Wednesday 18 January 2017

Ntibisanzwe (Part 2).KURUMWA N’INCIRA NTUGIRE ICYO UBA!

Image result for pastor gaudin
Ibyakozwe n’Intumwa 28:1

Buri gihe abantu bibwira ko ikintu gikomeye aricyo cyica abantu, ariko ntakintu kiriho cyabasha kurogoya umugambi w’Imana, naho yaba cancer, Diabet, Sida, n’ibindi abantu benshi bumva bikomeye. Igihe cyose Imana ikigufiteho umugambi ibyica abandi wowe biragusiga, urebye neza wasanga nawe hari byinshi byakugeze amajanja ariko kuko Imana ikigufiteho gahunda ibyishe abandi wowe byaragusize. si ubundi buhanga wakoresheje ahubwo n'Imbaraga z'Imana.

Yobu 42:2.  Sinibaza ko hari ikintu kizahindura umugambi w’Imana kubuzima Bwawe. Ushobora kubona ibyago bikugezeho, aho incira ikuruma, nikoko Incira n’Inzoka mbi kandi yinkazi, ariko Imana yo ni nziza kuko yiteguye kugukiza muri ibyo byose. Hari igihe abantu babona urwaye, bati nuko ari umunyabayaha, abandi bakavuga ibindi byinshi ariko ndashaka kukubwira ko Imana nimara kugukiza bazagira bati n’Imana.

Ntihazagira uwongera kwitiranya imirimo Imana ikoze n’Imirimo y’abavuzi, n’Ibitaro bikomeye. Mbese ye wari uziko kwivuriza ahahenze bidakuraho urupfu? Wari uziko se no kurwara indwara Ikomeye bidaha urupfu uburenganzira kubuzima bwawe. Icyo Imana iguhamagarira gukora uzagikora kandi uzarama kuko Imana niyo itanaga kurama. Kuko iyo ikinze nta muntu ukingura kandi yakinguye ntamuntu ukinga.

Uyu munsi nawe ushobora kuba hari ibintu bigereranywa n’Incira kubuzima bwawe, ndetse abantu barakureba bakabona rwose nturi buramuke. Ariko umuntu ntaramuka kugira ngo abantu banezerwe ahubwo aramuka kugirango Imana ihabwe icyubahiro. Uyu munsi usoma aya magambo ndashaka ko Umenya ko Yesu ashobora kugukiza. Hanyuma abantu bose bakazabona ari ibintu bidashoboka. Naho indwara bamaze kukubwira ko idakira, kubagaganga bidashoboka no mubize. Uyu munsi Imana iracyakora ibirenze ibyo abantu bibwira n’ibyo batekereza. Byose ku Mana biracyashoboka.

Isengesho:Mwami ndagushimye ko ibikomeye cyangwa ibyo abantu bavuga ntanakimwe cyabasha kunyica, ndashima Imbaraga zawe ko zibeshaho kandi zigakiza, umpw kukwiringira naho naba mbona bigoye ndetse inzira zisanzwe zananiranye.Amen

Pastor  M. Gaudin 
New Jerusalem Church

No comments:

Post a Comment

God bless you for Reading, May you be blessed