Monday 6 February 2017

UBUGINGO NTIBUBONERWA MU BWINSHI BY'IBYO DUTUNZE AHUBWO BUBONERWA MU KUMENYA IMANA.

Image result for Rich and poor in ChurchesIyo uganiriye n'abantu batandukanye wumva ntamuntu ufite gahunda yuko azakena,ntawe utazatunga,abantu bose mbese bumva bazaba abanyacyubahiro hano mw'isi.....bituma bamwe bumva yemwe ko Gukorera Imana ari inzira yo kubona amaramuko! kuburyo usanga muri iyi minsi hagize abo Satani aha amahirwe yo guhindura ibuye umugati bahera kubitare byananiranye....agize abo abwira guha imijyi mini...nabo baba basubijwe.....! ariko se nkwibarize wumva umutima wawe uguhamya ko uzaba umukristo kugeza upfuye?


biroroshye rwose niba satani abona ko ubukene butagifite icyo bugutwaye yaguha ubukire bukwibagiza Imana, abantu beshi Imana yabakuye kucyavu ubu ntibacyibuka inzira igana urusengero.....buri muntu afite Impamvu akubwira ukumva koko ari mukuri...ati ''NUKURI TWABUZE UMWANYA'' Nagiranga ngo nkubwire ko isi idafite iminsi, umwanya,cyangwa amafranga yo gukorera Imana........ahubwo uhitamo kubikora nk'igitambo ..hanyuma Imana yabishima ikironkera igisimbura ibyo utanga mukubaka umurimo wayo....!



ariko kubaha Imana iyo gufatanije n'umutima unyuzwe bigira umumaro mwishi.......hahirwa abihangana bakageza kumperika! umwami yesu ntazabura kubagororera.
isomo: luka :16:19-29 UMUGANI W'UMUTUNZI N'UMUKENE



LAZARO:
  • yari umukene
  • arwaye ibisebe
  • aba kwirembo ry'umutunzi
  • yanezezwaga kandi akifuza no guhazwa ni byatawe bivuye kumeza (ibi byose yarinze apfa acyubaha Imana, kandi Imana imubaraho kuba umwana wa abraham byukuri)



UMUKIRE
  • Yahoraga yambaye neza
  • yahoraga arya neza
  • yari umukire
  • yahoraga adamaraye
  • mw'isi yari afite umunezero: yapfuye afite urubanza rukomeye,kuko hari icyo yari gukora atakoraga,ntiyitaye kumukene wari kwirembo rye......!
Ibi byose bitubere akabarore, bitume dukunda Imana tutabitewe no gushaka ubutunzi.....ahubwo duhitemo no kuba twaca mu nzira ifunganye...nkiyo petero yaciyemo, pawulo,yohana, mose,...............abo bose babayeho kandi Imana ibirata ko babaye bagabo bo guhamya mu mibabaro ndetse no mubukene bwabo.......yesu aduhe kunyurwa nibwo imitima yacu izashikama......!

Beshi b'abatunzi baraye bapfuye yewe ndetse n'abakene nabo nuko....ARIKO......buri muntu afite urubanza imbere ya DATA.....Reka kwiganyira wowe usa naho ntacyo ufite, ndetse nawe reka kwibona niba haricyo ubikijwe..........! buri muntu abane na mugenzi we amahoro.
ndabakunda kandi Yesu abasubizemo intege! kandi mugihe gikwiye azabageza aho ashaka! yesu abahe umugisha! kandi mukoze kuba abizerwa muri bike ndetse n'ibyishi azabagororera!

Nubwo gukorera Imana bidasobanuye kuba umukene, ariko no kuba umukene Ntibisobanure gukorera Imana, Imana n'Imana ireberera abakene n'abakire, hahirwa uba umwizerwa mu bike cyangwa byinshi Imana yamuhaye. Uwo azagorererwa ingororano nyinshi mw'Ijuru. Imigani 30:7-9

Ndabakunda

Pastor M.Gaudin
New Jerusalem Church



No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed