Saturday 26 January 2019

"MURI BENSHI BYANZE WABA UMWE BYAKUNDA" Pastor M.Gaudin

LUKA : 4:25-27

Mubizima ducamo bwa buri munsi, abantu bahora batwereka ko niba tugiye gukora ibyo bo batinya cyangwa bagerageje bikanga bivuze ko natwe bizatunanira cyangwa inzitizi bahuye nazo natwe bisa naho ari ngombwa ko  zitunaniza.

Uzasanga abantu bakubwira bati kuri iyo myaka ntiwaba ugikoze iki cyangwa kiriya, Ntiwakira iyo rwara, ntiwaba ukize cyangwa ntiwatangira business, kandi koko baba bashingira kuri report zitandukanye ndetse na experience yabo.

Ushobora kubaho mu barimo gupfa, ushobora gutera Imbere mubariho gukena, ushobora kwiga mubariho kubinanirwa, ushobora kwaguka mubariho gusubira inyuma, kuko Niba wizera Imana niyo ijya ihinyuza bene izo mvugo kubuzima bwawe. 

Bibiliya itubwira ko Hariho abapfakazi benshi mugihe cya Eliya,ubwo ijuru ryacyingwaga imyaka itatu namezi atandatu inzara nyinshi igatera mugihugu cyose.Nyamara Ntiyatumwa kuri umwe Keretse ku mupfakazi wi sarefati mu gihugu cy'isidoni. Yewe mubabembe benshi Elisa ntiyatumwe keretse kuri namani w'Umusiriya.

Ndakubwira ko Impamvu abantu bakubwira ko bidashoboka nubwo zihari ariko Imana nayo ifite izindi nyinshi zakwemeza ko bishoboka. Uyu munsi wongere utere intabwe yo kwizera, wongere Umenye ko ibyananiye abandi bitari ihame ko nawe bizakunanira.

Gusa ndagusaba kwihangana abantu baguca intege, kuko iyo wanze kubumva bagutega iminsi bati aha komeza uzananirwa,iruke uzaruha, curuza igihe kizagera uhombe, senga uzageraho ubireke, baguca intege.

Niba hari icyo ushaka gukora Ukwiye kugikora kuko abakubwira ngo uzahomba nubundi uyu munsi ntuhagaze munyungu, abakubwira ngo nubwo wiruka ntuzagerayo baba bashaka ko mugumana aho, abakubwira bati ibi ntiwabibasha nyine ni amajwi yo kuguca intege. 

Abantu bose bitwa intwari atari uko bageze kucyo bashakaga ahubwo baba bateye intabwe yo kubigeraho, niyo mpamvu burigihe dusezeranya abavuye mw'isi ko ikivi cyabo tuzacyuza, tuzakomereza aho bananiriwe, Twigira kumakosa bakoze, Maze tugakosora ahashoboka.

Ahari nawe hari benshi bazigira kuri Ku murava, Gutinyuka, gushaka inzira munzitane, Gutekereza neza, no kwigirira icyizere. Ndakwifuriza kubaho mubuzima buhinduwe nicyo Imana yavuze kurusha guhagarikwa umutima namagambo y'abantu.

Abantu bo bazahora biteze ko utsindwa kuko baba batiteguye kugufasha kugera kutsinzi ariko Imana niyo Idufasha kugera kumugambi yaturemeye. Kuva uyu munsi Umenye ko kuba abandi byaranze nawe bizanga, Nubwo bimwe byakwanga ibindi bizakunda nukomeza kwizera Imana.

Ibyo abandi badashoboye ni byinshi ariko ukwiye kumenya ko nawe ibyo udashoboye hari abandi Imana yahaye ubushobozi bwabyo, ujye wirinda guca intege abandi no gucibwa intege n'abandi. Gerageza gukora icyo ugomba gukora, Tekereza wigika intege. 
Ndakwifuriza Guhura n'umugisha wawe, no kubonera amahirwe aho abandi bari baziko bidashoboka.Imana yawe yitamurure maze muri benshi barira batayizeye uzahagurukana ishimwe.

Pastor Mutagoma Gaudin
www.newseed4jesus.blogspot.in



Gaudin Mission International

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed