Saturday 17 January 2015

UBWAMI IYO BWIGABANYIJEMO BUBA BUTSINZWE, UBWAMI BWA KRISTO NTIDUKWIYE KUBUCAMO IBICE!

Yesu ashimwe banedata…. Imana ishimwe ko yatugize umwe nubwo satani yaje agashaka ko tuba ibice bice ariko Yesu ari kumusaraba yaramutsinze kandi natwe yaduhaye ububasha bwo kumurwanya kandi akaduhunga.  ICYO DUPFANA KIRUTA ICYO DUPFA

Dore bimwe mubyo dupfa nabonye,  Bamwe bati turi aba Pawulo, abandi bati turi aba Apolo, abandi bati turi aba Kefa, abandi nabo bati turi aba Kristo… niko nubu bamwe muri twe tukivuga  gusa  ntawe Apolo, Pawulo, Kefa,… bigeze babambwirwa ntanuwo bigeze babarira ibyaha bye. (1 abakorinto 1.10-17)

Ibi nibyo biduteramo urwangano rudasanzwe tugahora tubeshyana urukundo rwo ku munwa nyamara mu mitima yacu hashya. Ugahura na mwene so mugaseka inyuma gusa imitima ibabaye  mbese muyandi magambo ni urukundo rwohanze naho imbere ari urwango gusa . kristo ntiyatwishimira  kuko ntago areba ibyo dukora cyangwa tuvuga inyuma ahubwo yita ku mitima yacu. Niho yagiye muri pasika I Yerusalemu babonye ibitangaza akora n’imirimo ye barishima baranezerwa cyane  nyamara we ntiyishima kuko yari azi ibibarimo. Uko twakora kose Kristo ntacyo twamuhisha azi iby’imbere niby’inyuma.

Icyo dupfana kidafite aho gihuriye nicyo dupfa, hariho ibintu birindwi (7) by’ingenzi duhuriyeho cyangwa dupfana byagakwiriye kuturemamo umutima w’urukundo ryo mu mutima. Rukagaragarira mubyo dukora.  Ibyo bintu ni ibi:  1. hariho umubiri umwe, 2. Umwuka umwe, 3. Ikiringiro kimwe,        4. Umwami umwe, 5. Kwizera kumwe, 6. Umubatizo umwe, 7. Imana imwe ariyo Data wa twese udusumba twese, uri hagati yacu twese (udukoresha twese) kandi uturimo twese. (abafeso 4.4-6)

Reba ibintu duhuje uburyo bikomeye kuruta ibyo tujya dupfa, reba pe duhuje umubiri, umwuka, umwami, ikiringiro, kwizera, umubatizo na Data. Ariko ukumva ngo bamwe bapfuyeko batajya babona umwanya ngo bavuge, bapfuye ngo kudafata imyanzuro,  bapfuyeko ngo bamwe barya amafaranga menshi kurusha abandi, ngo ntibashaka kurekuru ubuyobozi,…………. Iyo utekereje koko ibi bintu dupfa murabona hari aho bihuriye nibyo dupfana koko?
Iyaba twagahaye agaciro icyo dupfana ntacya dutandukanya. Ahubwo twahagarara tugakora ubundi tugatera imbere mu buryo bw’umwuka. Wowe uzasoma ibi bintu gerageza kubibwira n’abandi kugirango bamenye ko icyo dupfana kiruta icyadutandukanya.
Imana idutabare kandi iturengere.


Yesu ashimwe banedata…. Imana ishimwe ko yatugize umwe nubwo satani yaje agashaka ko tuba ibice bice ariko Yesu ari kumusaraba yaramutsinze kandi natwe yaduhaye ububasha bwo kumurwanya kandi akaduhunga.  ICYO DUPFANA KIRUTA ICYO DUPFA
Dore bimwe mubyo dupfa nabonye,  Bamwe bati turi aba Pawulo, abandi bati turi aba Apolo, abandi bati turi aba Kefa, abandi nabo bati turi aba Kristo… niko nubu bamwe muri twe tukivuga  gusa  ntawe Apolo, Pawulo, Kefa,… bigeze babambwirwa ntanuwo bigeze babarira ibyaha bye. (1 abakorinto 1.10-17)

 Ibi nibyo biduteramo urwangano rudasanzwe tugahora tubeshyana urukundo rwo ku munwa nyamara mu mitima yacu hashya. Ugahura na mwene so mugaseka inyuma gusa imitima ibabaye  mbese muyandi magambo ni urukundo rwohanze naho imbere ari urwango gusa . kristo ntiyatwishimira  kuko ntago areba ibyo dukora cyangwa tuvuga inyuma ahubwo yita ku mitima yacu. Niho yagiye muri pasika I Yerusalemu babonye ibitangaza akora n’imirimo ye barishima baranezerwa cyane  nyamara we ntiyishima kuko yari azi ibibarimo. Uko twakora kose Kristo ntacyo twamuhisha azi iby’imbere niby’inyuma.

Icyo dupfana kidafite aho gihuriye nicyo dupfa, hariho ibintu birindwi (7) by’ingenzi duhuriyeho cyangwa dupfana byagakwiriye kuturemamo umutima w’urukundo ryo mu mutima. Rukagaragarira mubyo dukora.  Ibyo bintu ni ibi:  1. hariho umubiri umwe, 2. Umwuka umwe, 3. Ikiringiro kimwe,        4. Umwami umwe, 5. Kwizera kumwe, 6. Umubatizo umwe, 7. Imana imwe ariyo Data wa twese udusumba twese, uri hagati yacu twese (udukoresha twese) kandi uturimo twese. (abafeso 4.4-6)

Reba ibintu duhuje uburyo bikomeye kuruta ibyo tujya dupfa, reba pe duhuje umubiri, umwuka, umwami, ikiringiro, kwizera, umubatizo na Data. Ariko ukumva ngo bamwe bapfuyeko batajya babona umwanya ngo bavuge, bapfuye ngo kudafata imyanzuro,  bapfuyeko ngo bamwe barya amafaranga menshi kurusha abandi, ngo ntibashaka kurekuru ubuyobozi,…………. Iyo utekereje 

koko ibi bintu dupfa murabona hari aho bihuriye nibyo dupfana koko?
Iyaba twagahaye agaciro icyo dupfana ntacya dutandukanya. Ahubwo twahagarara tugakora ubundi tugatera imbere mu buryo bw’umwuka. Wowe uzasoma ibi bintu gerageza kubibwira n’abandi kugirango bamenye ko icyo dupfana kiruta icyadutandukanya.

Imana idutabare kandi iturengere.



No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed