Thursday 15 May 2014

IMINSI MIBI IYO IJE ABABI BARUSHAHO KUBA BABI, KWIHANGANA BIZAKURINDA KURYA UMWANA W'IBYARIYE!


2 ABAMI 6:24

Hanyuma y'ibyo umwami w'isiriya ateranya ingabo zose arazamuka atera i Samaliya arahogota. maze i samaliya hatera inzara mbi cyane, barahagota ndetse  kugeza aho baguriye igihanga cy'indogobe ibice by'ifeza mirongo inani, n'igice cya kane cy'agakondwe kamwe k'amahurunguru y'inuma ibice bitatu.

bukeye umwami w'Abisiraheli anyuze hejuru y'inkike z'amabuye umugore aramutakambira ati'' NDEGERA NYAGASANI MWAMI'' aramusubiza ati uwiteka natakurengera ibyo kukurengera ndabikura he? ndabikura ku mbuga cyangwa mu rwengero? umwami aramusubiza ati ubaye ute?

Aramusubiza ati'' Uyu mugore yarambwiye ati''Zana umwana wawe w'umuhungu tumurye none, ejo tuzarya uwanjye. nuko duteka umwana wanjye turamurya, bukeye bwaho ndamubwira nti Zana umwana wawe tumurye none yamuhishe.

Ijambo ry'Imana ritubwira ko ntakigeragezo kibasha kugera ku bantu atari rusange! ariko usanga abantu bamwe bafata imyanzuro mibi kubera ubuzima banyuramo, bamwe bahitamo kwiyahura,abandi kunywa ibiyobya bwenge, abandi kuba indaya, gucuruza ibiyobyabwenge kugeza aho ubuzima bw'uwihebye bujya mu kaga.

Uyu mugore nubwo bigaragara ko bamubwiye ngo azane umwana we bamurye, nawe basaga no korosora uwabyukaga, kuko ntiwakwirira umwana ngo nuko bakwemereye ko muzarya uwabandi ejo! bene Data abantu benshi bahitamo gushyira ubuzima bwabo mubibazo birushije ibyo barimo kubera kunanirwa kwihangana.

wowe ukwihangana kwawe kujya gutuma urya iki? aho ntiwasanga urya umwana wawe buri munsi wibwira ko usashyikaho ukarya uwabandi! abakobwa benshi bashyira ubuzima bwabo mu busambanyi bibwira ko aribwo bakemuye ibibazo nyamara iyo bihangana bari kuzitwa intwari, abasore benshi nabo nuko, gusa birakwiye ko dusaba Imana kwihangana mu gihe cyose k'ibigeragezo kuko ntaho bavuga ko umwami yariye nibura abaja be, cyangwa abana b'abaja be kubera inzara, ikindi kandi abihanganye bakomeje kurera abana babo, niyo mpamvu nubwo hari ibyo tujyamo bagenzi bacu badushuka ngo nibyiza, cyangwa bazadufasha dukwiye kubanza kumenya ko iyo kwihangana gushize mu muntu ntakiba gisigaye muri we.

muri iyi minsi abantu bemeye kwicuruza, gucuruza abo babyaye, no gukor ibindi bibi, kugambana no gukora ibindi bibi byinshi kubera ko habuze kwihangana ndetse no kunyurwa!

Bakundwa Dukwiye kuba maso iminsi ya none isi iradushuka ngo tubanze turye abana bacu, ikatwizeza amahoro, iradushuka tugakora ibyaha nkana ngo turashaka kurengera ubuzima, ariko kristo ati' urengera ubuzima bwe azabubura, ariko utita kubuzima bwe kubwanjye azaburonka'' muri iyi minshi sinzi ikibazo ufite ariko ukwiye kureba neza ibyo isi irimo kugutegeka kubanza kurya!

muri ibyo byose ubikora wibwirako byakuzanira umunezero ariko ntamahoro y'umunyabyaha, kandi ntanamahoro y'umuntu wirirye umwana!

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed