Monday 19 May 2014

ESE KOKO NAWE BAVUGA KO BAZI UBWIBONE BWAWE N'AGASUZUGURO KO MU MUTIMA WAWE? By M.Gaudin


1samuel 17:28

Maze Eliyabu mukuru we w'impfura ya se yumvise Dawidi avugana n'abo bantu, uburakari buramuzabiranya aramubaza ati'' Wazanywe n'iki? Mbese bwa butama wabusigiye nde mu bututayu? Nzi Ubwibone bwawe n'agasuzuguro ko mu mutima wawe, kuko wazanywe no kureba Intambara''.

Dawidi aramusubiza ati '' Mbese ngize nte? aho ntayindi mpamvu?''

Inkuru za Dawidi, arwana na goliyati, ziryohera abantu ariko ntitubasha kumenya ko mbere yo kurwana na Goliyati yabanjye kugira intambara zitewe n'abavandimwe! buri gihe Umuntu wese agira ibyo ahangana nabyo kugirango atere Imbere, nyamara mbere ya Goliyati haboneka ba Eliyabu, baba bagaragaza ko bazi intege nke zacu imbere y'abantu.

Burya umuturanyi aguciye intege biroroshye kuruta uko uko umuvandimwe, umubyeyi, nyogosenge cyangwa so wanyu yaziguca, gusa buri gihe bishobora kumvikana mu matwi y'abumva ko niba ab'iwabo batamwemera abakure bakwemezwa n'iki?

ELIYABU ARONDORA DAWIDI ATI:

Nzi Ubwibone bwawe
Nzi agasuzuguro ko mu mutima wawe.

Ibi byari bihagije ko Umwana muto rwose acika intege kuko nawe wibaze mubantu batakuzi bakubonye bwa mbere umuntu witwa ko akuzi akakuvugaho amagambo nkaya! Rimwe narimwe wamurakarira kuburyo mwese mushobora no kurwanira imbere y'abandi batabazi hanyuma ibintu bikarushaho kuba bibi!

Dawidi yamenye uko yitwara ati'' Ese aho ntakindi dupfa?'' Buri gihe abantu hari impamvu yihishe inyuma y'impamvu bagusebya!

Dawidi yatoranijwe n'Imana bakuru be bahari!

Ishyari buri gihe rituma ushaka igitutsi watuka umuntu, kuko ntahandi Eliyabu yamenyeye Dawidi kugeza aho avuga ko azi ubwibone bwo mu mutima n'agasuzuguro bya Dawidi, kuko no kuba yarabagemuriye kurugamba byagaragazaga kubaha se , kuko ubundi ntibyoroshye kugemurira abantu kurugamba uretse kuba wubaha!

IMPAMVU ELIYABU YASEBYAGA DAWIDI:

Igihe cyose uwitwa mukuru atemera guhara icyubahiro n'ikuzo kubo yita abato, ntabona igihe cyo kubatoza ubutwari ahubwo abaremamo umutima w'ishyari n'igomwa. Eliyabu nk'abandi bose bari barabategeye ko uzatsinda goliyati azahabwa umkobwa wa Sawuli, ariko Bose biranga, Maze haboneka Umwana ukiri muto wiyemeza kumva yarwana.

IMBARAGA ZA SAWULI ZARI MU KWEMERA DAWIDI:

Sawuli nubwo yari muremure asumba ab'isiraheli bose, yari yaratinze, Gusa kubera ko yashaka kureba ko intambara yarangira yemera Dawidi kurwana na Goliyati.

MUBAKUZI IMANA IZAHAGUHERA INTSINZI! Imana ntiyaretse Dawidi asubirayo ahubwo Yamuhereje intsinzi mu maso yuwa murondoye ubwibone, n'agasuzuguro maze atsinda Goliyati Eliyabu areba.

ISOMO KURI BA ELIYABU:

Ntugasuzugure Umuntu wese kuko Imana ikoreye muri we babona itsinzi.
Njya uvuga uziga kuko Ejo ibyo wahamije umuntu byarangira bimenyekanye ko wabeshye.
Uwo uzi ukwiye Kumutera Imbaraga kurenza kumuca inte kuko ibimuca intege ntibikeye byo ni byinshi.
Umuvandimwe avukira Gukura abandi mu makuba Imigani17:17

Bashumba mufite ba Dawidi.
Bayobozi mufite ba Dawidi

Ariko akenshi nimwe mubaca intege nyamara icyo baba baharanira ari uko aho hahinduka ishimwe. Abo ni abo gushyigikirwa, guhabwa imbaraga no gufashwa gukomeza guhesha Imana icyibahiro.

Ba Dawidi namwe mujye mu menya uko mwitwara mugihe ba Eliyabu babasebereje imbere yaho mwari mugiye kubona ikivugo n'ishimwe riva mw'ijuru.

uko biri kose Goliyati Eliyabu adashobora zicwa Na DAWIDI.

Ndabakunda

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed