Tuesday 29 January 2019

AMAKURU AGEZWEHO KUCYO IMANA YAVUZE


Itangiriro 22:2
Iramubwira iti"Njyana umwana wawe,umwana wawe w'ikinege ukunda Isaka,ujye mu gihugu Cy'i Moriya umutambireyo ku musozi ndi bukubwire abe igitambo cyoswa."

Aburahamu Yiyumviye ijwi ry'Imana rimusaba ibintu nibaza ko bigoye gukora kuko gutamba igitambo cyoswa byasabaga ko umwana amwica rwose akamwiyicira akamutambira Imana. Aburahamu nubwo yasabwe ibigoye ariko yarumviye aragenda, ariko mururwo rugendo rwose yakiranaga n'umutima ndetse ntaho bibikiya itubwira ko muri iyo minsi Imana yisubiyeho, ahubwo byasabaga ngo ayibwire mwami tujyane aho ngiye gutambira ndetse uturindane nuyu mwana tuzagereyo amahoro.

Ni keshi tujya twumva Ijwi ry'Imana ridusaba gukora ibintu bisa nibikomeye, akenshi Imana idusaba ibintu nk'ibyo ishaka ko twiga kuyumvira nivuga ndetse ishaka kureba ubushuti bwacu nayo, kuko Niba abantu bagerageza abandi ngo barebe ko bazubaka urugo cyangwa bazakorana business, Imana nayo ijya igira uko igira ibyo idusaba.

Dukwiye gukomeza kugirana ubusabane buhagije hagati y'ijambo Imana ikubwiye n'igihe cyaryo cyo gusohora, kuko bitabaye ibyo Imana ishobora kugira icyo ivuga kubyo yari yakubwiye yasanga udahari ugasanga urashyira mubikorwa ibintu bitakiri ngombwa kugeza aho wavuga uti Imana niyo yambwiye ngo mbikore!

Hari amasezerano menshi nawe ufite, hari ibyo Imana yakubwiye gukora, Hari aho yakubwiye kukugeza, Hari amasezerano menshi wibwira uti ahari ntiyasohoye, ariko ndashaka kugukangirira 

Kumenya icyo Imana ivuga kubyo yakubwiye, kuko Imana ntijya ihindura ijambo ariko iraryuzuza, Irarikomeza, Irarisobanura muri make hari byinshi Imana yavuze dukwiye kubaza tuti tuzabikore dute? Kugira ngo tutagenda nabi, Bisaba kumva Icyo Imana ivuga kubyo yavuze.

Aburahamu yageze aho agomba gutambira Imana imwereka ikindi gitambo yatamba aho gutamba umwana we, igihe cyose Imana igenda ibona imibanire yawe nayo, ikakubwira byinahi kubyo yakubwiye. Ntukwiye kwishyiramo ko ibyo Imana yavuze icishije mubuhanuzi n'ibindi bitagenze kwakundi, ahubwo ukwiye kwibaza uti ese Imana byabintu yambwiye iracyabivugaho? Nonese ibivugaho iki?

Hari aho yabwiye abisiraheri iti: Nimugira umete wo kunyumvira bizagenda gutya na gutya, iryo ni isezerano nyamara bisaba gukomeza kumva ko Evaluation igukorera ihwanye nibyo yaguseranije igira icyo ibivugaho. Ndakwifuriza kumva Imana, naho yagusaba ibikomeye igikuru ni ukuyumvira ariko no gukomeza ugatega amatwi ukumva icyo Ivuga kubyo yakubwiye.

Ni kenshi kubera kutumva Imana, Tureka Gushaka, gukora business,Kwivuza,Cyangwa nibindi bitandukanye kubera ko gusa Imana yavuze kera ugasanga turagendera kubyo Imana yavuze ariko tutumva icyo ivuga ubu! Imana yacu Ifite icyo yakubwira kucyo yari yaravuze, kuko yakivuganye Umugambi wayo.Umugambi w'Imana kucyo yavuze ntuhinduka ari Icyo yavuze Igihindura kubw'umugambi wayo, Uburyo ni bwinshi bwo gukora ariko Ikigambiriwe ntigihinduka. Principe y'igitambo ntihinduka, ariko icyo ugomba gutamba cyahinduka.

Iyo wumvira Imana ikakubwira icyo yibwira kucyo yakubwiye muri iyi minsi! Niyo mpamvu kubera abantu batumva Imana muri iki gihe bashobora kukubwira bati kera Imana yavuze gutya ntitwahindura icyo yavuze. Bituma abantu babaho mu myanzuro itakijyanye nuyu munsi.

Uhagutse ugiye gutamba Isaka nibyo, ariko ukomeze wumve icyo Imana ivuga munzira ugenda, ndetse no kumunota wanyuma wo gufata umwanzuro wo gusogota Umwana, business,urugo, ubuzima bwawe,Impano yawe ukwiye kumva Imana ikakwereka igitambo yakuronkeye. Kumvira biruta ibitambo, burya akenshi Imana idusaba kumvira kuko Ibitambo byo Irabyifitiye pe!

1.Ugomba kumvira icyo Imana yakubwiye
2.Ugomba kumva icyo Imana ivuga kubyo yakubwiye
3.Ugomba kumenya ko Imana izavuga kucyo irimo kukubwira ubu.

Kumvira ni kimwe ariko no kumva n'ikindi, abantu benshi babaho bumvira ariko bumviranye kubera kudaha agaciro icyo Imana irimo kuvuga kucyo yavuze.

Ibaze nawe iyo aburahamu aza kwica Umwana we ati Oya rwose Imana ntiyivuguruza. Ni byiza kugerageza imyuka yose mukamenya imyuka iyobya nitayobya. Imana ntiyaguha umwana ngo Inagusabe kumwica, ahubwo igusaba kuyumvura igihe cyose ivuze, ariko gukomeza kumva icyo uvuga mukuyumvira ni ingenzi.

Pastor M.Gaudin

Yesu abahe umugisha!


Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed