Wednesday 4 June 2014

ABANTU NTIBARUSHANYA IBIBAZO MW'ISI AHUBWO UKWIZERA KWABO NIKO KUBATANDUKANYA!







Abantu babiri bagenze mubutayu igihe kinini bageraho baruha cyane ntamazi, nta biryo, noneho bakomeje kugenda bagera ahantu hari IMVA nyishi zihabyemo abantu. Imirebe yabo kuko yari itandukanye umwe atera hejuru ati ''turapfuye we''

ati hano hantu biragaragara ko iyo abantu bageze hano ko baba ntakintu  basigaranye cya barengera hanyuma bagapfa.

Undi we mugihe abonye ibituro byuzuyeho Imisaraba, aterura Indirimbo ashima Imana cyane ati : Uri Imana Abakwiringiye ntibazakorwa n'isoni, nawe wibaze kuba umwe arira undi aririmba kandi mwese mubonye ibintu bimwe,

maze wawundi waririmbaga asoje abwira mugenzi we ati nshuti yajye wirira: ikigaragara hafi hano haba abantu, kandi nibo baza gushyingura hano, humur tugiye kubona amazi ndetse n'ibiryo muri aka gace''

koko bidatinze haza abaje guhamba, basanga abantu baguye umwuma maze barabajyana bararuhuka, ndetse banywa amazi. uko niko rimwe narimwe tureba ibibi gusa ntitugire amaso yo kwitegereza agakiza k'Imana. ''KWIZERA KWAWE NIKO KWAGUTANDUKANYA N'IMIREBERE YI IY'ISI''


Ibyo utareba byose ntibisonuye ko biba bidahari, yewe n'amakuru make ufite kubintu ntibivuga ko bitabayeho cyangwa bitariho.


Niko nibyo wanga Kwizera ntibikurwaho no kutizera kwawe, ibintu byose utekereza ko bitariho bishobora guterwa nawe ubwawe ndetse bikaba byaterwa nuko ijisho ukoresha ritabasha kureba kure y'izuru ryawe, cyangwa imbere yawe.

Bene Data Ijambo ry'Imana ritubwira ko Utizera bidashoboka ko yanezeza Imana. (abaheburayo 11:6)
Muri iki gihe usanga Kwizera ari ikintu kigoye abantu batuye isi, aho ubuhakanyi bumaze kuba bwishi kugeza aho umuntu ashaka kwihakana Imana yamuremye. akumva ko itabaho kuko ngo atayireba, ariko ugasanga yahitamo kwizera igishushanyo kitamureba. ''AHO GUHITAMO KURAMYA IKITANDEBA NARAMYA ICYO NTAREBA''Buri gihe abantu bakenera ibintu bifatika,  aho ubona umuntu arema igishushanyo mugiti, agace kamwe akagacana, akandi akagakoramo Imana cyangwa umwuko wo wakwarikisha. ariko ibyo ntibimutere kwibaza icyo akora icyo. 

Kwizera gutuma rimwe narimwe abantu bareba aho isi atareba, ndetse bijya biteza n'impaka kuko ibyo abizera bareba babirebesha Kwizera, ntibashingira kubigaragara ahubwo bizera ko Imana yabaremye ishoboye byose.

KWIZERA KUBONA KURE: Umuntu wese wizeye Imana ntiyibona nkawe ahubwo areba kure nyuma Ye, kuko Abraham Data mubyo kwizera, Imana yamusezeranije abana azaraga igihugu ,  nubwo yari ashaje ntiyibajije byoshi ahubwo yizeye ko nanyuma ye, Imana yamuremera ibyo yamusezeranije.

KWIZERA KUBONA IBYISHIMO MU MARIRA: Abantu bose kwisi ntibarushanwa umubabaro ahubwo usanga barushanwa imbaraga zo Kwizera. kuko usanga abantu biyahura babiterwa n'Impamvu nko KWANGWA, KUBAHO NABI, KWIHEBA.....Usanga mwisi hari abantu bagaragaje kuba abizera nubwo bose bahuye n'ibibazo bimwe ariko kwizera kwabo kurabakomeza.

KWIZERA BITANGA IMBARAGA: Abantu ntibarushanwa imbaraga zo kugira ibyo bakora ahubwo barushanwa kwizera ko Igihe k'Imana iyo gisohoye ntawayikoma mu nkokora, niyo mpamvu mugihe cyo gucika intege usanga bamwe basubijwemo imbaraga.

                                
KWIZERA GUTANGA IBYIRINGIRO BINESHA: Umuntu wese wizeye,aba akomeye umutima kandi agira amahoro yo mu mutima, ijambo ry'Imana ntirihamagarira abantu guhangayikira ikintu icyo aricyo cyose, ahubwo icyo usha ukwiye kugisabira, kukingingira no kugishimira, ibyo byiringiro rero ntibikoza isoni.

Birashoboka umugore,abana,ishuti,n'abavandimwe baba ntacyo babona mu byo ureba, ntibikaguce intege kuko ibyo ureba nibyo bifite agaciro kurenza kugendera kubadafite icyo bareba.

uko gehazi yarebaga siko Elisa yareba, nugira ibyo ubona abandi batareba ntukabareke ahubwo jyusaba Imana iguhe kubyo elisa yabonye maze agasabira gehazi kugira icyo abona. Kutabona bitera kuyobera mu marangamutima y'Ibyo tureba. 

Ndabakunda!

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed