Thursday 16 August 2018

KWIHERERANA IMANA BIGUKURA MU KIVUNGE NO KUMVIRANA

Mariko 4:34

Ntiyavuganaga na bo atabaciriye umugani,ariko agasobanurira abigishwa be byose biherereye.


Mbanje gushima Imana ko hari byinshi yahishe abanyabwenge, ikabihishurira abaswa, iyo Imana iza gukorana na banyabwege gusa abantu bari kwibwira ko Imana bayumvisha ubwenge, yewe niyo iza gukorana nabaswa gusa nabwo abantu bamwe bari kuzajya bagira bati biriya n'ibyabaswa.


Kera nakundaga kumva bavuga ngo ibintu by'abarokore nibintu by'abantu batize, ubu rero abarokore barize, bajyaga bavuga ngo abarokore ni abakene, ubu harimo abantu batunze kandi bubaha Imana, none ukurikiranye usanga imvugo yarahindutse ubu baravuga ngo mubarokore harimo amafranga! ababivuga bose kuko atari abarokore kuko batazi amabanga y'Imana byose bambyumvira mu migani.


Abantu benshi baza munsengero, yewe ukabona bumvise ibyavuzwe ariko wakurikirana ugasa sibenshi basobanukiwe, hariho itandukaniro ry'ibyavuzwe nubusobanuro bwabyo. Ibyo tubona cyangwa twumva byose iyo utihereranye Imana ntiwamenya impamvu yabyo, noyo mpamvu kwihererana Imana bitera umuntu kumenya ibihishwe, no kurushaho kumenya ibihe n'umugambi w'Imana mu buzima bwe.


Ubuzima bwajye natangiye kubaho neza igihe namenye kubana na Yesu twenyine, ibyo abasore bagenzi bajye babona, cyangwa bumvise njyewe nkabanza nkihererana n'Imana, byankuye muruvuganzoka binyegereza aho Imana ivuga nkayumva, aho imburira nkabimenya, aho inkebura nkemera ibyo imbwiye kugira ngo nkomeza kujya mbere.


Ubuzima bw'Ikivunge, ubuzima bwo kumva gusa ntasobanukiwe bwarangiye igihe namaze kumenya kwihererana Imana, nkayisenga nkasoma ijambo, byahinduye ubuzima bwajye, nawe ndashaka kugukangurira kwegera Imana, niwegera Imana nayo Izakwegera kandi izagusobanurira ibyo wumva nibyo ubona ariko udasobanukiwe.

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church

Imana iguhe umugisha


Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed