Monday 9 February 2015

IMIBEREHO YA ABURAHAMU NA SARA Itangiriro 12:10 igice cya 1


Inzara itera muri icyo gihugu, Aburamu aramanuka ajya muri egiputa asuhukirayo, kuko inzara yari nyinshi muri icyo gihugu. Ari bugufi bwo Gusohora  muri egiputa, abwira sarayi umugore we ati: “Dore nzi yuko uri umugore w’igikundiro, nuko abanya egiputa nibakubona bazavuga bati: Uyu ni umugore we, maze banyice nawe bagukize, ndakwinginze, ujye ubabwira uti: Ndi mushiki we, Kugira ngo ngirirwe neza ku bwawe, ukirishe ubugingo bwanjye”.

Aburahamu ageze muri egiputa, abanyegiputa bareba uko wamugore ari mwiza cyane. Abatware ba Farawo baramureba baramumushimira, wa mugore ajyanwa kwa Farawo. Agirira Aburamu Neza ku bwa Sarayi, kandi yari afite intama n’inka n’indogobe z’ingabo, n’abagaragu n’abaja n’indogobe z’ingore n’ingamiya.

Uwiteka ahanisha Farawo n’izu ye Ibyago bikomeye, amuhora Sarayi umugore wa Aburamu.Farawo ahamagaza Aburamu aramubaza ati: Icyo wangiriye iki ni iki? Ni iki cyatumye umbwira ko ari mushiki wawe, nanjye  nkamwenda nkamugira umugorewanjye? Nuko nguyu umugore wawe mujyane wigendere, Farawo amuha abantu bo kumuherekeza, bamuherekezanya n’umugore we n’ibyo yari afite byose.” Yakuwe muri bibiliya Yera.

Iyi nkuru iratangaje iyo uyisomye ubonamo ibintu bitangaje, kandi ubonamo ubwenge n’urukundo rutangaje hagati ya aburahamu na Sara(aburamu na Sarayi),  kubera kugenda baca mubihu abantu batubaha Imana, kubera guca mubihugu abantu badakiranukira Imana, aburahamu yari azi uburanga bw’umugore Imana yamuhaye! Hanyuma yo kumenya ko umugore we ari mwiza, atekereza ko ashobora no kuzamuzira, kandi yumvaga amukunda.

Noneho agira igira igitekerezo cy’uko aho bazajya baca bakabona bakunze sara, avuze ko ari umugore we, rwose aburahamu yumvaga bamwica bagatwara sara nta nkurikizi. Niko isi y’abanyabyaha imeze, ndetse no minsi ya none birahari.
Inama aburahamu na sara bagiye

Aburahamu ati:  “Dore nzi yuko uri umugore w’igikundiro” ibi kuba aburahamu abizi byatumye amenya uko agomba kwitwara, bimutera kujya inama nzima, hari abantu benshi babaho ntibamenye ko ibyo batunze ari ibya agaciro! Ushobora kuba ufite umugore w’igikundiro, umugabo w’igikundiro, ariko ukitwara nk’Umuntu utabizi, iyo utabimenye rero ntiwita kucyo ufite cy’agaciro, niyo mpamvu abenshi  banagitakaza.

Uretse no kuba aburahamu yari afite umugore w’igikundiro, ahubwo yaravuze ati: Bazanyica, bagutware. Aburahamu ntiyari afite ikibazo cyo gupfa gusa, ahubwo yibutse ibyo Imana yamuvuzeho byose, maze yibwira mu mutima ko yaba agiye kuzira umugore we mwiza, niko gushaka uburyo azagarura ibi bintu bibiri by’agaciro.

1.Umugore we mwiza w’igikundiro.
2. Ubuzima bwe bwari buhetse isezerano.

Uyu munsi hari ibintu ufite, byiza ukwiye kudatakaza ariko nanone , ukwiye kwirindira icyo Imana yakuvuzeho. Mu mibereho y’abantu bamwe bibwira ko urukundo ari ikindi kirenze guca imanza nzima. Ndagira nti urukundo ni iki? Umuntu ukubwira ngo ragukunda akwiye kwibaza urukundo agukunda ngo ni uruhe?

Aburahamu kuko yari azi umugore we, ko ari mwiza byamuteye kumenya uko yarengera umugore we, ndetse nawe ubwe ibindi abiharira Imana. Byarashobokaga ko bose bihagararaho bati twese turapfana iyo bibagirwa icyo Imana yabavuzeho.
Ibaze nawe umugore mwiza kandi utarabyara, aburahamu yari afite isezerano ry’uko umugore azamubyarira umwana, none se iyo aburahamu bamwica yari kubona isaka? Aburahamu rero yigiriye inama, ariko nibwira ko idasanzwe mu bantu benshi kandi na sara kubyemera ntakindi yaketse aburahamu.

Isi ya none abantu babanye bakena ibibi, aho umukobwa n’umuhungu kugira ngo bemere ko bazabana, umwe abanza ku gusaba ko mubanaho nk’umugore n’umugabo mugihe isi yuzuye abantu batubaha Imana, birirwa bavuga, basebanya, n’ibindi, maze ugahura n’umuntu agenda avuga ngo baramuvuga, maze nawe ugasanga yatangiye kuba umupagani nawe yirirwa ahanganye n’abamuvuga. Uyu munsi ubuzima ubayeho ubayeho wirinda kubw’Isezerano ufite? Cyangwa ubayeho utabyitayeho?

Impamvu aburahamu atatinyutse kubwira abantu ko sara ari umugore we: Yibwiye mu mutima we ko abanyegiputa batubaha Imana, ahubwo bafite kamere n’irari, ryatuma bamwica bagatwara umugore we. Uko biri kose uzi Imibereho yawe, uzi uko ubanye n’umufasha wawe, yaba umugabo cyangwa umugore ukwiye kubera maso icyo Imana yakuvuzeho nicyo utunze. Abantu benshi ntibaha agaciro abagore babo, abandi ntibaha agaciro abagabo babo, ariko cyane cyane ntibaha agaciro isezerano Imana ifite kuri buri mwe.

Uyu munsi ubuzima bwawe, ujya umenya icyabasenyera umubano? Ujya ujya umenya icyabicira amasezerano Imana yabahaye? Ujya uzirikana ibyo mu mibereho yawe ya buri munsi?

Ese abantu bakundana bakwiye kurinda iki mbere y’ibindi?
Abantu bakunda bakwiye kurinda icyo Imana yavuze, icyo Imana ikuvugaho kiruta wowe, kuko hari igihe wowe utakibona cyose ariko kikazaba kinini. Aburahamu Imana yamusezeranije kuzaba sekuruza w’amahanga. Muri urwo rugendo rwose rero yagombaka kwibuka ibyo kurenza gutekereza ko umugore we azamuca inyuma, kuko n’ibindi, ahubwo yatekereje ko isezerano rye ritazicwa n’umugore yashatse.

Sara nawe yatekereje cyane ko kuba aburahamu yapfa akabana n’umunyegiputa, bitamuhesha kuba nyirakuru w’amahanga, kuko aburahamu yari afite isezerano ritameze nk’irya Farawo. Buri muntu yakoze icyo yagombaga gukora ngo barinde icyo Imana yabavuzeho. Uyu munsi niba hari icyo Imana yavuze kurugo rwawe, umenye ko Satani arahaguruka kugirango arebe ko cyaburizwamo, ariko iyo ubanye n’Imana igiha uburyo budasanzwe bwo kubaho kandi kuko uba uzi neza icyo urinze ntiwibona nkaho wagowe, ahubwo uba uzi neza icyo urinze.

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed