Saturday 2 February 2019

NTABANGA WABITSA SATANI ATAMENA! Pastor Gaudin


Hari abaririmbyi bagize bati: Ungirira Ibanga Yesu we, Bikankora ku mutima, Ibyanjye bigiye ahabona,nakorwa n'isoni......

Zaburi 145:8
Uwiteka ni umunyembabazi n'umunyebambe
Atinda kurakara afite kugira neza Kwishi.Uwiteka agirira neza bose.Imbabazi ze ziri kubyo yaremye byose.

Ubuzima bwa buri munsi abantu babayemo bahura n'ibintu bitandukanye, Cyane ho abitwa abakristo, bahura n'intambara z'umutima zo kurwana n'ibyaha no gushaka gusa na Yesu. Ariko Gushaka gusa na Yesu ntibikuraho no gutsindrwa rimwe narimwe aho batubona cyangwa aho batatubona! 

Abantu benshi babayeho mubuzima bwo gushaka gukora ibyiza, ariko nawe wisubiyemo hari indi mibereho ujya wisangamo nawe utakwishimira ndetse ikubabaza cyane. Ariko nubwo ibyo bigaragara ko nawe bikubabaza Uramutse ubibwiye abandi ko ariko ubayeho, naho nabo baba babayeho nkawe bagushyira hanze ndetse mw'isi ukabura ijambo.

Ushobora kuba nawe ubizi, amakosa wakoze wiga, amakosa wakoze murushako,amakosa wakoze mu kazi, amakosa ukora mu bihe bitandukanye, bitewe n'Impamvu zitandukanye,Ariko Imana ikaguhishira ishaka ko wazihana. Ibyo byose Imana ibikora kuko idukunda ntakindi.

Abantu ntibakwihanganira kukubona mu makosa, kuko urebye impamvu wirukanwa mu kazi si uko ari wowe mukozi mubi, ahubwo nuko ibyo wakoze byagiye ahabona, kuko hari igihe ukwirukanye aba ariwe ufite namakosa menshi. Mu mibereho yacu yaburi munsi dukwiye kwiga guhangana n'igisebo, no gucika intege

Kwiheba bizanywe nuko intege nke zacu zagiye ahabona, Naho waba uri umuyobozi, ushobora gukora amakosa, ushobora kubeshyerwa, cyangwa ukagerekwaho ibintu wumva bigoye ubuzima bwawe,ariko ndashaka kukubwira ko Imana yonyine itugirira ibanga kuburyo ibyo Twiyiziho ndetse nibyo Imana ituziho bigiye ahabona, abantu badutera amabuye! 

Nubwo abashaka kugutera amabuye baba babifitemo imbaraga, ariko nabo mu mitima yabo baba babizi neza ko impamvu bafite ishyaka ryo kukuvuga nabi, babikoresha nk'igikingiriza isoni zabo nabo zitazwi. Abashatse gutera wamugore amabuye, kuko nkeka ko harimo uwo basanye ntibabaye bakibashije kuko Yesu yagize ati utarakora icyaha ari we ubanza hano.

Njyewe nemera Kwirinda, nemera kurwanya icyaha n'imbaraga zajye zose, nemera guhora nshaka gusa na Yesu, ariko nemera ko habaho n'intege nke z'abantu kuko igituma ubuzima bukomeza nuko dukora ibyiza ariko twakora nibibi hakaba abantu biteguye kuduha andi mahirwe yo kwihana, no kwerekana ko nubwo twakoze nabi hari ibyiza byinshi bikiturimo.

Abantu benshi bananiwe n'itabi,inzoga, ubusambanyi, ubujura, muri bo barabyanga, ariko ugasanga birabagoye, bahora barira bifuza ko babivamo, Igihe cyose Imana ikiguhishiriye si igihe cyo kubikora ahubwo ni igihe cyo gusenga, gushaka inama,kwirinda ishuti mbi, kubaho uharanira gukora neza, hanyuma ugasaba Imana ikakurengera kuko Urugamba rukomeye Imana irwana nukuguhishira ngo Urwo rugo rwawe rudasenyuka, ako kazi kawe batakwirukana, iryo torero ukomeze wizerwe.



Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed