Friday 1 February 2019

KO UDAFITE UMUGISHA UTINYIRIKI UMUVUMO? Pastor Gaudin

Itangiriro 27:11-13
Yakobo asubiza Rebeka nyina ati"Dore Esawu mukuru wanjye ni cyoya,njyeweho umubiri wanjye ni umurembe. AHARI Data yankorakora,akamenya ko ndi Umuriganya,Nkizanira umuvumo mu cyimbo cy'Umugisha.

Aya magambo tuyasanga mugitabo twabonye haruguru, avuga inkuru zuko hari abana bagomba guhabwa umugisha, Umwe yabisabwe na se undi abisabwa na nyina. Muri ibi byose ndashaka kuza kwibanda kubwoba abantu tugira bwo gukora ibyaduhesha umugisha kubera gutinya umuvumo.

Twabanza kwibaza tuti ese koko umuntu yajya gushaka umugisha asanzwe awufite? Nonese iyo udafite umugisha uba ufite iki? Nonese iyo satani akubwiye ati nugira utya urizanira umuvumo ntaba ari ikinyoma?

Ni kenshi mubizima bwacu dutinya gutera intambwe mubyo dushaka gukora, yaba kureka akazi udashaka ushaka kwikorera, hari amajwi agusanga ati uraza kubura byose, ariko ndashaka kukubaza ese birashoboka ko wareka ikintu cyiza gusa? Igitekerezo cyo gushaka gukora ikindi kintu kizanwa nuko urambiwe ubuzima warimo.

Nibyo twakitwa gufata Risk, gufata risk rero ni igihe utera intambwe ugana murugendo utazi, ariko wizeye ko Imana yavuganye nawe. Ijwi ryasunikiraga yakobo gushaka umugisha ni ijwi rya nyina. Nyina niwe wari uzi icyo Imana yavuze ku mwana we kuko niyo mpamvu yagiharaniraga kuko umuhanuzi yari yaramubwiye ati umutwe azaba umutware wa mukuru we.

Ni kenshi kubera ko Imana izi icyo dukwiye kuba turi cyo, idusunikira gukora ibintu ariko ubwoba bukatubwira ko dushaka kwikururira ibyago n'amakuba, ariko kimwe cyo nigiye muri iki cyanditswe nuko hari igihe tuba tudafite umugisha, tukibwira ko ntamuvumo dufite, ariko Satani niwe uduheza ahantu twibwira ko utubayeho bihagije. 
Ugasanga umuntu abayeho mu byaha akumva ntacyo yabikoraho ngo atazatakaza ishuti! Ariko nubundi ishuti zo mubyaha si ishuti.

Akazi ukora utishimye, ariko ugatinya kukareka utangire wikorere, ni ikinyoma cya satani, kumana ibintu ni bibiri ni kumutwe cyangwa kumurizo, ukwiye kumenya wavutse kugira ngo ubere benshi igisubizo, ukwiye kuba umutwe mubintu Imana ikuvugaho, Kuko Imana niyo itanga amasezerano.

Ndashaka kukubwira ko Yesu niwe uturi hafi, niwe Uzi icyo Imana yatuvuzeho, ariko ubwoba butubwira ko nitwibeshya tuzapfa kandi nubundi hari igihe ubona utabayeho, igihe kimwe ABABEMBE bazaniye inkuru nziza abisiraheri bagize bati: Nituguma aha turapfa, ni tugenda byose ni ugupfa, bahitamo gusanga ingabo zabasiriya, ariko muri icyo gihe niho Imana yatereye inbwoba ingabo zabasiriya, bajyana inkuru nziza.

Ukwiye kwitekerezaho, Icyo ugomba gukora cyose ubonamo umugisha wawe ukakigerageza kuko nubundi kuko nudashaka umugisha umuvumo wo urakuzengurutse.Ukwiye kwiga gusenga kuko kudasenga nabyo ntacyo byakumariye, Ukwiye gushaka icyo ukora kuko ako kazi Urimo Nukomeza uzajya muri Pansion ntacyo ugezeho! 

Gira umwete, ntukwiriya kubaho utinya umuvumo kandi ntanumugisha ufite, Ntamuntu uvuma uwo Imana itavumye, Itaranto yawe wiyitaba kubera ubwoba abantu bagutera!

Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed