye Imana iba igifite ijambo rya nyuma kubuzima bwawe. ntukihebe, umuryango ushobora kugutererana,ababyeyi,inshuti n'abavandimwe ariko Icyo Imana yakuvuzeho ntakabuza kizasohora.


NDABAKUNDA!

Saturday 24 May 2014

KWIYIRIZA UBUSA KWAWE KUMARIRA IKI ABANDI ? ESE UBONA BYATUMA WUMVIRWA N'IMANA?


Yesaya 58:3 Ndetse barabaza bati igituma twiyiriza ubusa ntubyiteho ni iki? Ni iki gituma twibabaza ukabyirengagiza.

''mbiterwa nuko ku munsi wanyu wo kwiyiriza ubusa muba muba mubonye uko mwinezeza ubwanyu, mukagira nabi abakozi banyu bose.

Muri iki gihe abantu bafite Impamvu zirenze imwe zituma bajya gusenga, biyiriza ubusa, batakambira Imana ku manywa na ninjoro, ariko akenshi usanga hari ibyo abantu bakora kubera kwikunda cyane kandi ikintu cyose gikozwe mukwigunda kigirira inyungu ugikora wenyine.

Kwiriza ubusa Kwawe kugirira nde umumaro?

biroroshye kumva urembejwe n'ibibazo ugatakambira Imana ngo igukize! ariko Akenshi usanga abantu birengagiza ibyo Imana ibasaba bakihutira kwiyiriza uko bo babigennye! Imana icyo ikeneye si uko twiyicisha inzara, si uko tujya mu misozi cyane no kwibabaza mubundi buryo bwose butari ubu Imana ishaka!

KWIYIRIZA UBUSA IMANA ISHIMA NI UKU:

1.Kubohora abantu ingoyi z'urugomo: abantu benshi usanga bagira urugomo iminsi itandatu mucyumweru hanyuma uwakarindwi ugasanga baribombaritse ariko Imana izi ibyo uba umazemo iminsi kandi yifuza kubohora abandi ingoyi z'urugomo ubagirira: urugomo rw'amagambo, ishyari,gusebanya,guteranya,n'ubundi bubi bwose.

2.Guhambura abantu Imigozi y'uburetwa: Bene Data usanga abantu benshi bitwa ko basenga Imana ngo ibabohore uburetwa bwa satani ariko bo bakaboha abandi, bamwe baboha abakozi babo,abana,n'abaturanyi .niba usaba kubabarirwa umwenda ukwiye kubabarira abawukurimo nawe, ariko abenshi usanga babarirwa umwenda hanyuma bakaniga abatinze kubishyura.

3.Kurenganura abarengana no guca iby'agahato: niba utareba abarengana ngo ubarenganure kandi ufite ububasha bwo kubikora umenye ko amasengesho usenga ari amasengesho yo kwirengagiza ibyo Imana igusaba.

4.Kurekura Ugatanga Ibyo kurya byawe ukagaburira abashonje: abenshi bajya gusenga basize ibiryo muri stock, ndetse biyiriza bazi neza ko bari burye bamaze gusenga. usanga bamwe bagira bati: nsize amata ntihagire uyakoraho muziko ndibuve mu masengesho nshaka kunywa, naho haza umushyitsi ushonje birinda kuyakoraho! ushobora kwibaza nawe kwiriza kwawe ko hari abashonji bijya biha amahirwe yo kurya!

5.Gucumbikira abakene bameneshejwe ukabashyira mu nzu yawe: ubu Imiryango myinshi ntigicumbikira abashyitsi, kuko usanga hariho n'abashakana badashaka n'abantu babasura, ariko ugasanga basaba Imana kubaha inzu nini, bazashyiramo igaraje y'Imodoka, ndetse n'akazu k'imbwa....ariko ugasanga abakene bameneshejwe baba bene wabo cyangwa abaturanyi, atabategera amaboko.

5.Kwambika abambaye ubusa: ubu Iminsi yanone hagezweho gukura inkweto nyishi, imyenda myinshi, hanyuma ukambara ukaberwa murusengero, maze uwo musengana yaba atambara nkawe bikaba impamvu yo kumuganiraho no kumutaranga hose ndetse no mu byumba by'amasengesho : bati Mureke dusengere mwene Data rwose asigaye ahora mugitenge, ishati imwe, kandi ufite ubushobozi bwo kuba wagira icyo ukora ngo yambare neza.


ahari nawe wareba ukwiyiriza wiyiriza uko ariko, maze ukareba niba koko ukiyiriza byatuma wumvirwa! ni byiza gusenga no Kwizera Imana ariko KWIZERA KUDAFITE IMIRIMO KUBA GUPFUYE''

ikitwereka urukundo nyarwo n'iki: nuko Yesu Yatanze ubugingo bwe kubwacu, natwe biradukwiye ko twatanga ubugingo bwacu ku bwa bene Data''

Ntuzafasha bose, kandi ntuzafashwa na bose gusa buri muntu wese afite uwo yashobora gufasha ndetse n'ufasha yafasha abo arushije amahirwe.

Ndabakunda!

Thursday 22 May 2014

KUKI BATUBUZA KWICURIZIZA INTWARO KANDI BO BAKIZICURA? by M.Gaudin


1samuel: 13:19

Icyo gihe ntamucuzi wari ukiboneka mu gihugu cyose cya Isirayeli, kuko Abafilistiya bavuze bati''TUJYE TUBUZA ABAHEBURAYO KWICURISHIRIZA INKOTA N'AMACUMU''.

''maze abisirayeli bakena intwaro zo kurwana''

Bene Data turi mu ntambara turwana n'umwanzi Satani, umubiri ndetse n'isi. ibyo byose bitubuza kwita kubyo Imana yahamije ndetse bigatuma kwizera kwacu gucogora rwose ndetse kukagabanuka. muri iki gihe cya none Isi iratera imbere kandi Satani aracyabaza buri mwe ati: nupfukama ukandamya nzaguha ubutunzi bw'isi bwose!

Ubu usanga ibihe byo kubana n'Imana bigenda bishira mubantu, kuko Satani agambiriye kubuza abantu b'Imana kubana nayo ngo ahari ni bishoka ayobye n'intore z'Imana. buri muntu wese iyo yisuzumye amenya umwanya asigaye aha Imana, umwana wo gusoma Ijambo ry'Imana no gusenga.

INTWARO Z'IMANA ZITSINDA UMWANZI:

Abefeso: 6:10 Mwambare intwaro  zose z'Imana, kugirango  mubashe guhagarara mudatsinzwe  n'uburiganya bwa Satani.

1.UKURI:

Bene Data ubu  abantu bavuye mw'Ijambo ry'Imana aho Imigani y'isi igira iti Ukuri kose si kwiza, hanyuma umuntu aho atavuze ukuri kandi ntaceceke wibaza ko yahasimbuza iki uretse Ikinyoma? bene Data iyo Satani agamije kubuza abantu gucurisha intwaro y'ukuri kuko arabizi ko nibakomeza kuvuga ukuri abantu bazabatuka!

GUKIRANUKA:

Imana ishaka ko abantu bakiranuka atari uko yo hari icyo biyitwaye ahubwo kuko iziko Gukiranuka bikingira igituza cy'umuntu wese wizera Imana, birinda umutima w'abizera maze tugatergerezanya umunezero igihe umwami azazira gutwara abe. Satani agamije gusanga igituza cyawe ntakigukingiye maze akarasa mu rwiciro. niyo mpamvu atuma abantu bumva bahemuka, ndetse batita kugukiranuka maze bagahugura mubindi.

INKWETO:

Arizo butumwa bwiza, mukomeze kwatura ibyiringiro byanyu. ubu abantu benshi bumva batavuga ubutumwa, aho bumva bigayitse ari iby'abantu babuze icyo bakora ndetse badafite gahunda. ariko iyo Satani akuyeho iyo ntwaro mu muntu aba azi neza ko amushoboye. ubundi hari intwaro zo kwirinda hakaba n'intworo zo kugaba igitero. Satani rero atuma tuguma mu birindiro maze kugaba ibitero tukarekera. ariko buri gihe ikipe zikina umukino wo kurinda ibitego zitsindwa byinshi.

KWIZERA:

ukumenya udashidikanya ko Ibyo Imana yavuze bizasohora. iki nimwe mubintu bitanga imbaraga mugihe muri kurugamba. iyo abasirikare bacitse intege (morale) ntibashobora gukomeza. ariko iyo muzi neza ko uko biri kose muzatsinda urugamba ntimukangwa n'ubukonje,ubushyuhe,ubukene,n'ibindi...kuko muba mufite kwizera nk'ingabo muzimisha imyambi ya satani.

AGAKIZA:

 Mwakire agakiza kabe ingofero, bene Data agakiza kadutandukanya n'abandi batagafite kuko n'ikimenyetso gituma Iyo Imana imanutse gutanga ubufasha kurugamba imenya abayo, niba mutaye agakiza rero mumenye ko ntakizabarengera. Beshi bari barasizwe amaraso kuruhanga none babaye abasirimu barayasibye kandi Imana niza izaza kureba abo yashyizeho ikimenyetso.

INKOTA Y'UMWUKA: Ijambo ry'Imana niyo nkota tubasha kurwanisha nayo iri muntwaro zitari izo kwikingira ahubwo ikoreshwa no gushoza urugamba, iyo Satani agize ati ''hindura ayamabuye umutsima umusubiza ute? iyo agize ati gusambana ntacyo bitwaye usubiza ute? iyagize ati: kwiba ntacyo bitwaye n'ibindi......Satani agerageza kubuza abantu gusoma Ijambo ry'imana maze abantu bagahugira mubindi maze bakanjya bahorana urujijo ariko Imana igira iti YOSUWA 1:8

musengeshe umwuka iteka, mube maso, kandi musabire abera bose, ibi byo byakabaye kuri buri mwe wese uri kurugamba ariko Usanga akenshi ubisimbuza ikindi, ahari ugusenga ubu abantu bahashyize films, n'ibindi....ariko ibyo byose ntanakimwe cyagufasha uretse kumvira imiburo y'Imana.

Sinzi uko uhagaze muri iki gihe ariko wisuzume kuko wasanga nawe warabujijwe kwicurishiriza intwaro z'Intambara, agasanga igihe cy'urugamba utsinzwe.

reba ibintu bikuzira gusenga, gusoma ijambo ry'Imana, kuvugisha ukuri,  kuvuga ubutumwa bwiza ibyo byose ntakinti urasanga hari ikibyihishe inyuma gishaka ko utsindwa ku munsi mubi.

ICYITONDERWA: Imana ikoresha abantu ngo barwanye satani, kandi Satani akoresha abantu ngo barwanye umurimo w'Imana kw'isi. ibyo rero ntibugutangaze kubona

ababyeyi, inshuti, abakomeye, abakina filime,abaririmba, n'abandi batandukanye bari mukazi ko kubuza abantu kwicurishiriza intwaro. nawe nureba neza uzasanga hari bamwe bagukuye kubyajyaga biguha Imbaraga nko kugusenga no gusoma Ijambo ry'Imana no gukiranuka n'ibindi....!

Ndabakunda.


BE THE VESSEL


Monday 19 May 2014

ESE KOKO NAWE BAVUGA KO BAZI UBWIBONE BWAWE N'AGASUZUGURO KO MU MUTIMA WAWE? By M.Gaudin


1samuel 17:28

Maze Eliyabu mukuru we w'impfura ya se yumvise Dawidi avugana n'abo bantu, uburakari buramuzabiranya aramubaza ati'' Wazanywe n'iki? Mbese bwa butama wabusigiye nde mu bututayu? Nzi Ubwibone bwawe n'agasuzuguro ko mu mutima wawe, kuko wazanywe no kureba Intambara''.

Dawidi aramusubiza ati '' Mbese ngize nte? aho ntayindi mpamvu?''

Inkuru za Dawidi, arwana na goliyati, ziryohera abantu ariko ntitubasha kumenya ko mbere yo kurwana na Goliyati yabanjye kugira intambara zitewe n'abavandimwe! buri gihe Umuntu wese agira ibyo ahangana nabyo kugirango atere Imbere, nyamara mbere ya Goliyati haboneka ba Eliyabu, baba bagaragaza ko bazi intege nke zacu imbere y'abantu.

Burya umuturanyi aguciye intege biroroshye kuruta uko uko umuvandimwe, umubyeyi, nyogosenge cyangwa so wanyu yaziguca, gusa buri gihe bishobora kumvikana mu matwi y'abumva ko niba ab'iwabo batamwemera abakure bakwemezwa n'iki?

ELIYABU ARONDORA DAWIDI ATI:

Nzi Ubwibone bwawe
Nzi agasuzuguro ko mu mutima wawe.

Ibi byari bihagije ko Umwana muto rwose acika intege kuko nawe wibaze mubantu batakuzi bakubonye bwa mbere umuntu witwa ko akuzi akakuvugaho amagambo nkaya! Rimwe narimwe wamurakarira kuburyo mwese mushobora no kurwanira imbere y'abandi batabazi hanyuma ibintu bikarushaho kuba bibi!

Dawidi yamenye uko yitwara ati'' Ese aho ntakindi dupfa?'' Buri gihe abantu hari impamvu yihishe inyuma y'impamvu bagusebya!

Dawidi yatoranijwe n'Imana bakuru be bahari!

Ishyari buri gihe rituma ushaka igitutsi watuka umuntu, kuko ntahandi Eliyabu yamenyeye Dawidi kugeza aho avuga ko azi ubwibone bwo mu mutima n'agasuzuguro bya Dawidi, kuko no kuba yarabagemuriye kurugamba byagaragazaga kubaha se , kuko ubundi ntibyoroshye kugemurira abantu kurugamba uretse kuba wubaha!

IMPAMVU ELIYABU YASEBYAGA DAWIDI:

Igihe cyose uwitwa mukuru atemera guhara icyubahiro n'ikuzo kubo yita abato, ntabona igihe cyo kubatoza ubutwari ahubwo abaremamo umutima w'ishyari n'igomwa. Eliyabu nk'abandi bose bari barabategeye ko uzatsinda goliyati azahabwa umkobwa wa Sawuli, ariko Bose biranga, Maze haboneka Umwana ukiri muto wiyemeza kumva yarwana.

IMBARAGA ZA SAWULI ZARI MU KWEMERA DAWIDI:

Sawuli nubwo yari muremure asumba ab'isiraheli bose, yari yaratinze, Gusa kubera ko yashaka kureba ko intambara yarangira yemera Dawidi kurwana na Goliyati.

MUBAKUZI IMANA IZAHAGUHERA INTSINZI! Imana ntiyaretse Dawidi asubirayo ahubwo Yamuhereje intsinzi mu maso yuwa murondoye ubwibone, n'agasuzuguro maze atsinda Goliyati Eliyabu areba.

ISOMO KURI BA ELIYABU:

Ntugasuzugure Umuntu wese kuko Imana ikoreye muri we babona itsinzi.
Njya uvuga uziga kuko Ejo ibyo wahamije umuntu byarangira bimenyekanye ko wabeshye.
Uwo uzi ukwiye Kumutera Imbaraga kurenza kumuca inte kuko ibimuca intege ntibikeye byo ni byinshi.
Umuvandimwe avukira Gukura abandi mu makuba Imigani17:17

Bashumba mufite ba Dawidi.
Bayobozi mufite ba Dawidi

Ariko akenshi nimwe mubaca intege nyamara icyo baba baharanira ari uko aho hahinduka ishimwe. Abo ni abo gushyigikirwa, guhabwa imbaraga no gufashwa gukomeza guhesha Imana icyibahiro.

Ba Dawidi namwe mujye mu menya uko mwitwara mugihe ba Eliyabu babasebereje imbere yaho mwari mugiye kubona ikivugo n'ishimwe riva mw'ijuru.

uko biri kose Goliyati Eliyabu adashobora zicwa Na DAWIDI.

Ndabakunda

Saturday 17 May 2014

YOHANA 19:30 ''BYOSE BIRARANGIYE'' IJAMBO RIFATWA NK'IKINYOMA KUBERA IKI? by M. Gaudin

Iri niryo jambo Yesu yavugiye ku musaraba risezera abantu mu bubata bw'ubwami bwa Satani, iri ni ijambo Yesu yahamije ubwo igihano gikwiye yari amaze kugihabwa. Iri n'ijambo yavuze azi neza ko birangiye.
iyi umuntu akubwiye ko byose byarangiye, ikiba gisigaye koko n'ukureba ko byarangiye! none se wowe kuri wowe wemerako byose byarangiye? igisubizo ufite si nkizi gusa nibaza ko mbere yo kumenya ibyarangiye Yesu yavuga n'ibiki? ese wowe ubifitemo uwuhe mugabane?

n'ibiki byarangiye?

Iteka abari mw'isi bari kuzacirwaho iyo hataba igitambo cy'AMARASO YA YESU!

YOHANA: 1:12 ''Icyakora abamwemeye bose bakizera izina rye, yabahaye ubushobozi bwo KUBA abana b'Imana.abo ntibabyawe n'amaraso cyangwa ubushake bw'umubiri, cyangwa ubushake bw'umugabo, ahubwo babyawe n'Imana''

Impmvu zituma ubifata nk'ikinyoma: 

1.NUKO UTABYIZERA

ahari wabwira uti ndabyizera kuko ndi umu kristo ndetse nsengera aha naha! ariko ibyo byose ntanakimwe cyerekana ko wizera kuko kwizera si aho usengengera ahubwo ni ukwakira ubumenyi butangwa n'Imana ubwayo. si ikintu wemezwa na pastori oya ahubwo n'ubumenyi uhishurirwa n'Imana ndetse bukumaraho gushidikanya rwose kuko uwabivuze uba Uzi neza ko ntawundi bahwanye!

abaheburayo :11

2.NUKO UDAHA UMWANYA IMANA:

Sinibaza niba ushobora gukunda umuntu, hanyuma ukajya wirindwana n'abatamukunda n'abamusebya ko hari icyo byakumarira murugendo rw'urukundo rwanyu! abantu benshi barambagiza ibyiza bagashakana n'ibibi.

niba koko wizera Imana ukwiye kumenya icyo ukwiye gukora. Yosuwa 1:8

3.UBWINSHI BW'IBYAHA WAKOZE.

Abantu benshi bibaza ko ibyaha bakoze ari byinshi cyane kuburyo kwizera ko wababariwe bibagora! ibaze nawe barakubwiye ngo Urwaye SIDA naho baba bakubeshya niyo Muganga avuze ko ntayo ufite ntunyurwa, nyamara ugiyeyo ariyo Urwaye bakayibura hose utaha ufite umutuzo!

Bene Data impamvu zituma ubabarirwa zituruka ku mana, si ngombwa kumenya uko ibigenza, cyangwa uko ibikora ivuze ngo ndakubabariye iba ibikoze.

4.KUBA UTITEGUYE KUVA MU NGESO MBI:

Abantu benshi iyo bamaze kwijandika mu byaha cyane bagera ku rwego rwo kudakoreshwa ibyaha, bakabikora, bakava kukubikora bakabikoresha abandi, kugeza aho bafasha abandi kubikora!

1.GUKORESHWA ICYAHA
2.GUKORA ICYAHA
3.GUKORESHA ICYAHA

Urwego rwose waba ugezemo Imana irakubabarira ariko wowe niwowe uba uzi neza ko ushaka guhinduka! ijambo ry'Imana rimbwira neza ko ubuntu twahawe butwigisha kureka ingeso mbi twagenderagamo: Tito:2:1-14

Kuba ukiryohewe n'ibyaha ukerensa imbabazi z'Imana, ariko Imana ireba mu mutima ikamenya inyota ufite yo kureka ibibi, kuko niyo ingera Imitima, niba ufite inyota yo kuva mu byaha Imana izaguhaza amazi yo Gukiranuka yavuye murubavu rwa Yesu.

5.KUBA UTARI UW'IMANA, URWANYA IBYAYO

Yesu ati: muri abaso Satani, iri jambo rirakomeye,  kuko niba uri kuruhande rwa Satani muburyo bubwe cyangwa ubundi, ntushobora kwemera ibyo kuko uba ufite urundi ruhande uhagazeho!

umutima w'umuntu ubasha kumenya neza uruhande ahagazemo, inyota afite yo gukiranukira Imana, inzira arimo yo kwanga ikibi n'ubufasha bwose akeneye! 

Byose birarangiye! ijambo ry'itsi kubategereje gutabarwa n'Imana bose, ngo bave muburetwa bwa satani maze bajye mu mujyo w'Imaana. si ubupfu kubizera ahubwo n'Imbaraga ziduhesha KUBA abana b'Imana.

Ndabakunda!


UMURIMO WA TOBIYA NA SANIBARATI ndetse N'abahanuzi b'Ibinyoma MW'ITORERO NO MUGIHUGU NTUBUZA NEHEMIYA KUBAKA!

Nehemiya: 2:17 Mperako ndababwira nti' Ntimureba ko tumeze nabi, ko i Yelusalemu habaye amatongo n'amarembo yaho  akaba yarahiye? Nimuze twubake inkike y'i Yelusalemu tutagumya kuba igitutsi'.
Nehemiya usanga ntamuntu wamuhaye akazi ko kubaka, ahubwo yumvise inkuru z'i wabo maze agira agahinda yumva ntiyarenganya abandi ahubwo yumva ko hari icyo yakora, maze afata icyemezo cyo kubakisha i Yelusalemu.

Buri gihe iyo umuntu akora neza ntibibuza abahagurukira ibyo akora guhaguruka, bashobora kubigaragaza mubyiciro bitandukanye

1. Bashobora kuvuga amagambo aguca intege
2. Gushaka ku kugambanira ngo bakwice 
3.Gusenya ibyo urimo kubaka

Inkuru ikimara kumenyekana ko Nehemiya n'abandi biyemeje kubaka inkike zasenyutse , hari abandi bahagurutse kurwanya icyo gikorwa kiza, abo ni SANIBARATI NA TOBIYA.

''nehemiya 4:2 ''Banjya imigambi bose uko bangana ngo bajye kurwanya ab'i Yelusalemu, babatere imidugararo'' 

Bene Data imidugararo mu nsengero, mu miryango , mu bihugu n'ahandi ibaho bitewe n'abadashaka ibyiza aho hantu. ibyo bikorwa kugirango muhugire mu midugararo mwibagirwe gukora Umurimo mwiza mu kwiye gukora!

niki gikwiye gukorwa mugihe nk'iki!

1.Gusenga Imana (6:14)
2.Kubera maso icyo urimo kubaka.(4::4)

Nehemiya ati'' 4:3 Ariko twebwe dusenga Imana yacu, dushyiraho n'abarinzi bo kubarinda ku manywa na ninjoro.

Hari igihe rero habaho gusenga Imana ariko ukibagirwa abarinzi, kandi Imana ntizamanuka ngo irinde ahubwo izaha imbaraga abo biyemeje kurinda ibyiza kuko bayitakambira kumanywa na nijoro. kuko ngo Iyo Imana itarinze abarinzi babera maso ubusa''

Bene Data igihe cyose ugambiriye gukora neza uzahura n'ibiguca intege, kuko Umwanzi w'ibyiza ni Satani kandi akorera mu bantu. ariko Imana nayo ijya ikorera mu bandi kandi ntagihe ingabo z'Uwiteka zijya zitsindwa urugamba uhumure Yesu watangije umurimo muri wowe azawusohoza amahoro.

Naho ibyo waba umaze kubakwa byasenywa, Imana yakongera ikabyuka kuko Imana yazuye Yesu ntiyananirwa no gukora ibirenze ibyo, Imana iguhe umugisha kubw'ishyaka ry'ibyiza ufitiye umuryango.itorero ry'Imana ndetse n'igihugu cyawe. 

Ndabakunda!


Thursday 15 May 2014

IMINSI MIBI IYO IJE ABABI BARUSHAHO KUBA BABI, KWIHANGANA BIZAKURINDA KURYA UMWANA W'IBYARIYE!


2 ABAMI 6:24

Hanyuma y'ibyo umwami w'isiriya ateranya ingabo zose arazamuka atera i Samaliya arahogota. maze i samaliya hatera inzara mbi cyane, barahagota ndetse  kugeza aho baguriye igihanga cy'indogobe ibice by'ifeza mirongo inani, n'igice cya kane cy'agakondwe kamwe k'amahurunguru y'inuma ibice bitatu.

bukeye umwami w'Abisiraheli anyuze hejuru y'inkike z'amabuye umugore aramutakambira ati'' NDEGERA NYAGASANI MWAMI'' aramusubiza ati uwiteka natakurengera ibyo kukurengera ndabikura he? ndabikura ku mbuga cyangwa mu rwengero? umwami aramusubiza ati ubaye ute?

Aramusubiza ati'' Uyu mugore yarambwiye ati''Zana umwana wawe w'umuhungu tumurye none, ejo tuzarya uwanjye. nuko duteka umwana wanjye turamurya, bukeye bwaho ndamubwira nti Zana umwana wawe tumurye none yamuhishe.

Ijambo ry'Imana ritubwira ko ntakigeragezo kibasha kugera ku bantu atari rusange! ariko usanga abantu bamwe bafata imyanzuro mibi kubera ubuzima banyuramo, bamwe bahitamo kwiyahura,abandi kunywa ibiyobya bwenge, abandi kuba indaya, gucuruza ibiyobyabwenge kugeza aho ubuzima bw'uwihebye bujya mu kaga.

Uyu mugore nubwo bigaragara ko bamubwiye ngo azane umwana we bamurye, nawe basaga no korosora uwabyukaga, kuko ntiwakwirira umwana ngo nuko bakwemereye ko muzarya uwabandi ejo! bene Data abantu benshi bahitamo gushyira ubuzima bwabo mubibazo birushije ibyo barimo kubera kunanirwa kwihangana.

wowe ukwihangana kwawe kujya gutuma urya iki? aho ntiwasanga urya umwana wawe buri munsi wibwira ko usashyikaho ukarya uwabandi! abakobwa benshi bashyira ubuzima bwabo mu busambanyi bibwira ko aribwo bakemuye ibibazo nyamara iyo bihangana bari kuzitwa intwari, abasore benshi nabo nuko, gusa birakwiye ko dusaba Imana kwihangana mu gihe cyose k'ibigeragezo kuko ntaho bavuga ko umwami yariye nibura abaja be, cyangwa abana b'abaja be kubera inzara, ikindi kandi abihanganye bakomeje kurera abana babo, niyo mpamvu nubwo hari ibyo tujyamo bagenzi bacu badushuka ngo nibyiza, cyangwa bazadufasha dukwiye kubanza kumenya ko iyo kwihangana gushize mu muntu ntakiba gisigaye muri we.

muri iyi minsi abantu bemeye kwicuruza, gucuruza abo babyaye, no gukor ibindi bibi, kugambana no gukora ibindi bibi byinshi kubera ko habuze kwihangana ndetse no kunyurwa!

Bakundwa Dukwiye kuba maso iminsi ya none isi iradushuka ngo tubanze turye abana bacu, ikatwizeza amahoro, iradushuka tugakora ibyaha nkana ngo turashaka kurengera ubuzima, ariko kristo ati' urengera ubuzima bwe azabubura, ariko utita kubuzima bwe kubwanjye azaburonka'' muri iyi minshi sinzi ikibazo ufite ariko ukwiye kureba neza ibyo isi irimo kugutegeka kubanza kurya!

muri ibyo byose ubikora wibwirako byakuzanira umunezero ariko ntamahoro y'umunyabyaha, kandi ntanamahoro y'umuntu wirirye umwana!

Ndabakunda!

Monday 12 May 2014

INYIGISHO ''UKURI GUHINDURA'' YAGUFASHA GUKURA MUBURYO BW'UMWUKA NO KWIHA INTEGO!

Intangiriro

Ese ufite intego imwe rukumbi mu bugingo igufata igihe cyawe cyose, ikintu cyahindutse imbaraga z'ibanze ziguhatira kandi zigukundisha ibyo ukora buri munsi? Cyangwa se umeze nk'uri mu bwato uwo intego ye isa n'ihindagurika nk'imiyaga ahura na yo yose mu ruzi ruba rwihindurije uko agenda ateraganwa igihe agerageza kuyobora ubwato ahunga imiraba, ibiti n'amabuye. Ubugingo bushobora kuba butyo. Iyo tutitonze, intego n'imigambi byacu bigengwa n'imbaraga z'ibirushya bya buri munsi muri ubu bugingo.
Intego n'imigambi bifite akamaro gakomeye kubera ko bitera imbaraga no kwitanga mu byo dukora muri ubu bugingo Imana yaduhaye. Hari uwavuze ngo, "Iyo ugerageje kurasa ubusa, urabuhamya ntakabuza," kandi ngo, "Abantu ntibateganya gutsindwa, ahubwo batsindwa no guteganya." Iyo badashyizeho intego hamwe n'imigambi ikenewe ngo bagere kuri izo ntego, abantu benshi bagera kuri bike. Twese tugira intego, birumvikana, nubwo twaba tutarazinonosoye, ndetse izo ntego ni zo zituyobora ahanini mu byo dukora.
Reka nibarize ikibazo: “Iyaba washoboraga guha ubugingo bwawe intego imwe y'ibanze, yabaye iyihe?” Umunsi ku wundi, ni iki utumbira ushaka kugeraho? Ntusubize iki kibazo ukurikije icyo ukeka ko ari cyo gisubizo, nka "Intumbero yanjye mu bugingo ni uguhimbaza Imana no kuyishimira iteka!" Cyangwa, "Intego yanjye mu bugingo ni ugushimisha Umwami mu byo nkora byose!" Ntubeshye. Tekereza icyari ku mutima wawe buri gitondo iki cyumweru uko wahagurukaga cyangwa uko wahuraga n'ibitari bimwe muri iki cyumweru.
Mbese ibitekerezo byari ku buryo wahindura uwo mwashakanye utagufata uko wifuza ko agufata? Cyangwa uko wafata ugutegeka akumerera nabi? Ahari intumbero yawe yari ku modoka yawe ikunze gupfa, cyangwa ku gikoresho cyo mu rugo cyafasha ubuzima koroha. Ahari umugambi wawe ni ugutsinda n'amanota 3.5 kuri 4. Cyangwa intego yawe ni ukutagira ikibazo ku kazi.
Isi ifite uburyo yinjira nk'umujura mu bugingo bwacu ikatwiba icyagombye kuba intumbero yacu cyangwa imigambi y'ingenzi y'ubugingo bwacu. Ibyo bitwinjirana bifite uburyo bidutesha igihe, nubwo tudashobora kumenya aho bituruka, kubera ko mu guta intumbero yacu y'umugambi n'intego by'Imana tunanirwa kubona ingorane z'ubugingo nk’uko intego y'Imana n'imigambi yayo biri.
Yesaya aravuga ngo:
"Ugushikamishijeho umutima, uzamurinda abe amahoro masa, kuko akwiringiye" Yesaya 26:3.(NIV).
Imana ntishaka ko twibagirwa ingorane n'ibyo dukeneye muri ubu bugingo, ariko iyo intego zacu ari zimwe n'intego z'Imana turushishwaho mu ngorane zacu kureba ku Mwami n'ubuntu bwe. Iyo intumbero yacu ari Umwami, ikintu gitangaje gitangira kuza muri twe ni uko Imana itangira kuduhindura no kuturema ngo duse n'Umwana wayo. "Ni We banze ryo kwizera kandi ni We ugushoboza rwose (intego igufata igihe cyose); yihanganiye umusaraba ku bw'ibyishimo byamushyizwe imbere, ntiyita ku isoni zawo, ... (Abaheburayo 12:2).

Ibyishimo n'amahoro: Ingaruka z'umugambi w'Imana

Yesaya 26:3 "Ugushikamishijeho umutima, uzamurinda abe amahoro masa, kuko akwiringiye"
Imwe mu ngaruka zo kugira umugambi w'Imana, nk'uko tubibona muri Yesaya 26:3, ni ubugingo bugira amahoro mu bigeragezo. Mu gutegurira abigishwa be kugenda no kubasiga, Umwami yabigishije ibyerekeye umugambi wabo muri iyi si (Yohana 13-16). Hagati muri iyo nyigisho amasaha make mbere y'uko Umwami Yesu ajya gupfira ku musaraba ngo tugire amahoro mu Mana no kumenya amahoro y'Imana, yavuze aya magambo yigisha: "Mbasigiye amahoro, amahoro yanjye ndayabahaye. Icyakora simbaha nk'uko ab'isi batanga. Imitima yanyu ntihagarare, kandi ntitinye" (Yohana 14:27).
Na none mu Bagalatiya 5:22, tubwirwa ko ibintu bibiri byerekana imbuto z'Umwuka ari ibyishimo n'amahoro. Iyi mirongo itwigisha ko iyo dufite ubugingo bwe mu bwacu (ubugingo Kristo yaduhinduriye) tugira ibyishimo n'amahoro hamwe n'indi mico isa n'iya Kristo.
Abagalatiya 5:22-23 "No kugwa neza, no kwirinda: ibimeze bityo nta mategeko abihana. Aba Kristo Yesu babambanye kamere n'iruba n'irari ryabyo."
Abakristo benshi nyamara, basa n'abagira ibyishimo n'amahoro bike. Akenshi na twe dushakira ibyishimo n'amahoro mu by’ isi itanga aho kuba ku Mwami utanga amahoro n'ibyishimo mu buryo butandukanye kandi bituruka henshi.
Simvuze ko iyi ntego y'ubugingo bwa gikristo y’ibyishimo n'amahoro isa n'intumbero yo kwikunda. Ibyishimo n'amahoro icyakora ni zimwe mu mbuto z'ubugingo bufite Imana no guhindurwa Umwuka akora muri twe iyo ari We soko y'ibyiringiro byacu. Ibyishimo n'amahoro bihinduka igipimo cy'uko dushyira iby'ubugingo bwacu byose kuri We (Yesaya 26:3). Ni nko kudufata igipimo cy'umuriro. Nk'uko iyo umuriro ubaye mwinshi byerekana uburwayi, ni ko no kubura ibyishimo n'amahoro Kristo atanga byerekana ko hari ikitagenda neza kandi ko dukeneye umuti uva mu Ijambo ry'Imna n'ukuboko gukiza kw'Umuganga Mukuru.
Icyitegererezo kigereranya ibice bikurikira:
Yesaya 26:3 "Ugushikamishijeho umutima, uzamurinda abe amahoro masa, kuko akwiringiye."
Zaburi 56:3 “Uko ntinya kose, Nzakwiringira.”
Zaburi 32:3-4 "Ngicecetse, amagufka yanjye ashajishwa no kuniha kwanjye umunsi ukira. Kuko ukuboko kwawe ku manywa na n'ijoro kwandemereraga, ibyuya byanjye bigahinduka nk'amapfa yo mu cyi."
Abaheburayo 12:15 "Mwirinde hatagira umuntu ugwa akava mu buntu bw'Imana, kandi hatagira umuzi wo gusharira umera, ukabahagarika imitima, abenshi bagahumana;"
Amajwi y'ingenzi abiri nk'ay'inanga yumvikana mu gitabo cy'Abafilipi: Ijambo "ibyishimo" riboneka inshuro ndwi, naho "amahoro" riboneka inshuro eshatu gusa; ariko ni umwe mu mitwe y'ingenzi igaragara muri icyo gitabo (Abafilipi 4:6-7).
Abafilipi 4:6-7 "Ntimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n'Imana, mubisabiye, mubyingingiye, mushima."
Ibindi bitabo byanditswe mu mwaka umwe n'icy'Abafilipi n’ Abefeso n'Abakolosayi. Ibi ni ibitabo bivukana kandi bifite icyo bihuriyeho kigaragara muri izi nzandiko uko ari eshatu cyerekeye ku byishimo n'amahoro, n'ubugingo buhinduwe.
Igitabo cy’Abefeso kiduha ukuri kuvugwa - muri Kristo wazamuwe mu ijuru, akaduha imigisha yose y'Umwuka. Kivuga ukuri gutangaje kw'umwanya abizera Kristo bose bafite n’imigisha yose bahabwa n’Umwuka w’Imana.
Abefeso 1:3 "Imana y'Umwami wacu Yesu Kristo, ni yo na Se, ishimwe, kuko yaduhereye muri Kristo imigisha yose y'umwuka yo mu ijuru:"
Igitabo cy’Abakolosayi kiduha ukuri kwuzuye, guhagije muri Kristo. Iki gitabo kivuga ku kurinda inyito nshya y'ubwiza y'umwizera n'icyo isobanuye ku kwizera kwe iyo kugendera mu kwizera guhura n'amadini atandukanye avuga ko ari yo gisubizo cy'ubugingo bw'Umwuka. Abakolosayi cyerekana ko, kubera ko abizera Kristo buzuye muri We (2:10) muri We ni mwo ubutunzi bw'ubwenge no kumenya byihishe (2:3), nta kindi bakeneye ngo bagire ubugingo buhinduwe atari Yesu Kristo. Ni We byiringiro by’ ubwiza bwo mu ijuru n' ubw' ubugingo buhinduwe. Ntidukeneye ibyishimo/amahoro byica amategeko cyangwa se bitagira umumaro by'amadini n'intekerezo z'abantu. Kubera ko twakiriye Kristo ubwe ku bwo kwizera Ubutumwa Bwiza (1:4-5), tugomba rero gukomeza kugendera mu bugingo bwe mu kwizera ukuri kw'Ijambo ry'Imana (2:3-10).
Abakolosayi 1:4-5 "Kuko twumvise ibyo kwizera kwanyu mwizeye Kristo Yesu, n'urukundo mukunda abera bose, ku bwo ibyiringiro by'ibyo mwabikiwe mu ijuru, ibyo mwumvise kera mu ijambo ry'ukuri ku Butumwa Bwiza "
Abakolosayi 2:3-10 "Muri we ni mwo ubutunzi bwose bw'ubwenge no kumenya bwahishwe. 4 Mvugiye ibyo kugira ngo hatagira ubashukisha amagambo yoshya, 5 kuko n'ubwo ntari kumwe na mwe ku mubiri, ndi kumwe namwe mu mutima, nishima kandi mbona gahunda yanyu nziza n'uburyo mushikamye mu byo kwizera Kristo. 6 Nuko rero, nk'uko mwakiriye Kristo Yesu Umwami wacu, abe ari ko mugendera muri we, 7 mushoreye imizi muri we, kandi mwubatswe muri we, mukomejwe no kwizera nk'uko mwigishijwe, mufite ishimwe ryinshi risesekaye. 8 Mwirinde, hatagira ubanyagisha ubwenge bw'abantu n'ibihendo by'ubusa, bikurikiza imihango y'abantu, iyo bahawe na basekuruza ho akarande, kandi bigakurikiza imigenzereze ya mbere y'iby'isi, bidakurikiza Kristo. 9 Nyamara muri we ni ho hari kuzura kw'ubumana kose mu buryo bw'umubiri. 10 Kandi mwuzuriye muri we, ariwe Mutwe w'ubutware bwose n'ubushobozi bwose."
Abakolosayi kitubwira inshungu z'abantu zo kudutsindishiriza cyangwa kutweza (ubugingo buhinduwe) kubera ko inshungu z'abantu, cyangwa z'ab'isi zitagira na rimwe kwizera mu by'uko duhagaze muri Kristo kandi zitagira umumaro kuri kamere yacu y'icyaha.
Abakolosayi 2:16-23 "Nuko rero, ntihakagire ubacira urubanza ku bw’ibyo kurya cyangwa ibyo kunywa, cyangwa ku bw’iminsi mikuru, cyangwa ku bwo kuziririza imboneko z'ukwezi, cyangwa amasabato: 17 kuko ibyo ari igicucu cy'ibizaba, naho umubiri wabyo ufitwe na Kristo. 18 Ntihakagire umuntu ubavutsa ingororano zanyu, azibavukishije kwihindura nk'uwicisha bugufi no gusenga abamaraika, akiterera mu byo atazi, atewe kwihimbariza ubusa n'ubwenge bwa kamere ye, 19 ntiyifatanye na wa Mutwe, ari we umubiri wose uvanaho gukura kwawo gutangwa n'Imana, gutungwa n'ibyo ingingo n'imitsi bitanga, ugateranywa neza na byo. 20 Nuko rero, niba mwarapfanye na Kristo, mukaba mwarapfuye ku migenzereze ya mbere y'iby'isi, ni iki gituma mwemera kuyoboka amategeko y'imihango nk'aho mukiri ab'isi, 21 (ngo: Ntugafateho; ntugasogongereho, ntugakoreho: 22 kandi ibyo byose biba biheze iyo biriwe ,) mugakurikiza amategeko n'inyigisho by'abantu? 3 Ni koko ibyo bisa naho ari iby'ubwenge, kugira ngo abantu bihimbire uburyo bwo gusenga, bigire nk'abicisha bugufi, bigomwa iby'umubiri. Nyamara nta mumaro bigira na hato, wo kurwanya irari ry'umubiri."
Igitabo cy'Abafilipi kiduha ukuri gushyirwa mu bikorwa - guhagije muri Kristo, kw’ibyishimo n'amahoro muri Kristo. Mu buryo butandukanye, uru rwandiko rusobanura uko dushyira mu bikorwa ibivugwa mu Befeso (guhabwa imigisha yose y'Umwuka) n'Abakolosayi (yuzuye muri Kristo). Abafilipi cyerekana uko tumenya ibyishimo n'amahoro uko tugenda muri ubu bugingo hamwe n'ibidushyira hejuru cyangwa hasi yabwo, imigisha n'ibidutera agahinda byabwo, ibinezeza n'ibibabaza. Kumenya ko dufite iyo nyito y'icyubahiro muri Kristo ni impamvu idashidikanywaho y'ibyishimo byinshi n'isoko y'amahoro y'ukuri, ariko akenshi abakristo babura ibyishimo n'amahoro by'ukuri. Ni ho haza igitabo cy'Abafilipi, gifite ibyo kivuga byinshi ku byishimo n'amahoro muri Kristo.
Abafilipi 1:4 "Kandi uko mbasabiye mwese iteka ryose, mbasabira nezerewe."
Abafilipi 1:18 "Mbese ibyo bitwaye iki? Nta cyo, kuko uko bimeze kose, ari mu buriganya cyangwa mu kuri, Kristo yamamazwa, kandi ibyo ndabyishimiye kandi nzagumya kubyishimira:
Abafilipi 1:25 "Nuko ubwo nizeye ibyo, nzi neza yuko nzagumaho, nkagumana namwe mwese, kugira ngo mujye imbere, mwishimire kwizera;
Abafilipi 2:28-29 "Ni cyo gitumye mutuma mbikunze cyane, kugira ngo nimwongera kumubona muzishime, nanjye ngabanye umubabaro. 29 Nuko rero, mumwakire mu Mwami Yesu mwishimye; kandi abasa n'uwo mujye mububaha,"
Abafilipi 3:1 "Ibisigaye, bene Data, mwishimire mu Mwami Yesu. Kubandikira ibyo nigeze kubandikira ubundi ntibindambira, kandi namwe bibagirira akamaro."
Abafilipi 4:1 "Nuko rero, bene Data, abo nkunda kandi nkumbura, ibyishimo byanjye n'ikamba ryanjye, muhagarare mushikamye mu Mwami Yesu, bakunzi banjye."
Abafilipi 4:4 "Mujye mwishimira mu Mwami wacu iminsi yose: yewe, nongeye kubivuga nti, Mwishime!
Hagati muri icyo gitabo (Abafilipi 3) hari igice kinini gitunga agatoki ku ntango y'ibivugwa aha - kubaho mu byishimo n'amahoro bya Kristo. Uko Bibiliya ibivuga, ibyishimo n'amahoro bijyana no gukurikira intego y'ukuri, intego igomba kuba ifata igihe cyacu cyose mu bugingo bwa gikristo. Reba cyane cyane imirongo ya 8-15.
Abafilipi 3:8-15 "Ndetse n'ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo ku bw'ubutunzi butagira akagero, ni bwo kumenya Kristo Yesu. Ku bw'uwo nahombye ibyanjye byose, ndetse mbitekereza ko ari amase, kugira ngo ndonke Kristo, 9 kandi mboneke ko ndi muri we, ntafite gukiranuka kwanjye, ahubwo mfite kuzanwa no kwizera Kristo, ari ko gukiranuka kuva ku Mana guheshwa no kwizera: 10 kugira ngo mumenye, menye n'imbaraga zo kuzuka kwe, no gufatanya imibabaro ye, no kujya nshushanywa no gupfa kwe, 11 ngo ahari ngere ku muzuko w'abapfuye. 12 Si uko maze guhabwa cyangwa ngo mbe maze gutunganywa rwose, ahubwo ndakurikira kugira ngo ahari mfate icyo Kristo yamfatiye. 13 Bene Data, sinibwira yuko maze kugifata, ariko kimwe cyo, nibagirwa ibiri inyuma, ngasingira ibiri imbere, 14 ndamaranira kugera aho dutanguranwa, ngo mpabwe ingororano zo guhamagara kw'Imana muri Kristo Yesu kwavuye mu ijuru. 15 Nuko rero, mwa batunganijwe mwese uko mungana mwe, namwe mube ari ko muhuza uwo mutima; kandi niba hariho ikibatekereresha ukundi cyose, Imana izakibahishurira na cyo."
Injyana yo muri iki gice ni iyihe? Reba umurongo wa 14. Pawulo aravuga ati, "Ndamaranira kugera aho dutanguranwa, ngo mpabwe ingororano zo guhamagara kw'Imana muri Kristo Yesu kwavuye mu ijuru." Ibi biduha gutumbira ku ntego y'ibanze y'iki gice - gutunga intego y'Imana mu bugingo bw'umuntu. Iyo ntego ni iyo mu ijuru, uguhamagarwa kwo mu ijuru. Muri uko guhamagarwa harimo guhindurwa kw'Umwuka mu kumenya Kristo by'ukuri n'imbaraga zo kuzuka kwe kugira ngo duhindurwe nka We mu rupfu rwe - tunyure mu rupfu tugere mu bugingo, hanyuma dusingire igihembo twifuza, turi imbere y'intebe y'imanza ya Kristo, cyangwa Bema, tubone ingororano zizatangwa kuri uwo munsi (reba 2 Timoteyo 4:6-8). Pawulo yabagaho adashaka kuronka ijuru ku bw'ibikorwa bye, ahubwo ngo ahabwe igihembo cyo kumenya imbaraga z'ubugingo bwa Kristo mu bugingo bwe bwa buri munsi n'igitekerezo cy'ingororano z'iteka zizakurikiraho. Intego y'Intumwa Pawulo kwari ukubaho ategereje izuka (bisobanurwa ngo "kuzuka ukava mu bapfuye") nk'uko bivugwa mu gice cya 3:11. Avuga iby'ibi byiringiro, Yohana yaranditse ati, "ufite ibyo byiringiro muri we, yiboneza nk'uko uwo aboneye" (1 Yohana 3:3).

Kumaranira kugera aho dutanguranwa
(Abafilipi 3:14)

      UBUSOBANURO BW'UYU MURONGO

"Ndamaranira" ni ijambo ry'Ikigiriki, dioko, risobanurwa ngo, "gukurikirana, kwiruka kuri, kwihutira." Rikoreshejwe mu buryo bushushanya uwiruka vuba cyane mu irushanwa ngo agere aho batanguranwa ahabwe igihembo. Inshinga iri mu ndagihe ihoraho yerekana ko uku gukurikira kugomba kuba ukwa buri munsi mu bugingo bw'umukristo.
"Aho dutanguranwa" ni Ikigiriki, skopos, ryerekana indorerezi, umurinzi, cyangwa ikimenyetso kiri imbere abiruka bahangaho amaso, intego cyangwa aho barangiriza. Muri uyu murongo hasobanurwa nk'igihembo. Mu kubigaragaza cyane, uyu murongo wanditswe ngo, "Ndamaranira kugera aho dutanguranwa," byerekana ko umuntu ahanga amaso aho atanguranwa.
"Ingororano" ni Ikigiriki, brabeion, ryekeye ku "gihembo gihabwa uwatsinze mu mikino ya kera y'Abagiriki." Muri iki gice ishobora kwerekana ko yerekeye ku bintu bibiri: (1) Mbere na mbere, intumbero ya Pawulo ku kugaruka kwa Kristo aje gutwara itorero kuko ibi bishobora kuvuga (a) guhimbaza no guhindurwa mu ijuru binyuze mu kuzuka kw'abizera, cyangwa guhinduka kw'imibiri y'abo bizera bazaba bakiriho kuri icyo gihe (1 Abatesalonike 4:13-18), (b)gusuzumirwa imbere y’intebe y’imanza y'ingororano z'iteka (1 Abakorinto 3:12-15; 2 Abakorinto 5:9-10), na (c) Guhembwa, gutangwa kw'ingororano zitegereje guhabwa abizera ku bw’umurimo wo kwiringirwa. "Guhamagara kw'Imana muri Kristo Yesu kwavuye mu ijuru" gusobanura intego ari yo gihembo. Ariko ndizera ko uku guhamagara kwavuye mu ijuru kurimo na none, (2) ingororano yo mu ijuru yo gusa na Kristo mu bugingo buhinduwe. Mu yandi magambo, kwishimira mbere ibizaba nyuma cyangwa kubigira nk'intumbero y'ubugingo, bishobora gutera guhinduka mu buryo twabaho buri gihe (reba 1 Abakorinto 9:24-27).
Ibi bidusubije ku bitekerezo byo ku mirongo ya 10 na 11, kuzuka kw'ubugingo, gupfa no kuzukana na Kristo mu bugingo buhinduwe n'imbaraga z'Imana binyuze mu kwizera (reba umurongo wa 9 ku byo gushimangira kwizera).
Mu gihe hari ukutumvikana ku busobanuro bw'amagambo, "umuzuko w'abapfuye," mu gice cya 3:11, ahari Pawulo yari afite mu gitekerezo cye ibyiringiro bye mu kugaruka vuba kwa Kristo n'ibyo uko kugaruka gusobanura ku bizera nk'uko byavuzwe haruguru. Muri Bibiliya yitwa NASB handitswe ngo, "kugira ngo mbashe kugera" ariko ikagira ubusobanuro ku ruhande ngo, "niba bishoboka" mu mwanya wa "kugira ngo mbashe." Muri Bibiliya yitwa KJV handitswemo ngo, "naho byamera bite." Mu Kigiriki handitswe ei pos ("naho byamera bite"). Uku byanditswe uku biboneka ahantu handi hatatu gusa mu Isezerano Rishya (Abaroma 1:10; 11:14; Ibyakozwe 27:12), kandi muri buri buryo hari ikintu cyo gushidikanya. Iki gitekerezo cyo gushidikanya cyongeye gushyikirwa no gukoresha inshinga mu buryo bwo kwifuza byerekana ibintu umuntu atizeye neza, ibintu bigaragara ko bishoboka, ibyo umuntu asa n'uwemeye bitaraba, ariko nta kwiringira kudasubirwaho, n'ikintu gisa n'icyo mu ndagihe mu Kigiriki.
      Ese Pawulo yaba yarashidikanyaga ku muzuko? Oya rwose, kandi ibyo bigaragarira mu 1 Abakorinto15:1-34. Ndizera ko Pawulo atavuga iby'icyo gikorwa, ahubwo avuga ku by'igihe cyacyo. Yari afite mu bwenge ikintu yashoboraga guhura na cyo mu bugingo bwe, kuzamurwa kw'itorero, kwimurwa kwe n'ingororano ijyana na byo.
Abandi bizera ko atavuga ku by'umuzuko w'umubiri cyangwa ngo awushidikanyeho nk'ibizaba ku mwizera, ahubwo avuga ko yifuza mu mibereho ye ya buri munsi kurushaho kubona asa na Kristo mu rupfu no kuzuka bye. Afite ku mutima We iby'ukuri ko mu Baroma 6:4-14 n'Abagalatiya 2:20. Ariko hanyuma ibyo byombi biri mu byo intumwa Pawulo yabonaga nka kimwe mu bigize intego n'ibyiringiro byo kugaruka kwa Kristo byari bimwe mu byamuteraga cyangwa bikayobora ubugingo bwe.

      GUSHYIRA MU BIKORWA IBYO MURI IKI GICE

    DUKWIRIYE KUGIRA INTEGO NZIZA MU BUGINGO
Intego zacu ntabwo zidufitiye akamaro gusa, ahubwo mu buryo bwa gikristo zifite icyo zikora mu guhinduka mu by'Umwuka no ku byo kugira ibyishimo, amahoro, n'indi mico isa n'iya Kristo.
Gukurikiza ibyo tuvuga ndetse n’ibyo dukora ni intumbero yacu y'ibanze, tubaye dushaka kwirinda, kubona ibyo dukeneye cyangwa twifuza, cyangwa dushatse kurinda undi wese. Ni ukuvuga ko intego zisaba ko dukora kandi tukitanga.

      INTEGO ZITERWA N'IBYO TWIZERA

Muri ibi harimo ibidushishikaza. Ikindi kibazo gifite agaciro nk'ako ni, “Kuki tugira intego cyangwa imigambi dukurikirana?” Igisubizo ni, “Tugira intego twese kubera ko twizera ko izo ntego zizadufasha kugera ku byo dukeneye. Dukeka ko bizaduha ibyishimo n'amahoro, umutekano n'ibinezeza, umumaro n'agaciro. Nyuma y'ibyo dukurikira akenshi haba ibidushishikaza bitari bimwe.
Robert McGee yaranditse ati:
Abenshi muri twe bakunda gufata imibereho ya gikristo nka gahunda yo kwiteza imbere. Dushobora kwifuza gukura mu Mwuka cyangwa dushobora kugira ingorane imwe cyangwa nyinshi zikomeye twaba dushaka cyane gutabarwamo. Mu gihe nta kibi kiri mu gukura mu Mwuka cyangwa gushaka kwikiza ingorane zitumereye nabi, ni iki kidutera gushaka kugera ku ntego nk'izi? Ahari dushaka kugera ku bikomeye cyangwa ngo twemerwe n'abandi. Ahari dutinya ko Imana idashobora kutwemera tutarakura mu Mwuka, cyangwa "ingorane zacu" zitarakurwaho. Ahari dushaka kumererwa neza tutanyuze mu ntambara zituma habaho guhinduka gukomeye mu mibereho yacu n'imico.
Impamvu nk'izi zishobora kuba zivanze n'ubushake nyakuri bwo kwubaha Umwami, ariko biranashoboka nanone ko imbere muri twe haba hari icyifuzo cy'ibanze cyo kwikuza ubwacu. Iyo kwiteza imbere ari yo ntumbero yacu nkuru, aho kuba guteza imbere Kristo, intumbero yacu iba itari aho igomba kuba.
Ni iby'ingenzi gusobanukirwa ko kwera imbuto no gukura biterwa no gutumbira Kristo no gushaka kumukuza. Iyo gukura no guhinduka ari intego yacu ya mbere, usanga dushaka kwiyitaho aho kwita kuri Kristo. Ese ndakura? Ese ndushaho kuba mwiza? Ese buri munsi ndushaho gusa na Kristo? Niga iki?
Uku kwitekerezaho gukabije no kwiyitaho byerekana umuco wacu wo kwiyitaho ujyana no kwiteza imbere mu buryo bwinshi. Kwiteza imbere si bibi rwose, ariko bishobora kuyobya - ndetse bishobora no gutesha umutwe kubigira intego yacu y'ibanze. N'iyo twayigira intego yacu, yagombye kuba mu rwego rwa kabiri. Uko dusobanukirwa urukundo rutagira icyo ruducaho, ubuntu, n'imbaraga z'Imana, ni ko kwubaha Kristo bizarushaho kuba ari byo bifata igihe cyacu cyose. Imana ishaka ko twimenyaho ubuzima bwiza kugira ngo tujye dusuzuma ubugingo bwacu kenshi, ariko ntishaka ko twitekerezaho ubwacu. Umwe ukwiriye ko tumutekerezaho ni Kristo, Umwami wacu usumba byose, wabwiye intumwa Pawulo ati, ubuntu bwanjye buraguhagije, kuko aho intege-nke ziri, ari ho imbaraga zanjye zuzura (2 Abakorinto 12:9). 25

      INTEGO IBONEYE

Intego yonyine iboneye ku mukristo ni ukumenya Kristo (Abafilipi 3:8-10); ni uguhindurwa tugasa na Kristo (Abafilipi 3:11-14). Ibi bivuga ko gukurikira Kristo bitera gukura mu mico ya Kristo - urukundo, ubuntu, imbabazi, kwihangana, iby'igiciro, iby'ibanze, ibyo akurikira bye, n'ibindi.
Kubera ko gukura no gukomera ari bimwe mu byo twiga muri aya masomo, reka turebe gato icyo Abafilipi 4 higisha ku byo kugira intego z'ukuri.
(1) Inkomoko yayo: Kugira intego yo kumenya Kristo no gukomeza gusa na Kristo ni kureba imbere no kumenya uko Kristo arusha agaciro ikintu cyose umuntu cyangwa se isi yagira. Kumwizera bituruka imbere (reba Abafilipi 3:8-9). Iki gice cyerekana ibintu byinshi by'ingenzi ku kwizera gufite iyi ntego.
Abaroma 10:1-17.”Bene Data, ibyo umutima wanjye wifuza, n’ibyo nsabira Abisirayeli ku Mana, ni ukugira ngo bakizwe. 2 Ndabahamya yuko bafite ishyaka ry’Imana, ariko ritava mu bwenge; 3 kuko ubwo batari bazi gukiranuka kw’Imana uko ari ko, bagerageje kwihangira gukiranuka kwabo ubwabo, bituma basuzugura gukiranuka kw’Imana: 4 Kuko Kristo ari We amategeko asohoraho, kandi ni We uhesha uwizera wese gukiranuka. 5 Mose yanditse ibyo gukiranuka guheshwa no gukomeza amategeko ati: Ugusohoza azabeshwaho na ko. 6 Ariko gukiranuka guheshwa no kwizera kuvuga gutya kuti: Ntukibaze uti, ni nde uzazamuka, ngo ajye mu ijuru? (bisobanurwa ngo kumanura Kristo): 7 cyangwa uti, ni nde uzamanuka i kuzimu? (bisobanurwa ngo: kuzamura Kristo, amukuye mu bapfuye). 8 Ahubwo kuvuga kuti: Ijambo rirakwegereye, ndetse riri mu kanwa kawe no mu mutima wawe; ni ryo Jambo ryo kwizera, iryo tubabwiriza. 9 Ni watuza akanwa kawe yuko Kristo ari Umwami, ukizera mu mutima wawe yuko Imana yamuzuye, uzakizwa; 10 kuko umutima ari wo umuntu yizeza, akabarwaho gukiranuka; kandi akanwa akaba ari ko yatuza, agakizwa: 11 kuko Ibyanditswe bivuga biti: Umwizera wese ntazakorwa n’isoni. 12 Nta tandukaniro ry’Umuyuda n’Umugiriki: kuko Umwami ari Umwami wa bose, ni We ubereye abamwambaza bose ubutunzi; 13 kuko umuntu wese uzambaza izina ry’Umwami azakizwa. 14 Ariko se bamwambaza bate, bataramwizera? Kandi bamwizera bate, bataramwumva? Kandi bakumva bate ari nta wababwirije? 15 Kandi babwiriza bate, batatumwe? Nk’uko byanditswe ngo: Mbega uburyo ibirenge by’abavuga Ubutumwa Bwiza ari byiza cyane! 16 Icyakora, abumviye Ubutumwa Bwiza si bose; kuko Yesaya yavuze ati: Mwami ni nde wizeye Ubutumwa bwacu? 17 Dore, kwizera guheshwa no kwumva, no kwumva kukazanwa n’Ijambo rya Kristo.”
.Tugomba kwanga ibyo twiringiraga kera n'inkomoko y'ibyiringiro byacu nk'ibitagize icyo bivuga n'ibidafite icyo bimaze. Nta na kimwe mu byo twiringiraga kera cyaduha agakiza na hato (Abafilipi 3:1-8a, havuzwe haruguru). Ariko se tugera ahantu nk'aho dute?
.Tugomba kugera ahantu tumenya agaciro karuta ibindi no kwihaza kwuzuye ku bw'umubiri n'umurimo by'Umwami wacu Yesu Kristo. Kumumenya no kubona agaciro ke n'umurimo we bisimbura ibyo twiringiraga byose n'ibyo twizeraga - ibintu twiringiragamo amahoro n'ibyishimo, agakiza n'iby'Umwuka, ibifite icyo bivuze n'iby'agaciro, n'ibindi (soma witonze Abafilipi 3:8b-9, havuzwe haruguru).
.Dukeneye kwishingikiriza ku bugingo bwe nk'isoko yacu ubwacu aho kuba mu ngamba abantu bishingikirizaho ngo bagire umutekano, ibyishimo, iby'akamaro, cyangwa iby'agakiza no kwezwa.
(2) Agaciro kayo: Nk'uko twabibonye mu murongo wa 14, intumwa Pawulo yabonye ko intego ubwayo yari ingororano, igihembo gikwiriye ibyo yakurikiye mu bugingo bwe bwose. Nta kintu kigororera, gishimisha, cyangwa gitera ibyishimo n'amahoro kurusha ubusabane n'Umwami Yesu n'imico y'ubugingo bwe igaragaye mu bwacu. Ariko gereranya ibi no gushoberwa, kwumirwa uburyo bw'imbura-mumaro no kwicira urubanza abantu bagira iyo bashyize ibyiringiro byabo mu kindi kintu.
(3) Ibyo intego igeraho: Ku mukristo, uwashyize ibyiringiro bye muri Kristo n'umurimo we, gukurikira iyi ntego ntikurangirira muri ubu bugingo kuko ntawe ugera ku rugero rutunganye. Iri ni irindi hame ryigishwa mu Bafilipi 3. Ni nde wundi utari Umwami Yesu ushobora kuba yarageze ku rugero rutunganye kurusha intumwa Pawulo? Ariko Pawulo avuga yeruye ati, nubwo yakuze agahama, ntiyageze ku rugero rwuzuye cyangwa ku gutungana (Abafilipi 3:12-15). Hazahoraho urugero rutagerwaho rwo gukura.
(4) Iby'ubushake bw'Imana: Ikibazo kimwe abakristo (cyane cyane abizera bashya) bakunze kubaza cyerekeye kumenya ubushake bw'Imana. Imana ishaka ko mba nte? Ishaka ko nkora iki? Akenshi ibi bibazo byerekeye ku byo guhamagarwa cyangwa umurimo cyangwa ibindi bintu byo mu bugingo - uwo umuntu ashyingiranwa na we, ahantu runaka, ishuri, umurimo mu itorero, n'ibindi. Nubwo ibi ari ibintu bifite akamaro, ni ibintu bishobora kubonerwa igisubizo mu gukurikira intego yo muri iki gice. Ubushake bw'Imana ni ubw'ibanze cyane kandi bugaragara mu magambo "kugira ngo ahari mfate icyo Kristo yamfatiye"(gushimangira ni ukwa nyiri igitabo). Intego y'Imana mu kudukiza, ndetse n'iya Kristo ubwe, si ijuru gusa. Nubwo abizera biringiye ijuru kubera umurimo wa Kristo wuzuye, ubushake bw'Imana ni ukuduhindura ngo duse n'Umwana wayo. Ishaka ko dusa n'ishusho y'Umwami Yesu.
Gukura no kugera ku rugero rwo guhama rwo hejuru (irindi jambo ryo gusa na Kristo) ni intego y'ibanze y'Imana ku bizera. Uko ibyo biba, ibindi bice byose by'ubushake bw'Imana biba kubera urugero tuba dufiteho ubugingo bwe mu bwacu. Igikenewe ni intego yo gukura no gukomera bigaragara mu bice bitari bimwe byo mu Isezerano Rishya (Reba na 1 Abakorinto 2:6-3:3).
Abefeso 4:11-16 "Nuko aha bamwe kuba intumwa ze; n'abandi kuba abahanuzi; n'abandi kuba ababwiriza-butumwa bwiza; n'abandi kuba abungeri n'abigisha: 12 kugira ngo abera batunganirizwe rwose gukora umurimo wo kugabura iby'Imana no gukomeza umubiri wa Kristo: 13 kugeza ubwo twese tuzasohora kugira ubumwe bwo kwizera no kumenya Umwana w'Imana, kandi kugeza ubwo tuzasohora kuba abantu bashyitse, bageze ku rugero rushyitse rw'igihagararo cya Kristo: 14 kugira ngo tudakomeza kuba abana, duteraganwa n'umuraba, tujyanwa hirya no hino n'imiyaga yose y'imyigishiririze, n'uburiganya bw'abantu, n'ubwenge bubi, n'uburyo bwinshi bwo kutuyobya; 15 ahubwo tuvuge ukuri, turi mu rukundo, dukurire muri we muri byose; uwo ni we mutwe, ni wo Kristo. 16 Kuri uwo ni ho Umubiri wose uteranywa neza, ugafatanywa n'uko ingingo zose zigirirana , nuko igice cyose kigakora umurimo wacyo cyagenewe. Muri Kristo uwo ni ho umubiri ukura gukura kwawo , kugira ngo ukurizwe mu rukundo."
1 Petero 2:2 "Mumere nk'impinja zivutse vuba, mwifuze amata y'Umwuka adafunguye, kugira ngo abakuze, abageze ku gakiza :"
2 Petero 3:18 "Ahubwo mukurire mu buntu bw'Imana no kumenya Yesu Kristo Umwami wacu n'Umukiza. Icyubahiro kibe icye none n'iteka ryose, Amen."
Abaheburayo 5:11-6:1 Tumufiteho byinshi byo kuvugwa, kandi biruhije gusobanurwa, kuko mwabaye ibihuri." Nicyo gituma dukwiriye kuba turetse guhora mu bya mbere bya Kristo, tukigira imbere, ngo tugere aho dutunganirizwa rwose, twe kongera gushyiraho urufatiro ubwa kabiri, ari rwo kwihana imirimo ipfuye , no kwizera Imana,"
1 Abakorinto 14:20 "Bene Data, ntimube abana bato ku bwenge, ahubwo mube abana b'impinja ku bibi; ariko ku bwenge mube bakuru."
Gukenera gukura no gukomera cyangwa guhinduka mu Mwuka ni umuhamagaro ku kwera cyangwa kwezwa. Uyu ni umuhamagaro wo kuba abizera buzuye batoranijwe ku Mana no kugira ubugingo kwe mu bwabo kubera umurimo w'Umwuka w'Imana, ariko iteka mu mucyo w'Ijambo ry'Imana, Bibiliya. Ijambo ry'Imana ni urufatiro n'umucyo utumurikira inzira.
1 Petero 1:14-16 "Mube nk'abana bumvira; ntimwishushanye n'irari mwagiraga kera mukiri injiji . 15 Ahubwo nk'uko uwabahamagaye ari uwera, abe ariko namwe muba abera mu ngeso zanyu zose." 16 Kuko byanditswe ngo: muzaba abera, kuko ndi uwera."
Abaheburayo 12:10 "Kuko ba bandi baduhanaga iminsi mike nk'uko byari bibabereye byiza, naho uwo aduhanira kugira ngo bitubere byiza , dusangire kwera kwe."

      IGITABO CYAKORESHEJWE

Robert S. McGee, The Search for Significance, Rapha Publishing, pp. 128-129.
source:  www.bible.org